• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ebola iravuza ubuhuha muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

Ebola iravuza ubuhuha muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

Ubwanditsi 09 May 2018 Mu Mahanga

Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko muri iki gihugu hongeye kugaragara icyorezo cya Ebola mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bwacyo, aho kuri uyu wa Kabiri hagaragaye abantu babiri bafite ibimenyetso by’iyi ndwara.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko byemejwe ko Ebola yagarutse muri RDC, nyuma y’aho abantu babiri muri batanu bo mu Mujyi wa Bikoro bagaragaje ibimenyetso byayo bakorewe ibizamini, bikagaragaza bidasubirwaho ko bayirwaye nkuko BBC yabitangaje.

Itangazo Umuyobozi Mukuru Wungirije ushinzwe Ubutabazi bw’Ibanze muri OMS muri DRC, Peter Salama, yashyize ahagaragara riragira riti “Icyo dushyize imbere cyane ni ukugera mu Mujyi wa Bikoro tugafatanya na Guverinoma n’abandi bafatanyabikorwa mu gutanga ubutabazi bwihuse nicyo gikenewe mu guhangana n’iki cyorezo cyica.”

OMS ivuga ko yohereje inzobere mu guhangana n’icyo cyorezo zirenga 50 muri ako gace ndetse ko yamaze kubona inkunga y’arenga miliyoni y’Amadolari ya Amerika yo kwifashisha mu butabazi.

Minisiteri y’Ubuzima muri RDC ivuga ko Ebola yagaragaye bwa mbere muri icyo gihugu mu 1976, yongeye kuhagaragara ku nshuro ya cyenda nyuma y’igihe kirenga umwaka hatangajwe ko hari abandi yari yagaragayeho, ndetse bane ikabica.

Muri Gicurasi 2017, Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (Minisante), yari yatangiye gusuzuma umuriro abantu bose binjira mu Rwanda banyuze ku mipaka ya Rubavu na Rusizi, nyuma y’aho Ebola igaragariye muri RDC, aho yahitanye abagera kuri bane.

Umuryango w’Abaganga Batagira Umupaka (MSF) uvuga ko Ebola ari cyo cyorezo gitwara ubuzima bw’abantu benshi ku Isi, kigafatwa nk’indwara yandura cyane; ishobora kwica 90% by’abayanduye, igateza ihahamuka n’ubwoba muri rubanda kandi ntigire urukingo.

Iterwa n’agakoko gatera kuva amaraso. Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gihangana n’ibyorezo (CDC), kivuga ko ari agatsiko k’udukoko gafata ibice bitandukanye by’umubiri akenshi tugatuma umuntu ava amaraso mumyenge yose y’umubiri.

Bimwe mu bimenyetso bihita bigaragara ku muntu urwaye Ebola ni uguhinda umuriro, gucika intege, kubabara mu ngingo kubabara umutwe no mu muhogo, bishobora kugaragara nyuma y’iminsi ibiri kugeza kuri 21 nyuma y’ubwandu, gusa OMS ivuga ko ibi bimenyetso umuntu ashobora kubanza kubyitiranya n’iby’izindi ndwara nka Malaria, Tifoyide cyangwa Mugiga.

OMS ivuga ko uducurama ari two dusakaza Ebola mu zindi nyamaswa muri Afurika. Abantu bandura Ebola igihe bahuye n’amatembabuzi (amacandwe , ibimwira, amaraso, amazirantoki, ibirutsi,…) y’inyamaswa cyangwa undi muntu wanduye iki cyorezo.

Ebola isanzwe yibasira ibihugu bimwe byo ku Mugabane wa Afurika, mu 2014 yishe abarenga ibihumbi 11 bo muri Guinea, Sierra Leone na Liberia.

2018-05-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Zimbabwe: Ibintu byafashe indi ntera, Minisitiri w’Imari yashimuswe n’ingabo zica n’umurinzi we

Zimbabwe: Ibintu byafashe indi ntera, Minisitiri w’Imari yashimuswe n’ingabo zica n’umurinzi we

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Ubwanditsi 31 May 2024
Abo kwa Rusesabagina barakataje mu ikinamico. Niba atagaburirwa, ntahabwe amazi yo kunywa nk’uko babivuga, atunzwe n’umwuka wera?

Abo kwa Rusesabagina barakataje mu ikinamico. Niba atagaburirwa, ntahabwe amazi yo kunywa nk’uko babivuga, atunzwe n’umwuka wera?

Ubwanditsi 07 Jun 2021
Imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo-Kinshasa imaze kugera kuri 266

Imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo-Kinshasa imaze kugera kuri 266

Ubwanditsi 19 Apr 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikinyamakuru Le Monde cyagarutse ku nterahamwe zicyidegembya mu Bufaransa
Amakuru

Ikinyamakuru Le Monde cyagarutse ku nterahamwe zicyidegembya mu Bufaransa

Ubwanditsi 30 Mar 2023
Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri raporo zishinja u Rwanda guteza imvururu mu Burundi
Mu Mahanga

Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri raporo zishinja u Rwanda guteza imvururu mu Burundi

Ubwanditsi 15 May 2016
Kaguta Museveni ni nk’umutetsi umaze imyaka 34 mu gikoni ashiriza, ubu akaba aribwo yemeza ko agiye guteka neza mu zabukuru!!
Amakuru

Kaguta Museveni ni nk’umutetsi umaze imyaka 34 mu gikoni ashiriza, ubu akaba aribwo yemeza ko agiye guteka neza mu zabukuru!!

Ubwanditsi 24 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru