• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kaguta Museveni ni nk’umutetsi umaze imyaka 34 mu gikoni ashiriza, ubu akaba aribwo yemeza ko agiye guteka neza mu zabukuru!!

Kaguta Museveni ni nk’umutetsi umaze imyaka 34 mu gikoni ashiriza, ubu akaba aribwo yemeza ko agiye guteka neza mu zabukuru!!

Ubwanditsi 24 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Iyo urebye akaduruvayo kari  muri Uganda muri iki gihe, aho abaturage bigaragambya baharanira impinduka, bicwa ku mugaragaro, bagakubitwa, bagacuzwa utwabo ku manywa y’ihangu, uhita ubona ubutumwa Abagande bifuza kugeza kuri museveni:”TURAKURAMBIWE”. Kuba Umuntu nka Bobi Wine, umuririmbyi udafite uburambe buhambaye muri politiki,  aza akajegeza ubutegetsi bwa Museveni na NRM ye, bumaze imyaka 34 bwica bugakiza, ni ikimenyetso cy’uko nta cyiza abaturage bagitegereje ku butegetsi bw’umukambwe Museveni, wakomeje kuyoboza Abagande”igipindi” bidashira. Aha rero niho abasesengura ibibera muri kiriya gihugu bagereranyiriza Perezida Museveni n’umutetsi usaziye mu gikoni, mu zabukuru akaba aribwo abeshya abantu ko agiye kubatekera neza, ibyo atatetse agifite imbaraga.

Mu myaka yashize Perezida Museveni yahatanaga mu matora y’umukuru w’igihugu na Dr Kiiza Besigye , nawe utarigeze yemera ko Museveni yamurushije amajwi, ko ahubwo yamuriganyije. Ubu umukandida ugaragaza imbaraga ni uwo Bobi Wine, mu gihe Museveni w’imyaka 76, niba ariyo koko,we n’imbaraga z’umubiri zigenda zimushirana. Mu mwaka ushize Perezida Museveni yahinduye itegekonshinga rya Uganda, havanwamo imyaka ntarengwa y’uwemerewe kuyobora icyo gihugu, binamuha amahirwe yo kongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, muri manda ya 6!!

Ibihugu nka Leta zunze Ubumwe za America biherutse gutangaza ko bihangayikishijwe n’ubugizi bwa nabi bwibasira cyane cyane abayoboke b’umukandida Bobi Wine, ndetse umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko muri Amerika, asaba ko abayobozi bakuru muri Leta , mu ngabo na polisi ya Uganda batangira gukurikiranwa kubera ibyaha byibasira inyokomuntu bakoze.

Ibi biravugwa mu gihe hari intwaro za Uganda ziherutse gufatirwa I Mombasa muri Kenya, zishaka kwinjizwa muri Uganda rwihishwa, bikemezwa ko zari zigiye gukoreshwa mu kwica no gucecekesha abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa NRM.

Ubutegetsi bwa Museveni bwabuze icyo buvuga kuri ayo mahano, maze mu kinyoma busanganywe n’ ikimwaro cyinshi,  bati izo ntwaro zari iz’uRwanda . Hari andi makuru yizewe ahamya ko mu guhohotera inzirakarengane ziharanira  demokarasi muri Uganda, inzego z’umutekano n’iz’ubutasi zifatanya n’abayoboke ba wa mutwe w’iterabwoba, RNC ya Kayumba Nyamwasa, batorezwa aho muri Uganda. Izo ntwaro zafatiwe muri Kenya rero zaba zari zishyiriwe RNC, ngo ikomeze yimenyereze kwica ihereye ku Bagande, hanyuma izanazikoreshe ihungabanya umutekano w’uRwanda.

Abanyamadini n’amatorero muri Uganda, barangajwe imbere na Musenyeri  Cyprian Kizito Lwanga, akaba na Arikiyepisikope wa Kampala, bamaze gusaba Guverinoma ko amatora ateganyijwe muri Mutarama umwaka utaha wa 2021, asubikwa, ngo kubera icyorezo cya Covid-19, ariko mu by’ukuri bakaba barabwiye Perezida Museveni ko bahangayikishijwe n’imvururu zaranze igihe cyo kwiyamamaza, ibintu bikaba bishobora kuba bibi kurushaho mu matora na nyuma yaho. Museveni aherutse kuzamura mu ntera abayobozi mu gisirikari ahereye ku bavugwa mu bugizi bwa nabi, harimo n’umuhungu we  Gen Muhoozi  Kainerugaba yashinze umutwe w’ingabo zidasanzwe, zinarinda umuryango wa Museveni. Abahanga muri politiki basanga Kaguta Y.Museveni azavanwa ku butegetsi n’urupfu, kuko atinya ko aramutse aburekuye yakurikiranwaho ibyaha birimo imfu z’abantu, ruswa n’ibindi bitabarika.

2020-12-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyamakuru Mugabe Robert yasubijwe muri gereza

Umunyamakuru Mugabe Robert yasubijwe muri gereza

Ubwanditsi 22 Nov 2018
Arusha: Abandi Banyarwanda 4 bahamijwe ibyaha na TPIR boherejwe kurangiriza ibihano muri Benin

Arusha: Abandi Banyarwanda 4 bahamijwe ibyaha na TPIR boherejwe kurangiriza ibihano muri Benin

Ubwanditsi 02 Mar 2018
Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Ubwanditsi 25 Nov 2023
Emmanuel Neretse, reka kwigira impuguke muri politiki y’akarere kandi ntayo uzi

Emmanuel Neretse, reka kwigira impuguke muri politiki y’akarere kandi ntayo uzi

Ubwanditsi 18 Nov 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AfDB yagurije u Rwanda miliyari 215 Frw zirimo azarangiza ikibazo cy’amazi i Kigali
UBUKUNGU

AfDB yagurije u Rwanda miliyari 215 Frw zirimo azarangiza ikibazo cy’amazi i Kigali

Ubwanditsi 30 Nov 2017
Umuryango Wa Rwigara Urasaba Kudahezwa Mu Rubanza Rw’abanyamigabane B’uruganda Rwabo
ITOHOZA

Umuryango Wa Rwigara Urasaba Kudahezwa Mu Rubanza Rw’abanyamigabane B’uruganda Rwabo

Ubwanditsi 12 Sep 2018
Undi munyarwanda yashimutiwe Uganda n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikari (CMI)
INKURU NYAMUKURU

Undi munyarwanda yashimutiwe Uganda n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikari (CMI)

Ubwanditsi 11 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru