• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Team Rwanda yitezweho kwegukana Tour du Senegal yakiriwe n’Abanyarwanda muri Sénégal

Team Rwanda yitezweho kwegukana Tour du Senegal yakiriwe n’Abanyarwanda muri Sénégal

Ubwanditsi 20 Apr 2018 IMIKINO

Ikipe y’Igihugu y’Amagare yakiriwe n’abanyarwanda baba muri Sénégal aho yitabiriye ‘Tour du Senegal’ izatangira ku wa 22 Mata 2018 rikarangira ku wa 29 Mata abasiganwa bakoze urugendo rw’ibilometero 1097.

Saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba kuri uyu wa Kane ku isaha y’i Dakar nibwo abasore b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Umukino w’Amagare bageze ku kibuga cy’Indege cya Blaise-Diagne mu Mujyi wa Diass.

Bakiriwe n’itsinda ry’abanyarwanda ryari rirangajwe imbere n’Umujyanama wa Ambasaderi w’u Rwanda muri Sénégal, Yvette Rugasaguhunga.

Rugasaguhunga wari uhagarariye Ambasaderi Harebamungu Mathias yabwiye abasore bari barangajwe imbere n’Umutoza, Félix Sempoma, ko abanyarwanda baba muri Sénégal bari inyuma y’iyi kipe, icyo bo basabwa ari uguhesha ishema igihugu.

Abaserukiye u Rwanda muri Sénégal ni abakinnyi batandatu aribo René Ukiniwabo, Bonaventure Uwizeyimana, Hadi Janvier, Byukusenge Patrick ari nawe kapiteni w’iyi kipe, Munyaneza Didier na Uwiduhaye Michel.

Rugasaguhunga yabwiye aba bakinnyi ko abanya- Sénégal bari inyuma y’u Rwanda, ndetse n’ishyirahamwe ry’uyu mukino muri iki gihugu rikaba ryaragaragaje ko riri inyuma y’abanyarwanda.

Batanu muri aba bakinnyi bari baturutse muri Australia aho bari bitabiriye imikino ya Commonwealth. Sempoma yavuze ko ikipe y’igihugu yagerageje kwitwara neza nubwo itabonye imidali ariko ‘ikituzanye muri Sénégal ni umwenda w’umuhondo.”

Yakomeje agira ati “Tuzakoresha imbaraga zose dufite dutware umwenda w’umuhondo. Tuzagerageza kandi aho umunyarwanda ari agomba kurwana ishyaka.”

Sempoma yabwiye IGIHE ko yiteze iri kuzahangana n’amakipe akomeye arimo aturuka muri Maroc, ayo muri Sénégal hamwe n’indi yo muri Algeria.

Iyi kipe iserukiye u Rwanda ntigaragaramo abakinnyi banditse amazina cyane muri iri uyu mukino nka Areruya Joseph, Ndayisenga Valens, Bosco Nsengimana n’abandi. Gusa umutoza wayo yatangaje ko nubwo harimo abakinnyi bakiri bato ariko ‘ikipe ihari nayo irashoboye n’abari hano tubafitiye icyizere gihagije’.

Iri siganwa rigizwe n’uduce umunani rizitabirwa n’amakipe 28 arimo ayo mu Butaliyani, Maroc, Kenya, u Bufaransa, Koweit, Canada, Algeria n’ibindi bihugu.

Abasiganwa baziruka mu bice by’imirambi muri Sénégal aho ku munsi wa mbere bazakora intera y’ibilometero 143.20 uvuye mu Mujyi wa Dakar ukerekeza ahitwa Thies.

Intera ndende iri ku munsi wa kabiri w’isiganwa aho bazakora urugendo rw’ibilometero 181.80 bava Thies bagana ahitwa St Louis. Ni isiganwa rizasozwa bazenguruka mu Mujyi wa Dakar ahantu hareshya n’ibilometero 102.40.

Abanyarwanda bari muri iki gihugu bateguye uburyo bazashyigikira iyi kipe aho biyemeje kuzajya bari ku mihanda hafi ya hose aho isiganwa rizanyura bitwaje n’amabendera y’igihugu mu rwego rwo gutiza umurindi aba basore.

Kugeza ubu abategura iri rushanwa bemereye imodoka eshatu abanyarwanda kugira ngo zizabe zikurikira isiganwa, ziriho n’ibirango by’u Rwanda.

Ikibuga Mpuzamahanga cya Blaise-Diagne niho aba bakinnyi bakiriwe

2018-04-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports yatangaje Serumogo Omar na Mitima Isaac nk’abakinnyi bayo kugeza mu mpeshyi za 2025

Rayon Sports yatangaje Serumogo Omar na Mitima Isaac nk’abakinnyi bayo kugeza mu mpeshyi za 2025

Ubwanditsi 04 Jul 2023
Umucungamutungo wa Miroplast FC yacikanye imishahara y’abakinnyi

Umucungamutungo wa Miroplast FC yacikanye imishahara y’abakinnyi

Ubwanditsi 17 Dec 2017
Amateka ya Chan kuva igitangira

Amateka ya Chan kuva igitangira

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Ally Bizimungu wahawe gutoza Etincelles yatsinzwe umukino we wa mbere na As Kigali , Police yatsindiye Musanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa gatatu yagenze.

Ally Bizimungu wahawe gutoza Etincelles yatsinzwe umukino we wa mbere na As Kigali , Police yatsindiye Musanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa gatatu yagenze.

Ubwanditsi 08 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rusizi : Umugore watuganyaga ibyo kurya mugikoni yatemeshejwe umuhoro mu mutwe.
Mu Rwanda

Rusizi : Umugore watuganyaga ibyo kurya mugikoni yatemeshejwe umuhoro mu mutwe.

Ubwanditsi 14 Mar 2017
U Rwanda rwohereje ingabo zirwanira mu kirere mu butumwa muri Sudani y’Epfo
Mu Rwanda

U Rwanda rwohereje ingabo zirwanira mu kirere mu butumwa muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 31 Aug 2018
“Sinatinyuka guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi “. -Charles Onana yashenguye imitima y’interahamwe
Amakuru

“Sinatinyuka guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi “. -Charles Onana yashenguye imitima y’interahamwe

Ubwanditsi 10 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru