• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Team Rwanda yitezweho kwegukana Tour du Senegal yakiriwe n’Abanyarwanda muri Sénégal

Team Rwanda yitezweho kwegukana Tour du Senegal yakiriwe n’Abanyarwanda muri Sénégal

Ubwanditsi 20 Apr 2018 IMIKINO

Ikipe y’Igihugu y’Amagare yakiriwe n’abanyarwanda baba muri Sénégal aho yitabiriye ‘Tour du Senegal’ izatangira ku wa 22 Mata 2018 rikarangira ku wa 29 Mata abasiganwa bakoze urugendo rw’ibilometero 1097.

Saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba kuri uyu wa Kane ku isaha y’i Dakar nibwo abasore b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Umukino w’Amagare bageze ku kibuga cy’Indege cya Blaise-Diagne mu Mujyi wa Diass.

Bakiriwe n’itsinda ry’abanyarwanda ryari rirangajwe imbere n’Umujyanama wa Ambasaderi w’u Rwanda muri Sénégal, Yvette Rugasaguhunga.

Rugasaguhunga wari uhagarariye Ambasaderi Harebamungu Mathias yabwiye abasore bari barangajwe imbere n’Umutoza, Félix Sempoma, ko abanyarwanda baba muri Sénégal bari inyuma y’iyi kipe, icyo bo basabwa ari uguhesha ishema igihugu.

Abaserukiye u Rwanda muri Sénégal ni abakinnyi batandatu aribo René Ukiniwabo, Bonaventure Uwizeyimana, Hadi Janvier, Byukusenge Patrick ari nawe kapiteni w’iyi kipe, Munyaneza Didier na Uwiduhaye Michel.

Rugasaguhunga yabwiye aba bakinnyi ko abanya- Sénégal bari inyuma y’u Rwanda, ndetse n’ishyirahamwe ry’uyu mukino muri iki gihugu rikaba ryaragaragaje ko riri inyuma y’abanyarwanda.

Batanu muri aba bakinnyi bari baturutse muri Australia aho bari bitabiriye imikino ya Commonwealth. Sempoma yavuze ko ikipe y’igihugu yagerageje kwitwara neza nubwo itabonye imidali ariko ‘ikituzanye muri Sénégal ni umwenda w’umuhondo.”

Yakomeje agira ati “Tuzakoresha imbaraga zose dufite dutware umwenda w’umuhondo. Tuzagerageza kandi aho umunyarwanda ari agomba kurwana ishyaka.”

Sempoma yabwiye IGIHE ko yiteze iri kuzahangana n’amakipe akomeye arimo aturuka muri Maroc, ayo muri Sénégal hamwe n’indi yo muri Algeria.

Iyi kipe iserukiye u Rwanda ntigaragaramo abakinnyi banditse amazina cyane muri iri uyu mukino nka Areruya Joseph, Ndayisenga Valens, Bosco Nsengimana n’abandi. Gusa umutoza wayo yatangaje ko nubwo harimo abakinnyi bakiri bato ariko ‘ikipe ihari nayo irashoboye n’abari hano tubafitiye icyizere gihagije’.

Iri siganwa rigizwe n’uduce umunani rizitabirwa n’amakipe 28 arimo ayo mu Butaliyani, Maroc, Kenya, u Bufaransa, Koweit, Canada, Algeria n’ibindi bihugu.

Abasiganwa baziruka mu bice by’imirambi muri Sénégal aho ku munsi wa mbere bazakora intera y’ibilometero 143.20 uvuye mu Mujyi wa Dakar ukerekeza ahitwa Thies.

Intera ndende iri ku munsi wa kabiri w’isiganwa aho bazakora urugendo rw’ibilometero 181.80 bava Thies bagana ahitwa St Louis. Ni isiganwa rizasozwa bazenguruka mu Mujyi wa Dakar ahantu hareshya n’ibilometero 102.40.

Abanyarwanda bari muri iki gihugu bateguye uburyo bazashyigikira iyi kipe aho biyemeje kuzajya bari ku mihanda hafi ya hose aho isiganwa rizanyura bitwaje n’amabendera y’igihugu mu rwego rwo gutiza umurindi aba basore.

Kugeza ubu abategura iri rushanwa bemereye imodoka eshatu abanyarwanda kugira ngo zizabe zikurikira isiganwa, ziriho n’ibirango by’u Rwanda.

Ikibuga Mpuzamahanga cya Blaise-Diagne niho aba bakinnyi bakiriwe

2018-04-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 28 Apr 2022
Ciney yashyize hanze indirimbo ‘Impeta’ nyuma y’umwaka atari mu muziki

Ciney yashyize hanze indirimbo ‘Impeta’ nyuma y’umwaka atari mu muziki

Ubwanditsi 25 Nov 2016
Hakizimana Muhadjir yafashije AS Kigali gutsinda KCCA, Ikaba izerekeza mu cyiciro cya 3 kibanziriza kwinjira mu matsinda

Hakizimana Muhadjir yafashije AS Kigali gutsinda KCCA, Ikaba izerekeza mu cyiciro cya 3 kibanziriza kwinjira mu matsinda

Ubwanditsi 06 Jan 2021
Incamake y’ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru

Incamake y’ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru

Ubwanditsi 21 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu Umwami Kigeli adatahuka aracyarya amaturo ( reba Video )
POLITIKI

Impamvu Umwami Kigeli adatahuka aracyarya amaturo ( reba Video )

Ubwanditsi 10 Jul 2016
Ingabire Victoire Ajye Yibuka Ko Yafunzwe N’ibimenyetso Byavuye Mu Buholandi, Naho Isano N’abajenosideri, Akabaye Icwende Ntikoga Ngo Gashiremo Umunuko
INKURU NYAMUKURU

Ingabire Victoire Ajye Yibuka Ko Yafunzwe N’ibimenyetso Byavuye Mu Buholandi, Naho Isano N’abajenosideri, Akabaye Icwende Ntikoga Ngo Gashiremo Umunuko

Ubwanditsi 04 Jun 2021
Kate Bashabe yanenze abavuga ko yararanye na Davido
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Kate Bashabe yanenze abavuga ko yararanye na Davido

Ubwanditsi 08 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru