• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ally Bizimungu wahawe gutoza Etincelles yatsinzwe umukino we wa mbere na As Kigali , Police yatsindiye Musanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa gatatu yagenze.

Ally Bizimungu wahawe gutoza Etincelles yatsinzwe umukino we wa mbere na As Kigali , Police yatsindiye Musanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa gatatu yagenze.

Ubwanditsi 08 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 7 Gicurasi 2021 hakinwaga umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda, Primus National League, mu mikino yaraye ibaye ikipe ya AS Kigali ikomeje urugendo rwayo rwo kwitwara neza kuko kugeza ubu yujuje umukino wa gatatu itsinze, ni mu gihe kandi Police FC yo yagiye gutsindira Musanze iwayo.

Duhereye ku mukino wabereye mu mujyi wa Kigali kuri Sitade Amahoro i Remera, ikipe y’abanyamujyi yari yakiriye ikipe ya Etincelles yo mu karere ka Rubavu mu ntara y’i Burengerazuba, muri uyu mukino wo mu itsinda rya C ikipe ya As Kigali niyo yatangiye neza uyu mukino kuko ubwo hari ku munota wa 26 w’umukino rutahizamu wayo w’Umurundi Hussein Tchabalala nibwo yafunguye amazamu.

Iyi kipe yari mu rugo yakomeje kwitwara neza ndetse mu minota ine yakurikiyeho yahise itsinda ikindi gitego cya kabiri nacyo cyatsinzwe na Tchabalala wagaragaje urwego rwo hejuru muri uyu mukino nubwo yanyuzagamo agahusha bimwe mu bitego benshi barebaga uyu mukino bari baziko ashobora kubitsinda.

Igice cya mbere cy’uyu mukino cyarangiye ikipe ya AS Kigali iyoboye ku bitego bibiri ku busa, gusa bavuye ku ruhuka ubwo hari ku munota wa 64 rutahizamu wa Etincelles Ibrahim Hassan yatsinze igitego kimwe cyo kwishyura, ari nako umukino warangiye ari ibitego bibiri bya AS Kigali kuri kimwe cya Etincelles.

Gutsinda uyu mukino ku ikipe ya AS Kigali byatumye ikomeza kuyobora iri tsinda n’amanota 9 kuko imikino yayo yose yayitsinze uko ari itatu imaze gukina, naho ikipe ya Etincelles yo iheruka guhabwa umutoza Bizimungu Alli mu gihe cy’amezi abiri iri ku mwanya wa nyuma aho kugeza ubu nta nota na rimwe ifite ikaba irimo umwenda w’ibitego icyenda.

Muri iri tsinda rya C kandi ikipe ya Musanze FC itozwa na Seninga Innocent yaraye itsindiwe mu rugo n’ikipe ya Police FC igitego kimwe ku busa, iyi kipe itozwa na Harangingo Francis yo yatsindiwe na Harerimana Obed uzwi nka Drogba wakinaga n’ikipe yahozemo mbere y’uko aza muri Police FC.

Indi mikino yaraye ibaye ni iyo mu itsinda rya D, ikipe ya Marines FC yari yakiriye Mukura VS i Rubavu maze amakipe yombi anganye ubusa ku busa, ni mu gihe kandi i Nyagatare ikipe ya Sunrise FC yatsinze ikipe ya Espoir ibitego bibiri ku busa.

Kugeza ubu muri iri tsinda ikipe ya Espoir iyoboye n’amanota atandatu, Marines na Sunrise zinganya amanota ane naho ikipe ya Mukura VS yo ifite amanota abiri.

Kuri uyu wa gatandatu imikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda irakomeza aho imikino ikinwa mu buryo bukurikira:

Gasogi United Vs Kiyovu SC

Bugesera FC VS APR FC

Rutsiro FC VS Rayon Sports

Gorilla FC VS AS Muhanga

 

 

 

 

 

 

 

 

 

2021-05-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dusobanukirwe neza Umusesabagina-nterahamwe  Uzabakiriho Alfred Antoine wiyita Gitifu Sebatware

Dusobanukirwe neza Umusesabagina-nterahamwe  Uzabakiriho Alfred Antoine wiyita Gitifu Sebatware

Ubwanditsi 29 Apr 2025
Ethiopia: Abanyarwanda bizihije Umuganura

Ethiopia: Abanyarwanda bizihije Umuganura

Ubwanditsi 05 Sep 2017
Itangazamakuru mu Rwanda rimaze gutera imbere: Prof. Shyaka Anastase

Itangazamakuru mu Rwanda rimaze gutera imbere: Prof. Shyaka Anastase

Ubwanditsi 07 Nov 2017
Ubwongereza bwagumanye abimukira babwo, bukaduha abajenosideri” bacu”?

Ubwongereza bwagumanye abimukira babwo, bukaduha abajenosideri” bacu”?

Ubwanditsi 04 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ntego z’iterambere rirambye ibera muri Ghana
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ntego z’iterambere rirambye ibera muri Ghana

Ubwanditsi 11 Dec 2017
Hamenyekanye amakipe 7 muri buri kiciro cy’abarwanira igikombe ndetse n’ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri, ibyaranze umunsi wa nyuma w’amatsinda abura umukino umwe.
Amakuru

Hamenyekanye amakipe 7 muri buri kiciro cy’abarwanira igikombe ndetse n’ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri, ibyaranze umunsi wa nyuma w’amatsinda abura umukino umwe.

Ubwanditsi 18 May 2021
Amafoto – Rayon Sports yamuritse imyambaro mishya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024
Amakuru

Amafoto – Rayon Sports yamuritse imyambaro mishya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024

Ubwanditsi 25 Jul 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru