• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ally Bizimungu wahawe gutoza Etincelles yatsinzwe umukino we wa mbere na As Kigali , Police yatsindiye Musanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa gatatu yagenze.

Ally Bizimungu wahawe gutoza Etincelles yatsinzwe umukino we wa mbere na As Kigali , Police yatsindiye Musanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa gatatu yagenze.

Ubwanditsi 08 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 7 Gicurasi 2021 hakinwaga umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda, Primus National League, mu mikino yaraye ibaye ikipe ya AS Kigali ikomeje urugendo rwayo rwo kwitwara neza kuko kugeza ubu yujuje umukino wa gatatu itsinze, ni mu gihe kandi Police FC yo yagiye gutsindira Musanze iwayo.

Duhereye ku mukino wabereye mu mujyi wa Kigali kuri Sitade Amahoro i Remera, ikipe y’abanyamujyi yari yakiriye ikipe ya Etincelles yo mu karere ka Rubavu mu ntara y’i Burengerazuba, muri uyu mukino wo mu itsinda rya C ikipe ya As Kigali niyo yatangiye neza uyu mukino kuko ubwo hari ku munota wa 26 w’umukino rutahizamu wayo w’Umurundi Hussein Tchabalala nibwo yafunguye amazamu.

Iyi kipe yari mu rugo yakomeje kwitwara neza ndetse mu minota ine yakurikiyeho yahise itsinda ikindi gitego cya kabiri nacyo cyatsinzwe na Tchabalala wagaragaje urwego rwo hejuru muri uyu mukino nubwo yanyuzagamo agahusha bimwe mu bitego benshi barebaga uyu mukino bari baziko ashobora kubitsinda.

Igice cya mbere cy’uyu mukino cyarangiye ikipe ya AS Kigali iyoboye ku bitego bibiri ku busa, gusa bavuye ku ruhuka ubwo hari ku munota wa 64 rutahizamu wa Etincelles Ibrahim Hassan yatsinze igitego kimwe cyo kwishyura, ari nako umukino warangiye ari ibitego bibiri bya AS Kigali kuri kimwe cya Etincelles.

Gutsinda uyu mukino ku ikipe ya AS Kigali byatumye ikomeza kuyobora iri tsinda n’amanota 9 kuko imikino yayo yose yayitsinze uko ari itatu imaze gukina, naho ikipe ya Etincelles yo iheruka guhabwa umutoza Bizimungu Alli mu gihe cy’amezi abiri iri ku mwanya wa nyuma aho kugeza ubu nta nota na rimwe ifite ikaba irimo umwenda w’ibitego icyenda.

Muri iri tsinda rya C kandi ikipe ya Musanze FC itozwa na Seninga Innocent yaraye itsindiwe mu rugo n’ikipe ya Police FC igitego kimwe ku busa, iyi kipe itozwa na Harangingo Francis yo yatsindiwe na Harerimana Obed uzwi nka Drogba wakinaga n’ikipe yahozemo mbere y’uko aza muri Police FC.

Indi mikino yaraye ibaye ni iyo mu itsinda rya D, ikipe ya Marines FC yari yakiriye Mukura VS i Rubavu maze amakipe yombi anganye ubusa ku busa, ni mu gihe kandi i Nyagatare ikipe ya Sunrise FC yatsinze ikipe ya Espoir ibitego bibiri ku busa.

Kugeza ubu muri iri tsinda ikipe ya Espoir iyoboye n’amanota atandatu, Marines na Sunrise zinganya amanota ane naho ikipe ya Mukura VS yo ifite amanota abiri.

Kuri uyu wa gatandatu imikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda irakomeza aho imikino ikinwa mu buryo bukurikira:

Gasogi United Vs Kiyovu SC

Bugesera FC VS APR FC

Rutsiro FC VS Rayon Sports

Gorilla FC VS AS Muhanga

 

 

 

 

 

 

 

 

 

2021-05-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Ubwanditsi 30 Aug 2021
APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026

APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026

RUSHYASHYA 22 Apr 2026
MINEDUC yashyize ahagaragara uko gahunda yo gusubira ku mashuri izaba iteye, inagira n’icyo yisabira ababyeyi

MINEDUC yashyize ahagaragara uko gahunda yo gusubira ku mashuri izaba iteye, inagira n’icyo yisabira ababyeyi

Ubwanditsi 16 Apr 2017
Abasirikare b’u Burundi muri RDC baratabaza: ubukene n’umwanda birabugarije

Abasirikare b’u Burundi muri RDC baratabaza: ubukene n’umwanda birabugarije

RUSHYASHYA 23 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryafashe amakarito arenga 600 y’inzoga zidasorewe
Mu Rwanda

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryafashe amakarito arenga 600 y’inzoga zidasorewe

Ubwanditsi 02 Mar 2017
Polisi y’u Rwanda mu rugamba rwo kurwanya ruswa: Batatu bafashwe baha ruswa abapolisi
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda mu rugamba rwo kurwanya ruswa: Batatu bafashwe baha ruswa abapolisi

Ubwanditsi 03 Mar 2017
Musanze: Umupolisi yarashe umuyobozi we aramwica
Mu Mahanga

Musanze: Umupolisi yarashe umuyobozi we aramwica

Ubwanditsi 05 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru