• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»U Rwanda rwongeye kuza ku mwanya wa  mbere mu karere k’Afrika y’Iburasirazuba mu gukumira no kurwanya  ruswa n’akarengane, ruza ku mwanya wa 4 muri Afrika yose!

U Rwanda rwongeye kuza ku mwanya wa  mbere mu karere k’Afrika y’Iburasirazuba mu gukumira no kurwanya  ruswa n’akarengane, ruza ku mwanya wa 4 muri Afrika yose!

Ubwanditsi 28 Jan 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Nk’uko bisanzwe buri mwaka,  Umuryango Mpuzamahanga Urwanya Ruswa n’Akarengane, Transparency International, wongeye gushyira ahagaragara uko ibihugu bikurikirana mu guhashya iyo  mungu y’ubukungu, ubutabera, umutekano n’imibereho y’abaturage muri rusange. Hagendewe ku bushakashatsi bukorwa n’inzobere, ibihugu bihabwa amanota kuva ku 100 kugeza kuri zeru, hamaze gusuzumwa uko igiturire, akarengane no kunyereza ibya rubanda, birwanywa mu nzego za Leta.

Icyegeranyo cy’umwaka wa 2020 rero, cyongeye gushyira u Rwanda ku mwanya wa mbere mu Muryango w’Ibihugu by’Afrika y’Uburasirazuba, no mu Karere k’Ibiyaga Bigari muri rusange, nk’uko byari byagenze mu myaka myinshi ishize.

Muri Afrika yose ,u Rwanda ruri ku mwanya wa 4, nyuma  ya Seychelles  iza ku mwanya wa mbere, Botswana ku mwanya wa 2, na Cap Vert iza ku mwanya wa 3 kuri uyu mugabane.

Ku isi yose Denmark na Nouvelle Zélande nibyo bihugu biza ku isonga mu guhashya ruswa n’ibigendana nayo, naho Somaliya na Sudani y’Amajyepfo bikaba aribyo bifite amanota ya nyuma.

Turebye uko ibihugu byo muri aka kare byakurikiranye mu ishusho y’isi yose, u Rwanda ruri  ku mwanya wa 54, Tanzaniya  kuwa 94, Kenya kuw’102, Uganda ku mwanya w’123, u Burundi kuw’142, naho Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo (RDC) iza ku mwanya w’146.

Nk’uko icyegeranyo cya Transparency International kibigaragaza, 2/3 by’ ibihugu 180 byakozweho ubushakashatsi, bifite impuzandengo y’amanota 40% (atageze nibura kuri ½) , akaba ari make cyane niba isi ishaka kwigobotora ingaruka za ruswa n’akarengane. Zimwe muri izo ngaruka ni ubukene bwabaye akarande ku gice kinini cy’abaturage, umutekano n’ubutabera byazahaye bitewe na ruswa mu nzego zishinzwe kubibungabunga, n’akandi kaga kagaragara cyane cyane mu bihugu bitaratera imbere.

U Rwanda rwakomeje gushimirwa ubushake bwa politiki mu guhashya ruswa n’akarengane, amategeko asobanutse abikumira kandi agashyira mu bikorwa, no guha agaciro imiryango n’amashyirahamwe arwanya ruswa n’akarengane. Nubwo ariko u Rwanda ruri mu bihugu bigaragaza ubushake bwo kurandura”bituga”, Abaturarwanda baracyatunga agatoki ahakiri ibisigisigi bya  ruswa, nk’icyenewabo, gutonesha no kunyereza umutungo w’Igihugu cyane cyane mu masoko ya Leta.

Icyizere ariko bakagishingira ku gitsure cy’abayobozi bakuru  b’Igihugu, cyagaragaye kenshi mu guhana “ibifi binini”,  bikibeshya ko “umugabo ari urya utwe akarya n’utw’abandi”. Uko kutajenjekera abanyabyaha, gukorera mu mucyo  n’uruhare rw’abaturage mu miyobore y’Igihugu, abahanga mu guhashya ruswa n’akarengane bavuga ko ari intwaro ikomeye mu guhashya uwo mwanzi wa twese.

2021-01-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ahubwo aho Gusaba Ubutabera Guhanagurwaho Ubusembwa, Ingabire Victoire Asabe Imana Ibumukize

Ahubwo aho Gusaba Ubutabera Guhanagurwaho Ubusembwa, Ingabire Victoire Asabe Imana Ibumukize

Ubwanditsi 14 Feb 2024
Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Ubwanditsi 29 Nov 2022
Mu Burundi imyitozo ya gisirikari yakuwe kumezi 9 ishyirwa kumezi 3, ngo haboneke abasirikare bajya kurwana muri Congo

Mu Burundi imyitozo ya gisirikari yakuwe kumezi 9 ishyirwa kumezi 3, ngo haboneke abasirikare bajya kurwana muri Congo

Ubwanditsi 15 Feb 2024
Kayumba Nyamwasa arabazwa Ben Rutabana aho kuvuga uruhare rwe akigira umuvugizi wa Uganda

Kayumba Nyamwasa arabazwa Ben Rutabana aho kuvuga uruhare rwe akigira umuvugizi wa Uganda

Ubwanditsi 03 Jul 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Trump yahishuye ko yabuze umwanya wo kugurira umugore we impano ku munsi w’amavuko
HIRYA NO HINO

Trump yahishuye ko yabuze umwanya wo kugurira umugore we impano ku munsi w’amavuko

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Rubavu : Njyanama yatunguwe no kwegura kwa Sinamenye bari bazi ko agaruka mu kazi vuba
ITOHOZA

Rubavu : Njyanama yatunguwe no kwegura kwa Sinamenye bari bazi ko agaruka mu kazi vuba

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Abagore n’abakobwa bari Bafungiwe icyaha cyo gukuramo inda Perezida Kagame yabahaye Imbabazi
Mu Mahanga

Abagore n’abakobwa bari Bafungiwe icyaha cyo gukuramo inda Perezida Kagame yabahaye Imbabazi

Ubwanditsi 10 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru