• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana

U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana

Ubwanditsi 20 Jun 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Muri iyi myaka 28 ishize u Rwanda rwanyuze mu bibatsi by’umuriro bitabarika, ahanini bitewe n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi n’ababashyigikiye kugeza n’uyu munsi.

Hari n’aho byageraga abafite umutima woroshye bagahagarika umutima, batazi ko RPF-Inkotanyi yarwanye urugamba rwo guhagarika iyo Jenoside, yari initeguye bihagije imijugujugu y’abanyeshyari, abajenosideri n’abambari babo. Ibibazo byose u Rwanda rwashowemo, rwabyivanyemo, ruvomamo imbaraga zo kwikemurira ibibazo, none ubu ruremye!

Jenoside ikimara guhagarikwa, abayigizemo uruhare bahungiye muri Zayire y’icyo gihe, ubu ni Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

Abicanyi bakigera muri icyo gihugu bafashijwe mu myitozo n’imyiteguro yo kwisubiza ubutegetsi mu Rwanda no gusoza umugambi wa jenoside.

Barabigerageje, ariko Ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’abaturage zirarwimana.

Intambara y’abacengezi yasize Abanyarwanda muri rusange basobanukiwe agaciro k’amahoro n’umutekano, kandi ko nta wundi uzabibaha, uretse bo ubwabo.

Ngaho ahavuye uyu mutekano twishimira, kukanawusangiza n’amahanga.

Ubwo Ingabo z’u Rwanda zajyaga gusenya ibirindiro by’abajenosideri muri Kongo, abambari bazo bateguye icyegeranyo rutwitsi bagereka ku Rwanda ubwicanyi bwabaye muri icyo gihugu. Ni icyiswe”Mapping Report”.

Ibyo nabyo ntacyo byafashe kuko amahanga yacukumbuye ukuri asanga, uretse ko gusa u Rwanda nta mijugujugu irurenga, ibikubiye muri “Mapping report” ari ibipapirano, nk’intwaro ya politiki yo gusenya u Rwanda. Ibyo nabyo, nubwo hari abakibiririmba, ntibyatesheje uRwanda uwanya wo kwiteza imbere.

Umucamanza w’Umufaransa, Jean-Louis Brugière agize atya ahaze divayi, ati ngafunga abahoze mu ngabo za FPR-Inkotanyi, ubu bakaba ari abasirikari bakuru mu Ngabo z’u Rwanda,kuko bahanuye indege ya Habyarimana.

Agendeye gusa ku bihuha n’amakuru apfuye yahabwaga n’ibigarasha n’abajenosideri, aba ashishimuye impapuro mpuzamahanga zo guta muri yombi, abantu bahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi! URwanda rwaharwanye inkundura, rugaragaza ibimenyetso ko nta kindi cyihishe inyuma y’umugambi mubisha wa Bruguière, uretse inyungu za politiki no gutiza umurindi abanzi b’u Rwanda. Ibi nabyo u Rwanda rwabisohotsemo amahoro, ubu ibyo birego byateshejwe agaciro burundu, abanzi barajiginywa.

Ejobundi aha, icyihebe Paul Rusesabagina, umukuru w’umutwe w’iterabwoba wa FLN, cyigushije mu mutego maze cyisanga i Kigali mu maboko y’ubutabera. Abambari be bavugije induru barasarara, n’ubu bakivuza iyabahanda, nyamara ntibyabujije abashyira mu gaciro kumva ko umugome nka Rusesabagina nta kindi kimukwiye uretse gushyikirizwa ubutabera. Rusesabagina yaburanishirijwe mu mucyo, ku Karubanda, ahamwa n’icyaha isi yose ireba. Abamutabarizaga, bashyira igitutu ku Rwanda ngo rurekure umwicanyi, babonye ko u Rwanda rutakiri rwa rundi rwahabwaga amabwiriza y’uko rugomba kubaho. Izo nduru zavugiye ubusa, ahubwo ubutabera bw’u Rwanda bwahakuye amanota yo gukorera mu mucyo.

Imijugujugu u Rwanda rwatewe ntibarika, ariko buri gihe ikarusigira isomo, ryo kwirwanaho, kwihesha agaciro, no kumenya ko umugabo yigira, yakwibura agapfa!

Abahora bashakira inabi uRwanda ntibahuga, ariko ntibanahwema gutsindwa. Bagerageje kurwanya intego z’uRwanda mu ruhando mpuzamahanga, ariko hafi ya zose ruzigeraho, rusimbutse imitego myinshi. Ingero zirivugira:

Ubwo Dr. Donald Kaberuka yiyamarizaga kubobora Banki Nyafrika Itsura Amajyambere, ADB, abanyeshyari bamushyiriyemo ibihato, ariko ntibyamubujije gutsinda, ndetse akanayiyobora muri manda ebyiri zikurikiranya. Aho ni uRwanda rwatsinze abanzi, ishema ryarwo riraganza.

U Rwanda rwatanze Madamu Louise Mushikiwabo nk’umukandida ku mwanya wo kuyobora Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa, maze ba Himbara David, ba Déo Kambanda, n’abandi banzi b’inyungu z’Abanyarwanda barahaguruka barahagara, barwanya iyo kandidatire y’uRwanda. Nyamara se byabujije Madamu Mushikiwabo kuhanyurana umucyo, ubu akaba ayoboye neza uwo muryango.

Ubwo hatangazwaga ko u Rwanda ari rwo ruzakira inama ya 26 y’Ibihugu Bivuga Ururimi rw’Icyongereza, abanyeshyari basimbukiye ku isunzu ry’inzu ngo uRwanda ntirubikwiye. Iyo nama yaje gusubikwa ubugira kabiri kubera icyorezo cya Covid-19, izo nyangabirama zibyinira ku rukoma, zigera n’aho zigamba ko ari zo zaburijemo iyo nama. Ubu se i Kigali ntihateraniye abashyitsi babarirwa mu bihumbi bitanu(5.000), barimo n’Abakuru b’Ibihugu n’aba za Guverinoma!

Muri make rero, uko u Rwanda rwagiye runyuzwa mu ngorane, ni ko byagiye birwubakamo ubudahangarwa. Rwagiye ruhavana amasomo, rumenya gutegura iyo mitego itarashibuka, ahubwo kenshi igashibukana abayiteze.

Burya uko Zahabu uyinyuza mu muriro cyangwa aside ushaka kumenya ubuziranenge bwayo, ni ko ivamo yarushijeho gushashagirana. N’uRwanda ni uko rero, abarusengera inabi bakwiye kubona ko barushywa n’ubusa, kuko uko urutega ibigeragezo urutera imbaraga zo gusimbuka n’ibirenze ibyo watekerezaga.

2022-06-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Police FC iyoboye shampiyona, nyuma y’intsinzi i Musanze

Police FC iyoboye shampiyona, nyuma y’intsinzi i Musanze

Ubwanditsi 30 Oct 2017
INTWAZANGABO Z’U BURUNDI ZISHIRIYE MURI CONGO, NAHO PEREZIDA NDAYISHIMIYE ATI NICYO BAREMEWE.

INTWAZANGABO Z’U BURUNDI ZISHIRIYE MURI CONGO, NAHO PEREZIDA NDAYISHIMIYE ATI NICYO BAREMEWE.

Ubwanditsi 01 Mar 2024
Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, arashinjwa akarimi gasize umunyu, gahumuriza abaturage, kandi umutekano muri icyo gihugu ukomeje kuba kure nk’ukwezi.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, arashinjwa akarimi gasize umunyu, gahumuriza abaturage, kandi umutekano muri icyo gihugu ukomeje kuba kure nk’ukwezi.

Ubwanditsi 09 Dec 2020
Meya wa Nyamagabe Mugisha Philbert yasezerewe k’Ubuyobozi

Meya wa Nyamagabe Mugisha Philbert yasezerewe k’Ubuyobozi

Ubwanditsi 20 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi yemeje amakuru ko Gitifu wa Nyarugenge afunzwe
Mu Mahanga

Polisi yemeje amakuru ko Gitifu wa Nyarugenge afunzwe

Ubwanditsi 29 Mar 2016
Imbonerakure za CNDD zikomeje gucengera mu Nkambi y’impunzi ya Nakivale muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Imbonerakure za CNDD zikomeje gucengera mu Nkambi y’impunzi ya Nakivale muri Uganda

Ubwanditsi 08 May 2018
Umugabo wafashwe asambanya inka yasobanuye icyamuteye gukora amahano
ITOHOZA

Umugabo wafashwe asambanya inka yasobanuye icyamuteye gukora amahano

Ubwanditsi 16 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru