• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»U Rwanda rwizeye kungukira mu Imurikagurisha Mpuzamahanga ry’Ubukerarugendo muri Israel

U Rwanda rwizeye kungukira mu Imurikagurisha Mpuzamahanga ry’Ubukerarugendo muri Israel

Ubwanditsi 13 Feb 2020 UBUKERARUGENDO

U Rwanda rubinyujije mu Kigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) n’ibindi bitanga serivisi z’ubukerarugendo ruhagarariwe mu Imurikagurisha Mpuzamahanga ry’Ubukerarugendo rizwi nka International Mediterranean Tourism Market (IMTM 2020) riri kubera mu Mujyi wa Tel Aviv muri Israel.

IMTM ni imurikagurisha ryagutse, rimeze nk’igikorwa gihuza abashoramari bakomeye mu by’ubukerarugendo mu bihugu byo mu Burasirazuba bw’Inyanja ya Méditerranée. Ryatangiye kuri uyu wa 11 Gashyantare mu gihe rizasozwa ku wa 12 Gashyantare 2020.

U Rwanda ruhagarariwe na RDB n’ibigo bitanu birimo Sosiyete y’Ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, Palast Tours &Travel, Albertine Tours, Beautiful Rwanda na Rwanda Eco Company.

Iri murikagurisha ryitabiriwe n’abantu batandukanye barimo na Ambasaderi w’u Rwanda muri Israel, Joseph Rutabana.

Biteganyijwe ko ku wa Kane tariki ya 13, abahagarariye ibigo byo mu Rwanda bazaganira n’abikorera n’abandika inkuru z’ubukerarugendo baba muri Israël.

Abanya-Israel bakora ingendo nibura 4,000,000 buri mwaka. Ishoramari n’inyungu ishingiye ku bukerarugendo hagati ya Israel n’u Rwanda yavuye kuri 3.6% mu 2015 igera kuri 25.9% mu 2019.

Ni imibare yitezweho kuzamuka cyane ko kuva ku wa 25 Kamena 2019 indege ya Sosiyete Nyarwanda ikora ingendo zo mu kirere, RwandAir, yageze i Tel Aviv muri Israel.

RwandAir yavuze ko izi ngendo nshya zerekeza muri Israel zizongera imbaraga mu mubano mwiza n’ubuhahirane bisanzwe biri hagati y’u Rwanda na Israel cyane mu rwego rw’ubucuruzi.

U Rwanda rwishimiwe cyane binyuze ku hanyu hamurikiwe ibicuruzwa na serivisi zarwo by’umwihariko ikawa iva mu rw’imisozi 1000 yishimiwe cyane. Nirwo rwo gihugu cyonyine cyaserukanye ababyinnyi (Itorero Urukerereza) muri iri murikagurisha byanatumye abantu bagana aho ryamurikiye ibikorwa byarwo, barizihirwa.

IMTM iri mu bikorwa bihuza abantu benshi muri Israel kuko mu mwaka wa 2019 yasuwe n’abasaga 26800. Iri murikagurisha rimaze imyaka 26 riba buri mwaka, ryitabirwa n’ibihugu birenze 57; riberamo ibiganiro mbwirwaruhame bitandukanye bigera kuri 40, abaminisitiri b’ubukerarugendo 14 bamaze kuryitabira.

Umwaka ushize abamuritse ibikorwa by’ubukerarugendo bari bafite stands 265, amahoteli 57, abatanga serivisi z’ubukerarugendo 126, abayobora n’abafasha mu ngendo 29, ibigo by’abatwara abantu n’ibintu mu nzira y’ikirere 19, abatwara abantu n’ibintu mu nzira y’ubutaka 18.

Ibikorwa by’imurikagurisha rimenyekanisha ubukerarugendo bw’u Rwanda byiyongera ku bindi bikomeye birimo amasezerano rwasinye na Arsenal FC yo mu Bwongereza, Paris St Germain yo mu Bufaransa na Film mbarankuru ya Rwanda: The Royal Tour.

RDB igaragaza ko mu 2017 u Rwanda rwinjije miliyoni $438 zivuye mu bukerarugendo, intego ya Guverinoma ni uko mu 2024 inyungu ruvana mu bukerarugendo izagera kuri miliyoni $800.

Abitabiriye iri murikagurisha basogongeye ikawa y’u Rwanda

Kageruka Ariella yakira umwe mu bifuza gukorana n’u Rwanda mu bukerarugendo

Kambogo Ildephonse wa RDB aganira na Ambasaderi w’u Rwanda muri Israel, Joseph Rutabana

RwandAir yamuritse ibikorwa byayo byo gukora ibijyanye no gutwara abantu n’ibintu mu nzira y’ikirere

Uko haba hameze iyo bafungura imurikagurisha IMTM muri Israel

Imurikagurisha Mpuzamahanga ry’Ubukerarugendo ribera muri Israel ryitabirwa n’abantu batandukanye

Iri murikagurisha ryitabiriwe n’abantu benshi baturutse mu bihugu bitandukanye

Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Ubukerarugendo no kubungabunga za Pariki muri RDB, Kageruka Ariella, ari kumwe na bamwe mu bahagarariye ibihugu byabo basuye stand y’u Rwanda

Rutagarama Aimable uyobora Ishami ry’Ubukerarugendo muri PSF n’Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Ubukerarugendo no kubungabunga za Pariki muri RDB, Kageruka Ariella, hamwe n’abahagarariye ibihugu byabo basuye stand y’u Rwanda

Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Ubukerarugendo no kubungabunga za Pariki muri RDB, Kageruka Ariella, yakira abashaka amakuru ku bukerarugendo mu Rwanda

Ambasaderi w’u Rwanda muri Israel, Joseph Rutabana na Minisitiri w’Ubukerarugendo muri Israel basura stand y’u Rwanda

Ambasaderi w’u Rwanda muri Israel, Joseph Rutabana aganira n’umwe mu ba dipolomate baje gusura stand y’u Rwanda

Abanyamakuru baba bitabiriye ari benshi IMTM muri Israel

IMTM iri mu bikorwa bihuza abantu benshi muri Israel kuko mu mwaka wa 2019 yasuwe n’abasaga 26800

Itorero Urukerereza ryasusurikije abasuye stand y’u Rwanda

Src : IGIHE

2020-02-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kugaragaza ahatarengwa mu koga mu Kivu byagabanyije impanuka zatezaga impfu

Kugaragaza ahatarengwa mu koga mu Kivu byagabanyije impanuka zatezaga impfu

Ubwanditsi 09 Jan 2018
U Rwanda rurimo kurushaho kumenyekana nyuma y’imikoranire ya RDB na Arsenal

U Rwanda rurimo kurushaho kumenyekana nyuma y’imikoranire ya RDB na Arsenal

Ubwanditsi 18 Jul 2018
Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Ubwanditsi 01 Jun 2023
RwandAir yatangije  ingendo enye mu cyumweru zigana Cape Town

RwandAir yatangije ingendo enye mu cyumweru zigana Cape Town

Ubwanditsi 16 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 05 Jan 2023
Kweguza Trump birasaba iki?
POLITIKI

Kweguza Trump birasaba iki?

Ubwanditsi 06 Dec 2019
Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Kongo, yemera ko intambara iyogoza igihugu cye ifite inkomoko ku kuba cyaracumbikiye abajenosideri imyaka 28 yose!
Amakuru

Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Kongo, yemera ko intambara iyogoza igihugu cye ifite inkomoko ku kuba cyaracumbikiye abajenosideri imyaka 28 yose!

Ubwanditsi 31 May 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru