• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»U Rwanda ku mwanya wa kane ku isi mu hantu ho gusura muri 2020

U Rwanda ku mwanya wa kane ku isi mu hantu ho gusura muri 2020

Ubwanditsi 07 Nov 2019 UBUKERARUGENDO

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa kane ku isi mu bihugu byo gusurwa na ba mukerarugendo nk’ahantu heza mu mwaka wa 2020.

Ni ibyatangajwe n’imbuga za interinete zikora urutonde rw’ibihugu byiza byo gusurwa na ba mukerarugendo.

Amanda Mouttaki, umwe mu bakemurampaka yagize ati “U Rwanda ruyoboye urutonde rwanjye mu bihugu byo gusura muri Afurika, ukareba umuco waho n’ubwiza bwaho.Mu gihe abantu bajyayo gusura ingagi, hari n’ibindi bice ndangamuco byo kureba”.

Amanda yari mu bakemurampaka batumye u Rwanda ruza ku mwanya wa mbere muri Afurika, ndetse no ku mwanya wa kane ku isi mu hantu heza ho gusura muri 2020, mu birori ngarukamwaka byo gutanga ibihembo ku hantu hagezweho byatangajwe muri iki cyumweru ku rubuga rwa TravelLemming.com, rumenyekanisha ibice bigezweho ku isi.

Travel Lemming ni urubuga rumenyekanisha ibice binyuranye by’isi, rugashishikariza ba mukerarugendo gutekereza kuhasura.

Amarachi Ekekwe ukora mu rubuga rwa interineti (blog) ruteza imbere ubukerarugendo rwitwa ‘Travel with a Pen”, yagize ati “Uru rurabo rwa Afurika y’Uburasirazuba, ruri guhindura ubukerarugendo bwa Afurika mu buryo bwinshi. Bizaba bishimishije gusura Kigali ukareba uko yahindutse itera imbere, no kureba uburyo bwo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima muri Pariki z’igihugu zaho”.

Urubuga rwa Travel Lemming ruvuga ko ubukerarugendo bw’u Rwanda bwamamaye cyane kubera amahirwe yo kwirebera imbonankubone ingagi zo mu Birunga. Gusa uburyo u Rwanda rubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima na byo birenze izo ngagi: Pariki y’igihugu y’Akagera uyisangamo inyamaswa zigize ‘Big Five’ (Intare, Imbogo, Inzovu,Ingwe n’Inkura).

Isumo rya Kamiranzovu riri muri Nyungwe
Isumo rya Kamiranzovu riri muri Nyungwe

Rwanditse ruti “Kuba inama y’isi yiga ku bukungu yaragaragaje u Rwanda nk’igihugu gitekanye muri Afurika, na Rwandair ikaba iteganya gutangiza ingendo ziva ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cyitiriwe John F. Kennedy ziza i Kigali, umwaka wa 2020 ni umwaka mwiza wo gusura u Rwanda”.

Uru rubuga kandi rwagaragaje ibihe byiza byo gusura u Rwanda, ndetse n’ahantu hatanu ha mbere uwaza mu Rwanda yasura.

Uru rubuga rugaragaza ko ibihe byiza byo gusura u Rwanda ari ukuva hagati mu kwezi k’Ukuboza kugeza mu ntangiriro za Gashyantare, no kuva muri Kamena kugera muri Nzeri.

Naho ahantu ha mbere ho gusura mu Rwanda, Travel Lemming igaragaza ko harimo Pariki y’igihugu y’Ibirunga, Pariki y’igihugu ya Nyungwe, Inzu ndangamurage y’amateka yo hambere ya Huye n’urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali.

Avuga kuri uyu mwanya u Rwanda rwabonye, Belise Kariza, umuyobozi w’ishami ry’ubukerarugendo mu Rwego rw’igihugu rw’iterambere RDB, yagize ati “Tunejejwe no kwakira iki gihembo, no kuba mu bihugu bya mbere byo gusurwa muri 2020 nkuko byatangajwe n’imbuga ziteza imbere ubukerarugendo.

Visit Rwanda isangije iki gihembo abaturage bose, abarengera ibidukikije, abakora mu bukerarugendo n’abanyamahoteli, bagira uruhare mu gutuma u Rwanda ruba ahantu heza ho gusura”.

Yakomeje agira ati “Niba utarasura u Rwanda, tuguhaye ikaze ngo uze wirebere ubwiza karemano bw’igihugu, umuco n’urusobe rw’ibinyabuzima. Mu kuri u Rwanda ni ahantu heza ho gukorera ubukerarugendo”.

Src: KT

2019-11-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Visit Rwanda yagaragajwe kuri Uwanja wa Mkapa Stadium ubwo hafungurwaga African Football League

Visit Rwanda yagaragajwe kuri Uwanja wa Mkapa Stadium ubwo hafungurwaga African Football League

Ubwanditsi 21 Oct 2023
Bwa mbere mu karere, u Rwanda rwakiriye umwiherero wa ’Basketball Without Borders’ urimo urubyiruko 60

Bwa mbere mu karere, u Rwanda rwakiriye umwiherero wa ’Basketball Without Borders’ urimo urubyiruko 60

Ubwanditsi 23 Aug 2025
Impano z’abakiri bato bavuye mu bihugu 14 bya Afurika, barahurira mu Rwanda mu mikino ya FIBA U16 AfroBasket 2025

Impano z’abakiri bato bavuye mu bihugu 14 bya Afurika, barahurira mu Rwanda mu mikino ya FIBA U16 AfroBasket 2025

Ubwanditsi 29 Aug 2025
Sosiyete Nyafurika z’indege zishobora guhomba miliyoni 300$ mu 2019

Sosiyete Nyafurika z’indege zishobora guhomba miliyoni 300$ mu 2019

Ubwanditsi 16 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Twagiramungu yandikiye Paul Kagame perezida w’u Rwanda ibaruwa idasobanutse
POLITIKI

Twagiramungu yandikiye Paul Kagame perezida w’u Rwanda ibaruwa idasobanutse

Ubwanditsi 07 Apr 2016
Abagabo batatu bafatanywe inka icumi bakekwaho kwiba mu karere ka Nyagatare
Mu Mahanga

Abagabo batatu bafatanywe inka icumi bakekwaho kwiba mu karere ka Nyagatare

Ubwanditsi 17 Sep 2016
Mukabalisa  wa PL yongeye gutorerwa kuyobora Inteko Ishinga Amategeko
POLITIKI

Mukabalisa wa PL yongeye gutorerwa kuyobora Inteko Ishinga Amategeko

Ubwanditsi 19 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru