• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»U Rwanda ku mwanya wa kane ku isi mu hantu ho gusura muri 2020

U Rwanda ku mwanya wa kane ku isi mu hantu ho gusura muri 2020

Ubwanditsi 07 Nov 2019 UBUKERARUGENDO

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa kane ku isi mu bihugu byo gusurwa na ba mukerarugendo nk’ahantu heza mu mwaka wa 2020.

Ni ibyatangajwe n’imbuga za interinete zikora urutonde rw’ibihugu byiza byo gusurwa na ba mukerarugendo.

Amanda Mouttaki, umwe mu bakemurampaka yagize ati “U Rwanda ruyoboye urutonde rwanjye mu bihugu byo gusura muri Afurika, ukareba umuco waho n’ubwiza bwaho.Mu gihe abantu bajyayo gusura ingagi, hari n’ibindi bice ndangamuco byo kureba”.

Amanda yari mu bakemurampaka batumye u Rwanda ruza ku mwanya wa mbere muri Afurika, ndetse no ku mwanya wa kane ku isi mu hantu heza ho gusura muri 2020, mu birori ngarukamwaka byo gutanga ibihembo ku hantu hagezweho byatangajwe muri iki cyumweru ku rubuga rwa TravelLemming.com, rumenyekanisha ibice bigezweho ku isi.

Travel Lemming ni urubuga rumenyekanisha ibice binyuranye by’isi, rugashishikariza ba mukerarugendo gutekereza kuhasura.

Amarachi Ekekwe ukora mu rubuga rwa interineti (blog) ruteza imbere ubukerarugendo rwitwa ‘Travel with a Pen”, yagize ati “Uru rurabo rwa Afurika y’Uburasirazuba, ruri guhindura ubukerarugendo bwa Afurika mu buryo bwinshi. Bizaba bishimishije gusura Kigali ukareba uko yahindutse itera imbere, no kureba uburyo bwo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima muri Pariki z’igihugu zaho”.

Urubuga rwa Travel Lemming ruvuga ko ubukerarugendo bw’u Rwanda bwamamaye cyane kubera amahirwe yo kwirebera imbonankubone ingagi zo mu Birunga. Gusa uburyo u Rwanda rubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima na byo birenze izo ngagi: Pariki y’igihugu y’Akagera uyisangamo inyamaswa zigize ‘Big Five’ (Intare, Imbogo, Inzovu,Ingwe n’Inkura).

Isumo rya Kamiranzovu riri muri Nyungwe
Isumo rya Kamiranzovu riri muri Nyungwe

Rwanditse ruti “Kuba inama y’isi yiga ku bukungu yaragaragaje u Rwanda nk’igihugu gitekanye muri Afurika, na Rwandair ikaba iteganya gutangiza ingendo ziva ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cyitiriwe John F. Kennedy ziza i Kigali, umwaka wa 2020 ni umwaka mwiza wo gusura u Rwanda”.

Uru rubuga kandi rwagaragaje ibihe byiza byo gusura u Rwanda, ndetse n’ahantu hatanu ha mbere uwaza mu Rwanda yasura.

Uru rubuga rugaragaza ko ibihe byiza byo gusura u Rwanda ari ukuva hagati mu kwezi k’Ukuboza kugeza mu ntangiriro za Gashyantare, no kuva muri Kamena kugera muri Nzeri.

Naho ahantu ha mbere ho gusura mu Rwanda, Travel Lemming igaragaza ko harimo Pariki y’igihugu y’Ibirunga, Pariki y’igihugu ya Nyungwe, Inzu ndangamurage y’amateka yo hambere ya Huye n’urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali.

Avuga kuri uyu mwanya u Rwanda rwabonye, Belise Kariza, umuyobozi w’ishami ry’ubukerarugendo mu Rwego rw’igihugu rw’iterambere RDB, yagize ati “Tunejejwe no kwakira iki gihembo, no kuba mu bihugu bya mbere byo gusurwa muri 2020 nkuko byatangajwe n’imbuga ziteza imbere ubukerarugendo.

Visit Rwanda isangije iki gihembo abaturage bose, abarengera ibidukikije, abakora mu bukerarugendo n’abanyamahoteli, bagira uruhare mu gutuma u Rwanda ruba ahantu heza ho gusura”.

Yakomeje agira ati “Niba utarasura u Rwanda, tuguhaye ikaze ngo uze wirebere ubwiza karemano bw’igihugu, umuco n’urusobe rw’ibinyabuzima. Mu kuri u Rwanda ni ahantu heza ho gukorera ubukerarugendo”.

Src: KT

2019-11-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RwandAir yemerewe gukorera ingendo muri Singapore

RwandAir yemerewe gukorera ingendo muri Singapore

Ubwanditsi 15 Jun 2018
U Rwanda na Cap-Vert byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’indege

U Rwanda na Cap-Vert byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’indege

Ubwanditsi 26 Nov 2017
Visit Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’amakipe ya LA Clippers na Los Angeles Rams zo muri Amerika

Visit Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’amakipe ya LA Clippers na Los Angeles Rams zo muri Amerika

Ubwanditsi 29 Sep 2025
Ubudasa bw’u Rwanda, i Kigali hagiye guhurira abantu basaga 850 mu bikorwa by’umukino wo gusiganwa ku Mamodoka ku Isi

Ubudasa bw’u Rwanda, i Kigali hagiye guhurira abantu basaga 850 mu bikorwa by’umukino wo gusiganwa ku Mamodoka ku Isi

Ubwanditsi 10 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tanzania : Bane bo mu mutwe urwanya leta y’u Burundi baguwe gitumo
Mu Mahanga

Tanzania : Bane bo mu mutwe urwanya leta y’u Burundi baguwe gitumo

Ubwanditsi 24 Oct 2017
Bane bafashwe bacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko
Mu Mahanga

Bane bafashwe bacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko

Ubwanditsi 15 Sep 2016
Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Ruharwa Laurent Bucyibaruta arashyize ashyikirijwe ubutabera
Amakuru

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Ruharwa Laurent Bucyibaruta arashyize ashyikirijwe ubutabera

Ubwanditsi 09 May 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru