• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo

Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo

Ubwanditsi 02 Jul 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Tariki ya 1 Nyakanga 1962, u Rwanda rwabonye ubwigenge bwari bwitezwe nk’isoko y’ituze, ubusabane n’imiyoborere ishingiye ku mahame ya demokarasi. Ariko se koko ubwo bwigenge bwageze ku ntego zabwo? Icyo amateka agaragaza ni uko ubwigenge bwabaye intangiriro y’ivangura, ubwicanyi n’imiyoborere mibi, kugeza ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaga mu 1994.

Ubundi Kamarampaka ya 1959 haza Politiki y’iringaniza yahise yambaye isura ya demokarasi kuko mu mwaka w’1959, nyuma y’igitutu cy’Ababiligi bashakaga gusimbuza ingoma ya cyami ubutegetsi bwa rubanda, hatangijwe igikorwa cya Kamarampaka, cyashishikarije abaturage “guhitamo” hagati y’ubwami na repubulika. Icyo benshi batamenye ni uko ibyayavuyemo byari byarateguwe n’Ababiligi, bari bamaze gufata uruhande rw’abahutu bitaga rubanda nyamwinshi cyangwa se PARMEHUTU, bayishyigikiye mu rwego rwo gukuraho ubutegetsi bw’Abatutsi no gucamo Abanyarwanda ibice kandi mbere umwami ataragiraga ubwoko kuko yari uwa Rubanda.

Kamarampaka yabaye ishingiro ry’ubutegetsi bwashingiye ku moko, aho Abatutsi batangiye kwicwa, guhunga no guhezwa. U Rwanda rwabonye ubwigenge, ariko rutakaza ubumwe, umurage w’u Rwanda utangira kuzerera amahanga arawuhanda kugeza ubwo wishakiye inzira yo gutahuka maze rwugurura amarembo.

Repubulika ya mbere (1962–1973) yaranzwe no kwamamaza ubwo bwigenge bw’ivangura no guhungetesha abanyarwanda cyane abatutsi batangira kwitwa kw’impunzi muri iyi manda ya Grégoire Kayibanda, habaye byinshi bibi byashingiraga ku ivangura ku mugaragaro mu mashuri no kubona akazi, gutoteza no kwica Abatutsi mu gihugu hose twakwibutsa abantu ko abatutsi baroshywe muri tsetse muri Bugesera, Impunzi zisaga ibihumbi 300 zahungiye mu bihugu bitandukanye zigaba ubuzima bubi mu nkambi nk a Mushiha yo mu Burundi, I Bibwe ya Zaire, Nyakivara na Nshungerezi yo mu Bugande ndetse n’ahandi henshi, abasigaye mu Rwanda bahura na ya Politiki yiswe “iringaniza” yakumiraga Abatutsi mu nzego zose z’ubuzima bw’imibereho bwose.

Nuko haboneka Repubulika ivukiye mu ivangura. Ubwigenge buba bubaye inyundo y’irondakoko, aho kuba urufunguzo rw’ubwisanzure kuko nka Repubulika ya kabiri (1973–1994) yari Kudeta yambaye umwambaro waiswe “guhagarika amacakubiri”

Mu 1973, Juvénal Habyarimana yafashe ubutegetsi avuga ko agiye guhagarika ivangura. Ariko iyo republika yaje kuba Igikoresho cy’amacakubiri ashingiye ku turere aho Kiga na Nduga aribwo yatangiye kugira agaciro cyane maze Akazu gatangira akazi mu nzu indani kwa Habyara, Politike mbi zo guhungetesha abatutsi aho bahungiye ziratangira nka MAGRIVI ndetse niyiswe AMASASU na Col. Bagosora Theoneste

Iringaniza ryarakomeje maze rishingira ku bwoko no ku turere (Akazu) ubwo Impunzi zakomeje gukwira isi kubera kunaniranwa n’ubutegetsi nka Col. Lizinde na Kanyarengwe Alexis tudasize Abatutsi bakomeje kurigiswa, gufungwa no kwicwa

Gutegura Jenoside mu buryo bweruye binyuze mu mashyaka ya MRND n’andi mashyaka yari ashingiye kuri PARMEHUTU cyangwa HUTU POWER maze Ubwigenge buba bukomeje kuba igikoresho cyo gutsikamira abataravugaga rumwe n’ubutegetsi.

Ibyo byose tubivuze ntitwakwibagirwa Uruhare rw’Ababiligi mu gusenya igihugu, Ababiligi, baje mu Rwanda babeshya ko bashyigikiye ubwami ariko bagamije gufata urwo ruhande ngo bagaragarize abahutu ko batsikamiwe koko babone aho bahera bitwa ko bibohora kuko bigishije amoko nk’inkingi ya politiki yandikwa mu ndangamuntu bashingiye ku mazuru n’indi miterere aho gushingira ku ngero z’ubukungu nkuko byahoze

Ababiligi buriya nibo baremye PARMEHUTU bayishyigikira nk’ubutumwa bwa demokarasi yari ishingiye ku cyiswe Revolusiyo ndetse na Manifesto de Bahutu na Manifesto de PARMEHUTU bifashishije Kayibanda nk’umugaragu wabo bari bironkeye bikozwe n’abapadiri nka Pelode n’abandi.

Bafashije mu iyicwa no mu itotezwa ry’Abatutsi, nk’uko bigaragara mu mibare y’abishwe mu 1963, 1967 n’indi myaka yaganishaga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ntibigeze bamagana ibikorwa byo kubuza impunzi guhunga wenda ngo Basabe ko zatahuka ako gahenge k’amahoro kaboneke, ahubwo ubuhunzi bauhaye umugisha

Ubwigenge bwatanzwe ku Rwanda mu buryo bw’iyobyaburari bwari ishyirwaho ry’ubugome bw’Ababiligi babonagamo inyungu zabo zaganishije igihugu ku mahano ya Jenoside mu mwaka w’1994 kubw’ibyo rero dusanga Ubwigenge nyabwo bwarabonetse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwigenge nyabwo bwaje ari uko FPR-Inkotanyi ihagaritse Jenoside, igasubiza igihugu mu maboko y’Abanyarwanda bose imaze gushyiraho Leta y’Ubumwe budashingiye ku bihuha ahubwo ishingiye ku Masezerano ya Arusha ndetse n’ibindi biganiro byicaje inzego zose ziga ku cyazahura ubumwe nyabwo bw’abanyarwanda maze hashingwa Uburezi, ubuzima, ubuyobozi n’ubutabera byubakiwe ku mahame y’ubwuzuzanye

Abanyarwanda basubiye mu gihugu cyabo, impunzi zisaga miliyoni 3 zirataha ubwo Amoko n’amacakubiri bikurwa mu mategeko, hubakwa ubumwe n’ubwiyunge bushingiye kuri Nd’umunyarwanda

U Rwanda ruyobowe na Perezida Paul Kagame, rwabaye ishusho y’igihugu cyibohoye amateka mabi maze tariki ya 1 Nyakanga iba isabukuru y’ubwigenge, ariko 4 Nyakanga ni iy’ubwigenge nyakuri

1 Nyakanga 1962, ni umunsi igihugu cyabonye ubwigenge bw’inyandiko, ariko cyasubiye inyuma mu bumuntu ku buryo kuyigereranya na tariki ya 4 Nyakanga 1994 aribwo abanyarwanda batangiye guhumeka amahoro ubwo u Rwanda rubona ubwigenge nyakuri, ubwo Jenoside yahagarikwaga, rugahindurirwa amateka.

U Rwanda rwavutse bushya, ruyoborwa n’ukuri bikozwe n’ubuyobozi bwimakaje indangagaciro zishingiye ku bumuntu no gusangira ibyiza by’igihugu.

2025-07-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Museveni ati kuba Perezida igihe kinini si kibazo! Ahubwo niki wagejeje ku banyagihugu igihe uba umaze uri Perezida

Perezida Museveni ati kuba Perezida igihe kinini si kibazo! Ahubwo niki wagejeje ku banyagihugu igihe uba umaze uri Perezida

Ubwanditsi 08 Jun 2017
AS Kigali, APR FC na Espoir FC zatangiye neza shampiyona y’u Rwanda 2022-2023, Sunrise ikizamuka yisasiye Police FC ya Mashami Vincent watoreje muri Sitade Gologota

AS Kigali, APR FC na Espoir FC zatangiye neza shampiyona y’u Rwanda 2022-2023, Sunrise ikizamuka yisasiye Police FC ya Mashami Vincent watoreje muri Sitade Gologota

Ubwanditsi 20 Aug 2022
Amavubi yaguye miswi na Benin ku mukino wa kane wo mu itsinda L wogushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023

Amavubi yaguye miswi na Benin ku mukino wa kane wo mu itsinda L wogushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023

Ubwanditsi 29 Mar 2023
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Ubwanditsi 05 Jan 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tombola y’igikombe cy’Isi 2022 yagaragaje ko Portugal iri mu itsinda rimwe na Ghana na Uruguay ndetse na South Korea – Uko tombola yose yagenze
Amakuru

Tombola y’igikombe cy’Isi 2022 yagaragaje ko Portugal iri mu itsinda rimwe na Ghana na Uruguay ndetse na South Korea – Uko tombola yose yagenze

Ubwanditsi 04 Apr 2022
Perezida Kagame yongeye gushimangira ko indege ya Habyarimana atariyo ntandaro ya Jenoside
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yongeye gushimangira ko indege ya Habyarimana atariyo ntandaro ya Jenoside

Ubwanditsi 07 Apr 2019
Umunyabigwi w’Umufaransa Yannick Noah yageze mu Rwanda aho aje kwitabira irushanwa rya ATP Challenger 50 Tour
Amakuru

Umunyabigwi w’Umufaransa Yannick Noah yageze mu Rwanda aho aje kwitabira irushanwa rya ATP Challenger 50 Tour

Ubwanditsi 29 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru