• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Rwamagana: Abayisiramu bashima Perezida Kagame wabahaye ijambo ntibongera kwitwa Abaswayire

Rwamagana: Abayisiramu bashima Perezida Kagame wabahaye ijambo ntibongera kwitwa Abaswayire

Ubwanditsi 10 Jun 2017 Mu Rwanda

Abayoboke b’idini ya Islam bo mu karere ka Rwamagana, barashima Perezida Kagame wabahaye ijambo ntibongera kwitwa Abaswayire, bahamya ko nta wundi muyobozi babona ukwiye kuyobora u Rwanda.

Bavuga ko imiyoborere myiza ya Paul Kagame yatumye ubu bafite uburenganzira nk’abandi Banyarwanda mu myimerere nyamara mbere ya jenoside yakorewe Abatutsi aho umusiramu yabaga ari yitwaga Umuswayire.

Umwe muri abo bayisiramu yatangarije itangazamakuru ko Kagame na FPR/Inkotanyi batumye babona uburenganzira bwo kwisanzura mu gihe ubutegetsi bwa Repuburika ya mbere n’iya kabiri bwabangamiraga imyemerere yabo.

Agira ati “Twe dusanga nta wundi ukwiye kutuyobora uretse Paul Kagame wadusubije agaciro nyamara uhereye mu myaka ya 1960 Abayisiramu batwitaga Abaswayire ku buryo byaduteraga ipfunwe”.

Arakomeza agira ati “Twabujijwe amahirwe yo kwiga nk’abandi Banyarwanda ku buryo nta muntu utuye hano bitaga Buswayirini washoboraga kwiga, wasangaga akazi abasiramu bakora ari ubushoferi nyamara batananiwe kwiga nk’abandi banyarwanda”.

FPR/Inkotanyi na Perezida Kagame barashimwa, ati “ubu twishimira kuba dufite meya [umuyobozi w’akarere] w’umusiramu kandi yabonye amahirwe yo kwiga nyuma y’aho FPR/Inkotanyi ibohoreye igihugu, ubu twe nk’abasiramu tumaze kubaka umusigiti wa etage, twubatse ishuri ryiza ry’imyunga n’ibindi bikorwa duteganya a byose twabigezeho kubera imiyoborere ya Kagame waduhaye uburenganzira bungana n’ubw’abandi Banyarwanda”.

Si abayisiramu gusa bashima imiyoborere ya FPR/Inkotanyi na Perezida Kagame, n’abandi batuye muri Rwamagana bavuga ko hari ibikorwa remezo byinshi bagezeho, by’umwihariko ko Kagame atowe akongera kubayobora bagera ku byinshi ubu bafite mu mishinga.

-6925.jpg

Nzabamwita Vienney, ati “Hari ibikorwa remezo byagejejwe mu karere kacu harimo amashuri, amavuriro, imihanda amashanyarazi n’ibindi byinshi ariko murabizi twebwe Abanyarwamagana ari twe twabaye aba mbere, ubwo twasaba ko ingingo ya 101 yavugururwa tukabasha gutora Kagame.

Hari byinshi twifuza kugeraho, urabona akarere kacu ni akarere gafite ahantu heza ho gukorera ubukerarugendo bitewe n’uko dufite ibiyaga byakorerwaho ubukerarugendo, mu karere kacu imirenge myinshi ifite amashanyarazi ariko dukeneye ko hiyongera amazi nayo aracyari make.

Abaturage dufite inyota yo kugera kuri byinshi kandi dukeneye ko na siporo itera imbere nko mu mukino w’amagare ndetse n’umupira w’amaguru, dufite amakipe meza kandi dukeneye ibibuga by’imyidagaduro, dusanga tuzabigeraho kubera umuyobozi mwiza”.

Bafite ikizere ko Kagame azahagararira FPR Inkotanyi mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe muri Kanama kandi akanegukana intsinzi.

Umuyobozi w’umuryango wa FPR Inkontanyi mu karere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjabu nawe yemeza ko Abanyarwamagana bafite impamvu ifatika yo gushaka ko Kagame akomeza kuyobora .

Agira ati “ABanyarwamagana bafite inyota yo gukomeza kuyoborwa na Paul Kagame, bitewe n’amaateka y’aka gace k’ubuganza abahatuye bagiye badahabwa amahirwe nk’abandi banyarwanda kuko wasanga ubutegetsi bwa mbere butarabahaga amahirwe yo kwiga, ubu hari byinshi bakomeje kugaragaza ko bamukeneye, bamutoye 100% ngo azahagararire FPR mu matora”.

Arakomeza avuga ko ikizere ari cyose ndetse ko ubu batangiye gushaka ahantu hagari ku buryo igihe azaba aje kwiyamamaza bizorohera abaturage kubona umukandida wabo Paul Kagame.

2017-06-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kigali Investment Company niyo yegukanye umuturirwa wa Rujugiro [ Yavuguruwe ]

Kigali Investment Company niyo yegukanye umuturirwa wa Rujugiro [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 25 Sep 2017
Expo 2021: Bamwe mu bashaka gukoresha udukingirizo twagenewe abagore basubijwe

Expo 2021: Bamwe mu bashaka gukoresha udukingirizo twagenewe abagore basubijwe

Ubwanditsi 30 Dec 2021
RDF yasobanuye iby’umuturage warashwe n’uko yatemye imbunda n’umuhoro

RDF yasobanuye iby’umuturage warashwe n’uko yatemye imbunda n’umuhoro

Ubwanditsi 24 Jul 2018
Gusohoka mu mwiherero ntaruhushya byatumye Muhitira Felicien atazitabira imikino Olimpike, we avugako yasohotse agiye kunywa umuti umuvura amarozi

Gusohoka mu mwiherero ntaruhushya byatumye Muhitira Felicien atazitabira imikino Olimpike, we avugako yasohotse agiye kunywa umuti umuvura amarozi

Ubwanditsi 30 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yanditse amateka yo kugera muri ¼ cy’imikino ya CAF
IMIKINO

Rayon Sports yanditse amateka yo kugera muri ¼ cy’imikino ya CAF

Ubwanditsi 29 Aug 2018
DRC: Amatora y’Umukuru w’Igihugu yigijwe inyuma imyaka ibiri
Mu Rwanda

DRC: Amatora y’Umukuru w’Igihugu yigijwe inyuma imyaka ibiri

Ubwanditsi 02 Oct 2016
U Rwanda nubwo nta kipe y’abagore izwi rugira gusa ruzitabira imikino ya CECAFA
IMIKINO

U Rwanda nubwo nta kipe y’abagore izwi rugira gusa ruzitabira imikino ya CECAFA

Ubwanditsi 09 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru