• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»DR Congo : Abanyamulenge bashinze umutwe mushya w’Ingabo FAS (Forces Armees Secesionistes )

DR Congo : Abanyamulenge bashinze umutwe mushya w’Ingabo FAS (Forces Armees Secesionistes )

Ubwanditsi 03 Oct 2016 ITOHOZA

Mu gihugu cya DR Congo haravugwa umutwe mushya wa gisirikare ugamije guhirika Perezida Kabila ndetse ugacamo icyo gihugu ibihugu 2 byigenga.

Nkuko ikinyamakuru Umusingi cyabitangaje ngo uyu mutwe mushya ugamije guca akarengane n’ivangura bakorerwa na Leta ya Kabila abavuga Ikinyarwanda.
Uyu mutwe w’igisirikare witwa FAS (Forces Armees Secesionistes )uri mu Ishyaka ryitwa Les Forces novatrices pour union et la Democratie Congolaise(FNUDC) riyobowe na Alex Byicaza Sebatware .

Uyu mutwe mushya utandukanye n’iyindi yose yigeze kuvugwa muri Congo harimo M 23 n’indi itandukanye ukaba uvuga ko bashaka ko Kivu y’Amajyaruguru n’Amajyepfo kiba igihugu kikitwa Repubulika ya Kivu y’Amajyepfo n’Amajyaruguru.

Mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru Umusingi Kuwa 1 Ukwakira 2016 Alex Byicaza abajijwe impamvu yuyu mutwe w’ingabo yagize ati “hari ibintu byinshi izi ngabo zigamije birimo guca akarengane n’ivangura Leta ya Kabila ikorera Abakongomani bavuga ikinyarwanda tukaba dushaka ko tugira igihugu cyacu kigenga kandi turiteguye kubigeraho”.

Alex Byicaza abajijwe niba imigambi yabo bazayigeraho dore ko hari abababanjirije mbere bakananirwa yavuze ko bizeye 100% ko ibyo bagamije bazabigeraho.

Alex Byicaza yagize ati “Kabila ubu nta mbaraga afite kuko ubu tuvugana hari abasirikare benshi cyane bari mugisirikare cye bategereje ko dutangira bakadusanga tugafatanya urugamba.

Avuga ko uru rugamba ruzaba ruyobowe naba General 2 bataramenya amazina yabo ariko bikaba bikekwa ko haba harimo Makenga.

Byicaza Alex akomeza yemeza ko harimo aba General benshi ati kandi noneho dufatanije n’Abakongomani bo muri Katanga nabo bamaze kurambirwa ubutegetsi bwa Perezida Kabila”.

Ni ukuvuga Uvira ,Maniema ,Province Orientale na Katanga nicyo gihugu gishaka kwiyomokora kuri DR Congo .

Alex kandi avuga ko n’Abakongomani bari bashyigikiye Katumbi bose bamaze gushyigikira iki gitekerezo cyo gukuraho Perezida Kabila ndetse no gucamo Congo ibihugu 2 bose bakaba bazahaguruka bakamurwanya umunsi amatora yageze Kabila agashaka kongera kwiyamamaza.

Umwe mu baturage batuye muri Uvira wadusabye ko amazina ye agirwa ibanga kubera umutekano we yatangarije iki kinyamakuru ko hashize iminsi babona ingabo zivuga igiswayiri gusa batazi icyo zishaka n’icyo zigamije kuko babona atari n’ingabo za Leta ya Congo.

-4217.jpg

Alexis Byicaza na Perezida Kabila

Alex Byicaza avuga ko ibikoresho bijyanye no kurwana urugamba babifite bihagije kandi biteguye ko umunsi urugamba ruzatangira bazabona n’ibindi.

Perezida Joseph Kabila akaba muri iyi minsi afite gahunda yo gusura aba Perezida bagenzi be abagisha inama akaba amaze gusura Perezida Museveni wa Uganda ndetse akaba yarasuye na Perezida w’uRwanda Kagame Paul .

Muri iyi minsi akaba yarasuye na Papa Francis ariko ingendo ze zose ni ugushakisha abamufasha akongera kuyobora igihugu cya Congo dore ko abaturage bamaze iminsi bigaragambya bavuga ko batamushaka ko bamurambiwe.

Asoza Ikiganiro yagiranye n’iki kinyamakuru yavuze ko italiki bihaye yo gutangiza urugamba ari taliki 19 Ukuboza 2016 bamaze kumenya ko Kabila yanze kurekura ubutegetsi.

Mu gihe bakivuga ko bategereje ko Perezida Kabila atangaza ko azongera kwiyamamaza ,hasohotse inkuru mu bitangazamakuru bitandukanye ivuga ko amatora muri Congo yigijweyo imyaka ibiri (2).

Byicaza abajijwe ku bijyanye no kongezayo amatora imyaka 2 yasubije muri aya magambo Ntabwo twebwe n’abandi benshi turimubabyemeje kandi ntitubishyigikiye na gato ahubwo ibigiye gukurikiraho bazamenya ko bibeshye kuko itegeko nshinga ntirishobora guhindurwa n’abantu 300, bidakozwe nabaturage.

Source : UMUSINGI

2016-10-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwa rubyaro rw’abajenosideri rwakoranaga na FDLR rwihishwa, noneho rubishyize ku mugaragaro

Rwa rubyaro rw’abajenosideri rwakoranaga na FDLR rwihishwa, noneho rubishyize ku mugaragaro

Ubwanditsi 23 Jun 2024
DRC: Leta yahagaritse ikoreshwa rya internet

DRC: Leta yahagaritse ikoreshwa rya internet

Ubwanditsi 01 Jan 2019
Israel: Apotre Gitwaza yasenze hamanuka umuriro urimo abamalayika 2

Israel: Apotre Gitwaza yasenze hamanuka umuriro urimo abamalayika 2

Ubwanditsi 26 Sep 2016
Umusirirake w’umurundi wafatiwe mu Rwanda yasubijwe u Burundi

Umusirirake w’umurundi wafatiwe mu Rwanda yasubijwe u Burundi

Ubwanditsi 08 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto: Rayon Sports yanganyije na Etincelles i Rubavu
IMIKINO

Amafoto: Rayon Sports yanganyije na Etincelles i Rubavu

Ubwanditsi 26 Apr 2018
[ VIDEO ] Perezida Kagame  yakirwa na Xi Jinping w’u Bushinwa
MULTIMEDIA

[ VIDEO ] Perezida Kagame yakirwa na Xi Jinping w’u Bushinwa

Ubwanditsi 18 Mar 2017
Nyabihu: Abamotari basabwe  kuba mu bashinzwe  gukumira ibyaha hagamijwe impinduka nziza
Mu Mahanga

Nyabihu: Abamotari basabwe kuba mu bashinzwe gukumira ibyaha hagamijwe impinduka nziza

Ubwanditsi 28 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru