• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abarundi basaga 100 babaga mu Rwanda binyuranyije n’amategeko basubijwe iwabo

Abarundi basaga 100 babaga mu Rwanda binyuranyije n’amategeko basubijwe iwabo

Ubwanditsi 25 Jun 2018 HIRYA NO HINO

Abarundi bagera ku 115 babaga mu Rwanda mu buryo bunyuranyije n’amategeko kuri uyu wa Gatandatu, itariki 23 Kamena basubijwe iwabo, aho bakiriwe n’inzego z’ubuyobozi ku Kanyaru, muri Komini Ntega yo mu Ntara ya Kirundo. Baratangaza ko bazize igitero giherutse kugabwa mu Karere ka Nyaruguru bikekwa ko abakigabye baturutse mu Burundi.

Aba Barundi birukanwe mu Rwanda aho bari basanzwe bakorera imirimo itandukanye iciriritse, bavuga ko bahowe gukeka ko igitero giherutse kugabwa mu Karere ka Nyaruguru cyagabwe n’Abarundi.

Abagera kuri 95 muri aba Barundi birukanwe mu Rwanda bakomoka muri iyi komini ya Ntega yo mu Kirundo, abandi basigaye bakaba bakomoka mu Ntara yza Muyinga na Ngozi.

Mu kiganiro bahaye Ijwi rya Amerika, bavuze ko birukanwe babwirwa ngo basubire iwabo I Burundi, babaza imitungo yabo bari bafite uko biri bugende bagasubizwa ko basabwe gusubira iwabo bagashaka ibyangombwa bakabona kugaruka.

Bamwe muri bo bavuga ko bakubiswe ngo batahe mu gihe abandi bavuga ko nta n’uwabariye urwara.

Umwe muri bo yagize ati: “Twebwe nyine twaraye ku murenge, uyu munsi gitifu aratuzindura mu gitondo, tuza ku Kanyaru gutya baratwambutsa. Nta muntu bigeze bakubita.”

Undi nawe ati: “Njye sibankubise inkoni ntubona aho bayinkubise? Barimo badushushubikana ndababwira nti ariko se umuntu iyo murimo muramucyura muratwara mumwirukankana… Dasso yahise ankubita inkoni hano ntubona ko habyimbye?”

Mu birukanwe kandi harimo umugore wirukananwe n’abana ngo yabyaranye n’Umunyarwanda. Avuga ko ubwo abandi babirukanaga batamwirukanye ariko icyatumye bamwiirukana ari uko yatanye na se w’abo bana.

Ati: “Njyewe igitumye banyirukanye n’uko nari nahukanye na se w’abo bana. Ariko bazataha ni Abanyarwanda. Njyewe ikintu nasaba n’uko nazasubizayo abana babo.”

Kuva mu 2016 Abarundi benshi babaga mu Rwanda bagiye birukanwa. Benshi mu birukanwe kuri uyu wa gatandatu bavuga ko bari baretse kubirukana ahanini bitewe n’uko bashakanye n’Abanyarwanda.

Umwe muri bo aragira ati: “Ubwa mbere baratubwiye bati mwebwe mwashakanye n’Abanyarwanda mujye hariya, tujya ku ruhande, baratubwira bati mwebwe, nimugende musange abagore banyu nta burenganzira tubifitiye bwo kubirukana. N’uko byagenze”.

Bamwe muri aba Barundi birukanwe kuri uyu wa Gatandatu batangaje icyo bumva bazize, bavuga ko hari umugitifu uherutse guterwa ndetse bakamutwikira imodoka bikaba byitirirwa Abarundi.

“Niyo mpamvu bahise batwirukana kuko ngo Abarundi barambuka ngo bakaza aho dutuye tukabacumbikira bigatuma bakora ibibi.”

Aba barundi bakomeje bavuga ko kuri ubu bagiye gutura iwabo kandi ngo ntibazasubira mu Rwanda, mu gihe ubuyobozi bwabakiriye buvuga ko bugiye kubafasha uko bushoboye mu gihe butegereje inkunga ya leta.

 

2018-06-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda : Ukwishyirahamwe kwa Bobi Wine na Jose Chameleone bihangayikishije Museveni

Uganda : Ukwishyirahamwe kwa Bobi Wine na Jose Chameleone bihangayikishije Museveni

Ubwanditsi 13 Jul 2019
BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

Ubwanditsi 15 Mar 2019
Umunyamerika wimenyereza umwuga yigize inzobere ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda

Umunyamerika wimenyereza umwuga yigize inzobere ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 02 Dec 2019
Trump yagiranye ibiganiro na Kim Kardashian ku ivugururwa ry’itegeko rigenga gereza

Trump yagiranye ibiganiro na Kim Kardashian ku ivugururwa ry’itegeko rigenga gereza

Ubwanditsi 31 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Toronto Raptors yakoreye amateka kuri Golden State Warriors yegukana NBA ku nshuro ya mbere
IMIKINO

Toronto Raptors yakoreye amateka kuri Golden State Warriors yegukana NBA ku nshuro ya mbere

Ubwanditsi 14 Jun 2019
Methodiste: Rurageretse hagati y’abakristo n’Umushumba Pasiteri Sekimonyo Fidele wabagurishirije urusengero n’ibikoresho by’ubuvuzi
ITOHOZA

Methodiste: Rurageretse hagati y’abakristo n’Umushumba Pasiteri Sekimonyo Fidele wabagurishirije urusengero n’ibikoresho by’ubuvuzi

Ubwanditsi 27 Jun 2017
U Rwanda n’u Butaliyani mu bufatanye bw’ingabo zirwanira mu kirere
ITOHOZA

U Rwanda n’u Butaliyani mu bufatanye bw’ingabo zirwanira mu kirere

Ubwanditsi 24 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru