• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Toronto Raptors yakoreye amateka kuri Golden State Warriors yegukana NBA ku nshuro ya mbere

Toronto Raptors yakoreye amateka kuri Golden State Warriors yegukana NBA ku nshuro ya mbere

Ubwanditsi 14 Jun 2019 IMIKINO

Ku nshuro yayo ya mbere ikina imikino ya nyuma ya shampiyona ya Basketball muri Amerika, NBA, Toronto Raptors yakoze amateka yo kwegukana igikombe nyuma yo gutsinda Golden State Warriors amanota 114-110 mu mukino wa gatandatu wabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu.

Toronto Raptors yegukanye igikombe itsinze Warriors imikino 4-2 muri iri irindwi iba ishoboka, aho Kahwi Leonard na we yatowe nk’umukinnyi wahize abandi muri iyi mikino ya nyuma, MVP, ku mpuzandengo y’amanota 28.5.

Nyuma y’umukino, umutoza wa Toronto Raptors, Nick Nurse yavuze ko yari amezi 12 agoranye kuri iyi kipe ye yegukanye igikombe cya mbere mu myaka 24.

Kawhi Leonard watowe nka MVP, yavuze ko yishimiye kwegukana igikombe n’iki gihembo, avuga ko ari yo mpamvu akina Basketball.

Ati” Iyi ni yo mpamvu nkina Basteball, iki nicyo gituma nkora cyane.”

Golden State Warriors yari ifite ibikombe bibiri bya shampiyona ya NBA biheruka, yagowe n’uyu mukino yakinnye idafite Kevin Durant wavunitse ubushize mu gihe Klay Thompson na we yavunitse mu gace ka gatatu k’umukino w’uyu munsi.

Golden State Warriors yari imbere y’abafana bayo, yatsinzwe agace ka mbere ku manota 33-32 ndetse n’aka kabiri ku manota 27-25. Mu gace ka gatatu yatsinze 31-26, iyobora umukino yashyizemo ikinyuranyo cy’amanota abiri.

Stephen Curry yananiwe gutsinda amanota atatu yagerageje, Golden State Warriors ibura amahirwe yo kujya imbere ya Toronto Raptors ubwo byari 111-110 mbere y’uko Kawhi Leonard atsindira abashyitsi akabafasha kwegukana igikombe.

Uyu wari umukino wa nyuma Golden State Warriors ikiniye muri Oracle Arena mbere yo kwimukira muri Chase Center iri muri San Francisco.

Abakinnyi ba Toronto Raptors bishimira igikombe begukanye ku nshuro ya mbere

Byari agahinda ku bakinnyi ba Golden State Warriors yakinaga imikino ya nyuma ya NBA ku nshuro ya gatanu yikurikiranya

Abafana ba Toronto Raptors basazwe n’ibyishimo

Kyle Lowry wa Toronto Raptors yishimira ko ikipe ye ikomeje kuyobora mu mukino wo kuri uyu wa Gatanu

Kawhi Leonard na DeMarcus Cousins bahanganiye umupira mu mukino wa gatandatu wabaye mu rukerera

Draymond Green wa Golden State Warriors asaba akaruhuko (Time-out) ubwo Stephen Curry yari amaze guhusha amanota atatu mu masegonda ya nyuma

Stephen Curry yananiwe gutsinda amanota atatu mu masegonda ya nyuma y’umukino

Klay Thompson yavunitse mu gace ka gatatu k’uyu mukino

Serge Ibaka wa Toronto Raptors agerageza gutsinda amanota abiri

Abakinnyi batatu ba Raptors bugarira Stephen Curry

Abafana ba Golden State Warriors bari bazanye ibyapa bisingiza Kevin Durant wavunikiye mu mukino wa 5
Src : IGIHE

2019-06-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tombola y’igikombe cy’Amahoro isize Rayon Sports izahura na Musanze FC naho APR FC izahura n’ikipe y’Amagaju

Tombola y’igikombe cy’Amahoro isize Rayon Sports izahura na Musanze FC naho APR FC izahura n’ikipe y’Amagaju

Ubwanditsi 01 Apr 2022
Rutahizamu wa APR FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague arifuzwa na FC Zurich yo mu Busuwisi, biravugwa ko izamutangaho ibihumbi 265€.

Rutahizamu wa APR FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague arifuzwa na FC Zurich yo mu Busuwisi, biravugwa ko izamutangaho ibihumbi 265€.

Ubwanditsi 03 Mar 2021
Mu Bakinnyi Umutoza w’Amavubi yahamagaye harimo na Kevin Monnet Paquet

Mu Bakinnyi Umutoza w’Amavubi yahamagaye harimo na Kevin Monnet Paquet

Ubwanditsi 07 Oct 2020
Mu Budage abakinnyi bemeye kugabanyirizwa umushahara kubera Coronavirus, aba FC Barcelone ntibabivugaho rumwe

Mu Budage abakinnyi bemeye kugabanyirizwa umushahara kubera Coronavirus, aba FC Barcelone ntibabivugaho rumwe

Ubwanditsi 26 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Intsinzi yonyine niyo izaduhesha igikombe, umutoza Ntabanganyimana
Mu Mahanga

Intsinzi yonyine niyo izaduhesha igikombe, umutoza Ntabanganyimana

Ubwanditsi 15 Jun 2016
Nyamasheke: Bamwishe bamukase ijosi bamwambura imyambaro ye barayimuseguza
ITOHOZA

Nyamasheke: Bamwishe bamukase ijosi bamwambura imyambaro ye barayimuseguza

Ubwanditsi 26 Sep 2016
APR FC yatandukanye n’abakinnyi 3, yongerera amasezerano 5 barimo Djabel wahawe amasezerano y’imyaka 4 ndetse igura mu yandi makipe abakinnyi 6
Amakuru

APR FC yatandukanye n’abakinnyi 3, yongerera amasezerano 5 barimo Djabel wahawe amasezerano y’imyaka 4 ndetse igura mu yandi makipe abakinnyi 6

Ubwanditsi 13 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru