• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Toronto Raptors yakoreye amateka kuri Golden State Warriors yegukana NBA ku nshuro ya mbere

Toronto Raptors yakoreye amateka kuri Golden State Warriors yegukana NBA ku nshuro ya mbere

Ubwanditsi 14 Jun 2019 IMIKINO

Ku nshuro yayo ya mbere ikina imikino ya nyuma ya shampiyona ya Basketball muri Amerika, NBA, Toronto Raptors yakoze amateka yo kwegukana igikombe nyuma yo gutsinda Golden State Warriors amanota 114-110 mu mukino wa gatandatu wabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu.

Toronto Raptors yegukanye igikombe itsinze Warriors imikino 4-2 muri iri irindwi iba ishoboka, aho Kahwi Leonard na we yatowe nk’umukinnyi wahize abandi muri iyi mikino ya nyuma, MVP, ku mpuzandengo y’amanota 28.5.

Nyuma y’umukino, umutoza wa Toronto Raptors, Nick Nurse yavuze ko yari amezi 12 agoranye kuri iyi kipe ye yegukanye igikombe cya mbere mu myaka 24.

Kawhi Leonard watowe nka MVP, yavuze ko yishimiye kwegukana igikombe n’iki gihembo, avuga ko ari yo mpamvu akina Basketball.

Ati” Iyi ni yo mpamvu nkina Basteball, iki nicyo gituma nkora cyane.”

Golden State Warriors yari ifite ibikombe bibiri bya shampiyona ya NBA biheruka, yagowe n’uyu mukino yakinnye idafite Kevin Durant wavunitse ubushize mu gihe Klay Thompson na we yavunitse mu gace ka gatatu k’umukino w’uyu munsi.

Golden State Warriors yari imbere y’abafana bayo, yatsinzwe agace ka mbere ku manota 33-32 ndetse n’aka kabiri ku manota 27-25. Mu gace ka gatatu yatsinze 31-26, iyobora umukino yashyizemo ikinyuranyo cy’amanota abiri.

Stephen Curry yananiwe gutsinda amanota atatu yagerageje, Golden State Warriors ibura amahirwe yo kujya imbere ya Toronto Raptors ubwo byari 111-110 mbere y’uko Kawhi Leonard atsindira abashyitsi akabafasha kwegukana igikombe.

Uyu wari umukino wa nyuma Golden State Warriors ikiniye muri Oracle Arena mbere yo kwimukira muri Chase Center iri muri San Francisco.

Abakinnyi ba Toronto Raptors bishimira igikombe begukanye ku nshuro ya mbere

Byari agahinda ku bakinnyi ba Golden State Warriors yakinaga imikino ya nyuma ya NBA ku nshuro ya gatanu yikurikiranya

Abafana ba Toronto Raptors basazwe n’ibyishimo

Kyle Lowry wa Toronto Raptors yishimira ko ikipe ye ikomeje kuyobora mu mukino wo kuri uyu wa Gatanu

Kawhi Leonard na DeMarcus Cousins bahanganiye umupira mu mukino wa gatandatu wabaye mu rukerera

Draymond Green wa Golden State Warriors asaba akaruhuko (Time-out) ubwo Stephen Curry yari amaze guhusha amanota atatu mu masegonda ya nyuma

Stephen Curry yananiwe gutsinda amanota atatu mu masegonda ya nyuma y’umukino

Klay Thompson yavunitse mu gace ka gatatu k’uyu mukino

Serge Ibaka wa Toronto Raptors agerageza gutsinda amanota abiri

Abakinnyi batatu ba Raptors bugarira Stephen Curry

Abafana ba Golden State Warriors bari bazanye ibyapa bisingiza Kevin Durant wavunikiye mu mukino wa 5
Src : IGIHE

2019-06-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amagare: Ikipe y’igihugu  ya magare iritabira  amarushanwa nyafrika muri  Maroc

Amagare: Ikipe y’igihugu ya magare iritabira amarushanwa nyafrika muri Maroc

Ubwanditsi 19 Feb 2016
Sonia ukina filime nyarwanda akeneye 7,000$ ngo akire kanseri

Sonia ukina filime nyarwanda akeneye 7,000$ ngo akire kanseri

Ubwanditsi 09 Mar 2016
Handball 2017: Police yatsinze Nyakabanda 37- 18

Handball 2017: Police yatsinze Nyakabanda 37- 18

Ubwanditsi 14 Feb 2017
Urubanza rw’ibura ry’umuriro muri Stade Huye: Urukiko rwanzuye ko umwe afungwa by’agateganyo

Urubanza rw’ibura ry’umuriro muri Stade Huye: Urukiko rwanzuye ko umwe afungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 06 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Haïti: Abapolisi b’u Rwanda baganirije abaturage ku kamaro k’umuganda
ITOHOZA

Haïti: Abapolisi b’u Rwanda baganirije abaturage ku kamaro k’umuganda

Ubwanditsi 31 Oct 2017
Zambia irashimagiza RwandAir mu kwagura ubukerarugendo mu bihugu byombi
UBUKERARUGENDO

Zambia irashimagiza RwandAir mu kwagura ubukerarugendo mu bihugu byombi

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Breaking : Kongere y’igihugu Idasanzwe ya PL yemeje ko PL ishyigikira kandidatire ya Nyakubahwa Paul Kagame
POLITIKI

Breaking : Kongere y’igihugu Idasanzwe ya PL yemeje ko PL ishyigikira kandidatire ya Nyakubahwa Paul Kagame

Ubwanditsi 04 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru