• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»RDC: Abantu batandatu baguye mu myigaragambyo yo kwamagana Kabila

RDC: Abantu batandatu baguye mu myigaragambyo yo kwamagana Kabila

Ubwanditsi 22 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuryango w’Abibumbye watangaje ko ku Cyumweru, abantu bagera kuri batandatu biciwe mu myigaragarambyo yo kwamagana Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC, Joseph Kabila, n’aho abandi batari bacye bagakomereka.

Muri iyi myigaragambyo yabereye hirya no hino mu gihugu abaturage basabaga ko Kabila warangije manda ye ya kabiri ari nayo ya nyuma mu 2016 yarekura ubutegetsi.

Mu gutatanya abigaragambyaga mu Mujyi wa Kinshasa ahari hoherejwe ingabo za Loni zishinzwe kugarura amahoro muri Congo, Monusco, polisi yakoresheje imyuka iryana mu maso.

Umuvugizi wa Monusco yatangaje ko uretse abapfuye hari n’abagera kuri 50 bakomeretse, mu gihe abandi batari bake batawe muri yombi.

Jean-Baptise Sondji, wigeze kuba Minisitiri yabwiye AFP ko yabonye umwana uri mu kigero cy’imyaka 16 yicirwa imbere ya Kiliziya ya Kitambo muri Kinshasa.

Yagize ati “Imodoka ya gisirikare yanyuze imbere ya Kiliziya, batangira kurasa amasasu ya nyayo. Nagerageje kwihisha, umwana w’umukobwa wari iburyo bw’umuryango yararashwe.”

Iyi myigaragambyo yaje ikurikira indi yabaye mu mpera z’umwaka ushize ikagwamo abagera kuri batanu, yamaganwe n’ubuyobozi ndetse ikorwa nta ruhushya rwabanje gutangwa.

Radio Okapi yatangaje ko ibi bitabujije ko nyuma ya misa ya mbere abaturage batuye Kinshasa, Kisangani na Bukavu bigaragambya. Umunyamakuru wayo nawe yayikomerekeyemo.

Iyi myigaragambyo yanashyigikiwe n’abayoboke b’idini rya Islam, aho mbere y’uko iba umuyobozi wabo, Sheikh Ali Mwinyi M’Kuur yasabye ubuyobozi kutabangamira abigaragambya, mu rwego rwo kwirinda ko havuka imvururu.

Kabila wagiye ku butegetsi mu 2001 asimbuye se Laurent Desiré Kabila, yagombaga kubuvaho ku wa 20 Ukuboza 2016. Amasezerano yabashije kugerwaho nyuma y’umwaka manda ye irangiye ariko ntabone umusimbura yateganyaga ko avaho mu mpera za 2017.

Amatora y’umusimbura yagombaga kuba mu 2016 yagiye yigizwa inyuma ku mpamvu z’uko hari byinshi bijyanye n’imyiteguro bitaranoga, ibintu abatavuga rumwe na leta bahamya ko ari uburyo bwo kugira ngo Kabila agume ku butegetsi. Biteganyijwe ko azaba mu Ukuboza 2018.

2018-01-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyoba, ihungabana no guhuzagurika mu mbwirwaruhame ya Perezida Ndayishimiye

Icyoba, ihungabana no guhuzagurika mu mbwirwaruhame ya Perezida Ndayishimiye

Ubwanditsi 01 Feb 2025
Burundi – Uganda: magendu no kunyereza amafranga ya leta hagati ya Museveni na Nkurunziza, umusaraba k’umutekano w’Africa muri rusange

Burundi – Uganda: magendu no kunyereza amafranga ya leta hagati ya Museveni na Nkurunziza, umusaraba k’umutekano w’Africa muri rusange

Ubwanditsi 16 Sep 2018
FDLR IBUZE UMUBYEYI, AMAHORO AKIZE UMWANZI

FDLR IBUZE UMUBYEYI, AMAHORO AKIZE UMWANZI

Ubwanditsi 24 Jan 2025
U Rwanda Rwabwiye u Bubiligi ko Nta biganiro ku Rubanza Rwaciriwe Rusesabagina

U Rwanda Rwabwiye u Bubiligi ko Nta biganiro ku Rubanza Rwaciriwe Rusesabagina

Ubwanditsi 21 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese noneho Museveni arava kw’izima ko ibibazo atera u Rwanda byashyizwe mu maboko y’abagabo!
INKURU NYAMUKURU

Ese noneho Museveni arava kw’izima ko ibibazo atera u Rwanda byashyizwe mu maboko y’abagabo!

Ubwanditsi 12 Jul 2019
Uganda yakabaye ariyo iharanira ko umubano n’u Rwanda uzanzamurwa- Andrew Mwenda
INKURU NYAMUKURU

Uganda yakabaye ariyo iharanira ko umubano n’u Rwanda uzanzamurwa- Andrew Mwenda

Ubwanditsi 14 Mar 2019
Umwongerezakazi Uwamahoro Violette yafatiwe mu Rwanda akekwaho ubugizi bwa nabi
ITOHOZA

Umwongerezakazi Uwamahoro Violette yafatiwe mu Rwanda akekwaho ubugizi bwa nabi

Ubwanditsi 03 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru