• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Niger yiteguye gushyigikira Kagame ku buyobozi bwa AU “ku kigero cya 200%”

Niger yiteguye gushyigikira Kagame ku buyobozi bwa AU “ku kigero cya 200%”

Ubwanditsi 17 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo gushyikiriza Perezida Kagame impapuro zimwemerera guhagararira Niger mu Rwanda, Rakiatou Mayaki yabwiye abanyamakuru uko Perezida Kagame yubashywe muri Niger.

Ambasaderi Mayaki yavuze ko Perezida Kagame witegura kuyobora Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), ari “umunyafurika uharanira ishema ry’abanyafurika”, ati “ni ibintu bitagibwaho impaka.”

Ku bw’ibyo, Madame Mayaki yavuze ko Niger “yiteguye kumushyigikira ku kigero cya 200%” kuko “yeretse abanyafurika ko n’imisozi umuntu ashobora kuyimura afite ubushake.”

Madame Rakiatou Mayaki ni umwe mu ba-ambasaderi 10 bashyikirije Perezida Kagame impapuro zibemerera guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda, kuri uyu wa 16 Mutarama 2018.

Abandi ni Joanne Lomas w’u Bwongereza, Nicola Bellomo w’Umuryango w’Ubumwe w’u Burayi, Julia Pataki wa Romania, Konstantinos Moatsos w’u Bugereki, Seyed Morteza Mortazavi wa Iran, Oumar Daou wa Mali, Abdall Hassan Eisa Bushara wa Sudan, Ahmed samy Mohamed El-Ansary wa Misiri na Zulit Zewdie Gebremariam wa Ethiopia.

Mu biganiro bahaye itangazamakuru bamaze kwakirwa na Perezida Kagame, bose bahurije ku kuvuga ko ibihugu byabo byiteguye gukorana n’u Rwanda mu nzego zitandukanye.

Madame Rakiatou Mayaki wa Niger yavuze ko we na Perezida Kagame baganiriye “ku mishinga y’iterambere ry’abaturage, imikoranire mu by’ibidukikije, ibikorwaremezo, ubuhinzi n’ubworozi, guteza imbere urubyiruko no kurwanya ibyuka bibi byoherezwa mu kirere.”

Mu gihe Perezida Kagame yitegura kuyobora Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe kuva mu mpera z’uku kwezi, ambasaderi Mayaki yavuze ko Niger izamushyigikira uko ishoboye kose.

Ati “Mbere na mbere hagati y’abaperezida bacu harimo ubushuti buhamye no kubahana, umuvandimwe we Mahamadou Issoufou (Perezida wa Niger), na we akunda Afurika, bakunda iterambere rya Afurika, barashaka gukura Afurika mu bukene, barashaka gukemura ikibazo cy’abanyafurika bari mu bushomeri…”

Mu muhango wo gusangira n’aba ba ambasaderi bashya wabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 16 Mutarama 2018, Perezida Kagame yababwiye ko muri uyu mwaka wa 2018 u Rwanda ruzaharanira ubumwe bw’Abanyafurika kurusha uko byari bimeze.

Yagize ati “Abanyafurika bahereye kera bifuza gukorana no kubaho neza, ndizera ko tuzafatanya mu gutuma babigeraho.”

Yagarutse kuri imwe mu ngamba zigamije gufungurira imiryango Abanyafurika baza mu Rwanda, yibutsa ko uje mu Rwanda ahabwa visa ageze mu Rwanda.

Ati “Ariko bizadusaba kuba maso kurushaho, gushyiraho uburyo bunoze ngo hatagira ikibi kiba tutifuzaga. Naho ubundi twifuza ko umubare w’abadusura n’inshuti zacu wiyongera.”

Kuwa 28 Mutarama 2018 ni bwo Perezida Kagame Paul azatangira kuyobora Umuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU), aho azaba asimbuye Perezida wa Guinea, Alpha Condé.

Ni umwanya ugenda uhererekanywa n’abakuru b’ibihugu hakurikijwe uturere dutanu twa Afurika: Amajyepfo, Amajyaruguru, Uburengerazuba, Iburasirazuba no Hagati.

Agiye kuyobora uyu muryango nyuma y’aho yanagiriwe icyizere akanayobora akanama k’impuguke kari gashinzwe gutegura amavugurura muri uyu muryango.

2018-01-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rudasingwa yateje ubwega ko ibibazo afite yabitewe na Kayumba

Rudasingwa yateje ubwega ko ibibazo afite yabitewe na Kayumba

Ubwanditsi 22 Feb 2018
Umuyobozi Mukuru w’ikinyamakuru Rushyashya Burasa Jean Gualbert yatuvuyemo

Umuyobozi Mukuru w’ikinyamakuru Rushyashya Burasa Jean Gualbert yatuvuyemo

Ubwanditsi 05 May 2020
Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Nicolas Sarkozy , bitunguranye

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Nicolas Sarkozy , bitunguranye

Ubwanditsi 15 Jan 2018
Kofi Annan wari utegerejwe mu Rwanda yitabye Imana ku myaka 80

Kofi Annan wari utegerejwe mu Rwanda yitabye Imana ku myaka 80

Ubwanditsi 19 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umurundi yasimbuye Sezibera ku bunyamabanga bwa EAC
Mu Rwanda

Umurundi yasimbuye Sezibera ku bunyamabanga bwa EAC

Ubwanditsi 06 Mar 2016
Umutwe w’iterabwoba wa RNC urasaba Perezida w’u Burundi kuba umuhuza hagati yawo n’u Rwanda. Ese u Rwanda rwakwemera gushyikirana n’ibyihebe?
Amakuru

Umutwe w’iterabwoba wa RNC urasaba Perezida w’u Burundi kuba umuhuza hagati yawo n’u Rwanda. Ese u Rwanda rwakwemera gushyikirana n’ibyihebe?

Ubwanditsi 23 Mar 2022
Icyamamare mu mibyinire  Sommizi Mhlongo aratwite nyuma yo kwibagisha inda ibyara
Mu Rwanda

Icyamamare mu mibyinire Sommizi Mhlongo aratwite nyuma yo kwibagisha inda ibyara

Ubwanditsi 17 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru