• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Niger yiteguye gushyigikira Kagame ku buyobozi bwa AU “ku kigero cya 200%”

Niger yiteguye gushyigikira Kagame ku buyobozi bwa AU “ku kigero cya 200%”

Ubwanditsi 17 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo gushyikiriza Perezida Kagame impapuro zimwemerera guhagararira Niger mu Rwanda, Rakiatou Mayaki yabwiye abanyamakuru uko Perezida Kagame yubashywe muri Niger.

Ambasaderi Mayaki yavuze ko Perezida Kagame witegura kuyobora Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), ari “umunyafurika uharanira ishema ry’abanyafurika”, ati “ni ibintu bitagibwaho impaka.”

Ku bw’ibyo, Madame Mayaki yavuze ko Niger “yiteguye kumushyigikira ku kigero cya 200%” kuko “yeretse abanyafurika ko n’imisozi umuntu ashobora kuyimura afite ubushake.”

Madame Rakiatou Mayaki ni umwe mu ba-ambasaderi 10 bashyikirije Perezida Kagame impapuro zibemerera guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda, kuri uyu wa 16 Mutarama 2018.

Abandi ni Joanne Lomas w’u Bwongereza, Nicola Bellomo w’Umuryango w’Ubumwe w’u Burayi, Julia Pataki wa Romania, Konstantinos Moatsos w’u Bugereki, Seyed Morteza Mortazavi wa Iran, Oumar Daou wa Mali, Abdall Hassan Eisa Bushara wa Sudan, Ahmed samy Mohamed El-Ansary wa Misiri na Zulit Zewdie Gebremariam wa Ethiopia.

Mu biganiro bahaye itangazamakuru bamaze kwakirwa na Perezida Kagame, bose bahurije ku kuvuga ko ibihugu byabo byiteguye gukorana n’u Rwanda mu nzego zitandukanye.

Madame Rakiatou Mayaki wa Niger yavuze ko we na Perezida Kagame baganiriye “ku mishinga y’iterambere ry’abaturage, imikoranire mu by’ibidukikije, ibikorwaremezo, ubuhinzi n’ubworozi, guteza imbere urubyiruko no kurwanya ibyuka bibi byoherezwa mu kirere.”

Mu gihe Perezida Kagame yitegura kuyobora Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe kuva mu mpera z’uku kwezi, ambasaderi Mayaki yavuze ko Niger izamushyigikira uko ishoboye kose.

Ati “Mbere na mbere hagati y’abaperezida bacu harimo ubushuti buhamye no kubahana, umuvandimwe we Mahamadou Issoufou (Perezida wa Niger), na we akunda Afurika, bakunda iterambere rya Afurika, barashaka gukura Afurika mu bukene, barashaka gukemura ikibazo cy’abanyafurika bari mu bushomeri…”

Mu muhango wo gusangira n’aba ba ambasaderi bashya wabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 16 Mutarama 2018, Perezida Kagame yababwiye ko muri uyu mwaka wa 2018 u Rwanda ruzaharanira ubumwe bw’Abanyafurika kurusha uko byari bimeze.

Yagize ati “Abanyafurika bahereye kera bifuza gukorana no kubaho neza, ndizera ko tuzafatanya mu gutuma babigeraho.”

Yagarutse kuri imwe mu ngamba zigamije gufungurira imiryango Abanyafurika baza mu Rwanda, yibutsa ko uje mu Rwanda ahabwa visa ageze mu Rwanda.

Ati “Ariko bizadusaba kuba maso kurushaho, gushyiraho uburyo bunoze ngo hatagira ikibi kiba tutifuzaga. Naho ubundi twifuza ko umubare w’abadusura n’inshuti zacu wiyongera.”

Kuwa 28 Mutarama 2018 ni bwo Perezida Kagame Paul azatangira kuyobora Umuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU), aho azaba asimbuye Perezida wa Guinea, Alpha Condé.

Ni umwanya ugenda uhererekanywa n’abakuru b’ibihugu hakurikijwe uturere dutanu twa Afurika: Amajyepfo, Amajyaruguru, Uburengerazuba, Iburasirazuba no Hagati.

Agiye kuyobora uyu muryango nyuma y’aho yanagiriwe icyizere akanayobora akanama k’impuguke kari gashinzwe gutegura amavugurura muri uyu muryango.

2018-01-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imbere y’Ubutabera Paul Rusesabagina Yasabye Imbabazi ku bw’Ibikorwa bya FLN Byahitanye Abaturage Bigaragaza Uruhare rwe nk’Umukuru wuwo Mutwe

Imbere y’Ubutabera Paul Rusesabagina Yasabye Imbabazi ku bw’Ibikorwa bya FLN Byahitanye Abaturage Bigaragaza Uruhare rwe nk’Umukuru wuwo Mutwe

Ubwanditsi 14 Sep 2020
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam KUTESA, yahawe inkwenene ubwo yahakanaga ibirego bishinja inzego z’umutekano muri icyo gihugu guhohotera inzirakarengane.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam KUTESA, yahawe inkwenene ubwo yahakanaga ibirego bishinja inzego z’umutekano muri icyo gihugu guhohotera inzirakarengane.

Ubwanditsi 15 Apr 2021
Uko Museveni, Kayumba na Rudasingwa bakina umukino w’ubucabiranya bigira nyoni nyinshi

Uko Museveni, Kayumba na Rudasingwa bakina umukino w’ubucabiranya bigira nyoni nyinshi

Ubwanditsi 12 Jul 2019
Kuki imyifatire yazimwe mu nzego n’Abantu muri Uganda bibangamiye umutekano w’u Rwanda.

Kuki imyifatire yazimwe mu nzego n’Abantu muri Uganda bibangamiye umutekano w’u Rwanda.

Ubwanditsi 20 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutoza wa Young Africans yatangaje amagambo akomeye mbere yo guhura na Rayon Sports
IMIKINO

Umutoza wa Young Africans yatangaje amagambo akomeye mbere yo guhura na Rayon Sports

Ubwanditsi 16 May 2018
Karongi: Abaturage barasabwa kugira uruhare mu gukumira ubujura bwa mazutu y’isosiyeti ikora umuhanda
Mu Mahanga

Karongi: Abaturage barasabwa kugira uruhare mu gukumira ubujura bwa mazutu y’isosiyeti ikora umuhanda

Ubwanditsi 02 Feb 2016
Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru
Amakuru

Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru

Ubwanditsi 11 Jun 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru