• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Minisitiri Sezibera yahishuye imvano y’amakuru y’impuha amaze iminsi avugwa ku buzima bwe

Minisitiri Sezibera yahishuye imvano y’amakuru y’impuha amaze iminsi avugwa ku buzima bwe

Ubwanditsi 03 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA

Ku nshuro ya mbere mu gihe kigera hafi ku mezi abiri, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane w’u Rwanda Dr. Richard Sezibera, yagize icyo avuga ku makuru yavuzwe ku buzima bwe, aho yagaye abayakwirakwije, abagereranya n’ “abanyamagambo b’abagambanyi”.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri 3 Nzeri 2019, Minisitiri Sezibera yanyujije ubutumwa ku rubuga rwa Twitter, aho yatangaga igitekerezo ku butumwa bw’Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ushinzwe umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba Amb. Olivier Nduhungirehe.

Ubutumwa bwa Amb. Nduhungirehe bwavugaga ku makuru yatangajwe ku buzima bwa Minisitiri Sezibera, amwe ndetse akaba yaremezaga ko yitabye Imana, binyujijwe kuri konti ya twitter y’impimbano iri mu mazina ye (Nduhungirehe).

Minisitiri Sezibera atanga igitekerezo ku butumwa bwa Nduhungirehe yagize ati “Ni abanyamagambo b’abagambanyi. Bamwe muri bo ni abicanyi binjira mu mabanga y’abandi, abanyabwenge buringaniye, batagira imitekerereze. Ntimubategerezeho byinshi….”

Mu butumwa bwe Amb. Nduhungirehe yanyujije kuri twitter kuwa 31 Kanama 2019, yagize ati “Bagerageje gikwiza ikinyoma (amakuru atari yo) ku buzima bwa Minisitiri Sezibera. Bayakwirakwije ku ma radio yabo avugira kuri interineti, no mu tunyamakuru twabo dutoya. None n’ubu barashaka gukomeza gukwirakwiza ku mahuriro ya whatsapp amakuru y’ibinyoma yatambutse kuri twitter yahimbwe mu izina ryanjye. Bakorwe n’isoni”.

 

Ubuzima bwa Minisitiri Sezibera akaba n’umuvugizi wa Guverinoma, bumaze iminsi buvugwaho amakuru y’ibinyoma, ariko yatijwe umurindi n’ikinyamakuru cyo muri Uganda kitwa ‘Command Post’, bivugwa ko cyaba cyegamiye ku mutwe w’ingabo za Uganda ushinzwe ubutasi (CMI).

Inkuru ya mbere y’icyo kinyamakuru yatangajwe kuwa 7 Kanama 2019, ivuga ko gifite amakuru ku buzima bwa Minisitiri Sezibera kandi cyahawe n’abo mu muryango we.

Leta y’u Rwanda yakunze kwamagana ayo makuru y’ibihuha, ndetse Guverinoma ikabuza abantu kuyavugaho mu ruhame, ariko akenshi Amb. Nduhungirehe yakunze kugaragaza ko ayo ari amakuru y’ibihuha bidafite aho bishingiye.

Aya makuru y’ibinyoma kandi nyuma yaje gutizwa umurindi n’umuvugizi wa Guverinoma ya Uganda Ofwono Opondo, aho tariki ya 8 Kanama yanyujije kuri twitter inkuru ya ‘Command Post’, yavugaga ko Minisitiri Sezibera yari yiyemereye ko arwariye bikomeye mu bitaro byo muri Kenya.

Iyo nkuru yaje mu gihe umubano w’u Rwanda na Uganda utari umeze neza, yagaragaye nk’ikimenyetso cy’ubushotoranyi, ndetse icyo gihe Amb. Nduhungirehe yamaganiye kure Opondo ku gukwirakwiza ibihuha.

Icyo gihe yagize ati “Ngubu ubutumwa bwa Ofwono Opondo, umuvugizi wa Guverinoma ya Uganda, bukwirakwiza amakuru y’ibinyoma, aturuka mu kanyamakuru kadafashe, kegamiye kuri CMI”.

INKURU BIFITANYE ISANO :

Uganda: Hari Byinshi Leta Ya Museveni Igomba Gusobanurira Abaturage Bayo Kurusha Gukwirakwiza Ibihuha Ku Buzima Bw’abayobozi Mu Rwanda

Ikinyamakuru Command Post na cyo cyakomeje kugaragaza ko Minisitiri Sezibera bikekwa ko yarozwe, aheruka kugaragara mu ruhame ku itariki ya 11 Nyakanga 2019 I London mu Bwongereza.

Ku itariki ya 15 kanama, Command Post yongeye kwandika inkuru ivuga ko yari ifite amakuru yizewe, ko Minisitiri Sezibera yariye ibyo kurya bihumanye, kandi ko abo mu muryango we batari bemerewe kumusura. Icyo gihe na bwo, u Rwanda rwamaganye iyo nkuru, ruvuga ko ari ibihuha.

Dr. Richard Sezibera yaherukaga kwandika kuri twitter tariki ya 14 Nyakanga, aho yavugaga ko u Rwanda rwateye intambwe y’ingirakamaro, rugirana imikoranire na Banki ya Aziya y’Ibikorwaremezo (Asian Infrastructure Bank).

Icyo gihe yahise asa n’ubuze ku mbuga nkoranyambaga, gusa yongeye kugaragaraho kuwa 26 Kanama, asangiza abamukurikira ibitekerezo bya Perezida wa repubulika Paul Kagame.

 

2019-09-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu mukino wo gusiganwa ku magare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu mukino wo gusiganwa ku magare

Ubwanditsi 28 Sep 2025
Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Ubwanditsi 18 Jul 2022
Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda

Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Jun 2025
Diane Rwigara n’Umuryango we nyuma  yo guhatwa ibibazo  baraye basubijwe murugo na Polisi

Diane Rwigara n’Umuryango we nyuma yo guhatwa ibibazo baraye basubijwe murugo na Polisi

Ubwanditsi 05 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Urwego rw’iperereza rwa gisirikare (CMI) rwashimuse abandi banyarwanda, Darius Kayobera n’umugore we Claudine Uwineza
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Urwego rw’iperereza rwa gisirikare (CMI) rwashimuse abandi banyarwanda, Darius Kayobera n’umugore we Claudine Uwineza

Ubwanditsi 30 Jan 2019
Eric Nshimiyimana yabonye intsinzi ya mbere kuva agizwe umutoza mukuru wa Bugesera FC
Amakuru

Eric Nshimiyimana yabonye intsinzi ya mbere kuva agizwe umutoza mukuru wa Bugesera FC

Ubwanditsi 18 Feb 2023
Africa iramutse ari igihugu ngo Kagame niwe bagiha akakiyobora
Mu Rwanda

Africa iramutse ari igihugu ngo Kagame niwe bagiha akakiyobora

Ubwanditsi 13 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru