• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Minisitiri Sezibera yahishuye imvano y’amakuru y’impuha amaze iminsi avugwa ku buzima bwe

Minisitiri Sezibera yahishuye imvano y’amakuru y’impuha amaze iminsi avugwa ku buzima bwe

Ubwanditsi 03 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA

Ku nshuro ya mbere mu gihe kigera hafi ku mezi abiri, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane w’u Rwanda Dr. Richard Sezibera, yagize icyo avuga ku makuru yavuzwe ku buzima bwe, aho yagaye abayakwirakwije, abagereranya n’ “abanyamagambo b’abagambanyi”.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri 3 Nzeri 2019, Minisitiri Sezibera yanyujije ubutumwa ku rubuga rwa Twitter, aho yatangaga igitekerezo ku butumwa bw’Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ushinzwe umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba Amb. Olivier Nduhungirehe.

Ubutumwa bwa Amb. Nduhungirehe bwavugaga ku makuru yatangajwe ku buzima bwa Minisitiri Sezibera, amwe ndetse akaba yaremezaga ko yitabye Imana, binyujijwe kuri konti ya twitter y’impimbano iri mu mazina ye (Nduhungirehe).

Minisitiri Sezibera atanga igitekerezo ku butumwa bwa Nduhungirehe yagize ati “Ni abanyamagambo b’abagambanyi. Bamwe muri bo ni abicanyi binjira mu mabanga y’abandi, abanyabwenge buringaniye, batagira imitekerereze. Ntimubategerezeho byinshi….”

Mu butumwa bwe Amb. Nduhungirehe yanyujije kuri twitter kuwa 31 Kanama 2019, yagize ati “Bagerageje gikwiza ikinyoma (amakuru atari yo) ku buzima bwa Minisitiri Sezibera. Bayakwirakwije ku ma radio yabo avugira kuri interineti, no mu tunyamakuru twabo dutoya. None n’ubu barashaka gukomeza gukwirakwiza ku mahuriro ya whatsapp amakuru y’ibinyoma yatambutse kuri twitter yahimbwe mu izina ryanjye. Bakorwe n’isoni”.

 

Ubuzima bwa Minisitiri Sezibera akaba n’umuvugizi wa Guverinoma, bumaze iminsi buvugwaho amakuru y’ibinyoma, ariko yatijwe umurindi n’ikinyamakuru cyo muri Uganda kitwa ‘Command Post’, bivugwa ko cyaba cyegamiye ku mutwe w’ingabo za Uganda ushinzwe ubutasi (CMI).

Inkuru ya mbere y’icyo kinyamakuru yatangajwe kuwa 7 Kanama 2019, ivuga ko gifite amakuru ku buzima bwa Minisitiri Sezibera kandi cyahawe n’abo mu muryango we.

Leta y’u Rwanda yakunze kwamagana ayo makuru y’ibihuha, ndetse Guverinoma ikabuza abantu kuyavugaho mu ruhame, ariko akenshi Amb. Nduhungirehe yakunze kugaragaza ko ayo ari amakuru y’ibihuha bidafite aho bishingiye.

Aya makuru y’ibinyoma kandi nyuma yaje gutizwa umurindi n’umuvugizi wa Guverinoma ya Uganda Ofwono Opondo, aho tariki ya 8 Kanama yanyujije kuri twitter inkuru ya ‘Command Post’, yavugaga ko Minisitiri Sezibera yari yiyemereye ko arwariye bikomeye mu bitaro byo muri Kenya.

Iyo nkuru yaje mu gihe umubano w’u Rwanda na Uganda utari umeze neza, yagaragaye nk’ikimenyetso cy’ubushotoranyi, ndetse icyo gihe Amb. Nduhungirehe yamaganiye kure Opondo ku gukwirakwiza ibihuha.

Icyo gihe yagize ati “Ngubu ubutumwa bwa Ofwono Opondo, umuvugizi wa Guverinoma ya Uganda, bukwirakwiza amakuru y’ibinyoma, aturuka mu kanyamakuru kadafashe, kegamiye kuri CMI”.

INKURU BIFITANYE ISANO :

Uganda: Hari Byinshi Leta Ya Museveni Igomba Gusobanurira Abaturage Bayo Kurusha Gukwirakwiza Ibihuha Ku Buzima Bw’abayobozi Mu Rwanda

Ikinyamakuru Command Post na cyo cyakomeje kugaragaza ko Minisitiri Sezibera bikekwa ko yarozwe, aheruka kugaragara mu ruhame ku itariki ya 11 Nyakanga 2019 I London mu Bwongereza.

Ku itariki ya 15 kanama, Command Post yongeye kwandika inkuru ivuga ko yari ifite amakuru yizewe, ko Minisitiri Sezibera yariye ibyo kurya bihumanye, kandi ko abo mu muryango we batari bemerewe kumusura. Icyo gihe na bwo, u Rwanda rwamaganye iyo nkuru, ruvuga ko ari ibihuha.

Dr. Richard Sezibera yaherukaga kwandika kuri twitter tariki ya 14 Nyakanga, aho yavugaga ko u Rwanda rwateye intambwe y’ingirakamaro, rugirana imikoranire na Banki ya Aziya y’Ibikorwaremezo (Asian Infrastructure Bank).

Icyo gihe yahise asa n’ubuze ku mbuga nkoranyambaga, gusa yongeye kugaragaraho kuwa 26 Kanama, asangiza abamukurikira ibitekerezo bya Perezida wa repubulika Paul Kagame.

 

2019-09-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imigambi ya Museveni yo gushaka kuyobora u Rwanda, ikibazo ku mudendezo w’akarere

Imigambi ya Museveni yo gushaka kuyobora u Rwanda, ikibazo ku mudendezo w’akarere

Ubwanditsi 17 Jun 2019
Sobanukirwa impamvu iteka Umushakashatsi Tom Ndahiro adafata Ingabire Victoire Umuhoza nk’Umunyapolitike ahubwo akamufata nk’Umujenosoideri w’Umugome

Sobanukirwa impamvu iteka Umushakashatsi Tom Ndahiro adafata Ingabire Victoire Umuhoza nk’Umunyapolitike ahubwo akamufata nk’Umujenosoideri w’Umugome

Ubwanditsi 09 Sep 2021
Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Ubwanditsi 11 Feb 2025
Mbarara: Inzego z’Ubutasi  zambitse ubusa Abanyarwandakazi ngo zireba uko bateye

Mbarara: Inzego z’Ubutasi zambitse ubusa Abanyarwandakazi ngo zireba uko bateye

Ubwanditsi 12 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri
Amakuru

Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri

Ubwanditsi 16 Jul 2025
Nyirabayazana y’Urupfu rwa Makuza ( Rwanda Foam )
Mu Mahanga

Nyirabayazana y’Urupfu rwa Makuza ( Rwanda Foam )

Ubwanditsi 03 Nov 2016
Dr Martin yavuze ko Fondation ya Rusesabagina yagiraga uruhare mu kotsa igitutu amahanga ndetse yanafashije mu gutanga amakuru menshi afifitse yifashishijwe mu ngirwa raporo yitwa Mapping Report
Amakuru

Dr Martin yavuze ko Fondation ya Rusesabagina yagiraga uruhare mu kotsa igitutu amahanga ndetse yanafashije mu gutanga amakuru menshi afifitse yifashishijwe mu ngirwa raporo yitwa Mapping Report

Ubwanditsi 25 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru