• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Ubwanditsi 11 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Muri iyi minsi, abasirikare b’u Burundi bakomeje koherezwa ku bwinshi kandi ku gahato mu burasirazuba bwa Kongo, ahamaze kugera abasaga bihumbi cumi na bibiri(12.000).

Ni intambara ubutegetsi bwa Ndayishimiye na CNDD-FDD ye bwashoyemo abana b’Abarundi ngo buzuze imifuka ya Ndayishimiye, wemeye gufasha Felix Tshisekedi ngo arimbure abanyagihugu yari ashinzwe kurinda.

Muri ayo masezerano y’amaraso, bivugwa ko buri kwezi Perezida Ndayishimiye abona nibura ibihumbi bitanu by’amadorali (5000$) kuri buri musirikare w’Umurundi woherejwe muri Kongo.

Magingi aya, bamwe mu Barundi bari mu gihirahiro kuko ingabo zakabaye zibacungira umutekano ziri koherezwa mu muriro w’amasasu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ahi ziri gushyira mu bikorwa umugambi wa Leta ya Kinshasa wo kurimbura Abakongomani bavuga ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi, umugambi Ndayishimiye yumva neza kandi ashyigikiye.

Nyuma y’uko abasirikare b’uBurundi batsindiwe na M23 ku rugamba ndetse amagana y’Abarundi akahatikirira, byateye ubwoba bwinshi bagenzi babo basigaye mu gihugu, bahora bibaza impamvu bagenzi babo batagaruka cyangwa ngo basimburwe. Izo mpungenge zatumye hari abafashe umwanzuro wo kwanga kujya muri Kongo.

Perezida Ndayishimiye aherutse kubwira abahagariye ibihugu byabo mu Burundi ko intambara bazayigira iy’akarere, mu gihe yagera mu gihugu cyabo. Ikibazo benshi bibaza rero, yarwanirwa nande ko ingabo hafi ya zose yazohereje gutikirira muri Kongo, kandi imirambo ikaba itarwana?

Mu gihe izi ngabo zikomeje kuburira ubuzima muri Kongo, Leta y’uBurundi yafashe umwanzuro wo gutoza urubyiruko rwo mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi, rwitwa ‘’Imbonerakure’’, abo basore n’inkumi bakaba ari bamwe mu bakomeje gupfira mu burasirazuba bwa Kongo.

Ubwo twateguraga iyi nkuru, twari tumaze kumenya urupfu rwa Maj Evariste Ndayizeye warasiwe hafi y’ikibuga cy’indege cya Kavumu, muri Kivu y’Amajyepfo. Uyu Ndayizeye aje yongera urutonde rurerure rw’abasirikari bakuru b’uBurundi banaze kugwa muri Kongo, nyuma y’abandi nka Maj Ernest Gashirahamwe, Maj Onesphore Ndayiragije, Maj Pascal Ngendakumana, Maj Adrien Sindayihebura, n’abandi baguye mu mikaka ya M23, bita “Intare za Sarambwe”.

Mu gaahinyaguro kenshi, iyo hari utinyutse kubaza irengero ry’abo basirikari, Ndayishimiye avuga ko bagiye muri M23 n’umutwe urwanya ubutegetsi bwe wa RED-TABARA!

Kuba abana b’uBurundi bapfa nk’ibimonyo, abandi benshi bagafatwa mpiri, ntacyo bibwiye Ndayishimiye, igifu cye gipfa gusa kuba cyuzuye. Icyo yirengagiza ariko, ni uko amateka yo atibagirwa. Amaherezo ayo maraso azayaryozwa!

 

2025-02-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Volleyball: Uko amakipe azahura mu mikino ya “Playoffs”

Volleyball: Uko amakipe azahura mu mikino ya “Playoffs”

Ubwanditsi 28 Jun 2016
Amafoto – Imanizabayo Eric uzwi nka Radio yegukanye isiganwa ry’amagare ryavaga I Kigali ryerekeza mu Karere ka Gicumbi

Amafoto – Imanizabayo Eric uzwi nka Radio yegukanye isiganwa ry’amagare ryavaga I Kigali ryerekeza mu Karere ka Gicumbi

Ubwanditsi 28 Nov 2021
Polisi iraburira ababyeyi n’amashuri nyuma y’uburangare bukabije bugaragara ku batwara abana babo

Polisi iraburira ababyeyi n’amashuri nyuma y’uburangare bukabije bugaragara ku batwara abana babo

Ubwanditsi 15 Jun 2016
Byahuriranye? Rayon Sports yatandukanye n’umutoza Afahmia Lofti, Paul Muvunyi atumiza inama y’intekorusange

Byahuriranye? Rayon Sports yatandukanye n’umutoza Afahmia Lofti, Paul Muvunyi atumiza inama y’intekorusange

Ubwanditsi 15 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yatsindiwe muri Tunisia, isezererwa muri CAF Champions League, itarenze umutaru
IMIKINO

APR FC yatsindiwe muri Tunisia, isezererwa muri CAF Champions League, itarenze umutaru

Ubwanditsi 05 Dec 2018
Amakipe abiri y’umupira w’amaguru mu Rwanda yahagaritswe umwaka
IMIKINO

Amakipe abiri y’umupira w’amaguru mu Rwanda yahagaritswe umwaka

Ubwanditsi 08 Sep 2018
Antoine Hey yakoze impinduka ebyiri ku mukino akina na Algeria
IMIKINO

Antoine Hey yakoze impinduka ebyiri ku mukino akina na Algeria

Ubwanditsi 10 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru