Sena ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yemeje umushinga w’itora rya kamarampaka rigamije guhindura Itegeko Nshinga, isaba ko havugururwa ibijyanye n’urutonde rw’abazatora.
Uyu mushinga watowe n’abasenateri 89 mu 109 bagize Sena ya RDC ku wa 15 Kamena 2026, nyuma y’iminsi itandatu abadepite na bo bawutoye ku bwiganze busesuye.
Urutonde rw’abo biteganyijwe ko bazatora kamarampaka, abadepite bifuje ko rwaba ruriho abadepite, abasenateri, abagize inteko zo ku rwego rw’intara ndetse n’abajyanama ba za komini zigize imijyi itandukanye.
Abasenateri bo basabye ko abajyanama ba za komini bakurwa mu bagize inteko izatora kamarampaka, kandi iyo nteko y’agateganyo ikazayoborwa Perezida wa Sena afatanyije n’uw’umutwe w’abadepite.
Nyuma y’ibiganiro byahuje impande zombi, Sena n’umutwe w’abadepite byumvikanye ko Perezida w’abadepite ari we uzayobora inteko izatora kamarampaka, yungirizwe n’uwa Sena, kandi ko abajyanama ba za komini bakuwemo.
Sena n’umutwe w’abadepite byumvikanye ko izi mpinduka zishyikirizwa Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi, azemeze. Bigaragara ko nta kabuza, amatora ya kamarampaka azaba mu gihe cya vuba.
Senateri Salomon Kalonda uhagarariye ishyaka Ensemble muri Sena ni umwe muri bake barwanyije umushinga wa kamarampaka. Yashinje Tshisekedi gushaka kugundira ubutegetsi, amusaba kwisubiraho.
Kalonda yagize ati “Gushaka guhindura Itegeko Nshinga muri RDC kugira ngo ugundire ubutegetsi ni ukwica dipolomasi no kongerera imbaraga guca igihugu mo ibice. Bwana Perezida, haracyari igihe cyo kwisubiraho.”
Abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC bashinze ihuriro bise C64, basobanura ko rigamije kurengera Itegeko Nshinga mu gihe umugambi wo kurihindura ukomeje. Abo barimo Martin Fayulu, Delly Sesanga na Moïse Katumbi.


