• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Museveni kohereza Kutesa mu Rwanda bishobora kugira icyo bifasha abakorerwa iyicarubozo Kampala

Museveni kohereza Kutesa mu Rwanda bishobora kugira icyo bifasha abakorerwa iyicarubozo Kampala

Ubwanditsi 06 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Uganda, Sam Kutesa,  yari hano mu Rwanda ejo akaba yarashyikirije Perezida Kagame ubutumwa yari yahawe na Perezida Museveni.

Nubwo Sam Kutesa kuza hano mu Rwanda akabonana na Perezida Kagame byaje bitunguye benshi ariko Minisiteri z’Ububanyi n’Amahanga z’ibihugu byombi zirabyemeza kandi bishobora kugira umusaruro byatanga kuko umubano hagati y’u Rwanda na Uganda wari umaze kuzamo agatotsi n’ubwo byari bitaragera ku bushyamirane bukomeye cyane, ariko byigaragaza yuko ariho byaganishaga !

Amakuru dukesha ChimpReports yandikirwa muri Uganda, nayo iyakesha Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’icyo gihugu, avuga yuko ibiganiro hagati ya Perezida Kagame na Minisitiri Sam Kutesa byari mu muhezo ukomeye ku buryo ntawundi muntu wabyitabiriye uretse Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo.

Ibyo biganiro hagati ya Kagame na Kutesa byabereye muri Village Urugwiro bimara amasaha abiri, ngo ahanini Kutesa asobanurira Perezida Kagame yuko nta cyatera u Rwanda giturutse Uganda !

Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa

Hamaze iminsi havugwa umwuka mubi hati y’u Rwanda na Uganda aho ikinyamakuru Red Papper m’Ugushyingo umwaka ushize cyasohoye inkuru igaragaza ukuntu ubutegetsi muri Uganda bwari mu bikorwa byo gushaka guhirika ubutegetsi mu Rwanda.

Amakuru atugeraho avuga yuko iyo nkuru yarakaje cyane Perezida Museveni bituma abayobozi bose b’icyo kinyamakuru bafungwa nacyo kirahagarikwa.

Nta wamenya neza yuko uko kurakara kwa Museveni kwatewe n’uko ibyo Red Papper yari yanditse byari ibinyoma cyangwa ari uko yari yamennye amabanga Museveni atifuzaga yuko yamenyekana. Ariko amakuru kuva ahantu hatandukanye yakomeje kugaragaza yuko ku butaka bwa Uganda hari abarwanyi bo muri RNC ya ba Kayumba Nyamwasa bahakoreraga imyitozo ya gisirikare babifashijwemo n’urwego rw’ubutasi bw’igisirikare cya Uganda (CMI).

Ikindi cyakomeje kwigaragaza n’uko iyo CMI yakomeje gufunga no gukorera iyica rubozo Abanyarwanda yitaga yuko bari muri Uganda kunekera leta y’u Rwanda. Ibyo byaje gutuma u Rwanda rusaba ibisobanuro, Kutesa akaba aribyo yari yaje guha Perezida Kagame.

Icyo ariko bitoroshye umuntu kuba yahita asobanukirwa ni impamvu Minisitiri Kutesa yaje hano mu Rwanda aturutse muri Tanzania aho naho yari ashyiriye Perezida John Pombe Magufuli ubundi butumwa kuva kuri Perezida Museveni. Amakuru avuga yuko Kutesa yamaranye  na Magufuri amasaha angana nk’ayo yamaranye na Kagame !

2018-01-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Breaking news: Dr Musafiri Papias Malimba na Jean Philbert Nsengimana ntibakibarizwa muri Guverinoma

Breaking news: Dr Musafiri Papias Malimba na Jean Philbert Nsengimana ntibakibarizwa muri Guverinoma

Ubwanditsi 06 Dec 2017
Museveni yazamuye mu ntera abayobozi ba CMI, Abel Kandiho na C.K Asiimwe,  bashinjwa gushyigikira abahungabanya umutekano w’u Rwanda

Museveni yazamuye mu ntera abayobozi ba CMI, Abel Kandiho na C.K Asiimwe,  bashinjwa gushyigikira abahungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 29 Mar 2020
Imitwe igize Wazalendo yakozanyijeho mu marembo ya Goma bapfa amafaranga bane barahagwa

Imitwe igize Wazalendo yakozanyijeho mu marembo ya Goma bapfa amafaranga bane barahagwa

Ubwanditsi 25 Oct 2023
Uganda: Gen Kale Kayihura Mu Nzira Zerekeza Mu Rukiko Nyuma Y’amezi Asaga Abiri Afunze

Uganda: Gen Kale Kayihura Mu Nzira Zerekeza Mu Rukiko Nyuma Y’amezi Asaga Abiri Afunze

Ubwanditsi 23 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ndorimana Jean François Régis yagizwe Perezida w’agateganyo w’Umuryango Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal yahawe kuyobora ikigo kizajya gicunga iyo kipe
Amakuru

Ndorimana Jean François Régis yagizwe Perezida w’agateganyo w’Umuryango Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal yahawe kuyobora ikigo kizajya gicunga iyo kipe

Ubwanditsi 09 Jan 2023
U Rwanda rufashe iya mbere mu mpinduka zigaragara mu mibanire mpuzamahanga.
POLITIKI

U Rwanda rufashe iya mbere mu mpinduka zigaragara mu mibanire mpuzamahanga.

Ubwanditsi 31 Oct 2016
Mu bayoboke 40 b’Itorero rya ADEPR rikorera Kibuye- Kampala, bafashwe na CMI, harimo 9 ba RNC  
INKURU NYAMUKURU

Mu bayoboke 40 b’Itorero rya ADEPR rikorera Kibuye- Kampala, bafashwe na CMI, harimo 9 ba RNC  

Ubwanditsi 05 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru