• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Gen Kale Kayihura Mu Nzira Zerekeza Mu Rukiko Nyuma Y’amezi Asaga Abiri Afunze

Uganda: Gen Kale Kayihura Mu Nzira Zerekeza Mu Rukiko Nyuma Y’amezi Asaga Abiri Afunze

Ubwanditsi 23 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Uwahoze ari umukuru w’Igipolisi cya Uganda, Gen Kale Kayihura kuri uyu wa Kane ashobora kugezwa bwa mbere imbere y’urukiko rwa gisirikare nyuma y’amezi asaga abiri afunze, aho ashobora gushinjwa ibyaha bigera kuri bine nk’uko amakuru yagiye ahagaragara ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu avuga.

Gen Kale Kayihura wamaze imyaka 13 akuriye igipolisi cya Uganda ategerejweho kugezwa imbere y’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Makindye ashinjwa ibyaha bifitanye isano no gukoresha umwanya we mu buryo bunyuranyije n’amategeko no kwirengagiza inshingano ze.

Biteganyijwe ko ashobora kugezwa imbere y’urukiko kuri uyu wa Kane, itariki 23 Kanama 2018.

Nubwo byavuzwe gutyo, umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Brig. Richard Karemire yabwiye Chimpreports dukesha iyi nkuru ko uru rukiko rwa gisirikare kuri uyu wa Kane rwerekeza mu majyaruguru ya Uganda muri Gulu aho ruba rugiye kumva urubanza rwa Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine). Uyu akaba yavuze ko kuba perezida w’uru rukiko, Lt Gen Andrew Gutti ategerejwe mu majyaruguru kubw’ibyo bikaba bishobora kutaza kumukundira no kuba Makindye kumva urundi rubanza.

Gusa, ngo byashobokaga ko ashobora kubanza kumva urubanza rwa Kayihura muri iki gitondo mbere yo kwerekeza muri Gulu kumva ikibazo cya Kyagulanyi.

Bamwe mu bayobozi bakuru bavuga ko Kayihura ashinjwa byibuze ibyaha bigera kuri bine, birimo icyo gucyura ku ngufu uwahoze ari umwe mu bashinzwe umutekano wa Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame.

Lt Joel Mutabazi wari warahungiye muri Uganda mbere yo kugarurwa mu Rwanda mu Ukwakira mu 2013, yaje guhanwa n’urukiko mu Rwanda nyuma yo kumuhamya ibyaha bifitanye isano no guhungabanya umutekano w’igihugu.

Kugeza ubu abandi bapolisi ba Uganda barimo Joel Aguma na Nixon Agasirwe nabo barafunze bashinjwa uruhare mu gucyura Lt Joel Mutabazi.

Iki kinyamakuru ariko gikomeza kivuga ko cyo kitarabona urupapuro rugaragaza ibyaha Kayihura ashinjwa. Ariko, abakoranye na Kayihura batifuje ko amazina yabo atangazwa, bavuze ko ubwo Mutabazi yasubizwaga mu Rwanda, Gen kayihura atari muri Uganda kandi atigeze atanga amabwiriza yo gufata Mutabazi.

Ikindi cyaha Kayihura ashobora gushinjwa ngo ni icyo kuba yaragize uruhare mu itoroka ry’uwari ushinzwe ikoranabuhanga n’itumanaho mu gipolisi, Amos Ngabirano. Uyu unafite ubwenegihugu bw’u Bwongereza, ngo yabashije guhunga igihugu bucece nyuma yo kumenya ko yatangiye gukorwaho iperereza.

Ngabirano ngo akaba yarashinjwaga ruswa no kumena amabanga arebana n’umutekano w’igihugu ariko we akabihakana avuga ko azira umubano wa hafi yari afitanye na Kayihura. Kugeza ubu nta wuzi aho aherereye nubwo ngo hari inshuti ze zamubonye I Dubai.

Ikibazo cy’imbunda

Icyaha cya gatatu ngo Gen kayihura ashobora gushinjwa ni icyo kua yarahaye amabwiriza akoresheje umunwa CP Frank Mwesigwa yo kohereza imbunda zigera ku 3,000 ku Ishuri rya Polisi rya Kabalye.

Umuvugizi w’igipolisi, Emilian Kayima ariko akaba aherutse guhakana amakuru yavugaga ko muri iri shuri haburiye imbunda zigera ku 4,000 ndetse yongeraho ko nta perereza azi riri gukorwa na CMI cyangwa ISO kuri iki kibazo.

Icyaha cya kane rero ngo ashobora gushinjwa ni icyo guha intwaro Abdul Kitatta, umuyobozi w’umutwe wiswe Boda Boda 2010, aho bivugwa ko Kayihura yawuhaye imbunda n’amasasu.

Abayobozi bavuganye na Chimpreports kandi bakomeje bavuga ko iperereza rishobora kuba ryarataye ikirego cyo kwica AIGP Andrew Kaweesi kuko ibimenyetso byashinjaga Kayihura byasanzwe bishobora kuba byarahimbwe.

Gen Kale Kayihura yatawe muri yombi akuwe ku ifamu ye iherereye ahitwa Kashagama mu Karere ka Lyantonde kuwa 13 Kamena ajya gufungirwa mu kigo cya gisirikare cya Makindye.

Gen Kayihura mbere yaho akaba yaragaragaraga nk’umwizerwa wa Perezida Museveni ariko kumwizera bigenda bigabanyuka mu bitewe n’amakimbirane yari afitanye n’uwari minisitiri w’umutekano, Lt Gen Henry Tumukunde.

Raporo z’inzego z’ubutasi ku mubano Kayihura ngo yaba yari afitanye na Guverinoma y’u Rwanda kuri ubu itarebana neza n’iya Uganda ngo nazo zaba zarabaye intandaro z’itabwa muri yombi rye.

2018-08-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’aho ubutegetsi bushya mu Bwongereza butereye umugongo amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda, Ubudage bugiye kuyasamira hejuru!

Nyuma y’aho ubutegetsi bushya mu Bwongereza butereye umugongo amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda, Ubudage bugiye kuyasamira hejuru!

Ubwanditsi 06 Sep 2024
Bombori bombori muri RNC, Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya bitandukanyije nayo, impamvu nyamukuru bapfuye ni amafaranga

Bombori bombori muri RNC, Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya bitandukanyije nayo, impamvu nyamukuru bapfuye ni amafaranga

Ubwanditsi 13 Jul 2021
Uganda : CMI yashimuse undi munyarwanda

Uganda : CMI yashimuse undi munyarwanda

Ubwanditsi 11 Jan 2019
Amasezerano Agizwe N’ingingo 10, Araburira Museveni, Guhagarika Ibikorwa Bigamije Gutera Inkunga, RNC na FDLR  Imitwe Y’iterabwoba

Amasezerano Agizwe N’ingingo 10, Araburira Museveni, Guhagarika Ibikorwa Bigamije Gutera Inkunga, RNC na FDLR Imitwe Y’iterabwoba

Ubwanditsi 22 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FERWAFA yatangaje uko amakipe azahura mu ijonjora rya mbere ry’igikombe cy’Amahoro 2022
Amakuru

FERWAFA yatangaje uko amakipe azahura mu ijonjora rya mbere ry’igikombe cy’Amahoro 2022

Ubwanditsi 08 Mar 2022
Igihangange muri Ruhago Maradona yitabye Imana.
Amakuru

Igihangange muri Ruhago Maradona yitabye Imana.

Ubwanditsi 25 Nov 2020
Rayon Sports yongereye amasezerano y’umwaka umwe y’ubufatanye na Canal+
Amakuru

Rayon Sports yongereye amasezerano y’umwaka umwe y’ubufatanye na Canal+

Ubwanditsi 01 Dec 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru