• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Gen Kale Kayihura Mu Nzira Zerekeza Mu Rukiko Nyuma Y’amezi Asaga Abiri Afunze

Uganda: Gen Kale Kayihura Mu Nzira Zerekeza Mu Rukiko Nyuma Y’amezi Asaga Abiri Afunze

Ubwanditsi 23 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Uwahoze ari umukuru w’Igipolisi cya Uganda, Gen Kale Kayihura kuri uyu wa Kane ashobora kugezwa bwa mbere imbere y’urukiko rwa gisirikare nyuma y’amezi asaga abiri afunze, aho ashobora gushinjwa ibyaha bigera kuri bine nk’uko amakuru yagiye ahagaragara ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu avuga.

Gen Kale Kayihura wamaze imyaka 13 akuriye igipolisi cya Uganda ategerejweho kugezwa imbere y’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Makindye ashinjwa ibyaha bifitanye isano no gukoresha umwanya we mu buryo bunyuranyije n’amategeko no kwirengagiza inshingano ze.

Biteganyijwe ko ashobora kugezwa imbere y’urukiko kuri uyu wa Kane, itariki 23 Kanama 2018.

Nubwo byavuzwe gutyo, umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Brig. Richard Karemire yabwiye Chimpreports dukesha iyi nkuru ko uru rukiko rwa gisirikare kuri uyu wa Kane rwerekeza mu majyaruguru ya Uganda muri Gulu aho ruba rugiye kumva urubanza rwa Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine). Uyu akaba yavuze ko kuba perezida w’uru rukiko, Lt Gen Andrew Gutti ategerejwe mu majyaruguru kubw’ibyo bikaba bishobora kutaza kumukundira no kuba Makindye kumva urundi rubanza.

Gusa, ngo byashobokaga ko ashobora kubanza kumva urubanza rwa Kayihura muri iki gitondo mbere yo kwerekeza muri Gulu kumva ikibazo cya Kyagulanyi.

Bamwe mu bayobozi bakuru bavuga ko Kayihura ashinjwa byibuze ibyaha bigera kuri bine, birimo icyo gucyura ku ngufu uwahoze ari umwe mu bashinzwe umutekano wa Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame.

Lt Joel Mutabazi wari warahungiye muri Uganda mbere yo kugarurwa mu Rwanda mu Ukwakira mu 2013, yaje guhanwa n’urukiko mu Rwanda nyuma yo kumuhamya ibyaha bifitanye isano no guhungabanya umutekano w’igihugu.

Kugeza ubu abandi bapolisi ba Uganda barimo Joel Aguma na Nixon Agasirwe nabo barafunze bashinjwa uruhare mu gucyura Lt Joel Mutabazi.

Iki kinyamakuru ariko gikomeza kivuga ko cyo kitarabona urupapuro rugaragaza ibyaha Kayihura ashinjwa. Ariko, abakoranye na Kayihura batifuje ko amazina yabo atangazwa, bavuze ko ubwo Mutabazi yasubizwaga mu Rwanda, Gen kayihura atari muri Uganda kandi atigeze atanga amabwiriza yo gufata Mutabazi.

Ikindi cyaha Kayihura ashobora gushinjwa ngo ni icyo kuba yaragize uruhare mu itoroka ry’uwari ushinzwe ikoranabuhanga n’itumanaho mu gipolisi, Amos Ngabirano. Uyu unafite ubwenegihugu bw’u Bwongereza, ngo yabashije guhunga igihugu bucece nyuma yo kumenya ko yatangiye gukorwaho iperereza.

Ngabirano ngo akaba yarashinjwaga ruswa no kumena amabanga arebana n’umutekano w’igihugu ariko we akabihakana avuga ko azira umubano wa hafi yari afitanye na Kayihura. Kugeza ubu nta wuzi aho aherereye nubwo ngo hari inshuti ze zamubonye I Dubai.

Ikibazo cy’imbunda

Icyaha cya gatatu ngo Gen kayihura ashobora gushinjwa ni icyo kua yarahaye amabwiriza akoresheje umunwa CP Frank Mwesigwa yo kohereza imbunda zigera ku 3,000 ku Ishuri rya Polisi rya Kabalye.

Umuvugizi w’igipolisi, Emilian Kayima ariko akaba aherutse guhakana amakuru yavugaga ko muri iri shuri haburiye imbunda zigera ku 4,000 ndetse yongeraho ko nta perereza azi riri gukorwa na CMI cyangwa ISO kuri iki kibazo.

Icyaha cya kane rero ngo ashobora gushinjwa ni icyo guha intwaro Abdul Kitatta, umuyobozi w’umutwe wiswe Boda Boda 2010, aho bivugwa ko Kayihura yawuhaye imbunda n’amasasu.

Abayobozi bavuganye na Chimpreports kandi bakomeje bavuga ko iperereza rishobora kuba ryarataye ikirego cyo kwica AIGP Andrew Kaweesi kuko ibimenyetso byashinjaga Kayihura byasanzwe bishobora kuba byarahimbwe.

Gen Kale Kayihura yatawe muri yombi akuwe ku ifamu ye iherereye ahitwa Kashagama mu Karere ka Lyantonde kuwa 13 Kamena ajya gufungirwa mu kigo cya gisirikare cya Makindye.

Gen Kayihura mbere yaho akaba yaragaragaraga nk’umwizerwa wa Perezida Museveni ariko kumwizera bigenda bigabanyuka mu bitewe n’amakimbirane yari afitanye n’uwari minisitiri w’umutekano, Lt Gen Henry Tumukunde.

Raporo z’inzego z’ubutasi ku mubano Kayihura ngo yaba yari afitanye na Guverinoma y’u Rwanda kuri ubu itarebana neza n’iya Uganda ngo nazo zaba zarabaye intandaro z’itabwa muri yombi rye.

2018-08-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Madamu Jeannette Kagame arahumuriza abatinya gushinga ingo

Madamu Jeannette Kagame arahumuriza abatinya gushinga ingo

Ubwanditsi 12 Jan 2020
Minisitiri w’Intebe wa Kongo yahawe isomo ry’uko ntawe ushobora kubeshya abantu bose, igihe cyose!

Minisitiri w’Intebe wa Kongo yahawe isomo ry’uko ntawe ushobora kubeshya abantu bose, igihe cyose!

Ubwanditsi 19 Oct 2024
Rudasingwa, asubiza ibaruwa ya Museveni mu ruhe rwego ?

Rudasingwa, asubiza ibaruwa ya Museveni mu ruhe rwego ?

Ubwanditsi 19 Dec 2018
Dore ukuri mutamenye ku ngemu Ingabire Victoire yohererezwa nk’umuyobozi wa FDU-Inkingi mu Rwanda

Dore ukuri mutamenye ku ngemu Ingabire Victoire yohererezwa nk’umuyobozi wa FDU-Inkingi mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw
UBUKUNGU

Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Ubwanditsi 24 Feb 2020
Byiringiro Lague wakiniraga APR FC yasinyiye ikipe ya Sandvikens IF yo mu kiciro cya gatatu muri Suwede
Amakuru

Byiringiro Lague wakiniraga APR FC yasinyiye ikipe ya Sandvikens IF yo mu kiciro cya gatatu muri Suwede

Ubwanditsi 27 Jan 2023
Tshisekedi arapfunda imitwe nk’uhiriye mu nzu: Ubu arakusanya abajenosideri ngo bamufashe kurwanya M23 no gutera u Rwanda
Amakuru

Tshisekedi arapfunda imitwe nk’uhiriye mu nzu: Ubu arakusanya abajenosideri ngo bamufashe kurwanya M23 no gutera u Rwanda

Ubwanditsi 08 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru