• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Afrika y’Epfo: Min. Lindiwe Sisulu yongeye kuvuga ku kazi we na mugenzi w’u Rwanda bahawe ko kugarura umubano hagati y’u Rwanda na Africa y’epfo
Lindiwe

Afrika y’Epfo: Min. Lindiwe Sisulu yongeye kuvuga ku kazi we na mugenzi w’u Rwanda bahawe ko kugarura umubano hagati y’u Rwanda na Africa y’epfo

Ubwanditsi 13 Nov 2018 INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa mbere taliki 12 ugushyingo, Ministiri Lindiwe Sisulu ushinzwe ububanyi n’amahanga muri Africa y’epfo yatangaje ko akazi gakomeje ko kugarura umubano mwiza hagati y’igihugu cye n’u Rwanda.

Ibi yabitangarije mu kiganiro n’abanyamakuru ubwo yavugaga ko nyuma yaho Aba Perezida bombi bahaye akazi ba ministiri b’ububanyi n’amahanga ko gukora ibishoboka byose umubano hagati y’ibihugu byombi ugasubira k’umurongo, akazi gakomeje.

Muri Werurwe 2018, Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yatangaje ko ikibazo cy’Abanyarwanda bagorwaga no kubona viza zo kujya muri Afurika y’Epfo ubu kigiye kuba amateka nyuma y’ibiganiro yagiranye na Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri.

Perezida Ramaphosa yari yitabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, igomba gusinyirwamo amasezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika.

Ni rwo ruzinduko rwa mbere yari agiriye mu Rwanda nyuma yo gutorerwa kuyobora Afurika y’Epfo mu kwezi gushize, asimbuye Jacob Zuma wahatiwe kwegura, akaba yarageze mu Rwanda kuri uyu wa Kabiri.

Mu kiganiro cyabereye muri Kigali Convention Centre, Andrew Mwenda yabajije Perezida Ramaphosa icyo atekereza ku kibazo cy’abantu bagorwa no kugera muri Afurika y’Epfo, mu gihe uyu mugabane uhanganye n’ikibazo cyo kwishyira hamwe no gushyiraho isoko rimwe.

Ramaphosa mu ijwi rituje yagize ati “Ikibazo cya viza ku Banyarwanda bajya muri Afurika y’Epfo, mugifate nk’icyamaze gukemuka!”

Ni ijambo ryahise ryakirizwa urwamo rw’ibyishimo, bamwe bakoma akaruru abandi batanga amashyi y’urufaya, bitewe n’igihe iki kibazo cyari kimaze kandi kiremereye Abanyarwanda.

Yakomeje agira ati “Mu kanya naganiraga na Perezida Kagame, twemeranyije ko tugiye gushyira umubano wa Afurika y’Epfo n’u Rwanda ku rwego rwiza kurushaho, kandi ibibazo twagize bigiye gukemuka, tukaba dufite ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bagiye guhita bakurikirana iki kibazo.”

Perezida w’u Rwanda n’uwa Africa y’epfo hamwe na ba Ministiri b’ububanyi n’amahanga baganira k’umubano w’ibihugu byombi

“Barabikoraho batuzanire igisubizo, ubundi njye na Perezida Kagame tubikemure dushyira umukono ku byo aba badamu batuzanira ku meza. Niba mushaka kugira uwo mutera ibuye, azabe muri aba bashiki bacu beza. Bagiye gukemura iki kibazo, mugishyire mu gatebo k’ibyarangije gukemurwa.”

Umubano wabaye mubi gute?

Muri Werurwe 2014 nibwo Afurika y’Epfo yahagaritse by’agateganyo Visa zahabwaga Abanyarwanda berekeza muri icyo gihugu bakoresheje pasiporo zisanzwe.

Muri icyo gihe Afurika y’Epfo yanirukanye abadipolomate b’u Rwanda batatu i Pretoria, u Rwanda narwo rwirukana batandatu ba Afurika y’Epfo i Kigali.

Icyo gihe u Rwanda rwashinjaga Afurika y’Epfo gucumbikira abari inyuma y’ibikorwa byo gutera ibisasu mu Rwanda bigahitana inzirakarengane, Afurika y’Epfo yo ikavuga ko yirukanye abadipolomate b’u Rwanda ibashinja kuba inyuma y’igitero cy’abantu bitwaje intwaro bigeze gutera mu rugo rwa Kayumba Nyamwasa wahungiye muri icyo gihugu.

Uyu ahari nk’impunzi ariko akahakorera ibikorwa bya politiki nyamara ubusanzwe bitemewe mu mategeko y’icyo gihugu.

Nyuma y’icyo gihe hagiye hageragezwa ibiganiro hagategerezwa ko byazatanga umusaruro ariko ntibishoboke, ugasanga Abanyafurika y’Epfo boroherwa no kuza mu Rwanda ariko abashka kujyayo bikagorana.

Muricyo  kiganiro n’abanyamakuru nibwo Ministiri Lindiwe Sisulu yatangaje ko yahuye na Kayumba Nyamwasa akamumenyesha ko umubano w’u Rwanda na Africa y’epfo ari ingenzi ku bihugu byombi ariko kandi Ministiri yanagarutse mu kiganiro n’itangazamakuru ku bikorwa bya Kayumba leta y’u Rwanda ihora ivuga ko bibangamiye umutekano wayo, avuga ko atari impamvu nyamukuru mu biganiro byo kongera gutsura umubano hagati y’ibihugu byombi.

Ku buyobozi Jacob Zuma wahatiwe kwegura n’ubu agikurikiranyweho ibyaha bya ruswa, ibihugu byombi byagerageje kuganira ariko ntihagira umuti uboneka.

2018-11-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Akabaye icwende ntikoga : Ingabire Victoire yafatiwe mu cyuho ashakisha ingabo zo guhungabanya umutekano

Akabaye icwende ntikoga : Ingabire Victoire yafatiwe mu cyuho ashakisha ingabo zo guhungabanya umutekano

Ubwanditsi 12 May 2019
Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 07 Sep 2022
Davos: Perezida Kagame azagirana ikiganiro na Perezida Donald Trump

Davos: Perezida Kagame azagirana ikiganiro na Perezida Donald Trump

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Mu rwego rwo guhunga ubutabera Kayumba Nyamwasa yatahiye umuzulukazi

Mu rwego rwo guhunga ubutabera Kayumba Nyamwasa yatahiye umuzulukazi

Ubwanditsi 31 Jan 2018

2 Ibitekerezo

  1. Karomba Roge
    November 14, 20183:19 am -

    None ko mutatubwiye ukuntu uyu Ministri wububanyi na amahanga wa Africa Yepfo Lindiwe Sisulu asaba ko Goverment yu U Rwanda ishyikirana n ‘ishyaka ya Kayumba Nyamwasa RNC ?
    Ibi biratangazwa nibinyamakuru byinshi kandi na Ministri Lindiwe yabivuze kuli za Media zitandukanye.

    Subiza
    • Clarisse Nunu
      November 14, 20183:26 am -

      Yego Roge… ibi natwe twabyumvise aliko nta kintu kili muli iyi nkuru yatangajwe na RUSHYASHYA… babitarutse kandi alicyo kintu kili kuvugwa cyane.. Reka mujye muduha amakuru yose adafifitse .. dore ko dukunda gusoma inkuru zanyu.

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umwaka w’imikino wa 2021-2022 mu Rwanda urangiye APR FC na AS Kigali ariyo makipe azaseruka mu mikino Nyafurika
Amakuru

Umwaka w’imikino wa 2021-2022 mu Rwanda urangiye APR FC na AS Kigali ariyo makipe azaseruka mu mikino Nyafurika

Ubwanditsi 29 Jun 2022
Uhuru Kenyatta azarahira ku wa 28 uku kwezi
POLITIKI

Uhuru Kenyatta azarahira ku wa 28 uku kwezi

Ubwanditsi 20 Nov 2017
FARDC yafashe abayobozi babiri bakuru muri CNRD barimo Umunyamabanga Mukuru wa yo
INKURU NYAMUKURU

FARDC yafashe abayobozi babiri bakuru muri CNRD barimo Umunyamabanga Mukuru wa yo

Ubwanditsi 24 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru