• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!

umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!

Ubwanditsi 17 Jun 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu, tariki 17 Kamena 2022, ahashyira saa 08h30, umusirikari wa Kongo yamaze guhaga urumogi maze agaba igitero mu Rwanda, ndetse akomeretsa abapolisi babiri bari hafi
y’umupaka wa Kongo n’u Rwanda.

Nyuma yo kurasa urufaya rw’amasasu agamije kwica abantu benshi, dore ko yarasaga avuga mu ijwi riranguruye ngo”reka ndase izi mbwa z’Abanyarwanda”, abapolisi b’u Rwanda baje kwitabara, maze icyo cyihebe kihasiga agatwe. Cyiciwe muri metero 25 cyamaze kwinjira mu Rwanda no kuvogera ubutaka bwarwo.

Leta y’u Rwanda yahise isaba Itsinda ry’Ingabo Mpuzamahanga rishinzwe Kugenzura Umutekano ku Mupaka w’Ibihugu byombi gukora iperereza, hanyuma ahagana saa sita z’amanywa umurambo w’uwo musirikari ushyikirizwa Kongo.

Ubwo imodoka itwaye umurambo yageraga mu mujyi wa Goma yakirijwe induru y’insoresore nazo zahaze ibiyobyabwenge, zaririmbaga ko uwo musirikari ari”intwari”. Bamushimiraga ko yiyahuye agakora mu
jisho ry’intare, nk’aho byamuguye neza. Muri Kongo ntibazi ko kwiyahura ari ubugwari, kuko uwiyahuye aba yananiwe guhangana n’ibibazo.

Mu bavuzaga induru hongeye kugaragaramo Umunyarwanda Josué Kabanza, uba i Goma akaba adasiba hafi y’umupaka w’u Rwanda, mu myigaragambyo yo gutuka u Rwanda na Perezida warwo. Yihinduye Umunyekongo mu rwego rwo kuyobya uburari, ndetse akaba n’umwe mu bashishikariza Abanyekongo kurimbura Abatutsi bo muri icyo
gihugu.Uyu Kabanza akomoka mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri, akaba mwishywa wa Joseph Nzirorera, umujenosideri waguye muri gereza y’Urukiko Mpuzamahanga rwa Arusha. Nta gitangaje rero ko Josué Kabanza yabatwa n’ingengabitekerezo ya jenoside, dore ko ari n’umuyoboke ukomeye w’umutwe w’abajenosideri wa FDLR.

Hagati aho ariko iraswa ry’umusirikari wa Kongo ntiryabujije Abanyekongo gukomeza kwambuka ari benshi baza guhahira mu Rwanda. Hari bamwe muri bo baganiriye n’itangazamakuru, bavuga ko nta kibazo na kimwe bigeze bagirira mu Rwanda kuva ubushyamirane bwakubura,ndetse basaba bagenzi babo b’Abanyekongo kureka
ubushotoranyi bukorerwa Abanyarwanda, n’ubwicanyi bwibasiye cyane Abatutsi bo muri Kongo.

Amakuru dufitiye gihamya aravuga ko inkorabusa zirirwa zitera amabuye mu Rwanda ziba zahawe amafaranga n’abategetsi ba Kongo, abamotari bagahabwa lisansi y’ubuntu ngo bazenguruke umunsi wose mu bikorwa bitagize icyo bibamariye.Twashoboye kumenya ko no mu mujyi wa Bukavu kuri uyu wa gatanu nabo biriwe mu kaduruvayo ngo barigaragambya, ariko abazi neza ibyo muri Kongo bakavuga ko biba ari n’uburyo bwo gukurura akavuyo ngo babone uko bisahurira. Nyamara ibi bisazi by’Abanyekongo bishobora kubabyarira amazi nk’ibisusa!

2022-06-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Abarimu bategetswe gutanga umushahara wose w’ukwezi mu kigega cy’amatora yo muri 2020

Burundi: Abarimu bategetswe gutanga umushahara wose w’ukwezi mu kigega cy’amatora yo muri 2020

Ubwanditsi 28 Nov 2017
RDC: Abaturage barambiwe abahoze barwanira FDLR, barasaba ko boherezwa mu Rwanda

RDC: Abaturage barambiwe abahoze barwanira FDLR, barasaba ko boherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 12 Nov 2018
Ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball yerekeje muri Senegal mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2023, basabwe na Minisitiri Aurore guhesha ishema igihugu

Ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball yerekeje muri Senegal mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2023, basabwe na Minisitiri Aurore guhesha ishema igihugu

Ubwanditsi 19 Feb 2022
UBurundi bukomeje kurundanya abantu bitwaje intwaro mu Ntara ya Cibitoke,  bikekwa ko ari Interahamwe zigamije gutera u Rwanda

UBurundi bukomeje kurundanya abantu bitwaje intwaro mu Ntara ya Cibitoke, bikekwa ko ari Interahamwe zigamije gutera u Rwanda

Ubwanditsi 31 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Bwongereza, ba bimukira bagombye kuba baroherejwe mu Rwanda, bari mu myigaragambyo ikomeye binubira ubuzima nk’ubw’imfungwa.
Amakuru

Mu Bwongereza, ba bimukira bagombye kuba baroherejwe mu Rwanda, bari mu myigaragambyo ikomeye binubira ubuzima nk’ubw’imfungwa.

Ubwanditsi 17 Aug 2022
Perezida Kagame yasabye Ingabo na Polisi guhora ziri maso
Mu Mahanga

Perezida Kagame yasabye Ingabo na Polisi guhora ziri maso

Ubwanditsi 28 Dec 2016
Madamu Jeannette Kagame yifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali muri Siporo Rusange
Amakuru

Madamu Jeannette Kagame yifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali muri Siporo Rusange

Ubwanditsi 02 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru