• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Burundi buragana he ? Urutonde rw’abantu 17 bashakishwa n’ubutabera kubera iyicwa rya Ndadaye
Pierre BUYOYA

U Burundi buragana he ? Urutonde rw’abantu 17 bashakishwa n’ubutabera kubera iyicwa rya Ndadaye

Ubwanditsi 01 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Ibiro by’umushinjacyaha mukuru w’u Burundi byasohoye impapuro zo guta muri yombi abantu 17 barimo abasivili benshi n’abahoze mu gisirikare bakurikiranweho uruhare mu iyicwa rya Melchior Ndadaye, perezida wa mbere w’u Burundi watowe mu matora ya demokarasi mu 1993 akicwa nyuma y’amezi makeya agiye ku butegetsi.

“Bashobora kuba baragize uruhare muri iki cyaha, mu kugitegura, mu kugishyira mu bikorwa,”uyu ni Sylvestre Nyandwi, umushinjacyaha wa leta.

Benshi mu bantu bashyizwe ku rutonde rw’abashakishwa bari mu myanya yo hejuru mu buyobozi ubwo Perezida Ndadaye yicwaga kuwa 21 Ukwakira 1993, nyuma y’aho yari yatangiye kuyobora igihugu kuwa 10 Nyakanga nyuma yo gutsinda amatora. Bamwe ndetse bagumye no mu buyobozi nyuma yaho.

Ku rutonde rwasohowe n’ubushinjcyaha bukuru bw’abagomba gutabwa muri yombi bagashyikirizwa ubutabera, ku isonga hari Pierre Buyoya wahoze ari perezida kuri ubu akaba ari umukozi wa Afurika Yunze Ubumwe muri Mali.

Bernard Busokoza ni umwe mu bashakwa n’ubutabera

Hariho kandi; Pascal Simbanduku, Alfred Nkurunziza, Mamert Sinarinzi, Jean Bosco Daradangwe, Bernard Busokoza, Vincent Niyungeko, Juvénal Nzosaba, Jean Ngomirakiza, January Baribwegure, Jean Kamana, Charles Ntakije, Astere Girukwigize, Bararunyeretse, Luc Rukingama, Charles Mukasi na Antoine Nduwayo.

Alphonse Marie Kadege, wahoze ari visi perezida nawe arashakishwa n’ubutabera kubera iki kibazo nk’uko SosMediasBurundi  dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.

Alphonse Marie Kadege

Bwana Sylvestre Nyandwi akaba yasabye ibihugu bicumbikiye aba bantu kubohereza bakiregura ku birego bashinjwa.

Hari hashize icyumweru abandi bantu bane bahoze mu gisirikare cy’u Burundi, nabo bashinjwa uruhare mu iyicwa rya Ndadaye, batawe muri yombi, kongeraho Francois Ngeze, wahize usimbura Ndadaye mu gihe cy’icyumweru, wahaswe ibibazo n’abashinzwe iperereza ariko agasubira iwe nyuma yo kubazwa. Uyu akaba kuri ubu yaracitse amaguru yombi agendera mu igare.

Pierre BUYOYA

2018-12-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yashyizeho abahagarariye u Rwanda mu bihugu 15

Perezida Kagame yashyizeho abahagarariye u Rwanda mu bihugu 15

Ubwanditsi 16 Jul 2019
Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa imyaka myinshi yatangiye gukorwaho iperereza riganisha kumuta muri yombi

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa imyaka myinshi yatangiye gukorwaho iperereza riganisha kumuta muri yombi

Ubwanditsi 30 Oct 2021
Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa

Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 11 Jun 2025
Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga

Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga

Ubwanditsi 20 Jan 2022

3 Ibitekerezo

  1. Emmy
    December 1, 20185:34 pm -

    ahaaa ndabona ibyo mu burundi ari agatereranzamba da na nkurunziza bazamubaze abo yishe kuko si bake nubu bakicwa.

    Subiza
    • James
      December 2, 20185:04 am -

      Nkurunziza ntacyo yabazwa kuko abo uvuga baguye muntambara yo kwibohoza, kandi uretse iburundi ntahandi ubutabera bwahawe abazize intambara nkizo!

      Subiza
  2. James
    December 2, 20185:01 am -

    buragana kubutabera busesuye!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakobwa 2 b’impanga b’uwahoze ari Perezida w’Amerika George W. Bush banditse ibarwa bihanganisha abakobwa ba Barack Obama
ITOHOZA

Abakobwa 2 b’impanga b’uwahoze ari Perezida w’Amerika George W. Bush banditse ibarwa bihanganisha abakobwa ba Barack Obama

Ubwanditsi 13 Jan 2017
Uganda: Yatawe muri yombi atwaye imodoka iriho ibirango by’imodoka za perezida Museveni
Mu Mahanga

Uganda: Yatawe muri yombi atwaye imodoka iriho ibirango by’imodoka za perezida Museveni

Ubwanditsi 25 May 2018
Tumenye imikorere ya Interpol ariwo muryango uhuza Polisi z’ibihugu ku isi
Mu Rwanda

Tumenye imikorere ya Interpol ariwo muryango uhuza Polisi z’ibihugu ku isi

Ubwanditsi 13 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru