• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Burundi buragana he ? Urutonde rw’abantu 17 bashakishwa n’ubutabera kubera iyicwa rya Ndadaye
Pierre BUYOYA

U Burundi buragana he ? Urutonde rw’abantu 17 bashakishwa n’ubutabera kubera iyicwa rya Ndadaye

Ubwanditsi 01 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Ibiro by’umushinjacyaha mukuru w’u Burundi byasohoye impapuro zo guta muri yombi abantu 17 barimo abasivili benshi n’abahoze mu gisirikare bakurikiranweho uruhare mu iyicwa rya Melchior Ndadaye, perezida wa mbere w’u Burundi watowe mu matora ya demokarasi mu 1993 akicwa nyuma y’amezi makeya agiye ku butegetsi.

“Bashobora kuba baragize uruhare muri iki cyaha, mu kugitegura, mu kugishyira mu bikorwa,”uyu ni Sylvestre Nyandwi, umushinjacyaha wa leta.

Benshi mu bantu bashyizwe ku rutonde rw’abashakishwa bari mu myanya yo hejuru mu buyobozi ubwo Perezida Ndadaye yicwaga kuwa 21 Ukwakira 1993, nyuma y’aho yari yatangiye kuyobora igihugu kuwa 10 Nyakanga nyuma yo gutsinda amatora. Bamwe ndetse bagumye no mu buyobozi nyuma yaho.

Ku rutonde rwasohowe n’ubushinjcyaha bukuru bw’abagomba gutabwa muri yombi bagashyikirizwa ubutabera, ku isonga hari Pierre Buyoya wahoze ari perezida kuri ubu akaba ari umukozi wa Afurika Yunze Ubumwe muri Mali.

Bernard Busokoza ni umwe mu bashakwa n’ubutabera

Hariho kandi; Pascal Simbanduku, Alfred Nkurunziza, Mamert Sinarinzi, Jean Bosco Daradangwe, Bernard Busokoza, Vincent Niyungeko, Juvénal Nzosaba, Jean Ngomirakiza, January Baribwegure, Jean Kamana, Charles Ntakije, Astere Girukwigize, Bararunyeretse, Luc Rukingama, Charles Mukasi na Antoine Nduwayo.

Alphonse Marie Kadege, wahoze ari visi perezida nawe arashakishwa n’ubutabera kubera iki kibazo nk’uko SosMediasBurundi  dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.

Alphonse Marie Kadege

Bwana Sylvestre Nyandwi akaba yasabye ibihugu bicumbikiye aba bantu kubohereza bakiregura ku birego bashinjwa.

Hari hashize icyumweru abandi bantu bane bahoze mu gisirikare cy’u Burundi, nabo bashinjwa uruhare mu iyicwa rya Ndadaye, batawe muri yombi, kongeraho Francois Ngeze, wahize usimbura Ndadaye mu gihe cy’icyumweru, wahaswe ibibazo n’abashinzwe iperereza ariko agasubira iwe nyuma yo kubazwa. Uyu akaba kuri ubu yaracitse amaguru yombi agendera mu igare.

Pierre BUYOYA

2018-12-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Philemon Mateke yahamagajwe mu rubanza rwa Bazeye Laforges na Nsekanabo ba FDLR

Philemon Mateke yahamagajwe mu rubanza rwa Bazeye Laforges na Nsekanabo ba FDLR

Ubwanditsi 12 Mar 2020
I Kinshasa hasinyiwe amasezerano  yo guhashya inyeshyamba zirimo niza Nyamwasa ziri mu misozi ya Minembwe

I Kinshasa hasinyiwe amasezerano  yo guhashya inyeshyamba zirimo niza Nyamwasa ziri mu misozi ya Minembwe

Ubwanditsi 01 Jun 2019
Umwe mu bari bagiye gutorokesha Kizito Mihigo yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu n’igice

Umwe mu bari bagiye gutorokesha Kizito Mihigo yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu n’igice

Ubwanditsi 22 Oct 2021
AMAFOTO – Perezida Kagame yakurikiye umukino u Rwanda twatsinzemo Grenada 4-0 rugera ku mukino wa nyuma wa FIFA SERIES

AMAFOTO – Perezida Kagame yakurikiye umukino u Rwanda twatsinzemo Grenada 4-0 rugera ku mukino wa nyuma wa FIFA SERIES

RUSHYASHYA 28 Mar 2026

3 Ibitekerezo

  1. Emmy
    December 1, 20185:34 pm -

    ahaaa ndabona ibyo mu burundi ari agatereranzamba da na nkurunziza bazamubaze abo yishe kuko si bake nubu bakicwa.

    Subiza
    • James
      December 2, 20185:04 am -

      Nkurunziza ntacyo yabazwa kuko abo uvuga baguye muntambara yo kwibohoza, kandi uretse iburundi ntahandi ubutabera bwahawe abazize intambara nkizo!

      Subiza
  2. James
    December 2, 20185:01 am -

    buragana kubutabera busesuye!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Macron yavuze ko u Rwanda, ari icyitegererezo mu buringanire muri politiki
INKURU NYAMUKURU

Perezida Macron yavuze ko u Rwanda, ari icyitegererezo mu buringanire muri politiki

Ubwanditsi 11 Oct 2018
Urugendo rwa Dubai-Kigali muri RwandAir rwimuriwe i Entebbe
UBUKERARUGENDO

Urugendo rwa Dubai-Kigali muri RwandAir rwimuriwe i Entebbe

Ubwanditsi 11 Oct 2018
Col Willy Bagabe yashyinguwe
Mu Mahanga

Col Willy Bagabe yashyinguwe

Ubwanditsi 12 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru