• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kurekura Kabuga ngo ni uko ashaje ni agahomamunwa, abo arusha imyaka icumi bishe abayahudi baraburanishwa no muri iki gihe

Kurekura Kabuga ngo ni uko ashaje ni agahomamunwa, abo arusha imyaka icumi bishe abayahudi baraburanishwa no muri iki gihe

Ubwanditsi 13 Aug 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Tariki ya 16 May 2020, inkuru nziza yaramanyekanye ko Felesiyani Kabuga, ruharwa wagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi nk’umuterankunga mukuru watanze amafaranga menshi agura intwaro zakoreshejwe ndetse no gutera inkunga RTLM yafatiwe mu gihugu cy’Ubufaransa nyuma y’imyaka myinshi yihishahisha.

Nyuma y’imyaka itatu Urukiko rwasigariwe guca imanza zasizwe n’urukiko rw’Arusha (IRMCT) rwanzuye ko adashoboye kuburana kubera impamvu z’ubuzima.

Kabuga w’imyaka 90 ntabwo ariwe ufite imyaka myinshi waba ukurikiranweho ibyaha bya Jenoside ndetse n’ibyaha byibasiye inyoko muntu. Umwaka ushize uwari ushinzwe kurinda inkambi anabarizwa mu mutwe witwaraga nk’interahamwe w’abanazi SS Josef Schütz icyo gihe wari ufite imyaka 21 akaburanishwa umwaka ushize afite imyaka 101. Josef Schütz yakatiwe gufungwa imyaka itanu ashinjwa ko yarindaga ahicirwaga abantu bityo ko yari ashyigikiye uwo mugambi. Nta cyaha cyahamwe Josef Schütz cyuko hari umuntu yishe ahubwo yahamwe n’icyaha cyo kurinda ahakorerwaga ubwicanyi.

Josef Schütz yitabye urukiko inshuro zisaga 30 ndetse n’urubanza rugasubikwa inshuro nyinshi ariko amaherezo urubanza rugezwa ku musozo akatirwa imyaka itanu.
Abanyarwanda baratunguwe ubwo mu cyumweru turimo gusoza hasohotse itangazo rivuga ko urukiko rw’ubujurire rwa IRMCT rwanzuye ko Kabuga atakiburanishijwe kubera ikibazo cy’ubuzima.

Ibi byaje gutungura Abanyarwanda ndetse n’isi muri rusange kuko ntibyumvikana uburyo umuterankunga wa Jenoside uregwa ibyaha bigera kuri birindwi byose bidasaza bijyanye na Jenoside n’ibyaha byibasiye inyoko muntu yareka kuburanwa mu gihe abarindaga ahari inkambo zicirwagamo abantu bafite imyaka icumi kurusha iya Kabuga baburanashwa ibyaha bakoze mu myaka 78 ishize.

Kabuga ashinjwa ibyaha birimo icyaha cya Jenoside, guhamagarira abantu mu ruhame gukora jenoside, ubwumvikane bugamije gukora jenoside, itsembatsemba, itoteza nubwicanyi nkibyaha byibasiye inyokomuntu, byakozwe mu rwego rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Umuvugizi wa Guverinoma yu Rwanda, aganira n’Ikinyamakuru Igihe Madame Yolande Makolo, yatangaje ko u Rwanda rwubaha uyu mwanzuro nubwo ubabaje ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “U Rwanda rwubaha umwanzuro wafashwe nUrukiko rwUbujurire wo kuba ruhagaritse byigihe kitazwi kuburanisha urubanza rwa Kabuga Félicien, gusa ntibishimishije ku bazize nabarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Gusa na none, Kabuga aracyari umuntu ukekwaho ibyaha bikomeye.

Imyaka isaga itatu Kabuga Félicien ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 atawe muri yombi. Yafatiwe mu Bufaransa ku wa 16 Gicurasi 2020.

Raporo yakozwe muri Kamena mu 2022 igaragaza ko uyu mugabo afite indwara zinyuranye zumutima nibihaha na Osteoporosis ituma amagufwa yoroha cyane ku buryo yangirika vuba.

Muri Nzeri mu 2022 ni bwo Kabuga wari umwe mu banyemari bakomeye mu Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yatangiye kuburanishwa mu mizi i La Haye mu Buholandi, aho afungiye.

Ntabwo ari Josef Schütz gusa waburanishijwe akuze kuko tariki ya 20 Ukuboza 2022, inzego z’ubutabera zo mu budage zaburanishije umukecuru w’imyaka 97 Irmgard Furchner wari umunyamabanga w’umukuru w’abicanyi aho yakatiwe ubufatanyacyaha mu bwicanyi.

Nubwo Irmgard Furchner yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri isubitswe, nibura yagejejwe imbere y’ubutabera.

Ni urugero IRMCT yagakwiye kwigira ku budage

2023-08-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amatakirangoyi ya ruharwa Angelina Mukandutiye imbere y’ubutabera; ngo azamenya ko ubutabera bubaho nibamuha imbabazi

Amatakirangoyi ya ruharwa Angelina Mukandutiye imbere y’ubutabera; ngo azamenya ko ubutabera bubaho nibamuha imbabazi

Ubwanditsi 23 Jul 2021
Danny Vumbi yashyize hanze indirimbo yahimbiye umugore we ikaba imaze imyaka 10 ayihimbye

Danny Vumbi yashyize hanze indirimbo yahimbiye umugore we ikaba imaze imyaka 10 ayihimbye

Ubwanditsi 27 Mar 2021
Impamvu zitandukanye zigaragaza ko intambara Museveni na Kayumba bifuriza u Rwanda itazagerwaho

Impamvu zitandukanye zigaragaza ko intambara Museveni na Kayumba bifuriza u Rwanda itazagerwaho

Ubwanditsi 13 May 2021
Yves Rwasamanzi nk’umutoza mukuru w’Amavubi U23 yahamagaye abakinnyi bitegura gukina igikombe cya Afurika bitegura guhura na Libye

Yves Rwasamanzi nk’umutoza mukuru w’Amavubi U23 yahamagaye abakinnyi bitegura gukina igikombe cya Afurika bitegura guhura na Libye

Ubwanditsi 15 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.
Amakuru

Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.

Ubwanditsi 17 Jul 2024
Madamu Jeannette Kagame yitabiriye ibirori by’imyaka 10 ya gahunda yo kwigisha Ikidage mu mashuri
POLITIKI

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye ibirori by’imyaka 10 ya gahunda yo kwigisha Ikidage mu mashuri

Ubwanditsi 20 Jun 2018
RDC: Abaturage bahunze imirwano ya FDLR
INKURU NYAMUKURU

RDC: Abaturage bahunze imirwano ya FDLR

Ubwanditsi 01 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru