• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kurekura Kabuga ngo ni uko ashaje ni agahomamunwa, abo arusha imyaka icumi bishe abayahudi baraburanishwa no muri iki gihe

Kurekura Kabuga ngo ni uko ashaje ni agahomamunwa, abo arusha imyaka icumi bishe abayahudi baraburanishwa no muri iki gihe

Ubwanditsi 13 Aug 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Tariki ya 16 May 2020, inkuru nziza yaramanyekanye ko Felesiyani Kabuga, ruharwa wagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi nk’umuterankunga mukuru watanze amafaranga menshi agura intwaro zakoreshejwe ndetse no gutera inkunga RTLM yafatiwe mu gihugu cy’Ubufaransa nyuma y’imyaka myinshi yihishahisha.

Nyuma y’imyaka itatu Urukiko rwasigariwe guca imanza zasizwe n’urukiko rw’Arusha (IRMCT) rwanzuye ko adashoboye kuburana kubera impamvu z’ubuzima.

Kabuga w’imyaka 90 ntabwo ariwe ufite imyaka myinshi waba ukurikiranweho ibyaha bya Jenoside ndetse n’ibyaha byibasiye inyoko muntu. Umwaka ushize uwari ushinzwe kurinda inkambi anabarizwa mu mutwe witwaraga nk’interahamwe w’abanazi SS Josef Schütz icyo gihe wari ufite imyaka 21 akaburanishwa umwaka ushize afite imyaka 101. Josef Schütz yakatiwe gufungwa imyaka itanu ashinjwa ko yarindaga ahicirwaga abantu bityo ko yari ashyigikiye uwo mugambi. Nta cyaha cyahamwe Josef Schütz cyuko hari umuntu yishe ahubwo yahamwe n’icyaha cyo kurinda ahakorerwaga ubwicanyi.

Josef Schütz yitabye urukiko inshuro zisaga 30 ndetse n’urubanza rugasubikwa inshuro nyinshi ariko amaherezo urubanza rugezwa ku musozo akatirwa imyaka itanu.
Abanyarwanda baratunguwe ubwo mu cyumweru turimo gusoza hasohotse itangazo rivuga ko urukiko rw’ubujurire rwa IRMCT rwanzuye ko Kabuga atakiburanishijwe kubera ikibazo cy’ubuzima.

Ibi byaje gutungura Abanyarwanda ndetse n’isi muri rusange kuko ntibyumvikana uburyo umuterankunga wa Jenoside uregwa ibyaha bigera kuri birindwi byose bidasaza bijyanye na Jenoside n’ibyaha byibasiye inyoko muntu yareka kuburanwa mu gihe abarindaga ahari inkambo zicirwagamo abantu bafite imyaka icumi kurusha iya Kabuga baburanashwa ibyaha bakoze mu myaka 78 ishize.

Kabuga ashinjwa ibyaha birimo icyaha cya Jenoside, guhamagarira abantu mu ruhame gukora jenoside, ubwumvikane bugamije gukora jenoside, itsembatsemba, itoteza nubwicanyi nkibyaha byibasiye inyokomuntu, byakozwe mu rwego rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Umuvugizi wa Guverinoma yu Rwanda, aganira n’Ikinyamakuru Igihe Madame Yolande Makolo, yatangaje ko u Rwanda rwubaha uyu mwanzuro nubwo ubabaje ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “U Rwanda rwubaha umwanzuro wafashwe nUrukiko rwUbujurire wo kuba ruhagaritse byigihe kitazwi kuburanisha urubanza rwa Kabuga Félicien, gusa ntibishimishije ku bazize nabarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Gusa na none, Kabuga aracyari umuntu ukekwaho ibyaha bikomeye.

Imyaka isaga itatu Kabuga Félicien ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 atawe muri yombi. Yafatiwe mu Bufaransa ku wa 16 Gicurasi 2020.

Raporo yakozwe muri Kamena mu 2022 igaragaza ko uyu mugabo afite indwara zinyuranye zumutima nibihaha na Osteoporosis ituma amagufwa yoroha cyane ku buryo yangirika vuba.

Muri Nzeri mu 2022 ni bwo Kabuga wari umwe mu banyemari bakomeye mu Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yatangiye kuburanishwa mu mizi i La Haye mu Buholandi, aho afungiye.

Ntabwo ari Josef Schütz gusa waburanishijwe akuze kuko tariki ya 20 Ukuboza 2022, inzego z’ubutabera zo mu budage zaburanishije umukecuru w’imyaka 97 Irmgard Furchner wari umunyamabanga w’umukuru w’abicanyi aho yakatiwe ubufatanyacyaha mu bwicanyi.

Nubwo Irmgard Furchner yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri isubitswe, nibura yagejejwe imbere y’ubutabera.

Ni urugero IRMCT yagakwiye kwigira ku budage

2023-08-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuwa Kane tariki ya 28 Ugushyingo 2019

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuwa Kane tariki ya 28 Ugushyingo 2019

Ubwanditsi 29 Nov 2019
Guverinoma y’u Rwanda yabwiye iya Uganda ko Ubucuruzi busesuye butakorwa mu gihe ababukora  bicwa

Guverinoma y’u Rwanda yabwiye iya Uganda ko Ubucuruzi busesuye butakorwa mu gihe ababukora bicwa

Ubwanditsi 14 Mar 2019
Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Ubwanditsi 06 Jun 2024
Perezida Kagame yagaragaje ko ibisubizo by’Abanyafurika bitagomba gushakirwa ahandi ngo babiturwe hejuru

Perezida Kagame yagaragaje ko ibisubizo by’Abanyafurika bitagomba gushakirwa ahandi ngo babiturwe hejuru

Ubwanditsi 24 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

#Kwibuka26 : ”  Ibi bihe turimo bidasanzwe ntibishobora kutubuza kuzuza inshingano yo kwibuka “-Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

#Kwibuka26 : ” Ibi bihe turimo bidasanzwe ntibishobora kutubuza kuzuza inshingano yo kwibuka “-Perezida Kagame

Ubwanditsi 07 Apr 2020
Byiringiro Lague wakiniraga APR FC, yerekeje muri Sandvikens IF yo mu kiciro cya gatatu muri Suwede
Amakuru

Byiringiro Lague wakiniraga APR FC, yerekeje muri Sandvikens IF yo mu kiciro cya gatatu muri Suwede

Ubwanditsi 07 Mar 2023
Ambasaderi w’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda yagawe kubera kwivanga muri politiki y’u Rwanda
ITOHOZA

Ambasaderi w’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda yagawe kubera kwivanga muri politiki y’u Rwanda

Ubwanditsi 06 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru