• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ikipe ya Chelsea yasezereye Manchester City igera ku mukino wa nyuma wa FA Cup aho izahura na Leicester City yo yasezereye ikipe ya Southampton.

Ikipe ya Chelsea yasezereye Manchester City igera ku mukino wa nyuma wa FA Cup aho izahura na Leicester City yo yasezereye ikipe ya Southampton.

Ubwanditsi 19 Apr 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Mu mpera z’iki cyumweru dushoje mu gihugu cy’u Bwongereza hakinwaga imikino ya kimwe cya kabiri cy’imikino yo guhatanira igikombe cya FA, aho ikipe ya Chelsea yageze ku mukino wa nyuma isezereye ikipe ya Manchester City ndetse ikipe ya Leicester City yo isezerera ikipe Southampton.

Ku wa gatandatu ku itariki ya 17 Mata 2021 nibwo habaye umukino wa mbere wa 1/2 aho umukino iyi kipe ibarizwa mu mujyi wa Londre yatsinze City igitego kimwe ku busa, ni igitego cyatsinzwe na rutahizamu Hakim Ziyech ubwo hari ku munota wa 59 w’umukino nyuma yaho igice cya mbere cy’umukino cyari cyarangiye ari ubusa ku busa.

Kugera ku mukino wa nyuma wa FA Cup kwa Chelsea bikomeje kuyiha icyizere kinini cyo kwitwara neza no mu mikino mpuzamahanga yo ku mugabane w’i Burayi by’umwihariko iri kumwe n’uyu mutoza kuko Thomas Tuchel usibye kugeza Chelsea kuri uyu mukino wa nyuma aheruka kandi kugeza iyi kipe mu mikino ya 1/2 cya UEFA Champions League aho azakina n’ikipe ya Real Madrid yo muri Esipanye.

Ku ruhande rw’ikipe ya Leicester yo kuri iki cyumweru yageze ku mukino wa nyuma isezereye ikipe ya Southampton iyitsinze igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na rutahizamu ukomoka mu gihugu cya Nijeriya ariwe Kelechi Hienacho , ni igitego uyu rutahizamu yatsinze ku munota wa 55 w’umukino.

Nyuma yo guhurira ku mukino wa nyuma kw’aya makipe yombi biteganyijwe ko azahura tariki ya 15 Gicurasi 2021 aho bazaba bahatanira igikombe gifitwe n’ikipe ya Arsenal yagitwaye umwaka ushize itsinze ikipe ya Chelsea ibitego 2-1.

2021-04-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igipolisi n’abanyamakuru barashaka uko barushaho gukorana batarebana ay’ingwe

Igipolisi n’abanyamakuru barashaka uko barushaho gukorana batarebana ay’ingwe

Ubwanditsi 21 Apr 2016
Espérance de Tunis yegukana CAF Champions League

Espérance de Tunis yegukana CAF Champions League

Ubwanditsi 01 Jun 2019
Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC

Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC

Ubwanditsi 30 May 2025
Umusore  Farouk Ruhinda Saifi akomeje gukora udushya mu ikipe ya Bugesera FC

Umusore  Farouk Ruhinda Saifi akomeje gukora udushya mu ikipe ya Bugesera FC

Ubwanditsi 08 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Goma: Hafashwe imodoka yari itwaye intwaro za gisirikare
Mu Mahanga

Goma: Hafashwe imodoka yari itwaye intwaro za gisirikare

Ubwanditsi 05 May 2018
Breaking news – Nairobi : Padiri Nahimana yabujijwe kwinjira mu ndege Nairobi- Kigali
ITOHOZA

Breaking news – Nairobi : Padiri Nahimana yabujijwe kwinjira mu ndege Nairobi- Kigali

Ubwanditsi 25 Nov 2016
Amakipe y’u Rwanda ari gukina Afro Basketball muri Afurika y’Epfo ntiyabashije kurenga 1/4
Amakuru

Amakipe y’u Rwanda ari gukina Afro Basketball muri Afurika y’Epfo ntiyabashije kurenga 1/4

Ubwanditsi 12 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru