• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Impaka za ngo ‘Turwane ‘ hagati ya Bob Mugabe, Depite Gatabazi, Amb.Nduhungirehe na Fred Muvunyi

Impaka za ngo ‘Turwane ‘ hagati ya Bob Mugabe, Depite Gatabazi, Amb.Nduhungirehe na Fred Muvunyi

Ubwanditsi 17 Aug 2017 Amakuru, HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Impaka ni zose hagati ya Fred Muvunyi wahoze ari umuyobozi w’urwego rw’abanyamakuru bigenzura (RMC), Depite Gatabazi Jean Marie Vianney, intumwa ya rubanda, na Nduhungirehe Olivier, ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi.

Izi mpaka zishingira ku byo batumvikanaho, bacyurirana bamwe ‘uburyo bavugira umukati bahawe ngo utabava mu ntoki.’ Abandi banga igihugu’ amategeko n’amabwiriza ku kintu runaka batumvikanaho ni bimwe mu bikunze kugaruka ku mpaka bakunze kugirana kuri Twitter, rimwe zigana mu rwego rwa ngo turwane.

Impaka zari zigezweho mu mpera z’iki cyumweru tariki ya 12 Kanama 2017, zatangiwe n’uwitwa Bob Mugabe [ Robert Mugabe ] abwira Depite Gatabazi ko ngo abaturage bari guhura n’ibibazo, ariko ntibabavugire, ahubwo bagashimagiza, asoza abaza abo ahagarariye muri iyo nteko ishinga amategeko.[akomoza ku kibazo cy’abazunguzayi baherutse gushyamirana n’abakora irondo ry’isuku i Nyabugogo].

Ambasaderi Nduhungirehe yahise yungamo abaza Mugabe niba agiye gufata ikibazo gisanzwe akagihuza na politiki, anongeraho imvugo isa n’imutuka, ati “Poor Muvunyi” ugenekereje yagize ati “Mutindi Muvunyi”.

Muvunyi,Umunyamakuru wa Deutsche Welle wemeza ko yahungiye mu mahanga, na we yahise yinjira muri iki kiganiro agira ati “ Nyamara akarengane hari igihe kigera ntikihanganirwe! Aba baturage mugira gutya bazabibabaza rimwe.”

Na we yahise abazwa na Uwanyirigira Claudine, Umuyobozi Mukuru wungirije muri RBA, abagira gutyo abaturage, ati “Mugira mutya’? bande? Sinabonye uzi kuvangura abakosa n’abazima, aho wanditse uti ‘ bamwe mu Banyakenya…? Kuri iki kibazo byakunanije iki?”

-7606.jpg

Uwanyirigira Claudine, Umuyobozi Mukuru wungirije muri RBA.

Muvunyi amubaza niba ashaka ko avangura, ngo uretse ko nta n’umuntu yavuze.
Uwanyirigira ahita amusubiza ati “ N’iyo ugira uwo uvuga bikagira inzira , anketi zigakorwa. Kwamagana ikibi ni byiza, ariko gushyira abantu bose mu gatebo kamwe nta kiza kivamo.”

Muvunyi yunzemo abwira Uwanyirigira ko atari azi ko azi Ikinyarwanda, ati “Uzi ko burya ntari nzi ko uzi Ikinyarwanda?! Ndatangaye, ndumva twarahuye nka rimwe gusa! Uraho ubundi.”

Aha ni ho Depite Gatabazi yinjiriye mu kiganiro, abaza Muvunyi niba agiye kurusha Uwanyirigira Ikinyarwanda, ati “ Ubwo ni ugushyenga ahari.”
Muvunyi yahise yita Depite Gatabazi ‘Inkotanyi cyane’, anamubwira ko ibibazo igihugu gifite yabyikoreye.

Gatabazi na we amusubiza ati “ Hari uwo bitareba se ko namwe muri iyo, mbona byarababujije gukira Nostalgia (urukumbuzi).”

Muvunyi amusubiza ko urukumbuzi ari ngombwa, agira ati “ Ko mwatwambuye kubaho uko dushaka, murabuzwa n’iki kwishongora! Urukumbuzi ni ngombwa cyane kandi nta cyaha kirimo, icyaha kiri kuri mwe.”

Amuseka, Gatabazi amubwira ko yishyira hejuru, akaba akwiye kwicisha bugufi akemera agaterwa icyuhagiro kuko ari umwana w’u Rwanda.

Yabivuze muri aya magambo “Hahahha baragushutse nawe wishyize hejuru, banza wumve hanyuma uzashyire ubwenge ku gihe uze tugutere icyuhagiro uri umwana w’u Rwanda.”

-7605.jpg

Bob Mugabe [ Robert Mugabe ], Hon Gatabazi, Ambasaderi Nduhungirehe na Fred Muvunyi

Muvunyi yahise ahakaba ko Gatabazi atari mu bamutera icyuhagiro.
Ati “ Haha Gatabazi, nubwo uri ku mutsima, ukaramya abafite ubutware, mu bantera icyuhagiro nturimo….”.

Gatabazi amubaza aho yamukura, Muvunyi yahise amubwira ko atifuza kuba nka we, ku buryo ngo ntacyo yamwigiraho.

Yaba Gatabazi, Muvunyi na Nduhungirehe na Bob Mugabe bakunze guhurira ku mbuga nkoranyambaga batumvikana kuri politiki y’u Rwanda. Ariko akenshi ugasanga bamwe bigiza nkana, abandi ari nkababandi babura icyo banenga inka bakavuga ngo dore icyo gicebe cyayo. Nkuwabaza Muvunyi icyo yahunze yavuga ko ari iki ?

2017-08-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abajenosideri 8 b’Abanyarwanda birukanwe ku butaka bwa Niger

Abajenosideri 8 b’Abanyarwanda birukanwe ku butaka bwa Niger

Ubwanditsi 28 Dec 2021
Perezida Museveni yahaye inshingano Andrew Mwenda zo kuguyaguya Bobi Wine bagahagarika ikirego cy’uko amatora yibwe

Perezida Museveni yahaye inshingano Andrew Mwenda zo kuguyaguya Bobi Wine bagahagarika ikirego cy’uko amatora yibwe

Ubwanditsi 03 Feb 2021
Umutoza w’Ikipe y’Igihugu MASHAMI Vincent yatangaje urutonde rw’abakinnyi 23 azifashisha mu mukino wa Mali

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu MASHAMI Vincent yatangaje urutonde rw’abakinnyi 23 azifashisha mu mukino wa Mali

Ubwanditsi 28 Aug 2021
Amafoto – APR FC yatsinze US Monastir 1-0 mu mukino ubanza wa CAF Champions League wabereye kuri Sitade ya Huye

Amafoto – APR FC yatsinze US Monastir 1-0 mu mukino ubanza wa CAF Champions League wabereye kuri Sitade ya Huye

Ubwanditsi 10 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Save: ishyaka Green Party  ryakubise igihwereye aho ryagombaga Kwiyamamariza
POLITIKI

Save: ishyaka Green Party ryakubise igihwereye aho ryagombaga Kwiyamamariza

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Uganda: Umunyarwanda yakubiswe kugeza aho ashiramo umwuka
ITOHOZA

Uganda: Umunyarwanda yakubiswe kugeza aho ashiramo umwuka

Ubwanditsi 07 Jan 2018
Nizeyimana Olivier uherutse gutorerwa kuyobora FERWAFA mu myaka ine iri imbere yakoze ihererekanyabubasha na Komite Nyobozi icyuye igihe
Amakuru

Nizeyimana Olivier uherutse gutorerwa kuyobora FERWAFA mu myaka ine iri imbere yakoze ihererekanyabubasha na Komite Nyobozi icyuye igihe

Ubwanditsi 29 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru