• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mu mvugo Ikarishye Perezida Kagame yahigiye kuzatamaza abayobozi bafite imikorere idahwitse

Mu mvugo Ikarishye Perezida Kagame yahigiye kuzatamaza abayobozi bafite imikorere idahwitse

Ubwanditsi 31 Aug 2017 Mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yavuze ko atazakomeza kubikira ibanga bamwe mu bayobozi barangwa n’amakimbirane n’abareberera abanyereza imitumgo y’igihugu bikadindiza akazi.

Perezida Kagame utariye iminwa mu ijambo rye, ubwo yarahizaga bamwe mu bagize guverinoma nshya, yatunze agatoki zimwe muri minisiteri zirangwamo amakimbirane bigatuma zidindira.

Yagize ati “Kuvugana n’umuntu icyo umuntu akishyurira iki! Ubu tujye mu baterankunga kugira ngo tubasabe inkunga yo kugira ngo mwumvikane!? Mu byo mujya kubasaba nabyo birimo ko mu byifitemo mubuzwa n’iki?.”

Yakomeje ati “Mu buzima mugomba guhinduka, mwishakemo umuti hanyuma mubone kuvura abandi. Ubuhinzi n’ubworozi nabyo ndifuza ko bihinduka vuba bidatinze.”

Ku bikorwa remezo yeruye avuga ko hari ikibazo cy’amafaranga yagenewe imihanda anyerezwa n’abakozi ubuyobozi burebera.

-7817.jpg

Perezida Paul Kagame

Ati “Ntabwo abantu bashobora kujya bakoresha imihanda, umuhanda ugahinduka inzira y’ibirenge icyagombaga kuba metero indwi kikaba eshatu. Bikorwa n’abakozi, ubwo namwe muba murimo kuko niba mukorana n’abakozi ntimuvugane mukora iki?”

Yirinze kugira izina ry’umuyobozi atunga agatoki, ariko yizeza ko nibidakemuka azashyira ku karubanda amazina ya bamwe bu bananiranye.

-7819.jpg

Abaminisitiri bashya barahiye basabwe gukora bazirikana kubahiriza inshingano zabo

Zimwe muri Minisiteri yatunze agatoki harimo Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), Minisiteri y’ibikorwaremezo (MININFRA), Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) na Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST).

Yaciye amarenga ko muri izi Minisiteri harimo imikorere idahwitse kubera amakimbirane azirangwamo, kunyereza amafaranga yagenewe gukora ibikorwa remezo no kudakurikirana abanyereje amafaranga ya leta.

Perezida Kagame yanihanangirije abandi bayobozi bagera mu buyobozi bagatuza bakumva ko bari mu “Kinyenga cy’Ubuyobozi” bakibagirwa akazi bashinzwe.

-7818.jpg

2017-08-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bishop Rugagi ati ’Isi yose yaramenye byararangiye

Bishop Rugagi ati ’Isi yose yaramenye byararangiye

Ubwanditsi 12 Nov 2018
Abanyeshuri b’abanyarwanda 17 baracyari muri Uganda nyuma y’ifungwa rya Makerere

Abanyeshuri b’abanyarwanda 17 baracyari muri Uganda nyuma y’ifungwa rya Makerere

Ubwanditsi 03 Nov 2016
Nduhungirehe yatamaje ibinyoma bya Muyaya wa RDC ukomeje gutagatifuza FDLR

Nduhungirehe yatamaje ibinyoma bya Muyaya wa RDC ukomeje gutagatifuza FDLR

RUSHYASHYA 23 Feb 2026
Perezida wa Repubulika ya Centrafrique Faustin-Archange Touadéra aragirira uruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda

Perezida wa Repubulika ya Centrafrique Faustin-Archange Touadéra aragirira uruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda

Ubwanditsi 05 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’iminsi 35 ikipe ya APR FC itakaje umwanya wa mbere, yongeye kuwisubiza itsinze Bugesera FC 1-0
Amakuru

Nyuma y’iminsi 35 ikipe ya APR FC itakaje umwanya wa mbere, yongeye kuwisubiza itsinze Bugesera FC 1-0

Ubwanditsi 18 Apr 2022
Frank Habineza yatewe n’abajura
ITOHOZA

Frank Habineza yatewe n’abajura

Ubwanditsi 17 Aug 2018
Ni nde Muyobozi ukwiriye u Rwanda
POLITIKI

Ni nde Muyobozi ukwiriye u Rwanda

Ubwanditsi 13 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru