• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gasabo: Paul Kagame yatorewe kuzahagararira FPR mu matora yegereje

Gasabo: Paul Kagame yatorewe kuzahagararira FPR mu matora yegereje

Ubwanditsi 04 Jun 2017 Mu Rwanda

Abanyamuryango ba FPR muri Gasabo batoye Perezida Paul Kagame kuzabahagararira mu matora ya Perezida, ariko ishyaka abagore bagaragaje mu kumwamamaza niryo ryihariye umuhango.

Mu gitondo cyo kuwa gatandatu tariki 03 Kamena 2017, abanyamuryango 833 b’umuryango FPR-Inkotanyi bahuriye mu matora yo kwamamaza umukandida bifuza ko azabahagararira mu matora yegereje.

Bidatunguranye uko bari bitabiriye uyu muhango, bose uko bitabiriye, 100% bemeje ko bongeye kugirira icyizere Perezida Kagame wenda gusoza manda ye, kugira ngo akomeze abahagararire, bazanamutore ku munsi w’amatora.

Buri cyiciro, kuva ku rubyiruko, abacuruzi, abagore n’abandi bagize uyu muryango bagendaga batangaza umukandida bifuza, bakanasobanura icyo bashingiraho kumwamaza.

Abagore bo muri aka karere nibo bahize abandi mu kugaragaza ibigwi bya Perezida Kagame, bavuga ko bifuza ko byakomeza.

-6801.jpg

Morali yari yose

Umurungi Josephine, umupfakazi washoboye kwiteza imbere ubu akaba anahagarariye urugaga r’abagore bikorera mu Murenge wa Rusororo, yavuze ko atigeze atekereza ko yashobora gukora ubucuruzi kugeza aho asigaye yohereza abana be kwiga muri kaminuza zo muri Amerika.

Yagize ati “Ndihira abana banjye batanu. Uwa mbere afite PHD yavanye muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, umuhererezi afite icyiciro cya kaminuza yavanye muri IPRC. Kandi nanjye ntuye iwanjye mfite umutekano usesuye.

Ikintu nsaba Paul Kagame ni ukutazatezuka ku nshingano, agakomeza kuba intwari nk’uko yabaye intwari kandi ndabyizeye. Agakomeza kumva ko tumuri inyuma.”
Mukamazimpa Yvonne we yavuze ko ku buyobozi bwa Perezida Kagame, abagore bashoboye kwigarurira icyizere, avuga ko nubwo bamutoye batazamutererana kuko bazakomeza gushyigikira gahunda yashyizeho.

Agira ati “Mutezeho iterambere kandi mwigiraho byinshi kandi nizera ko dufatanyije hari aho dushobora kugeza u Rwanda. Nkanjye ngiye gushyira ingufu mu kwegera bagenzi banjye cyane cyane abakiri hasi bakitinya, mbabwire ko dufite umuyobozi udushyigikiye.”

-6799.jpg

-6800.jpg

Mayor Rwamurangwa Steven

Rwamurangwa Steven, yavuze ko igikorwa cyabaye uyu munsi ari igishimangira icyo bakoze bavugurura itegeko nshinga.

Agira ati “Abagore bafite inkuru zitangaje zo kuvuga cyane cyane mu miyoborere myiza ya Paul Kagame.”

Hazakurikiraho kwamamaza umukandida uzahagararira umuryango wa FPR ku rwego rw’akarere, uteganyijwe muri iki cyumweru tariki 04 Kamena 2017.

Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi mu Karere ka Rusizi nabo batoye Perezida Paul Kagame ngo azabahagararire mu matira ya Perezida wa Repubulika.
Yagize amajwi yose 100% aho abatoye uko ari 607 bose ari we batoye nta wifashe nta n’impfabusa.

-6797.jpg

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Rusizi

Bamwe mu banyamuryango ba RPF-Inkotanyi bakaba bavuze ko bamwitezeho kongera ibikorwaremezo birimo amazi n’amashanyarazi aho ataragera banamushimira byinshi yabagejejeho.

Mu byo yabagejejeho harimo gukomeza guha umugore agaciro, gushakira igihugu inshuti zigikwiye no kubungabunga amahoro mu gihugu n’ahandi mu mahanga.

-6798.jpg

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Kirehe

Mu Karere ka Kirehe naho abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi batiye Perezida Paul Kagame ngo azabahagararire mu matora ya Perezida wa Repubulika. Yatowe ku majwi 923 y’abatoye bose.

2017-06-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu mukino wa gicuti ikipe ya Gasogi United yatsinzwe na Bugesera FC, umukino wa Kiyovu SC na Gorilla FC ntiwaba kubera gutinda kw’ibisubizo bya Koronavusi bya Kit Manager.

Mu mukino wa gicuti ikipe ya Gasogi United yatsinzwe na Bugesera FC, umukino wa Kiyovu SC na Gorilla FC ntiwaba kubera gutinda kw’ibisubizo bya Koronavusi bya Kit Manager.

Ubwanditsi 28 Apr 2021
Umunyamakuru Shyaka Kanuma  aracyagundagurana n’Ubutabera, ahakana  ibyaha ashinjwa

Umunyamakuru Shyaka Kanuma aracyagundagurana n’Ubutabera, ahakana ibyaha ashinjwa

Ubwanditsi 15 Jun 2017
Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi

Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi

RUSHYASHYA 28 Jun 2026
PS muri Minisiteri ya Siporo, Shema Maboko Didier yashyikirije ibendera abakinnyi bagiye guhagararira u Rwanda muri shampiyona Nyafurika yo gusiganwa ku magare

PS muri Minisiteri ya Siporo, Shema Maboko Didier yashyikirije ibendera abakinnyi bagiye guhagararira u Rwanda muri shampiyona Nyafurika yo gusiganwa ku magare

Ubwanditsi 20 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CHAN 2018: U Rwanda rwatsinze Guinée Equatoriale
IMIKINO

CHAN 2018: U Rwanda rwatsinze Guinée Equatoriale

Ubwanditsi 20 Jan 2018
Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye  Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa
INKURU NYAMUKURU

Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa

Ubwanditsi 20 Jun 2018
Komisiyo y’Amatora yemeje k’uburyo ntakuka Kagame Paul, Mpayimana Philippe na Habineza Frank nk’abakandida bazahatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika
POLITIKI

Komisiyo y’Amatora yemeje k’uburyo ntakuka Kagame Paul, Mpayimana Philippe na Habineza Frank nk’abakandida bazahatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika

Ubwanditsi 07 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru