• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gasabo: Paul Kagame yatorewe kuzahagararira FPR mu matora yegereje

Gasabo: Paul Kagame yatorewe kuzahagararira FPR mu matora yegereje

Ubwanditsi 04 Jun 2017 Mu Rwanda

Abanyamuryango ba FPR muri Gasabo batoye Perezida Paul Kagame kuzabahagararira mu matora ya Perezida, ariko ishyaka abagore bagaragaje mu kumwamamaza niryo ryihariye umuhango.

Mu gitondo cyo kuwa gatandatu tariki 03 Kamena 2017, abanyamuryango 833 b’umuryango FPR-Inkotanyi bahuriye mu matora yo kwamamaza umukandida bifuza ko azabahagararira mu matora yegereje.

Bidatunguranye uko bari bitabiriye uyu muhango, bose uko bitabiriye, 100% bemeje ko bongeye kugirira icyizere Perezida Kagame wenda gusoza manda ye, kugira ngo akomeze abahagararire, bazanamutore ku munsi w’amatora.

Buri cyiciro, kuva ku rubyiruko, abacuruzi, abagore n’abandi bagize uyu muryango bagendaga batangaza umukandida bifuza, bakanasobanura icyo bashingiraho kumwamaza.

Abagore bo muri aka karere nibo bahize abandi mu kugaragaza ibigwi bya Perezida Kagame, bavuga ko bifuza ko byakomeza.

-6801.jpg

Morali yari yose

Umurungi Josephine, umupfakazi washoboye kwiteza imbere ubu akaba anahagarariye urugaga r’abagore bikorera mu Murenge wa Rusororo, yavuze ko atigeze atekereza ko yashobora gukora ubucuruzi kugeza aho asigaye yohereza abana be kwiga muri kaminuza zo muri Amerika.

Yagize ati “Ndihira abana banjye batanu. Uwa mbere afite PHD yavanye muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, umuhererezi afite icyiciro cya kaminuza yavanye muri IPRC. Kandi nanjye ntuye iwanjye mfite umutekano usesuye.

Ikintu nsaba Paul Kagame ni ukutazatezuka ku nshingano, agakomeza kuba intwari nk’uko yabaye intwari kandi ndabyizeye. Agakomeza kumva ko tumuri inyuma.”
Mukamazimpa Yvonne we yavuze ko ku buyobozi bwa Perezida Kagame, abagore bashoboye kwigarurira icyizere, avuga ko nubwo bamutoye batazamutererana kuko bazakomeza gushyigikira gahunda yashyizeho.

Agira ati “Mutezeho iterambere kandi mwigiraho byinshi kandi nizera ko dufatanyije hari aho dushobora kugeza u Rwanda. Nkanjye ngiye gushyira ingufu mu kwegera bagenzi banjye cyane cyane abakiri hasi bakitinya, mbabwire ko dufite umuyobozi udushyigikiye.”

-6799.jpg

-6800.jpg

Mayor Rwamurangwa Steven

Rwamurangwa Steven, yavuze ko igikorwa cyabaye uyu munsi ari igishimangira icyo bakoze bavugurura itegeko nshinga.

Agira ati “Abagore bafite inkuru zitangaje zo kuvuga cyane cyane mu miyoborere myiza ya Paul Kagame.”

Hazakurikiraho kwamamaza umukandida uzahagararira umuryango wa FPR ku rwego rw’akarere, uteganyijwe muri iki cyumweru tariki 04 Kamena 2017.

Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi mu Karere ka Rusizi nabo batoye Perezida Paul Kagame ngo azabahagararire mu matira ya Perezida wa Repubulika.
Yagize amajwi yose 100% aho abatoye uko ari 607 bose ari we batoye nta wifashe nta n’impfabusa.

-6797.jpg

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Rusizi

Bamwe mu banyamuryango ba RPF-Inkotanyi bakaba bavuze ko bamwitezeho kongera ibikorwaremezo birimo amazi n’amashanyarazi aho ataragera banamushimira byinshi yabagejejeho.

Mu byo yabagejejeho harimo gukomeza guha umugore agaciro, gushakira igihugu inshuti zigikwiye no kubungabunga amahoro mu gihugu n’ahandi mu mahanga.

-6798.jpg

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Kirehe

Mu Karere ka Kirehe naho abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi batiye Perezida Paul Kagame ngo azabahagararire mu matora ya Perezida wa Repubulika. Yatowe ku majwi 923 y’abatoye bose.

2017-06-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko mu bihugu bigize EAC Uganda n’u Burundi byahinduranyije ubutegetsi kenshi kurusha ibindi

Uko mu bihugu bigize EAC Uganda n’u Burundi byahinduranyije ubutegetsi kenshi kurusha ibindi

Ubwanditsi 21 Mar 2017
Perezida Kagame na Ban Ki Moon baganiriye ku bibazo bikomeje kwibasira u Burundi

Perezida Kagame na Ban Ki Moon baganiriye ku bibazo bikomeje kwibasira u Burundi

Ubwanditsi 01 Feb 2016
Perezida Museveni  n’Umuhungu we Kainerugaba bashimiye Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda

Perezida Museveni n’Umuhungu we Kainerugaba bashimiye Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2017
‘Umutekano w’Abarokotse Jenoside ntuhagije Ingengabitekerezo itaracika’ –  Perezida Kagame

‘Umutekano w’Abarokotse Jenoside ntuhagije Ingengabitekerezo itaracika’ – Perezida Kagame

Ubwanditsi 27 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amashirakinyoma ku kaga kagwiriye ingabo zitwaga iza Kayumba Nyamwasa
INKURU NYAMUKURU

Amashirakinyoma ku kaga kagwiriye ingabo zitwaga iza Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 28 Jun 2019
Polisi y’ u Rwanda yataye muri yombi Egide Kayitasire wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyaruguru
ITOHOZA

Polisi y’ u Rwanda yataye muri yombi Egide Kayitasire wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyaruguru

Ubwanditsi 10 Jun 2017
U Bushinwa: Agahinda k’umugore wabujijwe kwinjira muri hoteli azira ko akomoka muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

U Bushinwa: Agahinda k’umugore wabujijwe kwinjira muri hoteli azira ko akomoka muri Uganda

Ubwanditsi 07 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru