• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Iyo inda yasumbye indagu, Minisitiri Alexis Gisaro Muvunyi agambaniye Abanyamulenge akomokamo.

Iyo inda yasumbye indagu, Minisitiri Alexis Gisaro Muvunyi agambaniye Abanyamulenge akomokamo.

Ubwanditsi 15 Feb 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Abahanga babivuze ukuri koko inda nini cyangwa umururumba niyo ntandaro y’amakuba yose. Ibi byongeye gushimangirwa n’umugambanyi Alexis Gisaro Muvunyi, wahisemo ko ubwoko bw’Abanyamulenge akomokamo bushirira ku icumu, ariko akigumanira imbehe ye, dore ko ari Minisitiri w’Ibikorwaremezo n’Imirimo ya Leta muri Kongo.

Nubwo Alexis Gisaro asanzwe azwiho gushaka kuzuza igifu cye gusa, nk’abandi bategetsi ba Kongo barya utwabo bakarya n’utw’abandi, noneho ijambo yavugiye imbere y’itangazamakuru kuri uyu wa kabiri tariki 14 Gashyantare 2023, ryatumye abashyira mu gaciro barushaho kumufata nk’igisahiranda, kititaye ku kaga abavandimwe b’Abanyamulenge barimo, kimwe n’abandi Banyekongo bavuga ikinyarwanda, by’umwihariko Abatutsi.

Ubundi iki kiganiro n’abanyamakuru cyari kigamije kumurika uko ibikorwaremezo bihagaze muri Kingo. Ariko kubera ko atashoboraga kugira icyo yerekana kizima, dore ko muri icyo gihugu ibikorwaremezo hafi ya byose bigeze aharindimuka kubera ubusahuzi, yahisemo kurangaza abantu, yivugira gusa uburyo ibibazo by’Abanyamulenge biterwa n’uRwanda.

Bwana Gisaro Muvunyi yagize ati: “Hari abantu bigize abavugizi b’ubwoko bwacu. Ntitwigeze dusaba uRwanda kutuvuganira mu kugaba ibitero mu gihugu cyacu. Kuvuga ko muri Kongo hari ubwoko buhohoterwa, ni urw’itwazo kugirango u Rwanda rubone uko rutera Kongo.

Dufite Leta ishyira mu gaciro, kandi iha buri muturage uburenganzira bwe. Iyo FDLR iza kuba ari ikibazo, cyari kuba cyararangiye ku gihe cy’ibikoresho by’uRwanda nka AFDL, RCD, CNDP, M23 ya mbere na M23 ya kabiri. Icyo urwanda rugamije ni ugushyamiranya Abanyekongo, no gutuma ibintu birusaho kuba bibi”.

Ayo magambo yuzuyemo gushinyagurira Abanyamurenge n’abandi Banyekongo bavuga ikinyarwanda, yababaje cyane abazi neza ibibera mu Burasirazuba bwa Kongo, barimo Abanyamulenge bicwa buri munsi muri Kivu y’Amajyepfo n’aba Maï-Maï n’indi mitwe ishyigikiwe n’ingabo za Leta. Amatungo yabo araribwa, inzu zabo zigatwikwa ku manywa y’ihangu, bababwira ngo “nibasubire iwabo mu Rwanda”.

Urugero ruheruka ni urusengero rw’Abanyamulenge rwatwitswe mu mujyi wa Goma tariki 06 uku kwezi. Nta nkurikizi ku bakora aya marorerwa, kuko bashyigikiwe na Leta Bwana Alexis Gisaro abereye Minisitiri.

Alexis Gisaro ntashobora gusobanura impamvu abantu nka Azarias Ruberwa na Moïse Nyarugabo bahozwa ku nkeke bazizwa gusa ko ari Abanyamulenge, kugeza ubwo Ruberwa wanabaye Visi-Perezida wa Kongo, abuzwa gusohoka mu gihugu, ngo ajye gushyingura umuvandimwe muri Amarika.

Iyo Bwana Gisaro ashinja u Rwanda guteranya Abanyekongo, yirengagiza ibyegeranyo, birimo n’iby’Abanyamerika, byerekana ko mu myaka ya za 65 Abatutsi b’Abanyekongo bari baratangiye guhohoterwa n’abandi baturage, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abahutu n’Abahunde. Ese ubu Bwana Gisaro yatubwira ko imvururu zimaze kugwamo abantu batabarika hagati y’aba “Teke” n’aba “Yaka” b’ahitwa Kwamouth mu ntara ya Mayi-Ndombe, mu burengerazuba bwa Kongo, nazo ziterwa n’ u Rwanda?

Birababaje kuba ukuri kuzwi na buri wese guhakanwa na Alexis Gisaro Muvunyi, wagombye kuba atabariza abavandimwe be, cyane ko anafite uruvugiro, nk’umwe mu bagize guverinoma.

Nyamara ako gashinyaguro n’akagambane abishyize ku Karubanda, mu gihe Madamu Alice Nderitu Wairimu, Umunyanamawa Wihariye w’Umunyamabanga Mukuru wa Loni, ushinzwe Gukumira Jenoside, amaze gusohora ibyegeranyo 2 by’intabaza, yerekana ko ihohoterwa rikorerwa Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, barimo Abanyamulege, niridahagurukirwa rizavamo Jenoside nk’iyabaye mu Rwanda.

Abakurikiranira hafi politiki ya Kongo bamaze gutahura ko Leta ya Tshisekedi yafashe bamwe mu Banyamulenge b’inda nini, ibatamika amadolari kugirango bagambanire bene wabo, bagoreka ukuri ku kaga barimo.

Uyu Alexis Gisaro ni umwe muri abo ba “Bangamwabo”, kimwe na ba Ombe Nyamuhombezi birirwa kuri za BBC bavuga ko nta Munyamulenge ugirirwa nabi, ko ahubwo aribo bateza ibibazo, kuva bashinga umutwe wa “Twirwaneho”.

Iyi politiki yo kwifashisha ibisambo mu bugambanyi, ni nayo Yuvenali Habyarimana yakoresheje, ubwo yafataga Umututsi Kajuga Robert akamushinga kuyobora Interahamwe zatsembe abantu, barimo n’abo mu muryango wa Kajuga Robert ubwe.

Ariko se ubwo bugambanyi bwamubujije kugwa igihugu igicuri, ahagambwa mu musambi i Kinshasa?! Kimwe n’abandi banyapolitiki ba Kongo, Alexis Gisaro aratwika inzu agahisha umwotsi, iyo avuga ko uRwanda rwagize FDLR urwitwazo. Nyamara muri ibyo byegeranyo bya Madamu Alice Wairimu Nderitu, ndetse no mu bindi byinshi by’impuguke za Loni, hari ibimenyetso simusiga ko FDLR ifatanya n’igisirikari cya Kongo ku rugamba barwana na M23, ndetse iyo FDLR ikaba ari umwe mu mitwe yica Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, by’umwihariko Abatutsi.

Alexis Gisaro kandi arayobya abatamuzi neza, iyo afata imitwe yagiye ishoza intambara muri Kongo, akayishinja kuba ibikoresho by’uRwanda, kandi nyamara ari umwe mu bari ibikomerezwa muri iyo mitwe, by’umwihariko RCD.Kuba uyu “Bihemu” yibasira M23, ni ikimwaro aterwa no kuba yari umwe mu bahagarariye Leta ya Kongo mu biganiro byinshi yagiranye na M23, ariko iyo Leta ikanga kubahiriza ibiri mu mazesezerano yavuye muri ibyo biganiro.

Alexis Gisaro rero n’abandi bari bahagarariye ubutegetsi bwa Kinshasa, ntibashobora gusobanurira abaturage icyatumye banga gushyira mu bikorwa ibyo basinyanye na M23, kugeza ubwo uyu mutwe ubifashe nk’agasuzuguro ukegura intwaro. Mu yandi magambo, abo bategetsi ba Kongo nibo nyirabayazana b’iyi ntambara ica ibintu mu burasirazuba bw’icyo gihugu, ari nabyo bitera ipfunwe Alexis Gisaro na bagenzi be.

Kuva Jenoside yakorewe Abayahudi yaba, isi yose yiyemeje ko nta handi jenoside izongera kuba ukundi, ndetse n’uRwanda rwiyemeza gutabara ahantu hose bigaragara ko hategurwa jenoside. Umuryango Mpuzamahanga rero niwibuke inshingano wihaye, utabare Abatutsi bo muri Kongo bakorerwa Jenoside.

Naho ba Alexis Gisaro Muvunyi bavuga ko ntawe basabye kubabera umuvugizi, intego yabo ni ukugirango abo Batutsi bakomeze bicwe isi yose irebera, nk’uko byagenze muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, muw’1994.

2023-02-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Afrobasketball: Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, u Rwanda rwabonye itike ya 1/4

Afrobasketball: Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, u Rwanda rwabonye itike ya 1/4

Ubwanditsi 31 Jul 2023
U Rwanda rwagukanye umwanya wa 3 muri Basketball, Amavubi mu bagore basezerewe na Uganda

U Rwanda rwagukanye umwanya wa 3 muri Basketball, Amavubi mu bagore basezerewe na Uganda

Ubwanditsi 17 Jul 2023
Imyaka 21 y’Ubwicanyi bwa Gatumba: Ubutabera Bwaratinze, CNDD-FDD Ikomeje Kubangamira Kwibuka

Imyaka 21 y’Ubwicanyi bwa Gatumba: Ubutabera Bwaratinze, CNDD-FDD Ikomeje Kubangamira Kwibuka

Ubwanditsi 13 Aug 2025
Ikipe ya Etincelles yahagaritse umuvuduko wa AS Kigali, Police FC isubira Musanze FC, Mukura VS ikomeza kujya habi.

Ikipe ya Etincelles yahagaritse umuvuduko wa AS Kigali, Police FC isubira Musanze FC, Mukura VS ikomeza kujya habi.

Ubwanditsi 11 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Afurika yepfo: Minisitiri  Lindiwe Sisulu  yahinduriwe imirimo
HIRYA NO HINO

Afurika yepfo: Minisitiri Lindiwe Sisulu yahinduriwe imirimo

Ubwanditsi 30 May 2019
Rayon Sports inganyije na As Kigali 1-1 itakaza umwanya wa Kabiri wafashwe na Kiyovu SC
Amakuru

Rayon Sports inganyije na As Kigali 1-1 itakaza umwanya wa Kabiri wafashwe na Kiyovu SC

Ubwanditsi 12 Mar 2023
Imyaka itanu irashize icyamamare Jean Christophe Matata avuye kuri iyi isi
Mu Rwanda

Imyaka itanu irashize icyamamare Jean Christophe Matata avuye kuri iyi isi

Ubwanditsi 06 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru