• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Iyo inda yasumbye indagu, Minisitiri Alexis Gisaro Muvunyi agambaniye Abanyamulenge akomokamo.

Iyo inda yasumbye indagu, Minisitiri Alexis Gisaro Muvunyi agambaniye Abanyamulenge akomokamo.

Ubwanditsi 15 Feb 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Abahanga babivuze ukuri koko inda nini cyangwa umururumba niyo ntandaro y’amakuba yose. Ibi byongeye gushimangirwa n’umugambanyi Alexis Gisaro Muvunyi, wahisemo ko ubwoko bw’Abanyamulenge akomokamo bushirira ku icumu, ariko akigumanira imbehe ye, dore ko ari Minisitiri w’Ibikorwaremezo n’Imirimo ya Leta muri Kongo.

Nubwo Alexis Gisaro asanzwe azwiho gushaka kuzuza igifu cye gusa, nk’abandi bategetsi ba Kongo barya utwabo bakarya n’utw’abandi, noneho ijambo yavugiye imbere y’itangazamakuru kuri uyu wa kabiri tariki 14 Gashyantare 2023, ryatumye abashyira mu gaciro barushaho kumufata nk’igisahiranda, kititaye ku kaga abavandimwe b’Abanyamulenge barimo, kimwe n’abandi Banyekongo bavuga ikinyarwanda, by’umwihariko Abatutsi.

Ubundi iki kiganiro n’abanyamakuru cyari kigamije kumurika uko ibikorwaremezo bihagaze muri Kingo. Ariko kubera ko atashoboraga kugira icyo yerekana kizima, dore ko muri icyo gihugu ibikorwaremezo hafi ya byose bigeze aharindimuka kubera ubusahuzi, yahisemo kurangaza abantu, yivugira gusa uburyo ibibazo by’Abanyamulenge biterwa n’uRwanda.

Bwana Gisaro Muvunyi yagize ati: “Hari abantu bigize abavugizi b’ubwoko bwacu. Ntitwigeze dusaba uRwanda kutuvuganira mu kugaba ibitero mu gihugu cyacu. Kuvuga ko muri Kongo hari ubwoko buhohoterwa, ni urw’itwazo kugirango u Rwanda rubone uko rutera Kongo.

Dufite Leta ishyira mu gaciro, kandi iha buri muturage uburenganzira bwe. Iyo FDLR iza kuba ari ikibazo, cyari kuba cyararangiye ku gihe cy’ibikoresho by’uRwanda nka AFDL, RCD, CNDP, M23 ya mbere na M23 ya kabiri. Icyo urwanda rugamije ni ugushyamiranya Abanyekongo, no gutuma ibintu birusaho kuba bibi”.

Ayo magambo yuzuyemo gushinyagurira Abanyamurenge n’abandi Banyekongo bavuga ikinyarwanda, yababaje cyane abazi neza ibibera mu Burasirazuba bwa Kongo, barimo Abanyamulenge bicwa buri munsi muri Kivu y’Amajyepfo n’aba Maï-Maï n’indi mitwe ishyigikiwe n’ingabo za Leta. Amatungo yabo araribwa, inzu zabo zigatwikwa ku manywa y’ihangu, bababwira ngo “nibasubire iwabo mu Rwanda”.

Urugero ruheruka ni urusengero rw’Abanyamulenge rwatwitswe mu mujyi wa Goma tariki 06 uku kwezi. Nta nkurikizi ku bakora aya marorerwa, kuko bashyigikiwe na Leta Bwana Alexis Gisaro abereye Minisitiri.

Alexis Gisaro ntashobora gusobanura impamvu abantu nka Azarias Ruberwa na Moïse Nyarugabo bahozwa ku nkeke bazizwa gusa ko ari Abanyamulenge, kugeza ubwo Ruberwa wanabaye Visi-Perezida wa Kongo, abuzwa gusohoka mu gihugu, ngo ajye gushyingura umuvandimwe muri Amarika.

Iyo Bwana Gisaro ashinja u Rwanda guteranya Abanyekongo, yirengagiza ibyegeranyo, birimo n’iby’Abanyamerika, byerekana ko mu myaka ya za 65 Abatutsi b’Abanyekongo bari baratangiye guhohoterwa n’abandi baturage, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abahutu n’Abahunde. Ese ubu Bwana Gisaro yatubwira ko imvururu zimaze kugwamo abantu batabarika hagati y’aba “Teke” n’aba “Yaka” b’ahitwa Kwamouth mu ntara ya Mayi-Ndombe, mu burengerazuba bwa Kongo, nazo ziterwa n’ u Rwanda?

Birababaje kuba ukuri kuzwi na buri wese guhakanwa na Alexis Gisaro Muvunyi, wagombye kuba atabariza abavandimwe be, cyane ko anafite uruvugiro, nk’umwe mu bagize guverinoma.

Nyamara ako gashinyaguro n’akagambane abishyize ku Karubanda, mu gihe Madamu Alice Nderitu Wairimu, Umunyanamawa Wihariye w’Umunyamabanga Mukuru wa Loni, ushinzwe Gukumira Jenoside, amaze gusohora ibyegeranyo 2 by’intabaza, yerekana ko ihohoterwa rikorerwa Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, barimo Abanyamulege, niridahagurukirwa rizavamo Jenoside nk’iyabaye mu Rwanda.

Abakurikiranira hafi politiki ya Kongo bamaze gutahura ko Leta ya Tshisekedi yafashe bamwe mu Banyamulenge b’inda nini, ibatamika amadolari kugirango bagambanire bene wabo, bagoreka ukuri ku kaga barimo.

Uyu Alexis Gisaro ni umwe muri abo ba “Bangamwabo”, kimwe na ba Ombe Nyamuhombezi birirwa kuri za BBC bavuga ko nta Munyamulenge ugirirwa nabi, ko ahubwo aribo bateza ibibazo, kuva bashinga umutwe wa “Twirwaneho”.

Iyi politiki yo kwifashisha ibisambo mu bugambanyi, ni nayo Yuvenali Habyarimana yakoresheje, ubwo yafataga Umututsi Kajuga Robert akamushinga kuyobora Interahamwe zatsembe abantu, barimo n’abo mu muryango wa Kajuga Robert ubwe.

Ariko se ubwo bugambanyi bwamubujije kugwa igihugu igicuri, ahagambwa mu musambi i Kinshasa?! Kimwe n’abandi banyapolitiki ba Kongo, Alexis Gisaro aratwika inzu agahisha umwotsi, iyo avuga ko uRwanda rwagize FDLR urwitwazo. Nyamara muri ibyo byegeranyo bya Madamu Alice Wairimu Nderitu, ndetse no mu bindi byinshi by’impuguke za Loni, hari ibimenyetso simusiga ko FDLR ifatanya n’igisirikari cya Kongo ku rugamba barwana na M23, ndetse iyo FDLR ikaba ari umwe mu mitwe yica Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, by’umwihariko Abatutsi.

Alexis Gisaro kandi arayobya abatamuzi neza, iyo afata imitwe yagiye ishoza intambara muri Kongo, akayishinja kuba ibikoresho by’uRwanda, kandi nyamara ari umwe mu bari ibikomerezwa muri iyo mitwe, by’umwihariko RCD.Kuba uyu “Bihemu” yibasira M23, ni ikimwaro aterwa no kuba yari umwe mu bahagarariye Leta ya Kongo mu biganiro byinshi yagiranye na M23, ariko iyo Leta ikanga kubahiriza ibiri mu mazesezerano yavuye muri ibyo biganiro.

Alexis Gisaro rero n’abandi bari bahagarariye ubutegetsi bwa Kinshasa, ntibashobora gusobanurira abaturage icyatumye banga gushyira mu bikorwa ibyo basinyanye na M23, kugeza ubwo uyu mutwe ubifashe nk’agasuzuguro ukegura intwaro. Mu yandi magambo, abo bategetsi ba Kongo nibo nyirabayazana b’iyi ntambara ica ibintu mu burasirazuba bw’icyo gihugu, ari nabyo bitera ipfunwe Alexis Gisaro na bagenzi be.

Kuva Jenoside yakorewe Abayahudi yaba, isi yose yiyemeje ko nta handi jenoside izongera kuba ukundi, ndetse n’uRwanda rwiyemeza gutabara ahantu hose bigaragara ko hategurwa jenoside. Umuryango Mpuzamahanga rero niwibuke inshingano wihaye, utabare Abatutsi bo muri Kongo bakorerwa Jenoside.

Naho ba Alexis Gisaro Muvunyi bavuga ko ntawe basabye kubabera umuvugizi, intego yabo ni ukugirango abo Batutsi bakomeze bicwe isi yose irebera, nk’uko byagenze muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, muw’1994.

2023-02-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amatakirangoyi ya ruharwa Angelina Mukandutiye imbere y’ubutabera; ngo azamenya ko ubutabera bubaho nibamuha imbabazi

Amatakirangoyi ya ruharwa Angelina Mukandutiye imbere y’ubutabera; ngo azamenya ko ubutabera bubaho nibamuha imbabazi

Ubwanditsi 23 Jul 2021
Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka

Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka

RUSHYASHYA 24 Jun 2026
Kiyovu SC yatandukanye n’abatoza bungirije barimo Banamwana ndetse n’abakinnyi 15 biganjemo abasozaga amasezerano

Kiyovu SC yatandukanye n’abatoza bungirije barimo Banamwana ndetse n’abakinnyi 15 biganjemo abasozaga amasezerano

Ubwanditsi 24 Jul 2021
Thomas Nahimana, ingirwapadiri yamunzwe n’ingengabitekerezo ya Hutu-Pawa, ubwambuzi n’ubusambanyi (Igice cya mbere)

Thomas Nahimana, ingirwapadiri yamunzwe n’ingengabitekerezo ya Hutu-Pawa, ubwambuzi n’ubusambanyi (Igice cya mbere)

Ubwanditsi 02 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kiyovu SC yasezerewe na Gorilla FC, Rayon Sports itsinda Interforce FC mu mikino ya 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro
Amakuru

Kiyovu SC yasezerewe na Gorilla FC, Rayon Sports itsinda Interforce FC mu mikino ya 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 23 Jan 2024
Bamwe mu mpunzi za Kiziba bateje imyivumbagatanyo basabiwe indi minsi 30 yo gufungwa
ITOHOZA

Bamwe mu mpunzi za Kiziba bateje imyivumbagatanyo basabiwe indi minsi 30 yo gufungwa

Ubwanditsi 26 Apr 2018
Polisi y’u Rwada yakomereje ubukangurambaga mu kurengera ibidukikije mu karere ka Kamonyi
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwada yakomereje ubukangurambaga mu kurengera ibidukikije mu karere ka Kamonyi

Ubwanditsi 08 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru