• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Afrika Y’epfo : Umuhungu Wa Ngeze Hassan Yasanzwe Muri Hotel Yimanitse Mu Mugozi
Dr. Thomas Ngeze

Afrika Y’epfo : Umuhungu Wa Ngeze Hassan Yasanzwe Muri Hotel Yimanitse Mu Mugozi

Ubwanditsi 18 Jun 2018 ITOHOZA

Uyu musore witwa Dr. Thomas Ngeze ngo yasanzwe muri Hotel mugihugu cya Afurika y’epfo yimanitse mu mugozi, uyu musore  mubusanzwe yabaga mu Bubiligi bivugwa ko yari yararangije amashuli,  akaba yari mu gihugu cy’Afurika y’Epfo mu rwego rwo kwimenyereza akazi. Hashize iminsi hari guhwihwiswa ko umwe mubagize uruhare rusesuye muri jenoside yakorewe Abatutsi Ngeze Hassan wari umuyobozi mukuru wa Kangura akaba ise w’uyu muhungu, ari gusabirwa kurekurwa atarangije igihano yakatiwe bivugwa ko  ari kubusabe bwa Agathe Kanziga wari umugore wa Perezida Habyarimana.

Amakuru atugeraho nuko Kanziga ngo akeneye Ngeze Hassan kugira ngo akomeze amwifashishe mumugambi wo gupfobya jenoside yakorewe Abatutsi kuko na mbere hose Kangura cyari ikinyamakuru cyayoborwaga na Ngeze ariko umuyobozi wacyo wanyawe akaba yari Agathe Kanziga.

Agathe Kanziga

Amakuru dufite nuko Kanziga yegereye umucamanza Theodor Meron anamwemerera ibishoboka byose kugira ngo arekure Ngeze Hassan maze asubire kwa nyirabuja bakomeze gahunda batangije 1990.

UKO KANGURA YAVUTSE

Kangura yavutse 1990, Kajeguhakwa Valens yaje kugabwaho igitero n’abantu bafite imbunda aho yari atuye ku Gisenyi maze bituma Kajeguhakwa avugana na Rwabukwisi amusohorera inkuru y’uburyo yagabweho igitero.

Inkuru yasohotse Ngeze ari umukozi wa Rwabukwisi Abanyagisenyi bita Lavi, iyi nkuru ngo ntiyashimishije abayobozi bariho nka Serubuga, Bakumbi Raphael, Col Anatole Nsengiyumva maneko mukuru wa Perezida Habyarimana .

Nguko uko abo batoni bo mu kazu n’Agatha bafashe gahunda yo gushinga ikindi kinyamakuru bahita bakoresha Ngeze Hassan wari umukozi wa Rwabukwisi, Kanziga akibera umuyobozi mukuru ku buryo butaziguye.

Inama yo gushinga Kangura yabereye mu rugo rwa Higaniro wari umunyamabanga w’umuryango w’ubukungu w’ibihugu bigari CEPGL, inama irangiye Ngeze yajyanye na Serubuga mu ndege i Kigali ariho yagarutse aje gucuruza ikinyamakuru Kangura.

Rwabukwisi wari warubakiwe akazu ko gucuruza ikinyamakuru cye ku muryango w’isoko rya Gisenyi, yahise abona umucyeba ariwe Ngeze Hassan.

Hassan Ngeze

Ngeze Hassan yahise yubaka iruhande rw’uwari umukoresha we hafi ya Sitasiyo ya Esanse ya Kajeguhakwa ndetse inkuru ya mbere yasohotse ivuguruza iyanditswe na Kanguka ivuga uburyo Kajeguhakwa yatewe n’abantu batazwi bafite imbunda.

Iyo nkuru ya Kangura yo yemezaga ko Kajeguhakwa atunze imbunda ahubwo ariwe warashe mu kirere ashaka guhungabanya umutekano.

AMATEGEKO 10 Y’ABAHUTU

Niwe wanononsoye amategeko 10 y’Abahutu

Ngeze Hassan yabaye icyamamare cyane cyane ubwo yasohoraga amategeko 10 y’abahutu yagize uruhare runini mugukwirakwiza amacakubiri mu Rwanda ndetse no gukongeza Genocide yakorewe Abatutsi.

Amakuru dufite nuko ariya mategeko yakozwe na Kanziga, aba ariwe uyandika aranayanononsora maze yifashisha Ngeze ayasohora mu izina rye kugira ngo hatazagira nundi ubimukekera kandi birumvikana ko Ngeze atari bubihakane kuko yari yashyizwe ku ibere ndetse yaremeye kuba ikiraro kinyuzwamo inzandiko zikwirakwiza amacakubiri yose yavaga kwa Kanziga ndetse n’abari abayobozi bakuru ba MRND.

Ngeze Hassan ntabwo yakoreshejwe na Agathe Kanziga kwandika gusa binyuze muri Kangura ahubwo yanakoreshejwe nawe kujya kureba neza aho bari kwica Abatutsi ku buryo ariwe wahaga raporo abitwaga Escadro de la mort ku bwicanyi bwateguwe bwose, aha twavuga ko yakurikiranye igeragezwa rya Jenoside yakorewe Abagogwe, ndetse n’ubwicanyi bwakorewe Abatutsi babaga mu Bugesera.

Ntagushidikanya rero ko Kanziga ariwe uri gukora ibishoboka byose kugira ngo umukozi we amugaruke mu ntoki akomeze amukoreshe muri gahunda asigaranye yo gupfobya jenoside yakorewe Abatutsi.

Dr. Thomas Ngeze

2018-06-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kenyatta yasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda

Perezida Kenyatta yasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Mar 2019
Urutonde rw’abatanze umusanzu wo gutera u Rwanda

Urutonde rw’abatanze umusanzu wo gutera u Rwanda

Ubwanditsi 08 Jul 2016
Kivu y’Amajyepfo : Intambara iraca ibintu hagati y’Umutwe wa ‘ Gumino Banyamulenge ‘  n’abarwanyi b’Umutwe wa Mai-Mai (Aoci).

Kivu y’Amajyepfo : Intambara iraca ibintu hagati y’Umutwe wa ‘ Gumino Banyamulenge ‘ n’abarwanyi b’Umutwe wa Mai-Mai (Aoci).

Ubwanditsi 31 May 2017
Mu Bubiligi hari insengero z’abahutu n’iz’abatutsi- Umukobwa wa Col. Nsekarije

Mu Bubiligi hari insengero z’abahutu n’iz’abatutsi- Umukobwa wa Col. Nsekarije

Ubwanditsi 05 Jul 2018

3 Ibitekerezo

  1. Yayeli G.
    June 18, 20187:16 pm -

    Uyu mwana mumuhoye iki koko? Ko muvuga ko ICYAHA ARI GATOZI, Uyu muhungu wa Ngeze mumuhoye iki??
    Imana izabibabaza ubwo yiyongereye ku mubare w abahitanywe n ingoma. Mukomeze muzagera aho murebe neza.

    Subiza
    • dada
      June 20, 201812:49 pm -

      hahahaaaa ngo uyu mwana wa ngeze bamuhoyiki???!!!!!niko ise aba bandi yabahoy iki??uzamutubarize

      Subiza
  2. minu
    June 19, 20189:14 am -

    YAYELI YAYELI YAYELI umwana w interahamwe arakubabaje pe ese n ababandi n uko bakubabaje???!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yasabye imbaraga mu gukurikirana ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga
UBUKUNGU

Perezida Kagame yasabye imbaraga mu gukurikirana ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga

Ubwanditsi 30 Apr 2019
Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu
Amakuru

Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Ubwanditsi 06 Jun 2024
Victoire ingabire ntiyigeze ava muri FDU inkingi, naho ingengabitekerezo ye ni yayindi ya Hutu Pawa
Amakuru

Victoire ingabire ntiyigeze ava muri FDU inkingi, naho ingengabitekerezo ye ni yayindi ya Hutu Pawa

Ubwanditsi 02 Dec 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru