• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Afrika Y’epfo : Umuhungu Wa Ngeze Hassan Yasanzwe Muri Hotel Yimanitse Mu Mugozi
Dr. Thomas Ngeze

Afrika Y’epfo : Umuhungu Wa Ngeze Hassan Yasanzwe Muri Hotel Yimanitse Mu Mugozi

Ubwanditsi 18 Jun 2018 ITOHOZA

Uyu musore witwa Dr. Thomas Ngeze ngo yasanzwe muri Hotel mugihugu cya Afurika y’epfo yimanitse mu mugozi, uyu musore  mubusanzwe yabaga mu Bubiligi bivugwa ko yari yararangije amashuli,  akaba yari mu gihugu cy’Afurika y’Epfo mu rwego rwo kwimenyereza akazi. Hashize iminsi hari guhwihwiswa ko umwe mubagize uruhare rusesuye muri jenoside yakorewe Abatutsi Ngeze Hassan wari umuyobozi mukuru wa Kangura akaba ise w’uyu muhungu, ari gusabirwa kurekurwa atarangije igihano yakatiwe bivugwa ko  ari kubusabe bwa Agathe Kanziga wari umugore wa Perezida Habyarimana.

Amakuru atugeraho nuko Kanziga ngo akeneye Ngeze Hassan kugira ngo akomeze amwifashishe mumugambi wo gupfobya jenoside yakorewe Abatutsi kuko na mbere hose Kangura cyari ikinyamakuru cyayoborwaga na Ngeze ariko umuyobozi wacyo wanyawe akaba yari Agathe Kanziga.

Agathe Kanziga

Amakuru dufite nuko Kanziga yegereye umucamanza Theodor Meron anamwemerera ibishoboka byose kugira ngo arekure Ngeze Hassan maze asubire kwa nyirabuja bakomeze gahunda batangije 1990.

UKO KANGURA YAVUTSE

Kangura yavutse 1990, Kajeguhakwa Valens yaje kugabwaho igitero n’abantu bafite imbunda aho yari atuye ku Gisenyi maze bituma Kajeguhakwa avugana na Rwabukwisi amusohorera inkuru y’uburyo yagabweho igitero.

Inkuru yasohotse Ngeze ari umukozi wa Rwabukwisi Abanyagisenyi bita Lavi, iyi nkuru ngo ntiyashimishije abayobozi bariho nka Serubuga, Bakumbi Raphael, Col Anatole Nsengiyumva maneko mukuru wa Perezida Habyarimana .

Nguko uko abo batoni bo mu kazu n’Agatha bafashe gahunda yo gushinga ikindi kinyamakuru bahita bakoresha Ngeze Hassan wari umukozi wa Rwabukwisi, Kanziga akibera umuyobozi mukuru ku buryo butaziguye.

Inama yo gushinga Kangura yabereye mu rugo rwa Higaniro wari umunyamabanga w’umuryango w’ubukungu w’ibihugu bigari CEPGL, inama irangiye Ngeze yajyanye na Serubuga mu ndege i Kigali ariho yagarutse aje gucuruza ikinyamakuru Kangura.

Rwabukwisi wari warubakiwe akazu ko gucuruza ikinyamakuru cye ku muryango w’isoko rya Gisenyi, yahise abona umucyeba ariwe Ngeze Hassan.

Hassan Ngeze

Ngeze Hassan yahise yubaka iruhande rw’uwari umukoresha we hafi ya Sitasiyo ya Esanse ya Kajeguhakwa ndetse inkuru ya mbere yasohotse ivuguruza iyanditswe na Kanguka ivuga uburyo Kajeguhakwa yatewe n’abantu batazwi bafite imbunda.

Iyo nkuru ya Kangura yo yemezaga ko Kajeguhakwa atunze imbunda ahubwo ariwe warashe mu kirere ashaka guhungabanya umutekano.

AMATEGEKO 10 Y’ABAHUTU

Niwe wanononsoye amategeko 10 y’Abahutu

Ngeze Hassan yabaye icyamamare cyane cyane ubwo yasohoraga amategeko 10 y’abahutu yagize uruhare runini mugukwirakwiza amacakubiri mu Rwanda ndetse no gukongeza Genocide yakorewe Abatutsi.

Amakuru dufite nuko ariya mategeko yakozwe na Kanziga, aba ariwe uyandika aranayanononsora maze yifashisha Ngeze ayasohora mu izina rye kugira ngo hatazagira nundi ubimukekera kandi birumvikana ko Ngeze atari bubihakane kuko yari yashyizwe ku ibere ndetse yaremeye kuba ikiraro kinyuzwamo inzandiko zikwirakwiza amacakubiri yose yavaga kwa Kanziga ndetse n’abari abayobozi bakuru ba MRND.

Ngeze Hassan ntabwo yakoreshejwe na Agathe Kanziga kwandika gusa binyuze muri Kangura ahubwo yanakoreshejwe nawe kujya kureba neza aho bari kwica Abatutsi ku buryo ariwe wahaga raporo abitwaga Escadro de la mort ku bwicanyi bwateguwe bwose, aha twavuga ko yakurikiranye igeragezwa rya Jenoside yakorewe Abagogwe, ndetse n’ubwicanyi bwakorewe Abatutsi babaga mu Bugesera.

Ntagushidikanya rero ko Kanziga ariwe uri gukora ibishoboka byose kugira ngo umukozi we amugaruke mu ntoki akomeze amukoreshe muri gahunda asigaranye yo gupfobya jenoside yakorewe Abatutsi.

Dr. Thomas Ngeze

2018-06-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gitifu w’Akarere ka Gasabo yatawe muri yombi

Gitifu w’Akarere ka Gasabo yatawe muri yombi

Ubwanditsi 09 May 2018
Imishanana n’imigara by’abari guhamiriza Ingabire Victoire yabaye Perezida w’u Rwanda, itoye uruhumbu itambawe!

Imishanana n’imigara by’abari guhamiriza Ingabire Victoire yabaye Perezida w’u Rwanda, itoye uruhumbu itambawe!

Ubwanditsi 23 Jul 2024
Impamvu Museveni yahinduye igihugu cya Uganda indiri ya RNC n’ubuhungiro bw’ abajenosideri n’inzira inyuzwamo abashaka gutoroka u Rwanda bose.

Impamvu Museveni yahinduye igihugu cya Uganda indiri ya RNC n’ubuhungiro bw’ abajenosideri n’inzira inyuzwamo abashaka gutoroka u Rwanda bose.

Ubwanditsi 17 Apr 2020
Nyuma y’u Rwanda, Sudani y’Amajyepfo nayo irashinja Uganda gucumbikira no gutoza abarwanya icyo gihugu

Nyuma y’u Rwanda, Sudani y’Amajyepfo nayo irashinja Uganda gucumbikira no gutoza abarwanya icyo gihugu

Ubwanditsi 22 Jul 2019

3 Ibitekerezo

  1. Yayeli G.
    June 18, 20187:16 pm -

    Uyu mwana mumuhoye iki koko? Ko muvuga ko ICYAHA ARI GATOZI, Uyu muhungu wa Ngeze mumuhoye iki??
    Imana izabibabaza ubwo yiyongereye ku mubare w abahitanywe n ingoma. Mukomeze muzagera aho murebe neza.

    Subiza
    • dada
      June 20, 201812:49 pm -

      hahahaaaa ngo uyu mwana wa ngeze bamuhoyiki???!!!!!niko ise aba bandi yabahoy iki??uzamutubarize

      Subiza
  2. minu
    June 19, 20189:14 am -

    YAYELI YAYELI YAYELI umwana w interahamwe arakubabaje pe ese n ababandi n uko bakubabaje???!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Irushanwa rya Tour du Cameroun 2018 ryasubitswe ikipe y’u Rwanda yagezeyo
IMIKINO

Irushanwa rya Tour du Cameroun 2018 ryasubitswe ikipe y’u Rwanda yagezeyo

Ubwanditsi 09 Mar 2018
Uganda: Hatangijwe Amasengesho Adasanzwe Yo Gusabira Gen Kale Kayihura Wahoze Akuriye Igipolisi
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Hatangijwe Amasengesho Adasanzwe Yo Gusabira Gen Kale Kayihura Wahoze Akuriye Igipolisi

Ubwanditsi 13 Aug 2018
Burundi: Raporo ya SOS – Torture igaragaza ko nibura abantu umunani bishwe mu cyumweru kimwe
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Raporo ya SOS – Torture igaragaza ko nibura abantu umunani bishwe mu cyumweru kimwe

Ubwanditsi 20 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru