• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Tugiye kubyaza umusaruro ubushake bw’u Rwanda mu gukemura ikibazo cy’abimukira banyuranyije n’amategeko” – Donald Trump

Tugiye kubyaza umusaruro ubushake bw’u Rwanda mu gukemura ikibazo cy’abimukira banyuranyije n’amategeko” – Donald Trump

Ubwanditsi 18 Nov 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Ikinyamakuru “The Sun” cyo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, mu nomero yacyo yasohotse ejo ku cyumweru, kiravuga ko Perezida w’icyo gihugu uherutse gutorwa, Donald Trump, agitsimbaraye ku ntego yijeje Abanyamerika ubwo yiyamamazaga, aho yiyemeje gukumira abanyamahanga binjira n’abatuye muri Amerika mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Donald Trump n’ishyaka rye rigendera ku mahame ya Repubulika, bemera ko abo bimukira bacura Abanyamerika akazi n’andi mahirwe agenewe umwenegihugu, ndetse ngo bakaba nyirabayazana w’ibikorwa bihungabanya umutekano aho muri Amerika.

Mu gukemura icyo kibazo cy’abimukira binjira muri Amerika banyuze cyane cyane ku mupaka wayo w’amajyepfo, Perezida Trump avuga ko azifashisha amasezerano u Rwanda rwari rwagiranye n’Ubwongereza, aho uRwanda rwari rwiyemeje kwakira abimukira baba mu Bwongereza binyuranyije n’amategeko, ariko muri Nyakanga uyu mwaka, ubwo hatorwaga ubutegetsi bushya buyobowe na Minisitiri w’Intebe Keir Starmer, ayo masezerano agaterwa umugongo.

Perezida Trump avuga ko bitangaje kuba Abongereza barinemfaguje ubushake bw’u Rwanda rwari rwiyemeje kubatwaza umutwaro uremereye w’abimukira, we rero akaba yarafashe icyemezo cyo kubyaza umusaruro ubwo bushake bw’u Rwanda.

Perezida Trump ndetse yamaze no gushyiraho Tom Homan, intagondwa irwanya cyane abimukira, ngo iyo nkoramutima ye izamufashe gushyira mu bikorwa intego akomeyeho.

Ubutegetsi burangajwe imbere na Trump kandi, buvuga ko buzasesa itegeko ryemereraga ubwenegihugu bw’Amerika umwana wese uvukiye muri icyo gihugu, kabone n’iyo ababyeyi be baba bari aho muri Amerika mu buryo butemewe n’amategeko.

Itegeko rishya, rizasimbura iryari rimaze imyaka amagana ryubahirizwa, rizaba riteganya ko abimukira batujuje ibisabwa bazajya birukananwa n’abana babo, kabone n’ubwo abo bana baba baravukiye aho muri Amerika.

Ikinyamakuru” The Sun” kivuga ko uyu mushinga wa Perezida Trump wo kohereza mu Rwanda abimukira baba muri Amerika mu buryo butemewe n’amategeko, utazahura n’imbogamizi zishingiye ku mategeko, nk’uko byagenze mu Bwongereza, kuko ishyaka rya Trump( Republicans) rifite ubwiganze mu mitwe yombi y’ Inteko ishinga Amategeko, ndetse rikanagira ijambo riremereye mu Rukiko rw’Ikirenga.

Ntihatangajwe igihe ibiganiro bigamije amasezerano hagati y’Amerika n’uRwanda ku birebana n’abimukira, bizatangirira.

Si Leta Zunze Ubumwe z’Amerika gusa ziteganya gufatanya n”uRwanda mu gukemura ikibazo cy’abimukira baba mu bihugu binyuranye mu buryo butemewe n’amategeko, kuko n’Ubudage bwamaze kugaragaza ubwo bushake bwa politiki, ababikurikiranira hafi bakavuga ko ari ikibazo cy’igihe gusa ngo bitangire gushyirwa mu bikorwa.

Uretse impunzi zisaga ibihumbi 100 z’Abanyekongo, mu Rwanda hari n’abahunze ingoma y’Abatalibani muri Afghanistan, ndetse n’ibihumbi by’abakomeje kuvanwa mu bucakara muri Libiya, aho bakwamiye bagerageza kujya gushakira imibereho mu Burayi. Mu buhamya bwabo, abo bose bavuga ko bishimiye cyane ubuzima babayemo mu Rwanda.

2024-11-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo gucuruza imva kuri internet, ikiryabarezi Thomas Nahimana cyiyemeje gutanga pasiporo z’ibicupuri

Nyuma yo gucuruza imva kuri internet, ikiryabarezi Thomas Nahimana cyiyemeje gutanga pasiporo z’ibicupuri

Ubwanditsi 25 Jun 2022
Amananiza Theodor Meron yashyize ku Rwanda agambiriye kurekura Ngeze na bagenzi be

Amananiza Theodor Meron yashyize ku Rwanda agambiriye kurekura Ngeze na bagenzi be

Ubwanditsi 29 May 2018
Perezida Kagame yitabiriye ifungurwa ry’Ishami rizakurikirana ishyirwa mu bikorwa rya SDGs muri Afurika y’Amajyepfo

Perezida Kagame yitabiriye ifungurwa ry’Ishami rizakurikirana ishyirwa mu bikorwa rya SDGs muri Afurika y’Amajyepfo

Ubwanditsi 07 Aug 2019
Perezida wa Uganda Yoweri Museveni yasuye umuryango wa Fred Rwigema

Perezida wa Uganda Yoweri Museveni yasuye umuryango wa Fred Rwigema

Ubwanditsi 21 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iryavuzwe riratashye : Uganda yarunze ingabo n’ibikoresho by’intambara  ku mupaka wa DRC
INKURU NYAMUKURU

Iryavuzwe riratashye : Uganda yarunze ingabo n’ibikoresho by’intambara  ku mupaka wa DRC

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Politiki mbiligi isanzwe iciriritse, ariko noneho Abakongomani bari mu Nteko y’Ububiligi barayirunduye!
Amakuru

Politiki mbiligi isanzwe iciriritse, ariko noneho Abakongomani bari mu Nteko y’Ububiligi barayirunduye!

Ubwanditsi 24 Nov 2024
Ndayishimiye yazanye imikorere mibi mu Muryango w’Ubumwe bw’Afurika
Amakuru

Ndayishimiye yazanye imikorere mibi mu Muryango w’Ubumwe bw’Afurika

RUSHYASHYA 28 Mar 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru