• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Tugiye kubyaza umusaruro ubushake bw’u Rwanda mu gukemura ikibazo cy’abimukira banyuranyije n’amategeko” – Donald Trump

Tugiye kubyaza umusaruro ubushake bw’u Rwanda mu gukemura ikibazo cy’abimukira banyuranyije n’amategeko” – Donald Trump

Ubwanditsi 18 Nov 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Ikinyamakuru “The Sun” cyo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, mu nomero yacyo yasohotse ejo ku cyumweru, kiravuga ko Perezida w’icyo gihugu uherutse gutorwa, Donald Trump, agitsimbaraye ku ntego yijeje Abanyamerika ubwo yiyamamazaga, aho yiyemeje gukumira abanyamahanga binjira n’abatuye muri Amerika mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Donald Trump n’ishyaka rye rigendera ku mahame ya Repubulika, bemera ko abo bimukira bacura Abanyamerika akazi n’andi mahirwe agenewe umwenegihugu, ndetse ngo bakaba nyirabayazana w’ibikorwa bihungabanya umutekano aho muri Amerika.

Mu gukemura icyo kibazo cy’abimukira binjira muri Amerika banyuze cyane cyane ku mupaka wayo w’amajyepfo, Perezida Trump avuga ko azifashisha amasezerano u Rwanda rwari rwagiranye n’Ubwongereza, aho uRwanda rwari rwiyemeje kwakira abimukira baba mu Bwongereza binyuranyije n’amategeko, ariko muri Nyakanga uyu mwaka, ubwo hatorwaga ubutegetsi bushya buyobowe na Minisitiri w’Intebe Keir Starmer, ayo masezerano agaterwa umugongo.

Perezida Trump avuga ko bitangaje kuba Abongereza barinemfaguje ubushake bw’u Rwanda rwari rwiyemeje kubatwaza umutwaro uremereye w’abimukira, we rero akaba yarafashe icyemezo cyo kubyaza umusaruro ubwo bushake bw’u Rwanda.

Perezida Trump ndetse yamaze no gushyiraho Tom Homan, intagondwa irwanya cyane abimukira, ngo iyo nkoramutima ye izamufashe gushyira mu bikorwa intego akomeyeho.

Ubutegetsi burangajwe imbere na Trump kandi, buvuga ko buzasesa itegeko ryemereraga ubwenegihugu bw’Amerika umwana wese uvukiye muri icyo gihugu, kabone n’iyo ababyeyi be baba bari aho muri Amerika mu buryo butemewe n’amategeko.

Itegeko rishya, rizasimbura iryari rimaze imyaka amagana ryubahirizwa, rizaba riteganya ko abimukira batujuje ibisabwa bazajya birukananwa n’abana babo, kabone n’ubwo abo bana baba baravukiye aho muri Amerika.

Ikinyamakuru” The Sun” kivuga ko uyu mushinga wa Perezida Trump wo kohereza mu Rwanda abimukira baba muri Amerika mu buryo butemewe n’amategeko, utazahura n’imbogamizi zishingiye ku mategeko, nk’uko byagenze mu Bwongereza, kuko ishyaka rya Trump( Republicans) rifite ubwiganze mu mitwe yombi y’ Inteko ishinga Amategeko, ndetse rikanagira ijambo riremereye mu Rukiko rw’Ikirenga.

Ntihatangajwe igihe ibiganiro bigamije amasezerano hagati y’Amerika n’uRwanda ku birebana n’abimukira, bizatangirira.

Si Leta Zunze Ubumwe z’Amerika gusa ziteganya gufatanya n”uRwanda mu gukemura ikibazo cy’abimukira baba mu bihugu binyuranye mu buryo butemewe n’amategeko, kuko n’Ubudage bwamaze kugaragaza ubwo bushake bwa politiki, ababikurikiranira hafi bakavuga ko ari ikibazo cy’igihe gusa ngo bitangire gushyirwa mu bikorwa.

Uretse impunzi zisaga ibihumbi 100 z’Abanyekongo, mu Rwanda hari n’abahunze ingoma y’Abatalibani muri Afghanistan, ndetse n’ibihumbi by’abakomeje kuvanwa mu bucakara muri Libiya, aho bakwamiye bagerageza kujya gushakira imibereho mu Burayi. Mu buhamya bwabo, abo bose bavuga ko bishimiye cyane ubuzima babayemo mu Rwanda.

2024-11-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ubwanditsi 03 Mar 2025
Minisitiri Biruta yibukije inzego z’Ububiligi ko gukoloneza u Rwanda byarangiranye n’umwaka w’1962, Anagaruka kuri Paul Rusesabagina wiyita imfubyi Mbiligi

Minisitiri Biruta yibukije inzego z’Ububiligi ko gukoloneza u Rwanda byarangiranye n’umwaka w’1962, Anagaruka kuri Paul Rusesabagina wiyita imfubyi Mbiligi

Ubwanditsi 08 May 2021
Fred Ibingira wari Lt Gen, yagizwe Generali mu ngabo z’igihugu

Fred Ibingira wari Lt Gen, yagizwe Generali mu ngabo z’igihugu

Ubwanditsi 12 Jan 2018
RGB yasabye abanyamadini kwinjiza gahunda ya ‘Nk’uwikorera’ mu bikorwa byabo

RGB yasabye abanyamadini kwinjiza gahunda ya ‘Nk’uwikorera’ mu bikorwa byabo

Ubwanditsi 23 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burera : Perezida Kagame yavuze ko “Ababuza u Rwanda umutekano bakina n’umuriro nibawegera uzabotsa”
INKURU NYAMUKURU

Burera : Perezida Kagame yavuze ko “Ababuza u Rwanda umutekano bakina n’umuriro nibawegera uzabotsa”

Ubwanditsi 08 May 2019
APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha
Amakuru

APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha

RUSHYASHYA 28 Nov 2025
Brian Kagame umwana wa Perezida Kagame yikomwe n’abarwanya Leta y’u Rwanda
ITOHOZA

Brian Kagame umwana wa Perezida Kagame yikomwe n’abarwanya Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 01 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru