• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Tugiye kubyaza umusaruro ubushake bw’u Rwanda mu gukemura ikibazo cy’abimukira banyuranyije n’amategeko” – Donald Trump

Tugiye kubyaza umusaruro ubushake bw’u Rwanda mu gukemura ikibazo cy’abimukira banyuranyije n’amategeko” – Donald Trump

Ubwanditsi 18 Nov 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Ikinyamakuru “The Sun” cyo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, mu nomero yacyo yasohotse ejo ku cyumweru, kiravuga ko Perezida w’icyo gihugu uherutse gutorwa, Donald Trump, agitsimbaraye ku ntego yijeje Abanyamerika ubwo yiyamamazaga, aho yiyemeje gukumira abanyamahanga binjira n’abatuye muri Amerika mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Donald Trump n’ishyaka rye rigendera ku mahame ya Repubulika, bemera ko abo bimukira bacura Abanyamerika akazi n’andi mahirwe agenewe umwenegihugu, ndetse ngo bakaba nyirabayazana w’ibikorwa bihungabanya umutekano aho muri Amerika.

Mu gukemura icyo kibazo cy’abimukira binjira muri Amerika banyuze cyane cyane ku mupaka wayo w’amajyepfo, Perezida Trump avuga ko azifashisha amasezerano u Rwanda rwari rwagiranye n’Ubwongereza, aho uRwanda rwari rwiyemeje kwakira abimukira baba mu Bwongereza binyuranyije n’amategeko, ariko muri Nyakanga uyu mwaka, ubwo hatorwaga ubutegetsi bushya buyobowe na Minisitiri w’Intebe Keir Starmer, ayo masezerano agaterwa umugongo.

Perezida Trump avuga ko bitangaje kuba Abongereza barinemfaguje ubushake bw’u Rwanda rwari rwiyemeje kubatwaza umutwaro uremereye w’abimukira, we rero akaba yarafashe icyemezo cyo kubyaza umusaruro ubwo bushake bw’u Rwanda.

Perezida Trump ndetse yamaze no gushyiraho Tom Homan, intagondwa irwanya cyane abimukira, ngo iyo nkoramutima ye izamufashe gushyira mu bikorwa intego akomeyeho.

Ubutegetsi burangajwe imbere na Trump kandi, buvuga ko buzasesa itegeko ryemereraga ubwenegihugu bw’Amerika umwana wese uvukiye muri icyo gihugu, kabone n’iyo ababyeyi be baba bari aho muri Amerika mu buryo butemewe n’amategeko.

Itegeko rishya, rizasimbura iryari rimaze imyaka amagana ryubahirizwa, rizaba riteganya ko abimukira batujuje ibisabwa bazajya birukananwa n’abana babo, kabone n’ubwo abo bana baba baravukiye aho muri Amerika.

Ikinyamakuru” The Sun” kivuga ko uyu mushinga wa Perezida Trump wo kohereza mu Rwanda abimukira baba muri Amerika mu buryo butemewe n’amategeko, utazahura n’imbogamizi zishingiye ku mategeko, nk’uko byagenze mu Bwongereza, kuko ishyaka rya Trump( Republicans) rifite ubwiganze mu mitwe yombi y’ Inteko ishinga Amategeko, ndetse rikanagira ijambo riremereye mu Rukiko rw’Ikirenga.

Ntihatangajwe igihe ibiganiro bigamije amasezerano hagati y’Amerika n’uRwanda ku birebana n’abimukira, bizatangirira.

Si Leta Zunze Ubumwe z’Amerika gusa ziteganya gufatanya n”uRwanda mu gukemura ikibazo cy’abimukira baba mu bihugu binyuranye mu buryo butemewe n’amategeko, kuko n’Ubudage bwamaze kugaragaza ubwo bushake bwa politiki, ababikurikiranira hafi bakavuga ko ari ikibazo cy’igihe gusa ngo bitangire gushyirwa mu bikorwa.

Uretse impunzi zisaga ibihumbi 100 z’Abanyekongo, mu Rwanda hari n’abahunze ingoma y’Abatalibani muri Afghanistan, ndetse n’ibihumbi by’abakomeje kuvanwa mu bucakara muri Libiya, aho bakwamiye bagerageza kujya gushakira imibereho mu Burayi. Mu buhamya bwabo, abo bose bavuga ko bishimiye cyane ubuzima babayemo mu Rwanda.

2024-11-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Liberia: Bazindukiye mu cyiciro cya kabiri cy’amatora ya perezida

Liberia: Bazindukiye mu cyiciro cya kabiri cy’amatora ya perezida

Ubwanditsi 27 Dec 2017
U Burundi butangiye kwemera ko ari bwo Nyirabayazana w’ibibazo By’ Akarere

U Burundi butangiye kwemera ko ari bwo Nyirabayazana w’ibibazo By’ Akarere

Ubwanditsi 28 Aug 2018
Amafaranga yakusanyijwe na Rusesabagina ashenye FLN aho kuyubaka

Amafaranga yakusanyijwe na Rusesabagina ashenye FLN aho kuyubaka

Ubwanditsi 26 Nov 2020
Musabyimana Gaspard, maneko mukuru wa Habyarimana na Kayumba Rugema mukubiba urwango mu buswa bukabije ku bayobozi b’i Kigali

Musabyimana Gaspard, maneko mukuru wa Habyarimana na Kayumba Rugema mukubiba urwango mu buswa bukabije ku bayobozi b’i Kigali

Ubwanditsi 19 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw
UBUKUNGU

Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw

Ubwanditsi 04 Jul 2018
Byari amarira n’agahinda mu gusezeraho bwa nyuma Alexia Mupende wishwe atewe icyuma mu ijosi-AMAFOTO
HIRYA NO HINO

Byari amarira n’agahinda mu gusezeraho bwa nyuma Alexia Mupende wishwe atewe icyuma mu ijosi-AMAFOTO

Ubwanditsi 13 Jan 2019
Polisi ya Uganda yatangije iperereza ku kivugwa ko ari ihohotera ryakorewe umupolisikazi Esther Namaganda
Mu Mahanga

Polisi ya Uganda yatangije iperereza ku kivugwa ko ari ihohotera ryakorewe umupolisikazi Esther Namaganda

Ubwanditsi 25 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru