• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Mu ijoro ry’umunsi w’intwali abicanyi bateye muri Ndera

Mu ijoro ry’umunsi w’intwali abicanyi bateye muri Ndera

Ubwanditsi 06 Feb 2016 Mu Mahanga

Mu ijoro ry’umunsi w’intwali abicanyi batazwi umubare, ariko bagomba kuba bari benshi, bagabye ibitero mu murenge wa Ndera bagenda batemagura abantu !

Agace kibasiwe cyane ni Akagari ka Kibenga ari nako kabarizwamo ibiro by’umurenge wa Ndera aho abantu bagera kuri 20 bakomerekejwe cyane, abandi ku buryo bukomeye cyane.

Ntibiramenyekana niba abo bicanyi baragendaga ari itsinda rimwe cyangwa niba ibyo bitero barabigabaga binyuze mu dutsiko dutandukanye. Igitero cya mbere cyagabwe ahitwa ku Kinunga batemagura abantu icyenda, muri ayo masaha batemaguye abadi bane mu mudugudu wa Runyonza n’abandi nkabo aho bita kwa Murundi, ucururiza mu Gahoromani.

Abo bicanyi batemaguriraga abantu mu mazu yabo, abandi bakabatemagurira mu nzira, bigendera cyangwa baje gutabara ababaga bavuza induru.

Abikurikiraniye hafi bavuga yuko abakoze ayo mahano bari bagamije kwica gusa kuko nta bintu basahuraga, uretse Gasogi naho batemaguye abantu bakaniba za televiziyo.
Icyatumye benshi bananirwa gutabara byatewe n’uko abo bicanyi iyo bamaraga gutema abantu nabo bagendaga biruka batabaza ngo turashije abicanyi baratumaze.

Uwagendaga agira ngo aratabara abatemwaga ba bicanyi nawe bakamutemagura. Uko niko byagendekeye umusore umwe batemaguye cyane mu mutwe ubu akaba ari mu bitaro bya Kibagabaga.

Ubwo bugizi bwa nabi kandi ntabwo bwakozwe mu gicuku cyane kuko hari mu masaa yine na saa tanu, kuko abantu bensi bari bakiri mu mayira batahuka !

Aho Ndera hakunze kumvikana ubugizi bwa nabi bwo gucukura amazu, atuwemo cyangwa acururizwamo, abantu bakibwa. Ariko iyi iboneka nka gahunda yateguwe yo gutemagura abantu ni nshya.

-1981.jpg

Abacengezi

-1982.jpg

Umwe mu bakomeretse arimo aravurirwa mu bitaro by’i Ndera

Ubundi bugizi bwa nabi bwari bwarashobeye benshi muri uyu murenge ni iyibwa ry’ibendera ry’igihugu ryakorerwagwa ku ushuli rya primeri na segonderi (12 years) riri hafi cyane na paruwasi ya Ndera kimwe na stasiyo ya Polisi. Hari igihe ryo bendera ryibwe incuro ebyiri mu gihe kitari kigeze ku kwezi.

Kuva ubwo bugizi bwa nabi bwo gutemagura abantu bukozwe inzego zishinzwe umutekano zatangiye kujagajaga hose, amakuru akaba avuga yuko hari abantu bane bari bamaze gutabwa muri yombi bakekwaho kuba barabugizemo uruhare.

Casmiry Kayumba

2016-02-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RwandAir iratangira gukorera ingendo i Cotonou vuba

RwandAir iratangira gukorera ingendo i Cotonou vuba

Ubwanditsi 30 Aug 2016
Umukozi wa Banki ya Kigali wari wabuze ngo yari yagiye gusura inkumi bakundana

Umukozi wa Banki ya Kigali wari wabuze ngo yari yagiye gusura inkumi bakundana

Ubwanditsi 09 Jun 2016
Suzuma amafaranga uhawe ko atari amahimbano

Suzuma amafaranga uhawe ko atari amahimbano

Ubwanditsi 11 Feb 2016
Dr. Rose Mukankomeje umuyobozi wa REMA yatawe muri yombi

Dr. Rose Mukankomeje umuyobozi wa REMA yatawe muri yombi

Ubwanditsi 21 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FIFA yasabye Ferwafa gukemura ikibazo cya Rwemarika Félicité cyangwa ikabyikorera
IMIKINO

FIFA yasabye Ferwafa gukemura ikibazo cya Rwemarika Félicité cyangwa ikabyikorera

Ubwanditsi 31 Jan 2018
Nyagatare:  Bane bafunze bakekwaho guha ruswa abapolisi
Mu Mahanga

Nyagatare: Bane bafunze bakekwaho guha ruswa abapolisi

Ubwanditsi 07 Feb 2016
Dr Bizimana yagaragaje uburyo mu ngabo z’Abafaransa zari muri Zone Turquoise hari harimo ibirara
POLITIKI

Dr Bizimana yagaragaje uburyo mu ngabo z’Abafaransa zari muri Zone Turquoise hari harimo ibirara

Ubwanditsi 03 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru