• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Mu ijoro ry’umunsi w’intwali abicanyi bateye muri Ndera

Mu ijoro ry’umunsi w’intwali abicanyi bateye muri Ndera

Ubwanditsi 06 Feb 2016 Mu Mahanga

Mu ijoro ry’umunsi w’intwali abicanyi batazwi umubare, ariko bagomba kuba bari benshi, bagabye ibitero mu murenge wa Ndera bagenda batemagura abantu !

Agace kibasiwe cyane ni Akagari ka Kibenga ari nako kabarizwamo ibiro by’umurenge wa Ndera aho abantu bagera kuri 20 bakomerekejwe cyane, abandi ku buryo bukomeye cyane.

Ntibiramenyekana niba abo bicanyi baragendaga ari itsinda rimwe cyangwa niba ibyo bitero barabigabaga binyuze mu dutsiko dutandukanye. Igitero cya mbere cyagabwe ahitwa ku Kinunga batemagura abantu icyenda, muri ayo masaha batemaguye abadi bane mu mudugudu wa Runyonza n’abandi nkabo aho bita kwa Murundi, ucururiza mu Gahoromani.

Abo bicanyi batemaguriraga abantu mu mazu yabo, abandi bakabatemagurira mu nzira, bigendera cyangwa baje gutabara ababaga bavuza induru.

Abikurikiraniye hafi bavuga yuko abakoze ayo mahano bari bagamije kwica gusa kuko nta bintu basahuraga, uretse Gasogi naho batemaguye abantu bakaniba za televiziyo.
Icyatumye benshi bananirwa gutabara byatewe n’uko abo bicanyi iyo bamaraga gutema abantu nabo bagendaga biruka batabaza ngo turashije abicanyi baratumaze.

Uwagendaga agira ngo aratabara abatemwaga ba bicanyi nawe bakamutemagura. Uko niko byagendekeye umusore umwe batemaguye cyane mu mutwe ubu akaba ari mu bitaro bya Kibagabaga.

Ubwo bugizi bwa nabi kandi ntabwo bwakozwe mu gicuku cyane kuko hari mu masaa yine na saa tanu, kuko abantu bensi bari bakiri mu mayira batahuka !

Aho Ndera hakunze kumvikana ubugizi bwa nabi bwo gucukura amazu, atuwemo cyangwa acururizwamo, abantu bakibwa. Ariko iyi iboneka nka gahunda yateguwe yo gutemagura abantu ni nshya.

-1981.jpg

Abacengezi

-1982.jpg

Umwe mu bakomeretse arimo aravurirwa mu bitaro by’i Ndera

Ubundi bugizi bwa nabi bwari bwarashobeye benshi muri uyu murenge ni iyibwa ry’ibendera ry’igihugu ryakorerwagwa ku ushuli rya primeri na segonderi (12 years) riri hafi cyane na paruwasi ya Ndera kimwe na stasiyo ya Polisi. Hari igihe ryo bendera ryibwe incuro ebyiri mu gihe kitari kigeze ku kwezi.

Kuva ubwo bugizi bwa nabi bwo gutemagura abantu bukozwe inzego zishinzwe umutekano zatangiye kujagajaga hose, amakuru akaba avuga yuko hari abantu bane bari bamaze gutabwa muri yombi bakekwaho kuba barabugizemo uruhare.

Casmiry Kayumba

2016-02-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Ubwanditsi 14 Aug 2025
Ari u Rwanda, ari na Kongo, ninde ukwiye guhanirwa ibibazo Kongo ubwayo yikururiye?

Ari u Rwanda, ari na Kongo, ninde ukwiye guhanirwa ibibazo Kongo ubwayo yikururiye?

Ubwanditsi 06 Jul 2023
Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

Ubwanditsi 22 Aug 2023
Abapolisikazi baguye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti barashyinguwe

Abapolisikazi baguye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti barashyinguwe

Ubwanditsi 03 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Ibyishimo ni byinshi ku muryango w’umuhanzi Patient Bizimana wibarutse umwana w’imfura w’umuhungu
Amakuru

Amafoto – Ibyishimo ni byinshi ku muryango w’umuhanzi Patient Bizimana wibarutse umwana w’imfura w’umuhungu

Ubwanditsi 23 Sep 2022
Kagame nyuma ya Gabon, ari muri Nigeria mu ruzinduko rw’iminsi ibiri
HIRYA NO HINO

Kagame nyuma ya Gabon, ari muri Nigeria mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Ubwanditsi 11 Jun 2019
Igikomangoma Harry na Meghan bagiye kurira ukwezi kwa buki muri Canada
HIRYA NO HINO

Igikomangoma Harry na Meghan bagiye kurira ukwezi kwa buki muri Canada

Ubwanditsi 28 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru