• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Dr Bizimana yagaragaje uburyo mu ngabo z’Abafaransa zari muri Zone Turquoise hari harimo ibirara

Dr Bizimana yagaragaje uburyo mu ngabo z’Abafaransa zari muri Zone Turquoise hari harimo ibirara

Ubwanditsi 03 Feb 2020 POLITIKI

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG), Dr Bizimana Jean Damascène, yagaragaje ko kuba hari ibyaha ingabo z’Abafaransa zakoze muri Operation Zone Turquoise birimo gufata abagore ku ngufu, biterwa n’uko zari zirimo abantu bari basanzwe ari ibirara mu ngabo z’u Bufaransa.

Mu 1994 ubwo Jenoside yari irimbanyije nibwo ingabo z’u Bufaransa zoherejwe mu cyiswe ‘Opération Turquoise’ yari igamije gushyiraho agace katarimo intambara ko gufashirizamo abahuye n’ingaruka z’intambara na Jenoside ariko yaje kuba urwaho rwo gufasha Leta yakoze Jenoside ihabwa intwaro yanahunganye kugeza mu nkambi zo muri Zaire (Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo y’ubu), aho yisuganyirizaga ngo igaruke gutera igihugu.

Ibyo bice byarimo Opération Turquoise’ harimo Perefegitura nka Cyangugu, Gikongoro na Kibuye.

Izo ngabo zageze muri utu duce kuva kuwa 22 Kamena kugeza kuwa 22 Kanama 1994.

Abasirikare b’Abafaransa mu bikorwa byo gufata ku ngufu

Mu nkuru yasohotse mu biro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, tariki 20 Mutarama 2007, yagaragaje bamwe mu batangabuhamya bagiye bagaragaza uko bafashwe ku ngufu n’Ingabo z’Abafansa zari mu Rwanda mu 1994.

Umwe muri aba batangabuhamya yagize ati “Ingabo z’Abafaransa zakundaga kuza aho twabaga twihishe zigafatamo abana b’abakobwa harimo nanjye ubwanjye, baduhaga inzoga ndetse n’itabi. Ubwo twari tumaze gusinda badutegetse gukorana nabo imibonano mpuzabitsina, badufataga ku ngufu basimburana.”

Umutangabuhamya wa kabiri yavuze ko ubwo yageragezaga gushaka ubuhungiro aho ingabo z’Abafaransa zari ziri, umusirikare w’Umufaransa yarebereye umwe mu bagabo w’umunyarwanda wahamufatiye ku ngufu.

Yagize ati “Umwe mu bagabo w’umunyarwanda yaraje atangira kumbaza impamvu ndi aho, ubwo natangiraga kumusobanurira umusirikare w’Umufaransa nawe yaraje arankubita ngwa hasi, ako kanya wa munyarwanda yantegetse ko turyamana, umusirikare w’Umufaransa akomeza kundebera ndimo gukorerwa ibya mfura mbi.”

Undi mutangabuhamya yavuze ko ubwe yiboneye ingabo z’u Bufaransa zifata ku ngufu abagore b’Abatutsi aho bari bihishe mu bihuru.”

Dr Bizimana avuga ko izi ngabo z’u Bufaransa zari mu Rwanda, zari zigizwe n’abasirikare babaga baravanwe ku mihanda bafite imico y’ibirara.

Yabigarutseho mu Kigo cy’Urubyiruko cya Kimisagara kuri uyu wa 30 Mutarama 2020, mu butumwa yahaye urubyiruko 400 ruhagarariye urundi mu Ntara y’i Burasirazuba n’Umujyi wa Kigali.

Byari mu kiganiro cyagarutse ku kumenya amateka y’igihugu no kuyubakiraho ahazaza hacyo muri gahunda ya “Rubyiruko Menya Amateka Yawe”.

Dr Bizimana yavuze ko Jenoside imaze guhagarikwa, u Bufaransa bwari inshuti y’akadasohokaya Leta ya Habyarimana bwabonye nta bundi buryo bwo kugaruka mu Rwanda, bashaka andi maayeri.

Yagize ati “Jenoside imaze guhagarikwa n’ingabo za FPR-Inkotanyi, nibwo u Bufaransa bwongeye gushaka amayeri yo kongera kubafasha ariko basanga nta yindi nzira bafite uretse guca mu muryango w’Abibumbye, bateguye inyandiko bayijyana muri Loni basaba ko bakwemererwa kuza mu Rwanda mu gihe cy’amezi abiri, bavugaga ko ari ukuza gukora ibikorwa by’ubutabazi ariko bazana ibikoresho bya gisirikare n’amasasu menshi baje kurwana.”

Avuga ko aba basirikare bageze mu bice bya Cyangungu, Kibuye na Gikongoro, aho kurengera abicwaga batangiye gufasha ya guverinoma yari imaze gukora Jenoside babafasha kwisuganya no guhungira muri Congo, Interahamwe zikomeza kwica muri ako gace, harimo ahitwa Nyarushishi, Murambi n’ahandi.

Dr Bizimana avuga ako abasirikare b’Abafaransa baje muri uyu mutwe, bari abantu bitaga abarejiyoneri, aba mu ngabo z’Abafaransa bakaba ngo ari abantu baba baragiye bavana mu bana b’ibirara, abatoraguwe ari inzererezi bakabashyira mu gisirikare n’abandi.

Ati “Abo akenshi usanga bafite imico itari myiza kuko n’ubundi ni abantu baba baragiye mu gisirikare barananiranye. Bakunda kuboherereza mu butumwa bwo mu mahanga gusa, ni nayo mpamvu ahantu henshi babaye, bagiye bakora ibikorwa byo gufata ku ngufu abakobwa n’abagore, icyo ni ikintu gikomeye ingabo z’u Bufaransa zakoze aho muri ako gace.”

Dr Bizimana avuga ko kuba ingabo z’u Bufaransa zaraje muri Zone Turquoise ntacyo byafashije mu guhagarika Jenoside cyangwa gutanga umutekano, ahubwo ko intego yari ugufasha Leta yari yakoze Jenoside ngo ibone uko ihunga.

2020-02-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yababajwe n’urupfu rwa Prof. Juma waharaniye iterambere ry’uburezi muri Afurika

Perezida Kagame yababajwe n’urupfu rwa Prof. Juma waharaniye iterambere ry’uburezi muri Afurika

Ubwanditsi 16 Dec 2017
Ukuntu Perezida wa Green Party yanga abamuvuga ibyo adashaka atowe yavamo umunyagitugu

Ukuntu Perezida wa Green Party yanga abamuvuga ibyo adashaka atowe yavamo umunyagitugu

Ubwanditsi 12 Jul 2017
Kagame yakoze ibyiza ariko ntashinzwe kuyobora Isi yose – Igisubizo ku munyamakuru wa Al Jazeera

Kagame yakoze ibyiza ariko ntashinzwe kuyobora Isi yose – Igisubizo ku munyamakuru wa Al Jazeera

Ubwanditsi 10 Oct 2019
Isaranganywa ry’Ubutegetsi mu Rwanda rishobora kuzamo ibibazo by’Itegeko

Isaranganywa ry’Ubutegetsi mu Rwanda rishobora kuzamo ibibazo by’Itegeko

Ubwanditsi 15 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame ntakigiye i Kampala mu mwiherero w’abakuru bibihugu bya EAC
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame ntakigiye i Kampala mu mwiherero w’abakuru bibihugu bya EAC

Ubwanditsi 22 Feb 2018
Abategeka u Burundi barahiye kutazasubira Arusha
INKURU NYAMUKURU

Abategeka u Burundi barahiye kutazasubira Arusha

Ubwanditsi 23 Dec 2017
Kansinge yasubiye Canada aciye mu Bufaransa
ITOHOZA

Kansinge yasubiye Canada aciye mu Bufaransa

Ubwanditsi 25 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru