• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yababajwe n’urupfu rwa Prof. Juma waharaniye iterambere ry’uburezi muri Afurika

Perezida Kagame yababajwe n’urupfu rwa Prof. Juma waharaniye iterambere ry’uburezi muri Afurika

Ubwanditsi 16 Dec 2017 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yababajwe n’urupfu rwa Prof. Calestous Juma, umunya-Kenya wigishaga muri Kaminuza ya Havard, ndetse akaba yari azwiho guharanira iterambere ry’uburezi n’uburumbuke bwa Afurika.

Prof. Calestous yitabye Imana ku itariki ya 15 Ukuboza 2017 afite imyaka 64, mu bitaro biherereye i Boston muri Massachusetts aho yari arimo kuvurirwa.

Abinyujije kuri Twitter, Perezida Kagame yagize ati” Mbabajwe no kumva inkuru y’urupfu rwa Prof Calestous Juma. Tubuze umunyabwenge wari wariyemeje guteza imbere guhanga udushya, uburezi n’uburumbuke bwa Afurika. Nihanganishije umuryango n’inshuti ze. Akomeze aruhukire mu mahoro.”

Prof. yaherukaga kuza ku rutonde rw’abantu 100 bubatse izina muri Afurika, urutonde rushyirwaho abantu bamenyekanye kubera ibikorwa by’indashyigikirwa bakoze rwanagaragayeho Perezida Kagame.

Si ubwa mbere kandi yari aje ku rutonde rw’abantu b’ibihangange kuko kuva mu 2012-2014 yagiye aza ku rutonde rw’Abanyafurika 100 bavuga bakumvwa.

Umunyamategeko wa Juma, Peter Wanyama, yabwiye Nation ko yari amaze igihe arwaye, ku buryo atanabashije kujya gushyingura nyina na we watabarutse mu minsi ishize.

Ati” Prof Juma yari amaze imyaka ibiri atameze neza,none uyu munsi twakiriye inkuru ibabaje ijyanye n’urupfu rwe. Andi makuru arambuye muzayagezwaho n’umuryango we […]. Yari yarambwiye ko ari gutegura kuza mu gihugu mu ntangiriro z’umwaka utaha ku bw’ibyago ariko ibi ntibizashoboka.”

Mu bandi babajwe n’urupfu rwe harimo Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta wagaragaje ko babuze umuhanga kandi wakundaga igihugu, aho yahamije ko yari umugwaneza waranzwe no kwitangira ibikorwa bigamije imibereho myiza y’abandi.

Uyu mugabo witabazwaga n’abakeneye inararibonye mu bijyanye n’ubumenyi, ikoranabuhanga no guhanga udushya hagamijwe iterambere rirambye haba mu bihugu byateye imbere n’ibikiri mu nzira y’amajyambere, yari azwiho gukoresha imbuga nkoranyambaga cyane, nyinshi mu nyandiko ze yazinyuzaga kuri Twitter.

Prof. Juma wavukiye mu gace ka Budalang’I, yabaye umwalimu w’amasomo ya Siyansi hagati ya 1974-1978, ndetse n’umunyamakuru ukora inkuru z’ibidukikije ku kinyamakuru Daily Nation kuva mu 1978 kugeza 1979.

Yakoze indi mirimo itandukanye, aho yayoboye Ikigo gishinzwe guteza imbere ikoranabuhanga muri Kenya, akaba apfuye yigishaga isomo rirebana n’iterambere mpuzamahanga muri Harvard Kennedy School (HKS).

2017-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Trump mu mazi abira

Perezida Trump mu mazi abira

Ubwanditsi 25 Sep 2019
Joseph Kabila yahaye umukoro abatavuga rumwe na Felix Tshisekedi

Joseph Kabila yahaye umukoro abatavuga rumwe na Felix Tshisekedi

Ubwanditsi 24 Jan 2019
1991: Umuyobozi w’Ingabo mu Ruhengeri atsembera Habyarimana wamusabaga kwica imfungwa za politike

1991: Umuyobozi w’Ingabo mu Ruhengeri atsembera Habyarimana wamusabaga kwica imfungwa za politike

RUSHYASHYA 22 Mar 2026
Tshisekedi yishe abaturage ba Bukavu nyina aherutse kwita “abagambanyi”

Tshisekedi yishe abaturage ba Bukavu nyina aherutse kwita “abagambanyi”

Ubwanditsi 28 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hamaganwe ikiganiro cy’abapfobya Jenoside giteganyijwe mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bubiligi
INKURU NYAMUKURU

Hamaganwe ikiganiro cy’abapfobya Jenoside giteganyijwe mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bubiligi

Ubwanditsi 11 Feb 2018
Dore bimwe mu bimenyetso simusiga bigaragaza umuhungu wakunze, n’utangira kubyibonaho uzamenye ko uri mu rukundo
HIRYA NO HINO

Dore bimwe mu bimenyetso simusiga bigaragaza umuhungu wakunze, n’utangira kubyibonaho uzamenye ko uri mu rukundo

Ubwanditsi 28 Feb 2017
Abapolisi b’Abarundi bari muri Centrafrika batashye
Mu Rwanda

Abapolisi b’Abarundi bari muri Centrafrika batashye

Ubwanditsi 02 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru