• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bidatunguranye, abayoboke b’umutwe w’iterabwoba, RNC, bivanze mu matora ya Uganda, banahundagaza amajwi kuri Yoweri K. Museveni.   |   15 Jan 2021

  • BNP Paribas, banki y’igihangange  mu Bufaransa,  yaba irimo kurigisa ibimenyetso  biyihamya uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.   |   15 Jan 2021

  • Impungenge ni zose ku basesenguzi, basanga  amatora y’ Umukuru w’Igihugu muri Uganda ateganyijwe kuri iyi tariki  ya 14 Mutarama 2021, ashobora gusiga amaraso n’imiborogo!   |   14 Jan 2021

  • Amerika yikuye mu ndorerezi zizakurikirana amatora ya Perezida muri Uganda nyuma yaho indorerezi zayo ku kigero cya 75% zimwe uburenganzira bwo kuyakurikirana   |   13 Jan 2021

  • Abarokotse Jenoside n’inshuti zabo basabye Radio Canada gusaba imbabazi ku kiganiro gipfobya Jenoside cyatumiwemo Judi Rever   |   12 Jan 2021

  • Mu gihe hasigaye iminsi 2 gusa ngo habe amatora ya Perezida muri Uganda, urubuga nkoranyambaga”Facebook” rwafunze “accounts” z’abategetsi bakuru muri icyo gihugu, rubashinja kubiba amacakubiri no kubangamira imigendekere myiza y’amatora.   |   12 Jan 2021

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Abanyarwanda 500 bagiye guhugurwa gukora ‘software’ banahabwe akazi mu bigo bikomeye

Abanyarwanda 500 bagiye guhugurwa gukora ‘software’ banahabwe akazi mu bigo bikomeye

Editorial 25 Jul 2018 IKORANABUHANGA

Andela, sosiyete yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yihaye intego yo guhugura no gufasha urubyiruko rwo ku mugabane wa Afurika mu ikoranabuhanga, yasinyanye amasezerano n’u Rwanda yo guhugura abanyarwanda 500 mu gukora porogaramu zitandukanye z’ikoranabuhanga (software), bakazanashakirwa akazi mu bigo by’ikoranabuhanga ku Isi.

Andela yashinzwe mu 2014 ifite intego yo gufasha Afurika kugira abahanga mu ikoranabuhanga, kugira ngo uyu mugabane ubashe gufata indi yakataje muri iyi ngeri.

Isanzwe ifite ibigo ihuguriramo urubyiruko nko muri Nigeria, Kenya, Uganda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Nyakanga, iyi sosiyete yasinye amasezerano y’ubufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere (RDB) ndetse na Minisiteri y’Ikoranabuhanga agamije gushinga mu Rwanda ikigo kizajya gihugurirwamo abanyarwanda ndetse n’abandi bafite inyota y’ikoranabuhanga mu karere.

Umuyobozi Mukuru wa Andela, Jeremy Johnson, yavuze ko bahisemo u Rwanda bitewe n’ibyo rwagezeho, na nyuma yo kubona ko rufite intego yo guteza imbere ikoranabuhanga.

Yagize ati “Intego za Andela n’iz’u Rwanda birajyanye. Ibibera hano i Kigali ntibisanzwe. Ni bimwe mu bidasanzwe ku Isi. Twishimiye kuba mu bazakomeza ayo mateka adasanzwe […] Dushakisha urubyiruko rushoboye tukarushyiriraho uburyo rukerekana ibyo rushoboye.”

Johnson kandi yavuze ko kuza mu Rwanda byatewe n’umutekano uhari, urubyiruko rufite inyota y’ikoranabuhanga n’ibikorwa remezo.

Abo Andela imaze guhugura, ibashakira akazi muri sosiyete z’ikoranabuhanga zikomeye hirya no hino ku Isi.

Guhera muri Kanama uyu mwaka nibwo kwiyandikisha ku bashaka guhugurwa muri Andela ishami ry’i Kigali bizatangira. Hazatoranywa abanyarwanda 500 ndetse n’abandi 200 bo mu Karere.

Johnson yavuze ko uretse ubushake n’inyota yo guhindura Isi biciye mu Ikoranabuhanga, nta kindi bazarebaho mu kwiyandikisha.

Yagize ati “Kwiyandikisha nta mashuri bisaba cyangwa ubundi bumenyi bwihariye mu ikoranabuhanga. Buri wese yemerewe kwiyandikisha ariko icyo twitaho ni inyungu umuntu agaragaza, ese afite inyota ingana iki yo guhindura Isi binyuze mu ikoranabuhanga?”

Umuyobozi wa RDB, Clare Akamanzi, yavuze ko amasezerano na Andela azazana umwihariko ku iterambere ry’ubukunngu bw’u Rwanda n’urwego rw’ikoranabuhanga.

Yagize ati “Iyi ni sosiyete igiye kuzana umwihariko ku bukungu bwacu. Izajya ihugura inahe akazi abakora software. Izafasha u Rwanda kugira abakora software, bazahugurwa bakanahabwa akazi n’ibigo bikomeye. Bizatuma kandi haboneka abakora porogaramu z’ikoranabuhanga babifitye ubumenyi, batange n’izo serivizi hirya no hino ku Isi. Ni umusingi ukomeye ku gihugu cyacu.”

Minisitiri w’Ikoranabuhanga, Rurangirwa Jean de Dieu, yavuze ko Andela ije gushyira mu bikorwa gahunda ya Guverinoma yo kongerera abanyarwanda ubumenyi mu ikoranabuhanga.

Yagize ati “Turashaka abadufasha guhugura abantu mu ikoranabuhanga ariko bakanubaka inzobere zizakoresha iryo koranabuhanga rikagira icyo ribyara gikenewe haba ku isoko ryacu na mpuzamahanga.”

Rurangirwa yavuze ko ubusanzwe u Rwanda rwifuza abakora porogaramu z’ikoranabuhanga bagera 10 000, avuga ko ari umwanya ku zindi sosiyete zifuza guhugura abanyarwanda.

Abazatoranywa na Andela bazahugurwa amezi atandatu mbere yo kubashyira mu kazi.

Iyo sosiyete yavuze ko izakoresha hagati y’ibihumbi 15 na 20 by’amadolari mu guhugura.

2018-07-25
Editorial

IZINDI NKURU

Minisitiri Nsengimana amaze amezi atandatu nta faranga rigeze mu ikofi ye

Minisitiri Nsengimana amaze amezi atandatu nta faranga rigeze mu ikofi ye

Editorial 17 Nov 2017
Zuckerberg yikuye imbere y’abasenateri bagaragaje kutamenya imikorere ya Facebook

Zuckerberg yikuye imbere y’abasenateri bagaragaje kutamenya imikorere ya Facebook

Editorial 11 Apr 2018
Uko Robot yiswe Sophia yatumiwe kuzitabira ikiganiro kirimo Perezida Kagame

Uko Robot yiswe Sophia yatumiwe kuzitabira ikiganiro kirimo Perezida Kagame

Editorial 15 May 2019
RICTA yagaragaje inyungu iri mu gukoresha imbuga ziherwa na ‘.rw’ mu bucuruzi bwo kuri internet

RICTA yagaragaje inyungu iri mu gukoresha imbuga ziherwa na ‘.rw’ mu bucuruzi bwo kuri internet

Editorial 19 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru