• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Abanyarwanda 500 bagiye guhugurwa gukora ‘software’ banahabwe akazi mu bigo bikomeye

Abanyarwanda 500 bagiye guhugurwa gukora ‘software’ banahabwe akazi mu bigo bikomeye

Ubwanditsi 25 Jul 2018 IKORANABUHANGA

Andela, sosiyete yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yihaye intego yo guhugura no gufasha urubyiruko rwo ku mugabane wa Afurika mu ikoranabuhanga, yasinyanye amasezerano n’u Rwanda yo guhugura abanyarwanda 500 mu gukora porogaramu zitandukanye z’ikoranabuhanga (software), bakazanashakirwa akazi mu bigo by’ikoranabuhanga ku Isi.

Andela yashinzwe mu 2014 ifite intego yo gufasha Afurika kugira abahanga mu ikoranabuhanga, kugira ngo uyu mugabane ubashe gufata indi yakataje muri iyi ngeri.

Isanzwe ifite ibigo ihuguriramo urubyiruko nko muri Nigeria, Kenya, Uganda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Nyakanga, iyi sosiyete yasinye amasezerano y’ubufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere (RDB) ndetse na Minisiteri y’Ikoranabuhanga agamije gushinga mu Rwanda ikigo kizajya gihugurirwamo abanyarwanda ndetse n’abandi bafite inyota y’ikoranabuhanga mu karere.

Umuyobozi Mukuru wa Andela, Jeremy Johnson, yavuze ko bahisemo u Rwanda bitewe n’ibyo rwagezeho, na nyuma yo kubona ko rufite intego yo guteza imbere ikoranabuhanga.

Yagize ati “Intego za Andela n’iz’u Rwanda birajyanye. Ibibera hano i Kigali ntibisanzwe. Ni bimwe mu bidasanzwe ku Isi. Twishimiye kuba mu bazakomeza ayo mateka adasanzwe […] Dushakisha urubyiruko rushoboye tukarushyiriraho uburyo rukerekana ibyo rushoboye.”

Johnson kandi yavuze ko kuza mu Rwanda byatewe n’umutekano uhari, urubyiruko rufite inyota y’ikoranabuhanga n’ibikorwa remezo.

Abo Andela imaze guhugura, ibashakira akazi muri sosiyete z’ikoranabuhanga zikomeye hirya no hino ku Isi.

Guhera muri Kanama uyu mwaka nibwo kwiyandikisha ku bashaka guhugurwa muri Andela ishami ry’i Kigali bizatangira. Hazatoranywa abanyarwanda 500 ndetse n’abandi 200 bo mu Karere.

Johnson yavuze ko uretse ubushake n’inyota yo guhindura Isi biciye mu Ikoranabuhanga, nta kindi bazarebaho mu kwiyandikisha.

Yagize ati “Kwiyandikisha nta mashuri bisaba cyangwa ubundi bumenyi bwihariye mu ikoranabuhanga. Buri wese yemerewe kwiyandikisha ariko icyo twitaho ni inyungu umuntu agaragaza, ese afite inyota ingana iki yo guhindura Isi binyuze mu ikoranabuhanga?”

Umuyobozi wa RDB, Clare Akamanzi, yavuze ko amasezerano na Andela azazana umwihariko ku iterambere ry’ubukunngu bw’u Rwanda n’urwego rw’ikoranabuhanga.

Yagize ati “Iyi ni sosiyete igiye kuzana umwihariko ku bukungu bwacu. Izajya ihugura inahe akazi abakora software. Izafasha u Rwanda kugira abakora software, bazahugurwa bakanahabwa akazi n’ibigo bikomeye. Bizatuma kandi haboneka abakora porogaramu z’ikoranabuhanga babifitye ubumenyi, batange n’izo serivizi hirya no hino ku Isi. Ni umusingi ukomeye ku gihugu cyacu.”

Minisitiri w’Ikoranabuhanga, Rurangirwa Jean de Dieu, yavuze ko Andela ije gushyira mu bikorwa gahunda ya Guverinoma yo kongerera abanyarwanda ubumenyi mu ikoranabuhanga.

Yagize ati “Turashaka abadufasha guhugura abantu mu ikoranabuhanga ariko bakanubaka inzobere zizakoresha iryo koranabuhanga rikagira icyo ribyara gikenewe haba ku isoko ryacu na mpuzamahanga.”

Rurangirwa yavuze ko ubusanzwe u Rwanda rwifuza abakora porogaramu z’ikoranabuhanga bagera 10 000, avuga ko ari umwanya ku zindi sosiyete zifuza guhugura abanyarwanda.

Abazatoranywa na Andela bazahugurwa amezi atandatu mbere yo kubashyira mu kazi.

Iyo sosiyete yavuze ko izakoresha hagati y’ibihumbi 15 na 20 by’amadolari mu guhugura.

2018-07-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Telefoni za Mara Phone zikorerwa no mu Rwanda zamaze kugezwa mu bihugu 41

Telefoni za Mara Phone zikorerwa no mu Rwanda zamaze kugezwa mu bihugu 41

Ubwanditsi 12 Nov 2019
U Rwanda rugiye gutangira imirimo yo kubaka icyogajuru

U Rwanda rugiye gutangira imirimo yo kubaka icyogajuru

Ubwanditsi 10 May 2018
Hagiye koherezwa mu kirere icyogajuru kizakwirakwiza Internet mu mashuri yo mu Rwanda

Hagiye koherezwa mu kirere icyogajuru kizakwirakwiza Internet mu mashuri yo mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Feb 2019
Amafoto – Nyuma yo kumara hafi amezi 4 adakina, Umurundi Aruna Mussa Madjaliwa yasubukuye imyitozo mu ikipe ya  Rayon Sports

Amafoto – Nyuma yo kumara hafi amezi 4 adakina, Umurundi Aruna Mussa Madjaliwa yasubukuye imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports

Ubwanditsi 28 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abantu 33 bafatiwe mu gikorwa  cyo kurengera umugezi wa Nyabarongo
Mu Mahanga

Abantu 33 bafatiwe mu gikorwa cyo kurengera umugezi wa Nyabarongo

Ubwanditsi 03 Jan 2016
Burera: Abagize Komite zo kwicungira umutekano  bahuguwe ku bijyanye n’inshingano zabo
Mu Mahanga

Burera: Abagize Komite zo kwicungira umutekano bahuguwe ku bijyanye n’inshingano zabo

Ubwanditsi 20 Jan 2016
Shadyboo yamennye ibanga rituma abahanzi baza mu Rwanda bifuza kumubona imbona nkubone
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Shadyboo yamennye ibanga rituma abahanzi baza mu Rwanda bifuza kumubona imbona nkubone

Ubwanditsi 13 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru