• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Urubuga ‘Irembo’ rwahawe igihembo cyo gutanga serivisi inoze mu 2018

Urubuga ‘Irembo’ rwahawe igihembo cyo gutanga serivisi inoze mu 2018

Ubwanditsi 11 Oct 2018 IKORANABUHANGA

Urubuga rwa interineti rwa Irembo rufasha abantu kubona serivisi za leta mu buryo bworoshye bakoresheje ikoranabuhanga, rwahawe igihembo cyo gutanga serivisi inoze mu 2018.

Uru rubuga rwahawe iki gihembo ku wa gatandatu w’icyumweru gishize na Kalisimbi Events isanzwe itegura ibihembo byo gushimira indashyikirwa mu gutanga serivisi ‘Service Excellence Awards’.

Mu kiganiro umuvugizi w’uru rubuga Ntabwoba Jules yahaye Itangazamakuru , yavuze ko bishimishije kandi bigaragara ko abanyarwanda n’abanyamahanga batangiye kugirira icyizere uru rubuga.

Ati “Twishimiye iki gihembo twahawe cyo kuba twaratanze serivisi zinoze kurusha abandi mu 2018. Bitugaragarije icyizere abanyarwanda n’abanyamahanga bamaze kugirira urubuga rwa Irembo n’ikoranabuhanga twabagejejeho, bikaba bitwereka ko bamaze kubona akamaro karyo.”

Yavuze ko atekereza ko impamvu yatumye begukana iki gihembo ari uko bamaze gushyira serivisi zirenga 86 ku rubuga zose zifasha koroshya imitangire ya serivisi ku buzima bw’abaturage ndetse n’abagenderera u Rwanda.

Ntabwoba yemeza ko agiye kuvuga ibyo bamaze gukora atabirondora kuko guhera ubwo batangiraga mu 2015 kugeza uyu munsi, hari impinduka nyinshi nziza bamaze kuzana mu muryango nyarwanda.

Ati “Wavuga nko kuba ubu ushaka icyemezo cy’amavuko bidasaba kujya ku murenge ahubwo ubona ubutumwa bugufi muri telefoni yawe cyangwa ukakira icyangombwa cyawe ukoresheje E-mail aho waba uri hose”.

Ibi bikorwa no ku zindi serivisi zirimo nko ku cyemezo cyo gushyingirwa, icy’umwirondoro wuzuye byose ubibona utavuye aho uri kandi vuba.

Ubu urubuga rwa Irembo rwashyizeho serivisi shya y’ubwisungane mu kwivuza, aho umuntu ashobora kwishyura amaze kureba amakuru yose ajyanye n’icyiciro cye cy’ubududehe arimo.

Ibi bikorerwa kuri telefoni ukoresheje code *909# cyangwa unyuze kuri www//irembo.gov.rw bikaba bitari bisanzwe bimenyerewe.

Kwishyura serivisi iyo ariyo yose bisigaye byoroshye kuko umuntu ashobora gukoresha MTN Mobile Money, Airtel-Tigo Money, Mobicash, BK, BK Yacu, Visa Card na Master Card.

Iyo umaze kwishyura uhita wemererwa kuba wajya kwivuza uwo mwanya ukoresheje Indangamuntu yawe.

Ibi byose bikaba byaraje korohereza buri muturage yaba uwo mu cyaro cyangwa mu mujyi.

Urubuga Irembo rwahawe igihembo cyo gutanga serivisi inoze mu 2018

Hahembwe ibigo bitandukanye

2018-10-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

GANZA TV: Abakunzi ba Filime Mpuzamahanga bashyizwe igorora kuri Startimes

GANZA TV: Abakunzi ba Filime Mpuzamahanga bashyizwe igorora kuri Startimes

Ubwanditsi 08 Nov 2023
Uko watandukana no kugendana amafaranga wifashishije amakarita ya Cogebanque yemewe ku Isi yose

Uko watandukana no kugendana amafaranga wifashishije amakarita ya Cogebanque yemewe ku Isi yose

Ubwanditsi 31 Oct 2018

Police FC yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze Bugesera FC ku mukino wa nyuma 2-1, kiba icya 2 mu mateka yayo

Ubwanditsi 01 May 2024
Huawei yashyize hanze telefone nshya za P40

Huawei yashyize hanze telefone nshya za P40

Ubwanditsi 27 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Premier League: Arsenal izatangirira shampiyona kuri Manchester City na Chelsea
IMIKINO

Premier League: Arsenal izatangirira shampiyona kuri Manchester City na Chelsea

Ubwanditsi 14 Jun 2018
Rayon Sports yabonye intsinzi nyuma y’imikino itanu, Minnaert avuga ku mwuka mubi uyitutumbamo
IMIKINO

Rayon Sports yabonye intsinzi nyuma y’imikino itanu, Minnaert avuga ku mwuka mubi uyitutumbamo

Ubwanditsi 24 May 2018
Menya impamvu Perezida Museveni yanze kujya mu nama y’ I Goma, aratinya ideni ry’amamiliyari afitiye RDC, anatinya kubazwa iby’ubushotoranyi akomeje gukorera u Rwanda
Amakuru

Menya impamvu Perezida Museveni yanze kujya mu nama y’ I Goma, aratinya ideni ry’amamiliyari afitiye RDC, anatinya kubazwa iby’ubushotoranyi akomeje gukorera u Rwanda

Ubwanditsi 24 Sep 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru