• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Urubuga ‘Irembo’ rwahawe igihembo cyo gutanga serivisi inoze mu 2018

Urubuga ‘Irembo’ rwahawe igihembo cyo gutanga serivisi inoze mu 2018

Ubwanditsi 11 Oct 2018 IKORANABUHANGA

Urubuga rwa interineti rwa Irembo rufasha abantu kubona serivisi za leta mu buryo bworoshye bakoresheje ikoranabuhanga, rwahawe igihembo cyo gutanga serivisi inoze mu 2018.

Uru rubuga rwahawe iki gihembo ku wa gatandatu w’icyumweru gishize na Kalisimbi Events isanzwe itegura ibihembo byo gushimira indashyikirwa mu gutanga serivisi ‘Service Excellence Awards’.

Mu kiganiro umuvugizi w’uru rubuga Ntabwoba Jules yahaye Itangazamakuru , yavuze ko bishimishije kandi bigaragara ko abanyarwanda n’abanyamahanga batangiye kugirira icyizere uru rubuga.

Ati “Twishimiye iki gihembo twahawe cyo kuba twaratanze serivisi zinoze kurusha abandi mu 2018. Bitugaragarije icyizere abanyarwanda n’abanyamahanga bamaze kugirira urubuga rwa Irembo n’ikoranabuhanga twabagejejeho, bikaba bitwereka ko bamaze kubona akamaro karyo.”

Yavuze ko atekereza ko impamvu yatumye begukana iki gihembo ari uko bamaze gushyira serivisi zirenga 86 ku rubuga zose zifasha koroshya imitangire ya serivisi ku buzima bw’abaturage ndetse n’abagenderera u Rwanda.

Ntabwoba yemeza ko agiye kuvuga ibyo bamaze gukora atabirondora kuko guhera ubwo batangiraga mu 2015 kugeza uyu munsi, hari impinduka nyinshi nziza bamaze kuzana mu muryango nyarwanda.

Ati “Wavuga nko kuba ubu ushaka icyemezo cy’amavuko bidasaba kujya ku murenge ahubwo ubona ubutumwa bugufi muri telefoni yawe cyangwa ukakira icyangombwa cyawe ukoresheje E-mail aho waba uri hose”.

Ibi bikorwa no ku zindi serivisi zirimo nko ku cyemezo cyo gushyingirwa, icy’umwirondoro wuzuye byose ubibona utavuye aho uri kandi vuba.

Ubu urubuga rwa Irembo rwashyizeho serivisi shya y’ubwisungane mu kwivuza, aho umuntu ashobora kwishyura amaze kureba amakuru yose ajyanye n’icyiciro cye cy’ubududehe arimo.

Ibi bikorerwa kuri telefoni ukoresheje code *909# cyangwa unyuze kuri www//irembo.gov.rw bikaba bitari bisanzwe bimenyerewe.

Kwishyura serivisi iyo ariyo yose bisigaye byoroshye kuko umuntu ashobora gukoresha MTN Mobile Money, Airtel-Tigo Money, Mobicash, BK, BK Yacu, Visa Card na Master Card.

Iyo umaze kwishyura uhita wemererwa kuba wajya kwivuza uwo mwanya ukoresheje Indangamuntu yawe.

Ibi byose bikaba byaraje korohereza buri muturage yaba uwo mu cyaro cyangwa mu mujyi.

Urubuga Irembo rwahawe igihembo cyo gutanga serivisi inoze mu 2018

Hahembwe ibigo bitandukanye

2018-10-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rugiye gushora Miliyari 5 Frw mu kugura camera zicunga umutekano muri Kigali

U Rwanda rugiye gushora Miliyari 5 Frw mu kugura camera zicunga umutekano muri Kigali

Ubwanditsi 16 May 2018
Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Ubwanditsi 11 Sep 2019
Ntucikwe muri Monaco Cafe, haribwerekanirwe imikino yose ya UEFA Champions League

Ntucikwe muri Monaco Cafe, haribwerekanirwe imikino yose ya UEFA Champions League

Ubwanditsi 15 Mar 2019
U Rwanda rufite icyizere ku ikoranabuhanga rishya ryo kubaga umubiri udafunguwe

U Rwanda rufite icyizere ku ikoranabuhanga rishya ryo kubaga umubiri udafunguwe

Ubwanditsi 02 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yahawe impamyabumenyi y’Ikirenga na Kaminuza ya Bahir Dar
POLITIKI

Perezida Kagame yahawe impamyabumenyi y’Ikirenga na Kaminuza ya Bahir Dar

Ubwanditsi 02 Jul 2016
Abatatiye amahame ya FPR bishyize mu kangaratete – Kagame
INKURU NYAMUKURU

Abatatiye amahame ya FPR bishyize mu kangaratete – Kagame

Ubwanditsi 14 Dec 2017
Amafoto: Joackiam Ojera wamaze gusinyira Rayon Sports yatangiye imyitozo na bagenzi be mu Nzove
Amakuru

Amafoto: Joackiam Ojera wamaze gusinyira Rayon Sports yatangiye imyitozo na bagenzi be mu Nzove

Ubwanditsi 31 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru