• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Ibigo bikomeye mu ikoranabuhanga mu Buyapani bigiye kumurikira i Kigali ibyo bikora

Ibigo bikomeye mu ikoranabuhanga mu Buyapani bigiye kumurikira i Kigali ibyo bikora

Ubwanditsi 05 May 2018 IKORANABUHANGA

Sosiyete n’ibigo 23 bikomeye mu bijyanye n’ikoranabuhanga mu Buyapani bigiye kuza kwerekana ibyo bikora i Kigali mu rwego rwo kumenya amahirwe ari mu Rwanda no kwerereka Abanyarwanda n’Abanyafurika iterambere ry’ikoranabuhanga.

U Buyapani ni igihugu cya gatatu mu bikize cyane ku Isi. Ubukungu bwacyo bwinshi buturuka ku ishoramari, cyane cyane mu ikoranabuhanga.

Binyuze mu bufatanye n’Ikigo cy’Abayapani Gishinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga (JICA), sosiyete n’ibigo bya Leta 23 bikomeye mu ikoranabuhanga mu Buyapani bizaba byerekana ibyo bikora guhera tariki ya 7 Gicurasi kugeza tariki 9 ubwo hazaba haba Inama mpuzamahanga yiga ku ikoranabuhanga muri Afurika (Transform Africa) muri Kigali Convention Center.

Izi sosiyete zirimo nka Monstar Lab izobereye mu gukora porogaramu z’imikino ndetse no gukora imbuga za internet; Fujitsu ikora iby’ikoranabuhanga n’itumanaho; Kaminuza zikomeye nka Kobe Institute of Computing; Kyutech (Kyushu Institute of Technology) izoberere mu ikoranabuhanga rijyanye n’isanzure no gukora ibyogajuru n’izindi.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Umuyobozi ushinzwe gahunda zibanda ku ikoranabuhanga muri JICA, Furukawa, yavuze ko iri murikabikorwa rya sosiyete z’u Buyapani ari amahirwe ku Banyarwanda, Abanyafurika na sosiyete zabo.

Yagize ati “Harimo no gufasha sosiyete zisanzwe zikora muri Afurika zikamenyekana. Hazaba hari uburyo bworoshye bwo gufatanya na sosiyete zo muri Afurika no kuzorohereza gukorera muri Afurika ndetse no mu Buyapani.”

Umujyanama mukuru mu ishami rya JICA rishinzwe ikoranabuhanga, Atsushi Yamanaka, yavuze ko uzaba umwanya mwiza kuri sosiyete z’abayapani kureba amahirwe ari muri Afurika.

Yavuze ko zimwe muri izo sosiyete zishobora guhita zishora imari mu Rwanda cyangwa zikahaza mu bundi buryo.

Ati “Twifuza ko bahita bafungura amashami ariko bisaba inzira ndende kuko sosiyete z’abayapani zigira amakenga cyane. Babanza gukora inyigo,uburyo bw’imikorere ariko iyo batangiye gukorera mu gihugu, bakorana umurava.Bareba ku ishoramari ry’igihe kirekire.”

Umuyobozi Wungirije mu Rugaga rw’Abikorera mu cyiciro cy’Ikoranabuhanga, Robert Ford, yavuze ko JICA yagiye ifasha cyane mu guteza imbere ikoranabuhanga mu Rwanda binyuze mu mishinga itandukanye kandi ngo bizakomeza.

Ati “Hari umushinga wo kujyana Fab Labs na K Labs hanze ya Kigali uraza gufasha cyane sosiyete z’ikoranabuhanga mu Rwanda kugira ngo zishobore kwegera amasosiyete yo mu Buyapani, tugamije kongera ishoramari rituruka mu Buyapani riza aha ariko twongere n’imikoranire hagati y’amasosiyete.”

Ford yavuze ko u Rwanda rufite gahunda yo kuba rufite sosiyete ijana mu mwaka wa 2025, buri imwe ifite agaciro ka miliyoni 50 z’amadolari.

U Buyapani bwagiye butera inkunga imishinga itandukanye y’ikoranabuhanga mu Rwanda, nk’Ishuri rikuru ry’Ikoranabuhanga rya Tumba (Tumba College of Technology) ndetse no kugira ngo habeho ishami ry’Ikoranabuhanga mu Rugaga rw’Abikorera u Buyapani bwabigizemo uruhare.

2018-05-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Twitter yashyizeho uburyo bukumira amagambo abiba urwango rushingiye ku myemerere

Twitter yashyizeho uburyo bukumira amagambo abiba urwango rushingiye ku myemerere

Ubwanditsi 12 Jul 2019
U Rwanda rugiye gutangira imirimo yo kubaka icyogajuru

U Rwanda rugiye gutangira imirimo yo kubaka icyogajuru

Ubwanditsi 10 May 2018
Isosiyete HUAWEI Rwanda yashyizeho yang shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu

Isosiyete HUAWEI Rwanda yashyizeho yang shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu

Ubwanditsi 07 Nov 2019
Apple yaciwe miliyoni $27 ishinjwa kugabanya imbaraga za iPhone zimaze igihe

Apple yaciwe miliyoni $27 ishinjwa kugabanya imbaraga za iPhone zimaze igihe

Ubwanditsi 10 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwamahoro Viollette ufite ubwenegihugu bw’u Bwongereza ushinjwa kugambanira  Igihugu  yarekuwe
Mu Rwanda

Uwamahoro Viollette ufite ubwenegihugu bw’u Bwongereza ushinjwa kugambanira Igihugu yarekuwe

Ubwanditsi 27 Mar 2017
Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza ngo arambiwe uruzurungutane mu nkiko rubangamiye gahunda z’icyo gihugu.
Amakuru

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza ngo arambiwe uruzurungutane mu nkiko rubangamiye gahunda z’icyo gihugu.

Ubwanditsi 21 Nov 2023
Niduhitamo guhangana, tuzaba duha urwaho abatatwifuriza ibyiza –Perezida Kagame
Mu Mahanga

Niduhitamo guhangana, tuzaba duha urwaho abatatwifuriza ibyiza –Perezida Kagame

Ubwanditsi 05 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru