• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?

Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?

RUSHYASHYA 20 Aug 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Kuba umuntu akora ikiganiro kuri YouTube afite uburenganzira bwo gutumira abantu batandukanye no kubaha umwanya wo gutanga ibitekerezo. Ariko ubwo burenganzira burangira, cyane cyane iyo uha urubuga umuntu ufite amateka aremereye ajyanye n’uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ni muri urwo rwego ikiganiro Etienne Gatanazi yagiranye na Charles Ndereyehe Ntahontuye kuri gahunda y’ubuhinzi cyateje kwibaza niba umuzindaro we wa YouTube, The Real Talk, ukomeje guha urubuga no gutagatifuza abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ikibazo si ukuba Ndereyehe yaravuze ku buhinzi. Ikibazo gikomeye ni uwo ari we, amateka ye, n’uko ahabwa urubuga rwo kugaragara nk’umuntu usanzwe ufite ubuhanga mu buhinzi, mu gihe inyandiko zabatangabuhamya zimugaragaza nk’umwicanyi kabombo utarashyira hasi umugambi wa Jenoside ahubwo wawuraga n’aban be.

Charles Ndereyehe Ntahontuye yari umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Ubushakashatsi mu by’Ubuhinzi n’Ubworozi, ISAR, i Rubona mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi. Raporo y’Akarere ka Huye ku mateka ya Jenoside igaragaza ko Ndereyehe yari umuyobozi mukuru wa ISAR Rubona kuva ku wa 27 Mutarama 1992, nyuma akaza guhungira mu Buholandi. Iyo raporo ivuga ko yashinjwaga ibyaha bya Jenoside byakorewe muri ISAR yayoboraga mu 1994.

Icyahoze ari komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) ubu yimuriwe muri MINUBUMWE, yatangaje ko Ndereyehe yari umwe mu bashinze CDR, ishyaka ry’abahutu b’intagondwa ryagize uruhare mu itegurwa no mu ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi. CNLG kandi yavuze ko Urukiko Gacaca rwa Gikirambwa rwamukatiye igifungo cya burundu ku wa 5 Ugushyingo 2008, ruburanishije adahari, rumuhamya ibyaha bya Jenoside bifitanye isano na ISAR.

Ni yo mpamvu kumwerekana gusa nk’umunyapolitiki cyangwa umuhanga mu buhinzi bidahagije. Amateka ye yose agomba kugaragazwa.

Amakuru yatanzwe mu nyandiko z’amateka ya Jenoside agaragaza ko mbere yo kujya kuyobora ISAR, Ndereyehe yari ayoboye Projet de Développement Agricole de Gikongoro (PDAG).

Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu ivuga ko muri icyo gihe Ndereyehe yagize uruhare mu gushinga umutwe w’Interahamwe ku Gikongoro, afatanyije na Captain Faustin Sebuhura n’abandi bayobozi b’imishinga y’ubuhinzi n’abayobozi bo muri perefegitura.

Ikibazo gikwiye kubazwa Etienne Gatanazi ntabwo ari “kuki waganiriye na Ndereyehe?” Ahubwo ni iki cyari kigamijwe? Kuki hatoranyijwe Ndereyehe nk’umuntu wo kuganira ku buhinzi? Ese wateguye ikiganiro utazi amateka ye? Cyangwa wayirengagije nkana.

Icyaha cya Jenoside ntigikwiye guhindurwa igikoresho cyo kwamamaza umuntu cyangwa kumwubakiraho isura nshya

Cira birarura.

2026-08-20
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Itegeko rihana ingengabitekerezo ya jenoside n’ibyaha bifitanye isano nayo riteganya ko mu biyigize harimo “Guhohotera uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi”

Itegeko rihana ingengabitekerezo ya jenoside n’ibyaha bifitanye isano nayo riteganya ko mu biyigize harimo “Guhohotera uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi”

Ubwanditsi 27 Aug 2025
Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027

Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027

RUSHYASHYA 20 May 2026
Taliki ya 10 Mata 1994: Abasirikare ba Habyarimana bishe abarwayi kuri Faisal

Taliki ya 10 Mata 1994: Abasirikare ba Habyarimana bishe abarwayi kuri Faisal

Ubwanditsi 10 Apr 2018
Abapolisi b’u Rwanda bambitswe imidari muri Sudani y’Epfo

Abapolisi b’u Rwanda bambitswe imidari muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 17 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyamakuru basobanuriwe imikorere ya RNIT Iterambere Fund benshi barahira yuko bagomba kuyijyamo
Mu Mahanga

Abanyamakuru basobanuriwe imikorere ya RNIT Iterambere Fund benshi barahira yuko bagomba kuyijyamo

Ubwanditsi 25 Jan 2017
Gasabo: Uwitwa Rwigema Mike arasaba guhindura amazina hakongerwamo iry’umuryango
Mu Rwanda

Gasabo: Uwitwa Rwigema Mike arasaba guhindura amazina hakongerwamo iry’umuryango

Ubwanditsi 31 May 2018
Akaga ba mukerarugendo bahura nako kubera ruswa yayogoje inzego za Uganda ku mipaka.
HIRYA NO HINO

Akaga ba mukerarugendo bahura nako kubera ruswa yayogoje inzego za Uganda ku mipaka.

Ubwanditsi 01 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru