• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?

Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?

RUSHYASHYA 20 Aug 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Kuba umuntu akora ikiganiro kuri YouTube afite uburenganzira bwo gutumira abantu batandukanye no kubaha umwanya wo gutanga ibitekerezo. Ariko ubwo burenganzira burangira, cyane cyane iyo uha urubuga umuntu ufite amateka aremereye ajyanye n’uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ni muri urwo rwego ikiganiro Etienne Gatanazi yagiranye na Charles Ndereyehe Ntahontuye kuri gahunda y’ubuhinzi cyateje kwibaza niba umuzindaro we wa YouTube, The Real Talk, ukomeje guha urubuga no gutagatifuza abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ikibazo si ukuba Ndereyehe yaravuze ku buhinzi. Ikibazo gikomeye ni uwo ari we, amateka ye, n’uko ahabwa urubuga rwo kugaragara nk’umuntu usanzwe ufite ubuhanga mu buhinzi, mu gihe inyandiko zabatangabuhamya zimugaragaza nk’umwicanyi kabombo utarashyira hasi umugambi wa Jenoside ahubwo wawuraga n’aban be.

Charles Ndereyehe Ntahontuye yari umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Ubushakashatsi mu by’Ubuhinzi n’Ubworozi, ISAR, i Rubona mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi. Raporo y’Akarere ka Huye ku mateka ya Jenoside igaragaza ko Ndereyehe yari umuyobozi mukuru wa ISAR Rubona kuva ku wa 27 Mutarama 1992, nyuma akaza guhungira mu Buholandi. Iyo raporo ivuga ko yashinjwaga ibyaha bya Jenoside byakorewe muri ISAR yayoboraga mu 1994.

Icyahoze ari komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) ubu yimuriwe muri MINUBUMWE, yatangaje ko Ndereyehe yari umwe mu bashinze CDR, ishyaka ry’abahutu b’intagondwa ryagize uruhare mu itegurwa no mu ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi. CNLG kandi yavuze ko Urukiko Gacaca rwa Gikirambwa rwamukatiye igifungo cya burundu ku wa 5 Ugushyingo 2008, ruburanishije adahari, rumuhamya ibyaha bya Jenoside bifitanye isano na ISAR.

Ni yo mpamvu kumwerekana gusa nk’umunyapolitiki cyangwa umuhanga mu buhinzi bidahagije. Amateka ye yose agomba kugaragazwa.

Amakuru yatanzwe mu nyandiko z’amateka ya Jenoside agaragaza ko mbere yo kujya kuyobora ISAR, Ndereyehe yari ayoboye Projet de Développement Agricole de Gikongoro (PDAG).

Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu ivuga ko muri icyo gihe Ndereyehe yagize uruhare mu gushinga umutwe w’Interahamwe ku Gikongoro, afatanyije na Captain Faustin Sebuhura n’abandi bayobozi b’imishinga y’ubuhinzi n’abayobozi bo muri perefegitura.

Ikibazo gikwiye kubazwa Etienne Gatanazi ntabwo ari “kuki waganiriye na Ndereyehe?” Ahubwo ni iki cyari kigamijwe? Kuki hatoranyijwe Ndereyehe nk’umuntu wo kuganira ku buhinzi? Ese wateguye ikiganiro utazi amateka ye? Cyangwa wayirengagije nkana.

Icyaha cya Jenoside ntigikwiye guhindurwa igikoresho cyo kwamamaza umuntu cyangwa kumwubakiraho isura nshya

Cira birarura.

2026-08-20
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda utumye Museveni agiye kwirukana Abanyarwanda muri Uganda nk’uko Obote yabikoze muri [19 82]

Umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda utumye Museveni agiye kwirukana Abanyarwanda muri Uganda nk’uko Obote yabikoze muri [19 82]

Ubwanditsi 22 Nov 2018
Abantu biyita ko ari abo muri M23 bahungiye mu Rwanda – RDF

Abantu biyita ko ari abo muri M23 bahungiye mu Rwanda – RDF

Ubwanditsi 30 Jan 2017
Rayon Sport ikomeje kuyobora urutonde rwa shampiyona nyuma yo kunganya na APR RC 0-0

Rayon Sport ikomeje kuyobora urutonde rwa shampiyona nyuma yo kunganya na APR RC 0-0

Ubwanditsi 09 Mar 2025
Bobi Wine akomeje kwiyegereza urubyiruko mu rugamba rwo kurwanya Perezida Museveni

Bobi Wine akomeje kwiyegereza urubyiruko mu rugamba rwo kurwanya Perezida Museveni

Ubwanditsi 15 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square
SHOWBIZ

Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square

Ubwanditsi 27 Oct 2017
BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza
UBUKUNGU

BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza

Ubwanditsi 18 Jul 2019
Uko Perezida Museveni yahuye na Charlotte Mukankusi, umwe mu bayobozi  bakuru ba RNC
INKURU NYAMUKURU

Uko Perezida Museveni yahuye na Charlotte Mukankusi, umwe mu bayobozi bakuru ba RNC

Ubwanditsi 15 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru