• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Kagame yasubije abibaza niba Coup d’Etat ishoboka mu Rwanda

Perezida Kagame yasubije abibaza niba Coup d’Etat ishoboka mu Rwanda

Ubwanditsi 28 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Muri iyi minsi hamaze iminsi havugwa ibibazo bitandukanye mu bihugu by’Afurika byo gukuraho ubutegetsi hakoreshejwe ingufu za gisirikari bizwi nka Coup d’Etats. Aha twavuga nko mu bihugu nka Mali, Guinea, Sudani na Burukina Fasso.

Perezida Kagame yaganiriye birambuye n’ikinyamakuru Jeune Afrique aho yabajijwe igitera izo Coup d’Etats asubiza ko biterwa n’ibibazo birebire by’uruhererekane biba bitarabonewe ibisubizo. Yatanze urugero kuri Sudani ko hari ibibazo mu gihe Omar El Bachir yayoboraga bikaba byarakomeje hagiyeho leta y’agateganyo.

Perezida Kagame yongeyeho ko ukora ibyaha wese yaba umusirikari yaba umusivire bose bagomba guhanwa kuko hari igihe umuyobozi w’umusivire aba yarashyizweho n’agatsiko k’abasirikari.

Abajijwe niba Coup d’Etat ishoboka mu Rwanda, Perezida Kagame yagize ati

“Ibyo ntabwo mbizi ariko reka nkwereke ibintu mu bundi buryo. Icya mbere ni uko ari Abanyarwanda bwa mbere bagomba kuvuga icyo batekereza urebye aho twavuye, ibyo twakoze nibyo turi gukora ubu”

Perezida Kagame yakomeje agira ati “Simbona icyaricyo cyose cyatera abasirikari cyangwa abasivire uburakari bwageza kuri Coup d’Etat kuko uburyo bwacu bw’imiyoborere bukora mu gusubiza ibibazo by’abaturage. Simbona rwose icyatuma bigera kuri urwo rugero”

Mu bindi Perezida Kagame yabajijwe icyo atakereza ku kuba ingabo za Uganda ziri muri Kongo mu guhashya umutwe w’iterabwoba wa ADF. Yavuzeko ADF itabangamiye Uganda yonyine ko ibangamiye na Kongo Kinshasa n’akarere muri rusange. Yibukije ko ADF igizwe n’Abagande, Abakongomani , Abanyarwanda, Abarundi, Abatanzaniya ndetse n’Abanyakenya.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwafashe abakorana n’uwo mutwe wa ADF bitegura gukora ibikorwa by’iterabwoba mu Rwanda. Abo Banyarwanda batozwaga binyuze muri video n’umuntu wo muri ADF. Ibyo bikorwa bari gukorera mu Rwanda byari ukwihorera kubera ingabo z’u Rwanda zakubise inshuro umutwe w’iterabwoba wo muri Mozambique.

Ku rubanza rw’Agathe Kanziga, Perezida Kagame yabajijwe niba u Rwanda rwarakuyeho ikirego cyo kumukurikirana, avuga ko ubutabera bugomba gukora akazi kabwo.

Naho Interahamwe 8 zakiriwe n’igihugu cya Mali, Perezida Kagame yavuzeko ikinyoma cya mbere ariko bavuzeko u Rwanda rwari ruziko bazoherezwa muri Mali ikinyoma cya kabiri nuko ntacyakozwe ngo bagaragaze uburyo abo bantu batazongera kwijandika mu byaha byari byarabafungishije.

Yagize ati “nkubu ngubu barongeye bihuza n’abandi bicanyi binyuze ku mbuga nkoranya mbaga aho basigaye bakwirakwiza ibinyoma ku Rwanda. Urumva ibyo ari ibisanzwe”?

Ku rubanza rwa Rusesabagina, Perezida Kagame yavuzeko abarunenga iyo bafashe abakoze nk’ibyo Rusesabagina yakoreye u Rwanda, bahita bicwa nta rubanza rubaye.

Yongeyeho ko abamurengera birengagiza nkana ibyo yakoze kuko bashaka ko afungurwa yaba ari umwere cyangwa atari umwere.

Mu gusoza Perezida Kagame yabajijwe niba azaba umukandida mu matora ya 2024, asubiza ko Itegeko Nshinga ribimwemerera.

2022-01-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Col. Gaspard Baratuza  yarashimuswe cyangwa nawe yasanze abandi ?

Burundi: Col. Gaspard Baratuza yarashimuswe cyangwa nawe yasanze abandi ?

Ubwanditsi 22 Sep 2016
Nkurunziza arabiba urwango hagati y’u Rwanda n’ Burundi mu rwego rwo guhisha ibyaha ashinjwa no kutagaragaza umusaruro w’imyaka 15

Nkurunziza arabiba urwango hagati y’u Rwanda n’ Burundi mu rwego rwo guhisha ibyaha ashinjwa no kutagaragaza umusaruro w’imyaka 15

Ubwanditsi 27 Dec 2019
Perezida  Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi

Perezida Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi

Ubwanditsi 18 Jan 2016
Afrika y’Epfo : (Xenophobic attacks) Abanya Nigeria batangiye kwicwa

Afrika y’Epfo : (Xenophobic attacks) Abanya Nigeria batangiye kwicwa

Ubwanditsi 23 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta
Amakuru

Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta

Ubwanditsi 01 Jul 2025
Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36
Amakuru

Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Ubwanditsi 15 Sep 2023
Ruswa si umwihariko wa Afurika ariko igomba gucika – Perezida Kagame
UBUKUNGU

Ruswa si umwihariko wa Afurika ariko igomba gucika – Perezida Kagame

Ubwanditsi 30 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru