• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abanyarwandakazi batatu birukanywe muri Uganda nyuma y’umwaka batoterezwa muri gereza banakoreshwa imirmo y’agahato

Abanyarwandakazi batatu birukanywe muri Uganda nyuma y’umwaka batoterezwa muri gereza banakoreshwa imirmo y’agahato

Ubwanditsi 03 Jun 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 2 Kamena 2019 nibwo inzego z’umutekano muri Uganda zagejeje ku mupaka wa Cyanika mu Rwanda, abanyarwandakazi batatu abo ni Alphonsine Musabyimana, Jeanette  Nyiransengiyumva na  Ingabire Veronique, birukanwe ku butaka bwa Uganda nyuma y’umwaka bafungiye muri gereza zaho binyuranye n’amategeko ndetse umwe muri bo yatandukanyijwe n’umuryango we.

Imyaka ibiri irashize, inzego z’umutekano za Uganda zikajije umurego mu guta muri yombi Abanyarwanda bakorerayo ingendo, abahatuye n’abashakiragayo ubuzima.

Mu buhamya bwabo, aba baturage babwiye itangazamakuru ko bafatiwe mu nzira, bahita bajyanwa muri kasho aho bafungiwe.

Muri gereza bakoreshejwe imirimo ivunanye irimo guhinga, kubumba amatafari no kuyikorera no gukorerwa iyicarubozo ribaviramo n’ubumuga.

Ingabire Veronique wo mu Karere ka Burera yakuwe muri bisi ari kwerekeza muri Uganda, ajyanwa gufungwa.

Yagize ati “Nari ndi kujya Uganda njye n’umugabo wanjye badukura muri bisi, batujyana kudufunga. Badukatiye umwaka umwe n’iminsi 15, ubu sinzi aho ari. Badushinjaga ko twinjiye mu gihugu cyabo tutabasabye uburenganzira nyamara twari twanyuze ku mupaka twanasinyije, dufite ibyangombwa.’’

Uyu mubyeyi w’umwana umwe yafashwe ku wa 15 Gicurasi 2018; yavuze ko ubwo bari bafunzwe bakubiswe bikomeye.

Yakomeje avuga ko “Babanje kutujyana Kabale mbere yo kutwohereza Mbarara na Kisoro aho twavuye dutaha. Twavaga guhinga bakadukubita inkoni, bakunoza bakakubwira ngo genda. Hari igihe bankubitaga, nkajya mu bitaro bakantera inshinge.’’

Ingabire mu bo yibuka b’Abanyarwandakazi yasize muri gereza avuga ko i Kabale yahasize 15 mu gihe Kisoro yasizemo batanu. Ahafungirwa abagabo ngo yasanze haruzuye ku buryo bimuriwe muri gereza ya Kiburara.

Nyiransengiyumva Jeannette w’imyaka 20 na we yafashwe avuye mu rugo yerekeza aho yakoreraga muri Kabale. Yagendaga muri Uganda akagaruka mu Rwanda.

Yagize ati “Bankuye muri bisi, nari mfite ibyangombwa birimo indangamuntu n’urwandiko rwemerera abaturiye umupaka kwambuka. Batubwiye ko ntacyo bimaze. Bamaze kudufata batubwiye ko urwo rwandiko rutakurenza Kisoro ngo ujye Kampala.’’

Yavuze ko mu gihe kirenga umwaka yamaze afunzwe yakoreshejwe imirimo y’agatunambwene ndetse afungirwa ahantu henshi harimo gereza ya Kisoro, Kabale na Mbarara.

Yakomeje avuga ko “Bari badukatiye umwaka n’igice, baza kubigeza ku mwaka n’iminsi 15. Badushinjaga kwinjira muri Uganda nta byangombwa dufite. Muri gereza twaryaga nabi, akawunga k’ibigori biboze birimo inyo.’’

Nyiransengiyumva uvuka mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze yagiriye inama abifuza kujya muri Uganda gukenga kuko ‘natwe nta byiza twaboneyeyo.’

Ruswa ivuza ubuhuha muri gereza!

Abanyarwanda batabwa muri yombi muri Uganda hari abo inzego z’umutekano zaka ruswa ngo zibarekure.

Mu buhamya bwa Musabyimana Alphonsine wo mu Gakenke yavuze ko nyuma yo kujyanwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Kisoro babasabye ruswa ngo babarekure.

Yagize ati “Badukatiye umwaka n’amezi umunani. Batubwiye ko ufite miliyoni n’igice yayatanga agataha. Abari bayafite barayatanze, abandi bayabuze baradufunga.’’

Yavuze ku bihano bikakaye bahabwaga mu gihe bamaze bafunzwe. Yagize ati “Twamaze iminsi ine muri gereza ya Kisoro, aho twavuye batujyana Kabale. Baradukubitaga, bakadukoresha imirimo ivunanye.’’

Uyu mubyeyi uvuka mu Murenge wa Rusasa mu Karere ka Gakenke yatandukanyijwe n’umugabo we n’abana be batanu yasize muri Uganda aho bakodeshaga imirima yo guhinga.

Aba Banyarwandakazi boherejwe barambuwe ibyangombwa by’inzira aho babwiwe ko nibongera gufatwa ‘bazafungwa imyaka 20.’ Mbere yo kurekurwa, abari barakubiswe bikomeye, bavujwe ibikomere bari bafite.

Kuva mu 2017, Abanyarwanda baba muri Uganda batangiye gutabwa muri yombi mu mikwabo itandukanye, bagakorerwa iyicarubozo, bamwe bakagarurwa mu gihugu binyuranye n’amategeko. Abafatwa bashinjwa kuba ‘intasi’ z’u Rwanda.

Muri Werurwe 2019, Guverinoma y’u Rwanda yasabye abaturage bayo guhagarika kujya muri Uganda, kubera impungenge z’umutekano wabo, ni nyuma y’ubuhamya bw’abarenga 800 bari bamaze iminsi birukanwa ku butaka bw’icyo gihugu nyuma yo guhohoterwa n’iyicarubozo bakorewe.

2019-06-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Magaly Pearl, Umuhanzikazi ukomoka mu Rwanda yambitswe impeta n’umunyamerika

Magaly Pearl, Umuhanzikazi ukomoka mu Rwanda yambitswe impeta n’umunyamerika

Ubwanditsi 22 Dec 2018
Ikinyamakuru Le Monde cyagarutse ku nterahamwe zicyidegembya mu Bufaransa

Ikinyamakuru Le Monde cyagarutse ku nterahamwe zicyidegembya mu Bufaransa

Ubwanditsi 30 Mar 2023
IGP Gasana yahaye impanuro abapolisi bajya gusimbura abandi mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

IGP Gasana yahaye impanuro abapolisi bajya gusimbura abandi mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Ubwanditsi 15 Jul 2016
RDC: Umupadiri yishwe arashwe nyuma y’igitambo cya misa

RDC: Umupadiri yishwe arashwe nyuma y’igitambo cya misa

Ubwanditsi 09 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Isange Mobile Clinic yasuye abaturage ba Rwamagana
Mu Mahanga

Isange Mobile Clinic yasuye abaturage ba Rwamagana

Ubwanditsi 23 Mar 2016
CAF yahagaritse umutoza n’abakinnyi babiri ba Costa de Sol izakina na Rayon Sports
IMIKINO

CAF yahagaritse umutoza n’abakinnyi babiri ba Costa de Sol izakina na Rayon Sports

Ubwanditsi 05 Apr 2018
Urupfu rwa Col Mustafa, waguye Uganda yishwe, ni rumwe mu by’ingenzi byashegeshe FDLR
INKURU NYAMUKURU

Urupfu rwa Col Mustafa, waguye Uganda yishwe, ni rumwe mu by’ingenzi byashegeshe FDLR

Ubwanditsi 11 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru