• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Musabyimana na Mukarugomwa bahuriye mu ngengabitekerezo imwe ya CDR, ubu bari murukundo kandi bashaje   |   27 Jan 2021

  • Bwana André Kazigaba, jya uvuga uziga, kuko ubwibone no  gushyanuka bizagushyira  mu kaga karenze ako wishoyemo   |   26 Jan 2021

  • Bamwe mu bapolisi ba Uganda mu myigaragambyo yo kwinubira umushahara muto kandi utazira igihe.   |   26 Jan 2021

  • Andre Kazigaba wahoze muri RNC ubu akaba ari muri RRM ya Callixte Nsabimana yigambye kuri Ambasaderi Nikobisanzwe urupfu rw’Umunyarwanda Baziga Louis   |   25 Jan 2021

  • Leta ya Uganda irarye iri menge, dore abakorana n’inyeshyamba muri Santrafrika batangiye gutabwa muri yombi.   |   25 Jan 2021

  • Urukiko rw’i Kampala muri Uganda rwategetse abasirikari b’icyo gihugu  guha amahoro umunyapolitiki Bobi Wine, bakava mu rugo rwe bari bamaze igihe bagose.   |   25 Jan 2021

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Uruganda “Master Steel ” rwabaye umushoramari w’umwaka mu bihembo bya RDB Business Excellence Awards 2019

Uruganda “Master Steel ” rwabaye umushoramari w’umwaka mu bihembo bya RDB Business Excellence Awards 2019

Editorial 01 Feb 2020 UBUKUNGU

Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), ku nshuro ya karindwi cyahembye abashoramari babaye indashyikirwa mu mwaka 2019, aho igihembo nyamakuru cy’umushoramari w’umwaka cyegukanywe na Master Steel Ltd rukora ibikoresho by’ubwubatsi.

Ibi bihembo bizwi nka 2019 RDB Business Excellence Awards, byatanzwe mu ijoro ryo kuri uyu wa 31 Mutarama 2020 mu gikorwa cyabereye muri Kigali Convention Centre.

Muri rusange hatanzwe ibihembo icyenda. Igihembo cy’umushoramari w’umwaka cyahawe Master Steel Ltd, yahembwe kuzatembereza abakozi batanu b’iki kigo bakajya gusura Ingagi zo mu Birunga.

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edourd yahembye uruganda Master Steel nka rwiyemezamirimo w’umwaka wa 2019

Rwiyemezamirimo w’umugore wahize abandi mu 2019 yabaye Bufcoffee Ltd, Ikigo cyagaragaje agashya mu byo gikora mu 2019, cyabaye sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda, rwiyemezamirimo ukiri muto wa 2019 yabaye Awesomity Lab, wahawe miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda.

Rwiyemezamirimo ukora ubucuruzi buto n’ubuciritse yabaye EasyHatch Ltd, rwiyemezamirimo wasangije abandi ubumenyi agatanga n’amahugurwa ndetse n’akazi yabaye Banki ya KCB.

Rwiyemezamirimo wateje imbere ibyakorewe mu Rwanda hahembwe babiri, barimo Moshions na Agropy Ltd, rwiyemezamirimo wohereza ibicuruzwa mu mahanga bivuye mu Rwanda naho hahembwe babiri, harimo Multi-Sector Investment Group na Africa improved Foods, naho umushoramari mushya washoye imari mu Rwanda yabaye uruganda rwa Volkswagen rukora imodoka.

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard, witabiriye uyu muhango, yashimiye Urugaga rw’abikorera mu Rwanda rwafatanyije na Guverinoma y’u Rwanda binyuze mu rwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), mu gutegura ibi birori by’uyu munsi.

Yavuze ko abashoramari n’abacuruzi ari abafatanyabikorwa b’ingenzi mu cyerekezo u Rwanda rufite cyo kugera ku iterambere rirambye, kandi rihuriweho na bose mu 2024.

Yagize ati “Guverinoma y’u Rwanda irabashimira ko kugeza ubu ari mwe mutanga imirimo myinshi ku mubare munini w’Abanyarwanda, ibi kandi ni nabyo byagize uruhare mu kuzamuka ubukungu bw’u Rwanda nk’uko byagaragaye mu myaka ishize”.

Minisitiri w’Intebe yakomeje avuga ko guverinoma y’u Rwanda ishimira uruhare rwa ba rwiyemezamirimo n’abashoramari mu kongera ingano y’ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga.

Ati “Muri urwo rwego, ndashishikariza kandi ba rwiyemezamirimo n’ibigo by’ubucuruzi mu Rwanda kwitabira ishoramari rihuriweho”.
Mu 2019 ishoramari rihuriweho n’Abanyarwanda n’abanyamahanga ryihariye 44% y’ishoramari ryose, by’umwihariko ibigo bito n’ibiciriritse (SMEs).

Minisitiri w’Intebe ati “Ndabizeza ko Guverinoma y’u Rwanda izakomeza kunoza no korohereza ishoramari kugira ngo abashora imari imbere mu gihugu barusheho kwiyongera, guverinoma y’u Rwanda yiyemeje gushyigikira no kongerera ubushobozi urubyiruko hagamijwe kurufasha kwihangira imirimo. “

Yashishikarije kandi ba rwiyemezamirimo b’urubyiruko kubyaza umusaruro amahirwe atandukanye igihugu cyabahaye, kugira ngo barusheho guteza imbere ibikorwa n’imishinga yabo.

Umuyobozi Mukuru wa RDB, Claire Akamanzi, yashimiye buri wese wagiye yitabira aya marushanwa kuva mu myaka yose irindwi ishize, avuga ko ari iby’agaciro.

Yagaragaje uburyo ishoramari ry’igihugu cyarazamutse riva kuri miliyari ebyiri z’amadorali ryariho mu 2018, rigera kuri miliyari 2.4 mu 2019.

Yavuze ko ibi byose byagiye bigirwamo uruhare na guverinoma iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, byatumye hashyirwaho uburyo bufasha ishoramari gukora neza.

Yagize ati “Ni muri ubwo buryo hari impinduka zatumye u Rwanda ruza mu bihugu by’imbere muri Afurika mu gufasha ishoramari kuko turi ku maywa wa kabiri, no ku mwanya wa 38 ku Isi, u Rwanda kandi nicyo gihugu cyonyine mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere kigaragara mu bihugu 50.”

Akamanzi yavuze ko nka leta izakomeza gufasha abagitangira ubucuruzi n’ibigo binini kugira ngo bikomeze gutera imbere.

Uyu munsi bitwara gusa amasaha atandatu kugira ngo umuntu yandikishe ikigo, kandi abashoramari bashobora no gusura RDB buri wa gatanu hagati ya saa tatu kugeza saa sita, bakaba bafashwa gukemurirwa ahari ikibazo.

2020-02-01
Editorial

IZINDI NKURU

Kagame yizeje ko FPR izaca iby’abayobozi bategera abaturage

Kagame yizeje ko FPR izaca iby’abayobozi bategera abaturage

Editorial 26 Aug 2018
U Rwanda mu nzira yo kwiyubaka rwagiye ruterwa amacumu atari make hirya no hino –Kagame   

U Rwanda mu nzira yo kwiyubaka rwagiye ruterwa amacumu atari make hirya no hino –Kagame   

Editorial 06 Oct 2019
U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kwegereza abaturage serivisi z’imari

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kwegereza abaturage serivisi z’imari

Editorial 05 Nov 2018
Kigali yemerewe kwakira inama ikomeye y’ubukungu muri Afurika yaberaga i Genève mu Busuwisi

Kigali yemerewe kwakira inama ikomeye y’ubukungu muri Afurika yaberaga i Genève mu Busuwisi

Editorial 17 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru