• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Uruganda “Master Steel ” rwabaye umushoramari w’umwaka mu bihembo bya RDB Business Excellence Awards 2019

Uruganda “Master Steel ” rwabaye umushoramari w’umwaka mu bihembo bya RDB Business Excellence Awards 2019

Ubwanditsi 01 Feb 2020 UBUKUNGU

Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), ku nshuro ya karindwi cyahembye abashoramari babaye indashyikirwa mu mwaka 2019, aho igihembo nyamakuru cy’umushoramari w’umwaka cyegukanywe na Master Steel Ltd rukora ibikoresho by’ubwubatsi.

Ibi bihembo bizwi nka 2019 RDB Business Excellence Awards, byatanzwe mu ijoro ryo kuri uyu wa 31 Mutarama 2020 mu gikorwa cyabereye muri Kigali Convention Centre.

Muri rusange hatanzwe ibihembo icyenda. Igihembo cy’umushoramari w’umwaka cyahawe Master Steel Ltd, yahembwe kuzatembereza abakozi batanu b’iki kigo bakajya gusura Ingagi zo mu Birunga.

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edourd yahembye uruganda Master Steel nka rwiyemezamirimo w’umwaka wa 2019

Rwiyemezamirimo w’umugore wahize abandi mu 2019 yabaye Bufcoffee Ltd, Ikigo cyagaragaje agashya mu byo gikora mu 2019, cyabaye sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda, rwiyemezamirimo ukiri muto wa 2019 yabaye Awesomity Lab, wahawe miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda.

Rwiyemezamirimo ukora ubucuruzi buto n’ubuciritse yabaye EasyHatch Ltd, rwiyemezamirimo wasangije abandi ubumenyi agatanga n’amahugurwa ndetse n’akazi yabaye Banki ya KCB.

Rwiyemezamirimo wateje imbere ibyakorewe mu Rwanda hahembwe babiri, barimo Moshions na Agropy Ltd, rwiyemezamirimo wohereza ibicuruzwa mu mahanga bivuye mu Rwanda naho hahembwe babiri, harimo Multi-Sector Investment Group na Africa improved Foods, naho umushoramari mushya washoye imari mu Rwanda yabaye uruganda rwa Volkswagen rukora imodoka.

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard, witabiriye uyu muhango, yashimiye Urugaga rw’abikorera mu Rwanda rwafatanyije na Guverinoma y’u Rwanda binyuze mu rwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), mu gutegura ibi birori by’uyu munsi.

Yavuze ko abashoramari n’abacuruzi ari abafatanyabikorwa b’ingenzi mu cyerekezo u Rwanda rufite cyo kugera ku iterambere rirambye, kandi rihuriweho na bose mu 2024.

Yagize ati “Guverinoma y’u Rwanda irabashimira ko kugeza ubu ari mwe mutanga imirimo myinshi ku mubare munini w’Abanyarwanda, ibi kandi ni nabyo byagize uruhare mu kuzamuka ubukungu bw’u Rwanda nk’uko byagaragaye mu myaka ishize”.

Minisitiri w’Intebe yakomeje avuga ko guverinoma y’u Rwanda ishimira uruhare rwa ba rwiyemezamirimo n’abashoramari mu kongera ingano y’ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga.

Ati “Muri urwo rwego, ndashishikariza kandi ba rwiyemezamirimo n’ibigo by’ubucuruzi mu Rwanda kwitabira ishoramari rihuriweho”.
Mu 2019 ishoramari rihuriweho n’Abanyarwanda n’abanyamahanga ryihariye 44% y’ishoramari ryose, by’umwihariko ibigo bito n’ibiciriritse (SMEs).

Minisitiri w’Intebe ati “Ndabizeza ko Guverinoma y’u Rwanda izakomeza kunoza no korohereza ishoramari kugira ngo abashora imari imbere mu gihugu barusheho kwiyongera, guverinoma y’u Rwanda yiyemeje gushyigikira no kongerera ubushobozi urubyiruko hagamijwe kurufasha kwihangira imirimo. “

Yashishikarije kandi ba rwiyemezamirimo b’urubyiruko kubyaza umusaruro amahirwe atandukanye igihugu cyabahaye, kugira ngo barusheho guteza imbere ibikorwa n’imishinga yabo.

Umuyobozi Mukuru wa RDB, Claire Akamanzi, yashimiye buri wese wagiye yitabira aya marushanwa kuva mu myaka yose irindwi ishize, avuga ko ari iby’agaciro.

Yagaragaje uburyo ishoramari ry’igihugu cyarazamutse riva kuri miliyari ebyiri z’amadorali ryariho mu 2018, rigera kuri miliyari 2.4 mu 2019.

Yavuze ko ibi byose byagiye bigirwamo uruhare na guverinoma iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, byatumye hashyirwaho uburyo bufasha ishoramari gukora neza.

Yagize ati “Ni muri ubwo buryo hari impinduka zatumye u Rwanda ruza mu bihugu by’imbere muri Afurika mu gufasha ishoramari kuko turi ku maywa wa kabiri, no ku mwanya wa 38 ku Isi, u Rwanda kandi nicyo gihugu cyonyine mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere kigaragara mu bihugu 50.”

Akamanzi yavuze ko nka leta izakomeza gufasha abagitangira ubucuruzi n’ibigo binini kugira ngo bikomeze gutera imbere.

Uyu munsi bitwara gusa amasaha atandatu kugira ngo umuntu yandikishe ikigo, kandi abashoramari bashobora no gusura RDB buri wa gatanu hagati ya saa tatu kugeza saa sita, bakaba bafashwa gukemurirwa ahari ikibazo.

2020-02-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

Ubwanditsi 15 Mar 2019
Minisitiri w’Intebe yagaragaje inyungu zo guha amahirwe angana umugabo n’umugore

Minisitiri w’Intebe yagaragaje inyungu zo guha amahirwe angana umugabo n’umugore

Ubwanditsi 30 Mar 2019
Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]

Ubwanditsi 16 Dec 2017
Davos : Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga k’Ubukungu

Davos : Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga k’Ubukungu

Ubwanditsi 17 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zari akomeje kwibasirwa bikomeye n’umuryango wa Ivan nyuma y’urupfu rwe
Mu Rwanda

Zari akomeje kwibasirwa bikomeye n’umuryango wa Ivan nyuma y’urupfu rwe

Ubwanditsi 08 Jun 2017
Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.
Amakuru

Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.

Ubwanditsi 12 Mar 2021
Ibyiza n’Akamaro ko Kunywa Amazi Ukibyuka
Amakuru

Ibyiza n’Akamaro ko Kunywa Amazi Ukibyuka

Ubwanditsi 20 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru