• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

Ubwanditsi 16 Dec 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Itangazo Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda imaze gushyira ahagaragra, risobanura impamvu inama yabereye i Luanda muri Angola kuri uyu wa gatandatu tariki 14 Ukuboza 2024, hagati y’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’u Rwanda, Kongo-Kinshasa na Angola nk’umuhuza, yarangiye nta mwanzuro wumvikanyweho.

Ibyo ngo byatewe n’uko Kongo yanze kwemera icyifuzo cy’umuhuza, usaba Leta y’icyo gihugu gushyikirana n’umutwe wa M23, kuko asanga ari ingirakamaro mu kurangiza intambara ikomeje kuyogoza uburasirazuba bwa Kongo.

Kuba inama y’abaminisitiri nta mwanzuro ufatika yagezeho, byanatumye iyagombaga guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi isubikwa, kuko bagombaga guhura bemeza ibyagezweho n’abaminisitiri babo.

Iryo tangazo riravuga ko iyo nama byanagaragaraga ko nta musaruro yari kugeraho, mu gihe abategetsi ba Kongo, barimo na Perezida Tshisekedi ubwe, bakomeje imvugo n’ibikorwa bigamije kugirira nabi ubutegetsi buriho mu Rwanda, bikanigaragaza mu mikoranire hagati y’igisirikari cya Kongo n’imitwe ibangamiye umutekano w’uRwanda, nka Wazalendo, igisirikari cy’uBurundi, abacancuro b’abanyaburayi ndetse n’abajenosideri ba FDLR.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’uRwanda ivuga kandi ko ubutegetsi bwa Kinshasa bushakisha amayeri yose yo guhunga ibyo isabwa, birimo no gusenya iyo FDLR, nk’uko bwabisabwe ariko bukabyemera bya nyirarureshwa.

Icyakora, uku gusubika inama ngo biraha amahirwe n’umwanya ibiganiro hagati ya Leta ya Kongo n’ umutwe wa M23, nk’uko umuhuza, Perezida Lourenço, ndetse n’abashyize imbaraga mu gushakira Kongo amahoro, babisaba bakomeje,

Itangazo rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’uRwanda rirasoza rivuga ko ” hari ibyemezo Leta ya Kongo ikwiye kandi igomba kwifatira kuko ariyo bireba ubwayo, ikareka guhora yitwaza uRwanda kugirango ihunge inshingano”.

U Rwanda kandi ngo rwiteguye gusubukura kwitabira inama igihe bizagaragara ko ifite icyerekezo n’ingamba bihamye, biganisha ku gushaka umuti w’ibibazo mu buryo burambye.

2024-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko CMI na RNC bajyanye abanyamakuru barimo aba New Vision na NTV gusura ibikorwa bya Rujugiro Arua mu Bugande.

Uko CMI na RNC bajyanye abanyamakuru barimo aba New Vision na NTV gusura ibikorwa bya Rujugiro Arua mu Bugande.

Ubwanditsi 29 Mar 2019
Gen Biraaro wamaganye Museveni kuva muri 1996 yitabye Imana, azize urwo Gen Aronda n’abandi bazize

Gen Biraaro wamaganye Museveni kuva muri 1996 yitabye Imana, azize urwo Gen Aronda n’abandi bazize

Ubwanditsi 12 Feb 2020
Perezida Kagame yitabiriye ifungurwa ry’inama ihuza u Burusiya na Afurika

Perezida Kagame yitabiriye ifungurwa ry’inama ihuza u Burusiya na Afurika

Ubwanditsi 23 Oct 2019
Mobile Police Station Van yasuye abaturage ba Rweru mu Bugesera

Mobile Police Station Van yasuye abaturage ba Rweru mu Bugesera

Ubwanditsi 28 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iyo inda yasumbye indagu, Minisitiri Alexis Gisaro Muvunyi agambaniye Abanyamulenge akomokamo.
Amakuru

Iyo inda yasumbye indagu, Minisitiri Alexis Gisaro Muvunyi agambaniye Abanyamulenge akomokamo.

Ubwanditsi 15 Feb 2023
Gabiro : Perezida Kagame yasoje itorero ry’Indangamirwa ryinjije bamwe mu gisirikare
Mu Rwanda

Gabiro : Perezida Kagame yasoje itorero ry’Indangamirwa ryinjije bamwe mu gisirikare

Ubwanditsi 13 Jul 2017
Eagles Fan Club yiyongereye kuri za Fan Clubs zigize ikipe y’ingabo z’igihugu APR FC.
Amakuru

Eagles Fan Club yiyongereye kuri za Fan Clubs zigize ikipe y’ingabo z’igihugu APR FC.

Ubwanditsi 07 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru