• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Young Africans yegukanye igikombe ku Munsi w’Igikundiro 20245, ni nyuma yo gutsinda Rayon Sports 3-1

Young Africans yegukanye igikombe ku Munsi w’Igikundiro 20245, ni nyuma yo gutsinda Rayon Sports 3-1

Ubwanditsi 15 Aug 2025 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Kanama 2025, ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania yatsinze Rayon Sports ibitego 3-1 kuri Stade Amahoro, mu mukino wa gicuti w’ibirori bya Rayon Sports Day 2025, bizwi nka Umunsi w’Igikundiro.

Uyu munsi waranzwe no kwerekana abakinnyi Rayon Sports izakoresha mu mwaka mushya w’imikino wa 2025-2026, barimo abasanzwe ndetse n’abashya yaguze.

Ku munota wa mbere w’umukino, habayeho amakosa kuri baya myugariro ba Yanga SC, binyuze kuri Andambwile, n’umunyezamu we Djigui Diara.

Ibi byabaye ubwo Umupira yawusubizaga inyuma ufite imbaraga nyinshi, Diara awutegera atinze, bityo bibyara igitego cya mbere cya Rayon Sports.

Rayon Sports yakiniraga imbere y’Abakunzi bayo yakomeje gushaka uburyo bwo gushaka ibindi bitego ariko ikipe ya  Young Africans yihagararaho ari naho nayo yakomeje kureba uburyo bwo gushaka igitego.

Ku munota wa 26, Umunya-Côte d’Ivoire Pacome Zouzoua yanyuze mu bakinnyi bo hagati ba Rayon Sports, aha umupira mwiza rutahizamu Andy Boyeli wahise atsinda igitego umunyezamu Drissa Kouyate, bityo biba bibaye igitego kimwe kuri kimwe.

Mu minota ya nyuma y’igice cya mbere, Pacome Zouzoua yongeye kwigaragaza, anyura ku ruhande rw’iburyo maze ku munota wa 45 atsinda igitego cya kabiri cya Young Africans ku ishoti rikomeye riturutse hanze y’urubuga rw’amahina. Igice cya mbere kirangira Yanga iyoboye ku bitego 2-1.

Rayon Sports yatangiye igice cya kabiri isimbuza, ikuramo Ntarindwa Aimable asimburwa na Tambwe Gloire, na Rushema Chris wasimbuwe na Sindi Jesus Paul.

Izi mpinduka zatumye ikipe igira imbaraga mu kibuga hagati no ku mpande, ariko ntibyabujije Young Africans gukomeza kuyobora umukino.

Ku rundi ruhande, Yanga yakoze impinduka nyinshi, harimo gukuramo Pacome Zouzoua ku munota wa 70.

Rayon Sports kandi yakuyemo abakinnyi barimo Niyonzima Olivier Seif wasimbuwe na Ndayishimiye Richard ndetse na Emery Bayisenge wasimbuwe na Ishimwe Ganijuru Elie.

Mu minota itanu y’inyongera, Young Africans yabonye koruneri, kapiteni Mwamnyeto Bakary atsinda igitego cya gatatu n’umutwe, bityo Yanha SC yegukana intsinzi ityo.

Uyu mukino kandi wari wabanjirikwe no kwerana abakinnyi b’amakipe ya Rayon Sports y’Abagabo n’Abagore izakoresha.

Hari kandi n’abahanzi batandukanye basusurukije abitabiriye uyu mukino, harimo noa Kenny sol na Zeoptrap banakoranye ibitaramo bitandukanye na Rayon Sports ubwo bajyanaga mu ntara.

Iyi ni inshuro ya kabiri yikurikiranya Rayon Sports itsindirwa ku Munsi w’Igikundiro, kuko no mu 2024 yari yatsinzwe na Azam FC igitego 1-0.

2025-08-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuki abanyamakuru “b’abanyamwuga, Judi Rever na Michela Wrong, bashinja u Rwanda ibyo badafitiye ibimenyetso? Ni ubuswa mu mwuga, cyangwa ni urwango bakomora  kuri Patrick Karegeya, wari ihabara ryabo?

Kuki abanyamakuru “b’abanyamwuga, Judi Rever na Michela Wrong, bashinja u Rwanda ibyo badafitiye ibimenyetso? Ni ubuswa mu mwuga, cyangwa ni urwango bakomora  kuri Patrick Karegeya, wari ihabara ryabo?

Ubwanditsi 22 Feb 2021
Shampiyona y’u Rwanda mu mikino yo kwishyura iratangira gukinwa Rayon Sports isura Mukura VS, Gasogi United yakira Marines FC naho Gorilla FC yakire Kiyovu SC

Shampiyona y’u Rwanda mu mikino yo kwishyura iratangira gukinwa Rayon Sports isura Mukura VS, Gasogi United yakira Marines FC naho Gorilla FC yakire Kiyovu SC

Ubwanditsi 12 Feb 2022
Rayon Sports yakoreye imyitozo kuri Estádio do Zimpeto izakiniraho na Costa do Sol

Rayon Sports yakoreye imyitozo kuri Estádio do Zimpeto izakiniraho na Costa do Sol

Ubwanditsi 18 Apr 2018
Intsinzi 20 mu mikino 23, kwitsinda inshuro 2 bimwe mu byaranze igice cy’ibanze cya shampiyona y’u Rwanda

Intsinzi 20 mu mikino 23, kwitsinda inshuro 2 bimwe mu byaranze igice cy’ibanze cya shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 09 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame Ni Umwe Mu Bakuru B’ibihugu Bitabiriye Umuhango W’irahira Rya Perezida Mnangagwa – Amafoto
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame Ni Umwe Mu Bakuru B’ibihugu Bitabiriye Umuhango W’irahira Rya Perezida Mnangagwa – Amafoto

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Kigali: Impunzi z’Abarundi zibutse ubwicanyi bwabereye I Bujumbura kuwa 11 na 12 Ukuboza 2015
HIRYA NO HINO

Kigali: Impunzi z’Abarundi zibutse ubwicanyi bwabereye I Bujumbura kuwa 11 na 12 Ukuboza 2015

Ubwanditsi 12 Dec 2018
Uwicishaga Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centre Afrika yaramenyekanye
ITOHOZA

Uwicishaga Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centre Afrika yaramenyekanye

Ubwanditsi 05 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru