• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»UN yafatiye Koreya ya Ruguru ibihano bikakaye, Perezida Trump abyinira ku rukoma

UN yafatiye Koreya ya Ruguru ibihano bikakaye, Perezida Trump abyinira ku rukoma

Ubwanditsi 25 Dec 2017 POLITIKI

Perezida wa Leta zunze ubumwe za America, Donald Jr Trump yashimiye cyane Umuryango w’Abibumbye (UN) kubw’ibihano bikakaye washyiriweho igihugu cya Koreya ya Ruguru kizira kwanga kuva ku izima mu mugambi wo gucura intwaro kirimbuzi.

Igihugu cya Koreya ya Ruguru kiyobowe na Kim Jong Un, cyashyiriweho ibihano na Leta Zunze Ubumwe za America ndetse n’Umuryango w’ibihugu by’i Burayi kuri ubu n’Umuryango w’Abibumbye (UN) nawo ukaba wamaze kwemeza ko iki gihugu kigomba gufatirwa ibihano ku bw’umugambi karundura wo gucura ibitwaro bya kirimbuzi cyanze kureka.

Abinyujije ku rubuga rwa Twitter asanzwe anyuzaho ubutumwa, Perezida Trump yavuze ko ashimira cyane akanama gashinzwe umutekano muri UN katoye iri tegeko rishyiriraho ibihano Koreya ya Ruguru ndetse avuga ko Isi idakeneye urupfu ahubwo ikeneye amahoro.

Tump yagize ati “Akanama k’umuryango w’abibumbye gashinzwe umutekano kamaze gutora ku majwi 15 kuri 0 ku kongera ibihano kuri Koreya ya Ruguru. Isi ikeneye amahoro ntabwo ikeneye impfu.”

Ambasaderi wa Amerika muri UN, Nikki Haley yavuze ko ubutumwa bugaragaza ibihano byashyiriweho Koreya ya Ruguru bwohorejwe i Pyongyang muri Koreya ndetse bukaba buvuga ko igihe cyose byaba ngombwa ibi bihano byakongerwa mu gihe iki gihugu gikomeje kubangamira isi ya none.

BBC ivuga ko mu bihano iki gihugu cya Koreya ya Ruguru cyashyiriweho harimo kuba ibihugu byose byo muri iyi miryango byakoranaga nacyo bigomba guhagarika ubuhahirane na Koreya ya Ruguru mu gihe kingana n’imyaka ibiri bikaba byamaze kuva muri Koreya ndetse na Koreya ikaba yamaze gukura imishinga yayo muri ibi bihugu.

Koreya ya Ruguru kandi igiye gukumirwa ku bijyanye no kujyana ibicuruzwa birimo ama mashini akoreshwa imirimo itandukanye mu bihugu biri muri iyi miryango ya UN, EU ndetse na Leta zunze ubumwe za America.

Ibi bihano UN yafatiye Koreya ya Ruguru bije nyuma y’igisasu kirimbuzi, iki gihugu cyagerageje ku itariki 28 Ugushyingo 2017, aho Amerika yahise ivuga ko iki gisasu cyari gikarishye cyane ndetse kiri ku rwego rwo hejuru ibintu Trump yagereranije no kuba Perezida Kim Jong Un ashaka kumutesha umutwe.

2017-12-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Zimwe mu mpunzi zari zatahutse zirimo gusubira mu buhungiro

Burundi: Zimwe mu mpunzi zari zatahutse zirimo gusubira mu buhungiro

Ubwanditsi 13 Dec 2018
Burundi: Bane bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Perezida Ndadaye batawe muri yombi

Burundi: Bane bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Perezida Ndadaye batawe muri yombi

Ubwanditsi 26 Nov 2018
Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Ubwanditsi 15 Sep 2023
Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose

Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose

RUSHYASHYA 11 Mar 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Cassa Mbungo André yatandukanye n’ikipe ya AS Kigali yari abereye umutoza mukuru
Amakuru

Cassa Mbungo André yatandukanye n’ikipe ya AS Kigali yari abereye umutoza mukuru

Ubwanditsi 30 Nov 2023
Imashini zikora itabi zo kwa Rwigara zatejwe  cyamunara kuri miliyari 1.7 Frw
INKURU NYAMUKURU

Imashini zikora itabi zo kwa Rwigara zatejwe cyamunara kuri miliyari 1.7 Frw

Ubwanditsi 18 Jun 2018
Mu mafoto reba uko igitaramo King James yakoreye muri Ambassador’s Park- Gikondo, cyagenze
SHOWBIZ

Mu mafoto reba uko igitaramo King James yakoreye muri Ambassador’s Park- Gikondo, cyagenze

Ubwanditsi 06 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru