• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»UN yafatiye Koreya ya Ruguru ibihano bikakaye, Perezida Trump abyinira ku rukoma

UN yafatiye Koreya ya Ruguru ibihano bikakaye, Perezida Trump abyinira ku rukoma

Ubwanditsi 25 Dec 2017 POLITIKI

Perezida wa Leta zunze ubumwe za America, Donald Jr Trump yashimiye cyane Umuryango w’Abibumbye (UN) kubw’ibihano bikakaye washyiriweho igihugu cya Koreya ya Ruguru kizira kwanga kuva ku izima mu mugambi wo gucura intwaro kirimbuzi.

Igihugu cya Koreya ya Ruguru kiyobowe na Kim Jong Un, cyashyiriweho ibihano na Leta Zunze Ubumwe za America ndetse n’Umuryango w’ibihugu by’i Burayi kuri ubu n’Umuryango w’Abibumbye (UN) nawo ukaba wamaze kwemeza ko iki gihugu kigomba gufatirwa ibihano ku bw’umugambi karundura wo gucura ibitwaro bya kirimbuzi cyanze kureka.

Abinyujije ku rubuga rwa Twitter asanzwe anyuzaho ubutumwa, Perezida Trump yavuze ko ashimira cyane akanama gashinzwe umutekano muri UN katoye iri tegeko rishyiriraho ibihano Koreya ya Ruguru ndetse avuga ko Isi idakeneye urupfu ahubwo ikeneye amahoro.

Tump yagize ati “Akanama k’umuryango w’abibumbye gashinzwe umutekano kamaze gutora ku majwi 15 kuri 0 ku kongera ibihano kuri Koreya ya Ruguru. Isi ikeneye amahoro ntabwo ikeneye impfu.”

Ambasaderi wa Amerika muri UN, Nikki Haley yavuze ko ubutumwa bugaragaza ibihano byashyiriweho Koreya ya Ruguru bwohorejwe i Pyongyang muri Koreya ndetse bukaba buvuga ko igihe cyose byaba ngombwa ibi bihano byakongerwa mu gihe iki gihugu gikomeje kubangamira isi ya none.

BBC ivuga ko mu bihano iki gihugu cya Koreya ya Ruguru cyashyiriweho harimo kuba ibihugu byose byo muri iyi miryango byakoranaga nacyo bigomba guhagarika ubuhahirane na Koreya ya Ruguru mu gihe kingana n’imyaka ibiri bikaba byamaze kuva muri Koreya ndetse na Koreya ikaba yamaze gukura imishinga yayo muri ibi bihugu.

Koreya ya Ruguru kandi igiye gukumirwa ku bijyanye no kujyana ibicuruzwa birimo ama mashini akoreshwa imirimo itandukanye mu bihugu biri muri iyi miryango ya UN, EU ndetse na Leta zunze ubumwe za America.

Ibi bihano UN yafatiye Koreya ya Ruguru bije nyuma y’igisasu kirimbuzi, iki gihugu cyagerageje ku itariki 28 Ugushyingo 2017, aho Amerika yahise ivuga ko iki gisasu cyari gikarishye cyane ndetse kiri ku rwego rwo hejuru ibintu Trump yagereranije no kuba Perezida Kim Jong Un ashaka kumutesha umutwe.

2017-12-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ntiwatsinda umuntu urwanira kubaka igihugu wowe urwanira kugisenya – Gen Kabarebe

Ntiwatsinda umuntu urwanira kubaka igihugu wowe urwanira kugisenya – Gen Kabarebe

Ubwanditsi 17 Dec 2019
Ko uriye umusaza aruka imvi, ibigarasha byariye umwana “Djibril” byo bizaruka iki?

Ko uriye umusaza aruka imvi, ibigarasha byariye umwana “Djibril” byo bizaruka iki?

Ubwanditsi 17 Sep 2024
Amateka y’Abaperezida 10 bamaze ku butegetsi igihe kirekire kurusha abandi muri Afurika ( Yavuguruwe )

Amateka y’Abaperezida 10 bamaze ku butegetsi igihe kirekire kurusha abandi muri Afurika ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 27 Jan 2017
” Ikizere mwangiriye ntikizaraza amasinde”-Georges Weah

” Ikizere mwangiriye ntikizaraza amasinde”-Georges Weah

Ubwanditsi 23 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?
Mu Mahanga

Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Breaking News : Perezida Kagame ashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya
Mu Rwanda

Breaking News : Perezida Kagame ashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Sagashya wari Gitifu w’Umujyi wa Kigali yirukanwe
Mu Rwanda

Sagashya wari Gitifu w’Umujyi wa Kigali yirukanwe

Ubwanditsi 15 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru