• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Senateri Tito Rutaremara yasobanuye impamvu mu Rwanda Perezida atemerewe kwikubira ububasha bwose

Senateri Tito Rutaremara yasobanuye impamvu mu Rwanda Perezida atemerewe kwikubira ububasha bwose

Editorial 04 Apr 2018 POLITIKI

Abahanga mu bya politiki basobanura ko ku Isi habaho uburyo bw’imitegekere butandukanye bitewe n’amahitamo n’imico by’abatuye ibihugu. Ubuzwi cyane ni ubwa cyami (monarch), Perezida (presidential system) ndetse n’ubw’Inteko Ishinga Amategeko (Parliamentary system).

Ubutegetsi bwa cyami buyoborwa n’Umwami afite ububasha n’ubudahangarwa ntakorwaho kandi ubutegetsi akaburaga uwo ashatse mu bamukomokaho. Bitandukanye no ku bwa Perezida kuko we atorwa akagira manda ariko amategeko akamuha ububasha bwinshi bwo gufata imyanzuro n’ibyemezo bikomeye kandi ntavuguruzwe.

Ubutegetsi bw’Inteko Ishinga Amategeko akenshi bukunze kuba mu bihugu bifite umwami uganje, aho umwami cyangwa Perezida aba ari umunyacyubahiro gusa ariko ibyemezo bigafatwa na Minisitiri w’Intebe utorwa n’Inteko Ishinga Amategeko ndetse akenshi aba na we ari umwe mu bayigize. Iyo nteko ni nayo igira ububasha bwo kumukuraho cyangwa gukuraho Guverinoma.

Mu mpera z’ikinyejana cya 20 nibwo hadutse ubundi buryo bw’imitegekere butari bumenyerewe, aho Perezida ahabwa ububasha ariko akabusangira n’Inteko Ishinga Amategeko ibizwi nka ‘Semi-Presidential’.

Iyi mitegekere ni nayo ikoreshwa mu Rwanda hashingiwe ku Itegeko Nshinga ryatowe mu 2003 rikavugururwa mu mwaka wa 2015.

Ubwo Senateri Rutaremara yari mu nama nyunguranabitekerezo ku ‘Ntekerezo ya Politiki ya Demokarasi y’u Rwanda’ yateguwe n’Ihuriro ry’imitwe ya Politiki mu Rwanda, yasobanuye imvano y’imitegekere u Rwanda rugenderaho itemerera Perezida wa Repubulika kugira ububasha bwose.

Senateri Rutaremara umwe mu bagize uruhare rukomeye mu itegurwa ry’Itegeko Nshinga ryo mu 2003, yavuze ko ubwo bateguraga umushinga waryo, abaturage basabye ko Perezida adahabwa ububasha bwinshi.

Yagize ati “Twagendaga mu baturage tubereka aho Perezida aba ari hariya agafata byose ntagire undi ubimubuza, mugategereza ko azavuguruzwa ari uko bamukuyeho cyangwa ari uko adatowe.”

Yakomeje agira ati “Baravuze rero bati ‘Perezida nubwo tumukunze ari hariya, hakwiye umubwira ati ‘nyamuneka habeho ubugenzuzi’. Abanyarwanda bose aho twanyuze 95 % nibyo batoranyaga.”

Senateri Rutaremara yavuze ko uburyo bw’imitegekere bwagize amajwi make ari ubw’Inteko Ishinga Amategeko (Parliamentary System).

Avuga ko impamvu abanyarwanda batifuzaga kuyoborwa na Perezida ufite ububasha bwose, ari ibyo bari bamaze kubona mu 1994 muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bahamya ko byaturutse ku buyobozi bufite ububasha bwose, ntawe ubugira inama cyangwa ngo abuvuguruze.

Mu buryo bw’imiyoborere ishingiye kuri Perezida, ni we uba ufite ububasha bwinshi. Agira ububasha bwo gutanga ibitekerezo by’imirongo ngenderwaho. Ni we muyobozi mukuru w’ubutegetsi nyubahirizategeko. Inteko Ishinga Amategeko nta bubasha iba ifite ku biri gukorwa n’ubutegetsi nyubahirizategeko.

Mu Rwanda, Perezida agira ububasha agenerwa n’Itegeko Nshinga ariko akagira nubwo rimutegeka kubanza kubaza abandi bayobozi cyangwa Inteko Ishinga Amategeko ikaba yafata icyemezo kimuvuguruza.

Urugero Itegeko Nshinga riha ububasha Perezida bwo gushyiraho Minisitiri w’Intebe na Guverinoma no kuba yabakuraho ariko Inteko nayo ifite ububasha bwo kugenzura ibikorwa bya Guverinoma. Inafite ububasha bwo gutakariza icyizere Minisitiri w’Intebe na Guverinoma ye.

Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi yemerewe gutanga uruhushya rwo kurega Perezida mu Rukiko rw’Ikirenga binyuze mu matora y’abagize Inteko ku bwiganze bwa bibiri bya gatatu bya buri mutwe, igihe akekwaho kugambanira igihugu cyangwa kwica bikomeye kandi nkana Itegeko Nshinga.

Perezida ni we usinya ku mategeko yatowe n’abadepite akaba yanabasubiza ayo abona atanoze bakayagorora ariko bafite ububasha bwo kongera kuyatora gutyo kandi akayasinya.

Perezida ashobora gusesa Umutwe w’abadepite ku mpamvu z’ibibazo bikomereye igihugu ariko ntashobora kubikora kabiri muri manda imwe. Nta bubasha na buke afite bwo gusesa Sena.

2018-04-04
Editorial

IZINDI NKURU

#Rwandaday2017: Nyuma y’imyaka irindwi Perezida Kagame agiye kongera guhura n’Abanyarwanda mu Bubiligi

#Rwandaday2017: Nyuma y’imyaka irindwi Perezida Kagame agiye kongera guhura n’Abanyarwanda mu Bubiligi

Editorial 08 Jun 2017
Iby’abapfu biribwa n’abapfumu koko: Nahimana Thomas yongeye gukusanya imisanzu y’ibigarasha n’interahamwe ngo aje kuba Perezida w’u Rwanda!

Iby’abapfu biribwa n’abapfumu koko: Nahimana Thomas yongeye gukusanya imisanzu y’ibigarasha n’interahamwe ngo aje kuba Perezida w’u Rwanda!

Editorial 09 Nov 2023
Faustin Twagiramungu yibutse ibitereko yasheshe, yamanitse amaboko yemera ko yitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro

Faustin Twagiramungu yibutse ibitereko yasheshe, yamanitse amaboko yemera ko yitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro

Editorial 09 Apr 2021
Tomas Nahimana na Politiki ye y’ikinyoma

Tomas Nahimana na Politiki ye y’ikinyoma

Editorial 18 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru