• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umutwe w’iterabwoba wa RNC urasaba Perezida w’u Burundi kuba umuhuza hagati yawo n’u Rwanda. Ese u Rwanda rwakwemera gushyikirana n’ibyihebe?

Umutwe w’iterabwoba wa RNC urasaba Perezida w’u Burundi kuba umuhuza hagati yawo n’u Rwanda. Ese u Rwanda rwakwemera gushyikirana n’ibyihebe?

Ubwanditsi 23 Mar 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Mu ibaruwa yo ku itariki ya 22 Werurwe 2022 Rushyashya yashoboye kubonera kopi, ikaba yarashyizweho umukono na CONDO Gervais, umunyamabanga mukuru wa RNC, Uwo mutwe w’iterabwoba urasaba Perezida w’uBurundi, Evariste NDAYISHIMIYE kuba umuhuza hagati yawo n’u Rwanda, ngo kuko byagaragaye ko Abarundi ari “intangarugero” mu kubana mu mahoro!

Ubusanzwe iyo usaba imishyikirano uvuga icyo wimwe kandi ugifitiye ububasha n’uburenganzira, hanyuma ugasaba umuhuza kukiguhesha binyuze mu biganiro. Nyamara muri iyo baruwa, RNC ntisobanura icyo yifuza kuri Leta y’u Rwanda, ngo Perezida Ndayishimiye akiyisabire.

RNC ntigaragaza icyo izazana ku meza y’ibiganiro n’icyo yiteguye kwigomwa, ngo bifashe n’uwo muhuza kubona icyo ashingiraho asaba Leta y’u Rwanda kwitabira iyo mishyikirano.

Ese ubundi ko abashyikirana ari abayiNgayingana mu mbaraga zaba iza politiki cyangwa iza gisirikari, buri ruhande rukaba rwakotsa igitutu urwo bahanganye, nka RNC yumva ifite izihe ngufu zahatira Leta y’u Rwanda gushyikirana nayo?

RNC ni umutwe w’iterabwoba ugambiriye guhungabanya umutekano w’u Rwanda, nk’uko wabigaragaje ubwo wateraga amagrenades mu duce tunyuranye tw’ Igihugu, abaturage b’inzirakarengane bagakomereka cyane.

Inyeshyamba za P5 zishamikiye kuri RNC kandi zashyizwe ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba ikorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo. Nimutekereze rero Al Qaeda ya Osama Bin Laden isabye kwicarana na Leta Znze Ubumwe z’Amerika ku meza y’imishyikirano!

Benshi mu bagize RNC, niba tari bose, ni abanyabyaha bavuye mu Rwanda bahunga ubutabera. Umutware wabo Kayumba Nyamwasa yarezwe kwigomeka mu gisirikari no kwiba inka z’abaturage, bisobanuye ko nta bunyangamugayo na buke bumubarizwaho.

Mu rwego rero kwibonera ikibatunga aho babundabunga mu bihugu binyuranye, bashinze RNC basabisha imisanzu mu mpunzi, bazibeshya ngo bagiye gufata ubutegetsi mu Rwanda.

Ko imyaka igiye kuba 12 icyo kiryabarezi gishinzwe se, batubwira icyo bagezeho kigaragara, uretse kwirirwa batukana ku mizindaro yabo itagira epfo na ruguru?

Abatangije RNC bashwanye bitamaze kabiri, bamwe bajya gushinga utundi turyabarezi. Nguko uko ba Gerald Gahima na mwene nyina Tewojeni Rudasingwa bahise bipakurura Nyamwasa, asigarana na muramu we Ntwari Frank, Condo Gervais, David Himbara, Charlotte Mukankusi n’izindi nkomamashyi avungurira ku bisabano n’ibisahurano.

None se ibigarasha birasaba imishyikirano nabyo ubwabyo bishyamiranye, byabanje bigashyira hamwe hagati yabyo, bikareka kwirirwa biterana amagambo?

Kayumba Nyamwasa n’abagaragu be bashinjwa kwica Ben Rutabana n’abandi benshi bazize kumutinyuka, bakamugaragariza ko nta murongo wa politiki agira. Arasaba imishyikirano n’u Rwanda se, yabanje akiyunga n’abamurega ubujura n’ubwicanyi?Ubundi umuhuza mu mishyikirano aba agomba kuba ntaho abogamiye.

Nyamara muri iyo baruwa RNC irashinja u Rwanda umugambi wo guhirika ubutegetsi waburijwemo mu mwaka wa 2015 mu Burundi. Uretse ko nta n’ikimenyetso na kimwe iyo RNC yerekana, wasobanura ute ko isaba u Burundi kuba umuhuza wayo n’u Rwanda, kandi nyine ivuga ko ibihugu byombi ari abanzi?

Mu manza z’abantu banyuranye bagiye baregwa kuba mu mitwe y’iterabwoba, bivugiye ku mugaragaro ko inzego z’umutekano mu Burundi zagiye zitera inkunga ibikorwa byabo byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ese iyi baruwa RNC yandikiye Perezida w’u Burundi, ntiyaba ishimangira umubano mwiza RNC ifitanye cyangwa ishaka kuri icyo gihugu?

Mu minsi ishize havuzwe intumwa za Uganda zaba zaragiye kubonana na Kayumba Nyamwasa, ndetse ngo zikamumenyesha ko inkunga Uganda yamuhaga igiye guhagarara. Aha rero niho abasesenguzi mu bya politiki bashingira bahamya ko RNC iri mu marembera, ikaba ishaka amarembo yo gusohokeramo binyuze mu mishyikirano. Ese Leta y’u Rwanda yakwemera gushyikirana n’ibyihebe?

Abazi neza ubushishozi bw’ubuyobozi bw’u Rwanda, barahamya ko iyo mishyikirano itari hafi aha, cyane ko ntacyo u Rwanda rwakungukira mu gushyikirana n’abantu batagira indangagaciro na mba.

Kugeza ubu Perezida Ndayishimiye ntacyo arasubiza ku busabe bwa Kayumba n’abambari be.

2022-03-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports irabona umutoza mukuru bitarenze iki cyumweru – Perezida Uwayezu Jean Fidèle

Rayon Sports irabona umutoza mukuru bitarenze iki cyumweru – Perezida Uwayezu Jean Fidèle

Ubwanditsi 16 Jan 2024
Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.

Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.

Ubwanditsi 16 Apr 2021
U Rwanda U20 rwegukanye igikombe cya Zone 5 muri Handball cyaberabaga muri Ethiopia

U Rwanda U20 rwegukanye igikombe cya Zone 5 muri Handball cyaberabaga muri Ethiopia

Ubwanditsi 17 May 2024
Amafoto – Kiyovu SC yerekanye abakinnyi 7 bashya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024

Amafoto – Kiyovu SC yerekanye abakinnyi 7 bashya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024

Ubwanditsi 26 Jul 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yashyikirijwe igihembo cyo guteza imbere ubukerarugendo
UBUKUNGU

Perezida Kagame yashyikirijwe igihembo cyo guteza imbere ubukerarugendo

Ubwanditsi 06 Nov 2017
Polisi y’u Rwanda irihanangiriza abavunja amafaranga ku buryo butemewe n’amategeko
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irihanangiriza abavunja amafaranga ku buryo butemewe n’amategeko

Ubwanditsi 02 Jul 2016
Ibibazo by’Uburezi mu Rwanda
Mu Mahanga

Ibibazo by’Uburezi mu Rwanda

Ubwanditsi 14 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru