• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!   |   22 Jan 2021

  • Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!   |   21 Jan 2021

  • Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba   |   21 Jan 2021

  • Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi   |   19 Jan 2021

  • U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura   |   18 Jan 2021

  • Umunyarwanda ati:”Umutindi umuha amata akaruka amaraso”. Patrick Habamenshi, ubuparmehutu buranze burakokamye?!   |   18 Jan 2021

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda rwatanze umusanzu mu kwakira zimwe mu impunzi zagizwe abacakara muri Libya

U Rwanda rwatanze umusanzu mu kwakira zimwe mu impunzi zagizwe abacakara muri Libya

Editorial 22 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Guverinoma y’u Rwanda yemeye gufasha mu gusubiza iwabo no kwakira bamwe mu bimukira baheze muri Libya, aho hari abagenda bahura n’akaga ko gucuruzwa mu bisa n’icyamunara.

Mu minsi ishize nibwo hasakaye amashusho ya CNN yerekana Abanyafurika bari gucuruzwa, yumvikanamo amajwi y’abagabo baciririkanya mu cyamunara, umwe agenda azamura igiciro bityo bityo, uhize abandi akegukana abacakara be. Ibi byatunguye inzego nyinshi zitiyumvishaga ko ubwo bucuruzi bugikorwa no mu kinyejana cya 21.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Kabiri, Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Moussa Faki Mahamat, yavuze ko ibibazo abo bimukira barimo no gufatwa ku ngufu bitesha agaciro ikiremwamuntu ku buryo bidakwiye kwihanganirwa.

Yagize ati “AU yamaganye yivuye inyuma ibyo bikorwa, yifatanya n’abavandimwe bacu bahuye n’ayo mahano. Ndasaba ko hakorwa ibishoboka byose ngo ababigiramo uruhare babiryozwe.”

Guverinoma ya Libya yatangaje ko yatangiye iperereza muri ibyo bikorwa, AU ikaba yasabye ko hashyirwamo imbaraga ngo ababiri inyuma babibazwe, kandi n’abimukira basigaye bafashwe.

Mahamat yavuze ko basabye ibihugu bigize AU gutanga inkunga mu bikoresho ngo abimukira bari mu Libya bashaka kuhava bafashwe, yiyambaza n’abafatanyabikorwa barimo Umuryango urengera abimukira (OIM) ngo abo bimukira bari muri Libya batabarwe.

Moussa Faki Mahamat

Yakomeje agira ati “Ndasaba ibihugu byose bigize AU, ko biri mu nshingano za Afurika n’Abanyafurika ko batanga inkunga y’amafaranga yo gutabara abimukira n’Abanyafurika bari kuzaharira muri Libya.”

Yakomeje agira ati “Ndashimira ibihugu binyamuryango byemeye gutanga ibikoresho mu gucyura abimukira b’Abanyafurika babyifuza, nkaba nshimishijwe no kuvuga ko u Rwanda rwatwegereye, atari ukugaragaza ko rwiteguye gutanga inkunga yo gufasha mu ngendo z’abimukira bari muri Libya gusa, ahubwo no kwakira umubare munini muri bo.”

Libya ifite inkambi zifungiramo abimukira baba bafite inzozi zo kuzagera mu Burayi banyuze mu nyanja ya Méditerranée; nk’inkambi ya Treeq Alsika irimo ibihumbi by’abimukira baturuka muri Niger, Mali, Nigeria na Ghana. Abo kandi ni ababa barabonywe mbere y’uko bagwa mu maboko y’ababagurisha mu cyamunara.

Nyuma yo gushyirwa hamwe ntibanabone ibyo kurya bihagije, nibwo bamwe bemera kwisubirira iwabo n’ubwo bidahita bibakundira. Abo nibo bagiye gufashwa gusubira mu bihugu byabo ku babyifuza, abatabishaka bakajyanwa ahandi, barimo n’abazakirwa n’u Rwanda.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Mushikiwabo Louise, abinyujije kuri Twitter yavuze ko amateka igihugu cyagize Abanyarwanda bakamara imyaka myinshi batagira igihugu bita mu rugo, byatumye ubuyobozi buha umwanya icyo kibazo.

Ministiri Louise Mushikiwabo, Umuvugizi wa leta y’u Rwanda

Yagize ati “Amahame ya politiki yacu n’amateka Abanyarwanda benshi banyuzemo mu myaka myinshi batagira igihugu bita iwabo, byatumye iki gihugu cyumva impunzi, abimukira, abatagira aho baba … Abanyafurika bari kugurishwa muri Libya: U Rwanda ni ruto ariko tuzagerageza kubabonera umwanya!”

Uyu mwanzuro u Rwanda ruwufashe mu gihe usanga ibihugu byinshi biri gufunga imipaka byanga kwakira abimukira, ku buryo bitewe n’ibibazo byugarije ibihugu bimwe bya Afurika na Aziya, bamwe mu bagerageza kwinjira i Burayi rwihishwa bakarohama mu nyanja.

OIM iheruka gutangaza ko mu mezi atatu ya mbere y’uyu mwaka, abimukira 19,567 binjiye mu Burayi banyuze mu nyanja ya Méditerranée, 521 basizemo ubuzima.

Perezida wa Komisiyo ya AU yavuze ko nubwo hari gushakwa umuti w’ikibazo cy’abimukira bari muri Libya, hakenewe igisubizo kirambye gituma bava iwabo.

Mu mwaka ushize Perezida Paul Kagame yavugiye imbere y’Inteko ya 71 y‘Umuryango w’Abibumbye, ko inshingano ibihugu bihuriyeho ku burenganzira n’imibereho myiza y’impunzi n’abimukira, bikwiye guharanirwa, ibihugu byose bibigizemo uruhare.

Yakomeje agira ati “Iki kibazo kigomba kwitabwaho mu buryo buhoraho kandi bigakoranwa umutima w’impuhwe igihe cyose. Ntabwo bigomba kuba ikibazo gikomeye gusa ari uko ingaruka zacyo zitangiye kugera ku bihugu bikomeye.”

2017-11-22
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yageze muri Qatar mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Perezida Kagame yageze muri Qatar mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Editorial 15 Nov 2018
Kuki Museveni yanga u Rwanda akomokamo?

Kuki Museveni yanga u Rwanda akomokamo?

Editorial 28 Jul 2019
Burundi haravugwa indi mirambo 14 yatoraguwe mu ishyamba rya Kibira

Burundi haravugwa indi mirambo 14 yatoraguwe mu ishyamba rya Kibira

Editorial 07 Mar 2019
Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda bafite akazi gakomeye ko kwihanaguraho inenge basigiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda bafite akazi gakomeye ko kwihanaguraho inenge basigiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Editorial 09 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru