• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda rwatanze umusanzu mu kwakira zimwe mu impunzi zagizwe abacakara muri Libya

U Rwanda rwatanze umusanzu mu kwakira zimwe mu impunzi zagizwe abacakara muri Libya

Ubwanditsi 22 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Guverinoma y’u Rwanda yemeye gufasha mu gusubiza iwabo no kwakira bamwe mu bimukira baheze muri Libya, aho hari abagenda bahura n’akaga ko gucuruzwa mu bisa n’icyamunara.

Mu minsi ishize nibwo hasakaye amashusho ya CNN yerekana Abanyafurika bari gucuruzwa, yumvikanamo amajwi y’abagabo baciririkanya mu cyamunara, umwe agenda azamura igiciro bityo bityo, uhize abandi akegukana abacakara be. Ibi byatunguye inzego nyinshi zitiyumvishaga ko ubwo bucuruzi bugikorwa no mu kinyejana cya 21.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Kabiri, Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Moussa Faki Mahamat, yavuze ko ibibazo abo bimukira barimo no gufatwa ku ngufu bitesha agaciro ikiremwamuntu ku buryo bidakwiye kwihanganirwa.

Yagize ati “AU yamaganye yivuye inyuma ibyo bikorwa, yifatanya n’abavandimwe bacu bahuye n’ayo mahano. Ndasaba ko hakorwa ibishoboka byose ngo ababigiramo uruhare babiryozwe.”

Guverinoma ya Libya yatangaje ko yatangiye iperereza muri ibyo bikorwa, AU ikaba yasabye ko hashyirwamo imbaraga ngo ababiri inyuma babibazwe, kandi n’abimukira basigaye bafashwe.

Mahamat yavuze ko basabye ibihugu bigize AU gutanga inkunga mu bikoresho ngo abimukira bari mu Libya bashaka kuhava bafashwe, yiyambaza n’abafatanyabikorwa barimo Umuryango urengera abimukira (OIM) ngo abo bimukira bari muri Libya batabarwe.

Moussa Faki Mahamat

Yakomeje agira ati “Ndasaba ibihugu byose bigize AU, ko biri mu nshingano za Afurika n’Abanyafurika ko batanga inkunga y’amafaranga yo gutabara abimukira n’Abanyafurika bari kuzaharira muri Libya.”

Yakomeje agira ati “Ndashimira ibihugu binyamuryango byemeye gutanga ibikoresho mu gucyura abimukira b’Abanyafurika babyifuza, nkaba nshimishijwe no kuvuga ko u Rwanda rwatwegereye, atari ukugaragaza ko rwiteguye gutanga inkunga yo gufasha mu ngendo z’abimukira bari muri Libya gusa, ahubwo no kwakira umubare munini muri bo.”

Libya ifite inkambi zifungiramo abimukira baba bafite inzozi zo kuzagera mu Burayi banyuze mu nyanja ya Méditerranée; nk’inkambi ya Treeq Alsika irimo ibihumbi by’abimukira baturuka muri Niger, Mali, Nigeria na Ghana. Abo kandi ni ababa barabonywe mbere y’uko bagwa mu maboko y’ababagurisha mu cyamunara.

Nyuma yo gushyirwa hamwe ntibanabone ibyo kurya bihagije, nibwo bamwe bemera kwisubirira iwabo n’ubwo bidahita bibakundira. Abo nibo bagiye gufashwa gusubira mu bihugu byabo ku babyifuza, abatabishaka bakajyanwa ahandi, barimo n’abazakirwa n’u Rwanda.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Mushikiwabo Louise, abinyujije kuri Twitter yavuze ko amateka igihugu cyagize Abanyarwanda bakamara imyaka myinshi batagira igihugu bita mu rugo, byatumye ubuyobozi buha umwanya icyo kibazo.

Ministiri Louise Mushikiwabo, Umuvugizi wa leta y’u Rwanda

Yagize ati “Amahame ya politiki yacu n’amateka Abanyarwanda benshi banyuzemo mu myaka myinshi batagira igihugu bita iwabo, byatumye iki gihugu cyumva impunzi, abimukira, abatagira aho baba … Abanyafurika bari kugurishwa muri Libya: U Rwanda ni ruto ariko tuzagerageza kubabonera umwanya!”

Uyu mwanzuro u Rwanda ruwufashe mu gihe usanga ibihugu byinshi biri gufunga imipaka byanga kwakira abimukira, ku buryo bitewe n’ibibazo byugarije ibihugu bimwe bya Afurika na Aziya, bamwe mu bagerageza kwinjira i Burayi rwihishwa bakarohama mu nyanja.

OIM iheruka gutangaza ko mu mezi atatu ya mbere y’uyu mwaka, abimukira 19,567 binjiye mu Burayi banyuze mu nyanja ya Méditerranée, 521 basizemo ubuzima.

Perezida wa Komisiyo ya AU yavuze ko nubwo hari gushakwa umuti w’ikibazo cy’abimukira bari muri Libya, hakenewe igisubizo kirambye gituma bava iwabo.

Mu mwaka ushize Perezida Paul Kagame yavugiye imbere y’Inteko ya 71 y‘Umuryango w’Abibumbye, ko inshingano ibihugu bihuriyeho ku burenganzira n’imibereho myiza y’impunzi n’abimukira, bikwiye guharanirwa, ibihugu byose bibigizemo uruhare.

Yakomeje agira ati “Iki kibazo kigomba kwitabwaho mu buryo buhoraho kandi bigakoranwa umutima w’impuhwe igihe cyose. Ntabwo bigomba kuba ikibazo gikomeye gusa ari uko ingaruka zacyo zitangiye kugera ku bihugu bikomeye.”

2017-11-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ndayishimiye mu mayira abiri ku ngabo ze ziri muri Congo nyuma yuko Rubaya ifashwe

Ndayishimiye mu mayira abiri ku ngabo ze ziri muri Congo nyuma yuko Rubaya ifashwe

Ubwanditsi 24 May 2024
Denmark: Urukiko rwemeje ko Twagirayezu ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yoherezwa mu Rwanda

Denmark: Urukiko rwemeje ko Twagirayezu ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yoherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Mushikiwabo ni umukandida mwiza – Kagame

Mushikiwabo ni umukandida mwiza – Kagame

Ubwanditsi 19 Jun 2018
Perezida Kagame asanga kanseri ikaza umurego kubera inzego z’ubuzima zidakora neza

Perezida Kagame asanga kanseri ikaza umurego kubera inzego z’ubuzima zidakora neza

Ubwanditsi 27 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Umudepite yasubije Muzito wasabye ko u Rwanda rwomekwa kuri Congo ngo ibone amahoro
POLITIKI

RDC: Umudepite yasubije Muzito wasabye ko u Rwanda rwomekwa kuri Congo ngo ibone amahoro

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Uganda: Yatawe muri yombi atwaye imodoka iriho ibirango by’imodoka za perezida Museveni
Mu Mahanga

Uganda: Yatawe muri yombi atwaye imodoka iriho ibirango by’imodoka za perezida Museveni

Ubwanditsi 25 May 2018
Umubiligi  uzwi mubikorwa byo gupfobya Jenoside  wavugiraga  Umuryango wa  Rwigara yasabye Imbabazi
ITOHOZA

Umubiligi uzwi mubikorwa byo gupfobya Jenoside wavugiraga Umuryango wa Rwigara yasabye Imbabazi

Ubwanditsi 11 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru