• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umuyobozi yatawe muri yombi akekwaho kwaka ruswa no guhishira abacuruza kanyanga

Umuyobozi yatawe muri yombi akekwaho kwaka ruswa no guhishira abacuruza kanyanga

Ubwanditsi 07 Oct 2016 Mu Mahanga

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyabagendwa, mu Murenge wa Rilima, ari mu maboko ya Polisi aho akekwaho ibyaha byo guhishira no kwaka ruswa abateka n’abacuruza kanyanga mu kagali ayoboye.

Rwamurego Jean de Dieu yatawe muri yombi n’ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ruswa tariki ya 4 Ukwakira 2016, akaba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata.

Uyu muyobozi ngo yakaga ruswa abacuruza n’abateka kanyanga, bakamwoherereza amafaranga binyuze kuri ‘Mobile money’.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’u Burasirazuba, IP Emmanuel Kayigi, avuga ko gitifu Rwamurego ari mu maboko ya polisi akaba akekwaho guhishira no kwaka ruswa abateka n’abacuruza kanyanga mu kagari ayobora.

Yagize ati “Aracyari mu maboko ya polisi ni byo. Uretse gushyigikira no gufasha abateka ibiyobyabwenge, hari n’uwo yabifatanye arangije amwaka ruswa ya bitanu(amafaranga ibihumbi bitanu) ayamwoherereza kuri ‘mobile money’ na kanyanga arayigumana ntiyatanga amakuru.”

Avuga ku mpamvu ibiyobyabwenge bidacika, IP Kayigi yagize ati “Abantu bagenda bahishirana kubera ko ari abo mu miryango imwe, ikindi ugasanga bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze bisa naho bitabareba kubera inyungu zitandukanye bashobora kuba babigiramo, ugasanga umuntu bashobora kumuhishira kubera amafaranga babonamo cyangwa se kubera ko banabinywa.”

IP Kayigi yakomeje avuga ko Polisi y’u Rwanda yashyize imbaraga mu kurwanya no gukumira ibiyobyabwenge, kandi ko umuntu wese uzabigaragaramo atazihanganirwa, ahubwo azabihanirwa hakurikijwe amategeko.

Yakomeje agira ati “Inzego zose zarabihagurukiye muri iki gihe, ndetse twashyizeho na gahunda yo kujya dufata ababifatiwemo bakajya kuburanira aho bakoreye ibyaha (terrain) kugira ngo bibere isomo abandi. Iyo uri umuyobozi ntabwo uba waratumwe kugira ngo ujye gukora ibyaha, ahubwo uba waratumwe kuyobora abantu.”

Ingingo ya 595 y’igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda, ivuga ko Umuntu wese ufasha undi kubona uburyo bumworoheye bwo gukoresha
ibiyobyabwenge n’urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo, amuha aho abikoreshereza cyangwa amubonera ubundi buryo ubwo ari bwo bwose, ahanishwa igifungo kuva ku mwaka umwe (1) kugeza ku myaka itatu (3) n‟ihazabu y‟amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana atanu
(500.000) kugeza kuri miliyoni eshanu (5.000.000).

-4291.jpg

IP Emmanuel Kayigi

2016-10-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umwongereza  mudasobwa n’ibindi bintu bye byari byibwe

Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umwongereza mudasobwa n’ibindi bintu bye byari byibwe

Ubwanditsi 24 Jun 2016
Ntakirutimana Théoneste  wari Umuyobozi wa  ADEPR – Uganda, yashimutiwe  Kampala

Ntakirutimana Théoneste wari Umuyobozi wa ADEPR – Uganda, yashimutiwe Kampala

Ubwanditsi 30 Mar 2019
“He attacked me and my family. ” Rusagara

“He attacked me and my family. ” Rusagara

Ubwanditsi 11 Jan 2016
Ignace Murwanashyaka wayoboraga FDLR yaguye mu Budage

Ignace Murwanashyaka wayoboraga FDLR yaguye mu Budage

Ubwanditsi 17 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwashyikirije Uganda imibiri y’abaturage bayo barashwe bashaka kwinjiza magendu
HIRYA NO HINO

U Rwanda rwashyikirije Uganda imibiri y’abaturage bayo barashwe bashaka kwinjiza magendu

Ubwanditsi 12 Nov 2019
Umunyarwanda Omar Servil Ntagengwa uba mu Bubiligi , arasaba Abasilamu kumva ko bafite umwanya mu Rwanda, bakarukunda, barukorera kandi mu mahoro n’urukundo.
ITOHOZA

Umunyarwanda Omar Servil Ntagengwa uba mu Bubiligi , arasaba Abasilamu kumva ko bafite umwanya mu Rwanda, bakarukunda, barukorera kandi mu mahoro n’urukundo.

Ubwanditsi 21 Aug 2018
Rwanda : trois fantômes et un mystère
ITOHOZA

Rwanda : trois fantômes et un mystère

Ubwanditsi 16 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru