• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Ikennye itunze Cobalt nyinshi ku Isi: Ubundi izira iki?

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Ikennye itunze Cobalt nyinshi ku Isi: Ubundi izira iki?

Ubwanditsi 03 Aug 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Ahabonetse ibirombe by’amabuye y’agaciro ubuzima bw’abahatuye n’abahakorera buhinduka mu kanya gato, ariko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ibitse Cobalt nyinshi ku Isi, iri mu bihugu bikennye cyane. Abasesenguzi mu bukungu bemeza ko ibibazo by’umutekano, intambara, n’ubukene biriyo ntaho bihuriye n’umutungo kamere iki gihugu gitunze, ahubwo bikomoka ku miyoborere mibi.

Kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bashimangira ko ikibazo cy’umutekano muke uhamaze imyaka myinshi kidafite aho gihuriye n’amabuye y’agaciro; cyane ko nta gihe atabayeyo kuva Isi yaremwa, ariko imvururu zihari zikaba zitarahahoze.

Abayobozi ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ntibasiba kuvugira ku karubanda ko umutungo kamere uri mu Burasirazuba bw’igihugu cyabo ari wo muzi w’imvururu zihamaze imyaka isaga 30.

Kenshi bashinje ibihugu by’abaturanyi, cyane cyane u Rwanda na Uganda, kugira uruhare muri izo mvururu hagamijwe “gusahura” umutungo kamere uhari.

Ni ibintu ibyo bihugu byombi bihakana byivuye inyuma, bigashimangira ko imvururu zishingiye ku bibazo bya politiki biri hagati y’Abanye-Congo ubwabo, kandi igisubizo kirambye mu kuzihosha ari bo bagifite mu biganza.

Mu ntambara y’ubukungu bwimakaza ingufu zitangiza ibidukikije (clean energy) ikomeje gufata indi ntera hagati y’ibihugu by’ibihangange ku Isi, amabuye y’agaciro arimo lithium, Cobalt, Nickel na Copper arushaho gukenerwa cyane.

Impamvu nyamukuru ni uko ari yo yifashishwa mu ikorwa rya batiri z’imodoka zikoresha amasharazi, no mu ikorwa ry’ingufu zisubira (renewable energy).

Izi modoka ni zo Isi yose ihanze amaso mu guhangana n’ikibazo cy’imyuka ihumanya ikirere ituruka ku ikoreshwa rya lisansi na mazutu.

Sosiyete y’Abanyamerika, McKinsey & Company, igaragagaza ko mu 2025 Lithium izaba ikererwa ku rugero rwa 76% na ho Cobalt yo igakenerwa ku rugero rwa 53% mu ikorwa rya batiri.

Uretse kwifashishwa mu ikorwa ry’izo modoka, Cobalt inakenerwa cyane mu ikorwa rya telefoni zigezweho (smartphones), tablets, na mudasobwa (laptops).

Imibare igaragaza ko hejuru ya 70% ya Cobalt iboneka ku isoko mu Isi yose, ituruka muri RDC. Irahacukurwa gusa, ikoherezwa mu Bushinwa, igatunganyirizwayo kugira ngo igere ku isoko inoze.

Mu 2022, RDC yaturutsemo 73% ya Cobalt yacurujwe ku Isi. RDC kandi yihariye toni miliyoni 6 muri toni miliyoni 11 za Cobalt byabarwaga ko itaracukurwa ku Isi yose mu 2023.

Ziyongeraho toni miliyoni 6,6 za Lithium iherereye mu Mujyi wa Manono, mu Ntara ya Tanganyika. Hari n’andi mabuye y’ubwoko butandukanye umuntu atarondora, acukurwa muri icyo gihugu.

Kumva igihugu gitunze imari ishyushye gutyo ariko kikaba icya kane gikennye cyane ku Isi, bigora benshi kubisobanukirwa. RDC ikurikira Sudan y’Epfo, u Burundi na Centrafrique mu kugarizwa n’ubukene ku rutonde rw’Isi.

Ibirombe byinshi bigenzurwa na sosiyete z’ibihugu bikomeye ku Isi kandi urwego rushinzwe mine ruhabwa amafaranga make cyane

RDC yazize ubuyobozi bubi kuva kera na kare

Ubuyobozi bubi bwa RDC bwimitse icyenewabo, irondabwoko, ruswa no kudahana kuva mu myaka myinshi yashize, bwatumye imitwe yitwaje intwaro yiyongera n’umutekano urushaho kuzamba mu Burasirazuba bw’igihugu.

Kuva mu 1994 ubwo Mobutu wayoboraga Zaire yanze kumva umuburo w’amahanga agaha ikaze Interahamwe n’abari abasirikare ba Juvénal Habyarimana bari bamaze gutsindwa n’ingabo za RPA zari zishamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi, u Burasirazuba bwa RDC bwatujwemo Ex-FAR ntibwongeye gutekana.

Impuguke mu by’ubukungu, Teddy Kaberuka, yabwiye IGIHE ko amateka yerekana ko umutungo kamere ushingiye ku bintu bibiri, birimo ahantu uri, no ku ikoreshwa ryawo.

Yemeza ko ibyo bintu bibiri ari byo bituma umutungo kamere ugira agaciro, kandi ko intambara itaterwa n’umutungo kamere, ahubwo iterwa n’izindi mpamvu zijyanye cyane cyane n’imiyoborere.

Ati “Ahubwo iyo intambara ibaye, abantu bari mu bucuruzi bw’umutungo kamere bungukira muri ako kavuyo. Iyo igihugu gitekanye nta ntambara, ubucuruzi bunyura mu mucyo, ugurisha akagurisha ku giciro cyiza kandi ku wo ashaka kuko ntacyo aba ahisha. Ibyo bituma wa mutungo kamere udapfira ubusa uwufite. Iyo habaye intambara, haba magendu nyinshi.”

Abanye-Congo barenga 62% bari munsi y’umurongo w’ubukene, aho batunzwe n’atagera kuri $2. Imirire mibi, kutegerezwa uburezi n’ubuvuzi, ndetse n’umuvuduko uri hejuru mu kubyara bikomeza kubasunikira mu bukene.

Hejuru y’ibyo ariko hari imvururu zimaze imyaka irenga 30 mu Burasirazuba bwa RDC, zimaze guhitana ababarirwa mu bihumbi amagana, na ho ababarirwa muri za miliyoni bavuye mu byabo bahungira mu bindi bice by’igihugu, mu bihugu by’abaturanyi no mu Isi hose.

Imitwe yitwaje intwaro ihabarizwa yavuye kuri itanu mbere ya 2000, ubu ibarirwa muri 260.

Imyinshi muri iyo mitwe yashinze ibirindiro mu bice biherereyemo ibirombe by’amabuye y’agaciro, abayobozi bayo bagacukura ibyo birombe cyangwa bakishyurwa n’ababicukura.

Raporo y’Impuguke za Loni kuri RDC yasohowe mu Ukuboza 2023, yagaragaje ko kuva muri Gicurasi 2023, imitwe yibumbiye mu cyiswe Wazalendo yagiye igenzura ibirombe bitandukanye; aho zatanze urugero rwa “General” Mutayombwa uyobora Nyatura, wagenzuraga ibirombe by’ahitwa Gakombe, hakagira ibyo agenerwa mu bihacukurwa.

Zanagaragaje ko zabonye abasivili baha ikaze abarwanyi ba Wazalendo mu birombe bya Rubaya, zinasobanura ko muri ako gace abarwanyi ba Wazalendo bahoraga bakorana inama z’umutekano n’abayobozi mu ngabo za RDC barimo uwitwa Selkali Bihame.

Imitwe yitwaje intwaro yibumbiye mu cyiswe Wazalendo, yakusanyijwe na Leta ya RDC ihuzwa n’urubyiruko rwari rumaze guhabwa imyitozo ya gisirikare ku busabe bwa Perezida Felix Tshisekedi, mu gushaka amaboko amufasha guhangana n’umutwe wa M23.

Uburyo iyo mitwe ibaho umunsi ku munsi, ibikoresho ikenera n’intwaro irwanisha, bifite ababitanga kandi bigaragara ko ari amaboko akomeye.

Raporo ya Human Rights Watch yo mu Ukwakira 2022, yagaragaje ko abofisiye bo muri FARDC ari bo baha imitwe nka FDLR intwaro, amasasu, n’imyambaro ikoresha.

Ibyo byatumye irushaho kugira ingufu, na yo ikarema indi cyangwa bamwe mu bayivuyemo bagashinga iyabo kandi bagakomeza guhabwa ibikoresho n’abayobozi ba RDC, baba abanyapolitiki cyangwa abasirikare bakomeye mu gihugu.

Christophe Mbosso wahoze ayoboye Umutwe w’Abadepite yigeze gusaba bagenzi be guhagarika imikoranire n’imitwe yitwaje intwaro.

Gusa abo bayobozi ba RDC bakorana n’iyo mitwe, na bo baba bafite ibihugu by’amahanga bakorana na byo by’umwihariko ibikize biri mu ntambara y’ubukungu, bikeneye cyane ya mabuye acukurwa mu birombe birindwa n’iyo mitwe yitwaje intwaro.

Kaberuka asanga nubwo Isi igeze mu bihe byo kwimakaza ingufu zitangiza ibidukikije, habaye igihe uranium na pétrole byakoreshwaga ndetse n’ubu bigikoreshwa; bityo ko umuntu atavuga ko Cobalt ari yo itera intambara.

Ati “Haba pétrole, haba uranium, ibihugu byinshi birayifite ariko ntabwo bivuze ko ibifite pétrole na uranium ari byo bifite intambara.”

“Ibibazo by’umutekano n’intambara mu bihugu bijyana cyane n’ubuyobozi. RDC yo ni ikindi kibazo kitagira aho gihuriye n’amabuye y’agaciro. Amabuye y’agaciro n’ubundi nta gihe atabayeyo kuva Isi yaremwa. Ari ko se ntikiri mu bihugu bya mbere bikennye? None se mbere ya 1994 iyo mitungo ntiyari ihari? None se kuki itigeze ikiza igihugu?”

Yasobanuye ko icyo ibihugu bijya byibeshyaho, ari uko aho kugira ngo abayobozi bakore ibyo bagomba gukora, bayobore neza, batange amahoro, bakoreshe ubutunzi, ahubwo bikubira imitungo.

Ati “Abaturage babona bayikubira [imitungo] rero na bo bagatangira kubarwanya.”

Icyakora mu kibazo cya RDC hari n’andi maboko akiri inyuma atagarukwaho kenshi, ahubwo ba nyirayo bakigaragaza nk’abashobora kugira icyo bafasha mu guhosha izo mvururu bateza mu buryo buziguye

Ishami rishinzwe iby’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri RDC, rivuga ko 70% by’ibirombe by’amabuye y’agaciro muri RDC bigenzurwa na Sosiyete zo mu Bushinwa, ibisigaye bikagabanwa n’amasosiyete yo muri Amerika n’u Burayi.

Raporo y’Ikigo gishinzwe Ubugenzuzi bw’Imari muri Congo, iherutse kugaragaza ko guhera mu 2010-2020, sosiyete mpuzamahanga zicukura amabuye muri RDC zinjije miliyari $35, ariko Ikigo cya Leta gishinzwe iby’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, Gecamines, cyashyikirijwe miliyoni $564 yonyine.

Mu rugendo Papa Francis aheruka kugirira i Kinshasa muri Mutarama 2023, yateye utwatsi imigirire y’ibigo byo mu Bushinwa, u Burayi, Amerika n’ahandi bijya gucukura amabuye y’agaciro muri RDC, avuga ko ari “ubujura buteye ubwoba ndetse budakwiriye ikiremwamuntu.”

Mu kirego cyatangiwe i Washington D.C mu Ukuboza 2019, n’imiryango y’Abanye-congo yavugaga ko abana bayo bajyanwe mu bucukuzi bwa Cobalt bagapfiramo, sosiyete z’ikoranabuhanga zifite amazina akomeye ku Isi nka Apple, Google, Dell, Microsoft na Tesla zavuzwemo.

Ibi bigo bizwi cyane mu gukora ibikoresho byiganjemo mudasobwa na telefoni zigezweho. Tesla ikora n’imodoka zikoresha amashanyarazi, ndetse zimwe muri zo zamaze gusesekara muri Afurika n’i Kigali.

Ibirombe bimwe bicungwa n’imitwe yitwaje intwaro muri RDC.

Ivomo: Igihe.com

2025-08-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AMAFOTO – Stade Amahoro, Kigali Pele Stadium, BK Arena, Kigali Golf Resort & Villas mu bikorwaremezo byagezweho mu gihe cya Manda y’imyaka 7 ya Perezida Paul Kagame

AMAFOTO – Stade Amahoro, Kigali Pele Stadium, BK Arena, Kigali Golf Resort & Villas mu bikorwaremezo byagezweho mu gihe cya Manda y’imyaka 7 ya Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 25 Jun 2024
Menya umwirondoro wa Brig Gen Leopold Mujyambere umwe mu basirikari bakuru ba FDLR berekanwe na RIB nyuma yo gufatirwa muri Kongo

Menya umwirondoro wa Brig Gen Leopold Mujyambere umwe mu basirikari bakuru ba FDLR berekanwe na RIB nyuma yo gufatirwa muri Kongo

Ubwanditsi 19 Jul 2020
Ese inzego z’iperereza za Uganda zaba zigendera ku byifuzo bya RNC mu guta Abanyarwanda muri yombi?

Ese inzego z’iperereza za Uganda zaba zigendera ku byifuzo bya RNC mu guta Abanyarwanda muri yombi?

Ubwanditsi 21 Jan 2018
Umuyobozi wa Komisiyo ya AU yageze mu Rwanda yitabiriye inama ku isoko rusange muri Afurika

Umuyobozi wa Komisiyo ya AU yageze mu Rwanda yitabiriye inama ku isoko rusange muri Afurika

Ubwanditsi 17 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amashirakinyoma ku kaga kagwiriye ingabo zitwaga iza Kayumba Nyamwasa
INKURU NYAMUKURU

Amashirakinyoma ku kaga kagwiriye ingabo zitwaga iza Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 28 Jun 2019
Umuhuzabikorwa wa Loni muri Centrafurika arashima RWAFPU-1 kubera gucunga neza umutekano mu birori by’ubwigenge bw’iki gihugu
Mu Rwanda

Umuhuzabikorwa wa Loni muri Centrafurika arashima RWAFPU-1 kubera gucunga neza umutekano mu birori by’ubwigenge bw’iki gihugu

Ubwanditsi 16 Dec 2016
Ethiopia: Perezida Kagame yagabiwe  inka n’inyana yayo
INKURU NYAMUKURU

Ethiopia: Perezida Kagame yagabiwe inka n’inyana yayo

Ubwanditsi 26 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru