• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Urubuga rwa Facebook rwaciwe akayabo ka Miliyari 5 z’Amadollari

Urubuga rwa Facebook rwaciwe akayabo ka Miliyari 5 z’Amadollari

Ubwanditsi 16 Jul 2019 IKORANABUHANGA

Icyo kigo FTC kimaze igihe gikora igenzura ku birego bivuga ko icyo kigo gishinzwe ubujyanama mu bya Politiki Cambridge Analytica cyinjiye mu makuru y’abantu bagera kuri miliyoni 87 bakoresha Facebook mu buryo butajyanye n’amategeko.

Amakuru yamenyekanye ate?

Ikigo FTC cyatangiye igenzura kuri Facebook mu kwezi kwa Werurwe umwaka wa 2018, inyuma yuko kimenye ko iki kigo Cambridge Analytica cyahawe amakuru y’abantu ibihumbi n’ibihumbi.

Iri genzura rikaba ryaribanze cyane ku ukuntu uru rubuga rwa Facebook rwarenze ku masezerano yo mu mwaka wa 2011 ayitegeka kubanza kumenyekanisha neza abakoresha uru rubuga rwayo ikabona guhabwa uburenganzira bwo gutanga amakuru yabo.

Ikinyamakuru New York Times gitangaza ko abanyamuryango b’ishyaka ry’Abademocrate bagomba gukorwaho igenzura rihamye kuri iki cyaha ndetse bamwe bakaba banemeza ko izi ndishyi sisaga miliyari 5 z’amadolari atajyanye n’icyaha cyakozwe.

N’umujinya mwinshi, umwe mu basenateri Mark Warner yagize ati, “Niba FTC idashoboye cyangwa idashaka kurinda amakuru y’abantu ku mikoreshereze y’imbuga nkoranyambaga ko Inteko Ishinga Amategeko igomba guhaguruka ikabyikorera”

Aya mande yaciwe uru rubuga rwa Facebook akaba agomba kwemezwa n’urukiko rukuru muri iki gihugu, aramutse atanzwe aya mande ya miriyari 5 z’amadolarari yaba ariyo abaye aya mbere ku rwego rwo hejuru iki kigo FTC giciye ikigo nk’iki gikorera ubucuruzi kuri murandasi (interineti)

Facebook iratangaza iki?

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru BBC , umunyamakuru Dave Lee ukorera muri Amerika yatangaje ko uru rubuga rwamuhaye amakuru ko rwari rufite amakuru ko rushobora kuzacibwa amande ku bw’amakosa bazi yabayeho.

Mu kwezi kwa kane Facebook ikaba yari yakoze inama n’abanyamigabane bayo bemeranya ko bagomba gushyira ayo mafaranga ku ruhande , ibi bikaba byumvikana ko nta ngaruka nini cyane uru rubuga rwa Facebook ruzahura nazo kuko rwarangije kwitegura.

Gusa ikitaramenyekana ni ibindi bihano uru rubuga rwa Facebook rushobora guhura nabyo nko kwamburwa uburenganzira bumwe na bumwe mu bijyanye no kubika amabanga y’abantu, ndetse n’ibibazo uyu muherwe Mark Zuckerberg ukuriye uru rubuga yahura nabyo .

Gusa ikindi wamenya kuri aya mande ni uko aya mande yaciwe angana na kimwe cya kane cy’inyungu uru rubuga rwa Facebook rwinjiza mu gihe cy’umwaka wose.

2019-07-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikoranabuhanga ririfashishwa mu kurwanya isuri mu Rwanda

Ikoranabuhanga ririfashishwa mu kurwanya isuri mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Oct 2018
Ibigo bitandatu byashoye imari ya miliyari 1.25$ muri Airtel Africa

Ibigo bitandatu byashoye imari ya miliyari 1.25$ muri Airtel Africa

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Sergeant Robert yasanze Tindifa muri Uganda Daily monitor yabyutse imukuramo Amangambure Abana yarabataye yijyanira n’Umugore

Sergeant Robert yasanze Tindifa muri Uganda Daily monitor yabyutse imukuramo Amangambure Abana yarabataye yijyanira n’Umugore

Ubwanditsi 25 Nov 2020
Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL

Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL

Ubwanditsi 24 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byari Amarira n’agahinda mu gushyingura Sabine witabye Imana hashize amezi 7 arushinganye na EV Caleb -AMAFOTO
Mu Rwanda

Byari Amarira n’agahinda mu gushyingura Sabine witabye Imana hashize amezi 7 arushinganye na EV Caleb -AMAFOTO

Ubwanditsi 08 Oct 2018
Uganda ikomeje kuvunira Ibiti mu matwi ibyo gucyura mu Rwanda umurambo wa Mageza wiciwe muri icyo gihugu
Amakuru

Uganda ikomeje kuvunira Ibiti mu matwi ibyo gucyura mu Rwanda umurambo wa Mageza wiciwe muri icyo gihugu

Ubwanditsi 03 Sep 2020
Restrepo Jonathan yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kavaga i Kigali gasorezwa mu karere ka Rubavu ahita anafata umwenda w’umuhondo
Amakuru

Restrepo Jonathan yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kavaga i Kigali gasorezwa mu karere ka Rubavu ahita anafata umwenda w’umuhondo

Ubwanditsi 22 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru