• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Urubuga rwa Facebook rwaciwe akayabo ka Miliyari 5 z’Amadollari

Urubuga rwa Facebook rwaciwe akayabo ka Miliyari 5 z’Amadollari

Ubwanditsi 16 Jul 2019 IKORANABUHANGA

Icyo kigo FTC kimaze igihe gikora igenzura ku birego bivuga ko icyo kigo gishinzwe ubujyanama mu bya Politiki Cambridge Analytica cyinjiye mu makuru y’abantu bagera kuri miliyoni 87 bakoresha Facebook mu buryo butajyanye n’amategeko.

Amakuru yamenyekanye ate?

Ikigo FTC cyatangiye igenzura kuri Facebook mu kwezi kwa Werurwe umwaka wa 2018, inyuma yuko kimenye ko iki kigo Cambridge Analytica cyahawe amakuru y’abantu ibihumbi n’ibihumbi.

Iri genzura rikaba ryaribanze cyane ku ukuntu uru rubuga rwa Facebook rwarenze ku masezerano yo mu mwaka wa 2011 ayitegeka kubanza kumenyekanisha neza abakoresha uru rubuga rwayo ikabona guhabwa uburenganzira bwo gutanga amakuru yabo.

Ikinyamakuru New York Times gitangaza ko abanyamuryango b’ishyaka ry’Abademocrate bagomba gukorwaho igenzura rihamye kuri iki cyaha ndetse bamwe bakaba banemeza ko izi ndishyi sisaga miliyari 5 z’amadolari atajyanye n’icyaha cyakozwe.

N’umujinya mwinshi, umwe mu basenateri Mark Warner yagize ati, “Niba FTC idashoboye cyangwa idashaka kurinda amakuru y’abantu ku mikoreshereze y’imbuga nkoranyambaga ko Inteko Ishinga Amategeko igomba guhaguruka ikabyikorera”

Aya mande yaciwe uru rubuga rwa Facebook akaba agomba kwemezwa n’urukiko rukuru muri iki gihugu, aramutse atanzwe aya mande ya miriyari 5 z’amadolarari yaba ariyo abaye aya mbere ku rwego rwo hejuru iki kigo FTC giciye ikigo nk’iki gikorera ubucuruzi kuri murandasi (interineti)

Facebook iratangaza iki?

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru BBC , umunyamakuru Dave Lee ukorera muri Amerika yatangaje ko uru rubuga rwamuhaye amakuru ko rwari rufite amakuru ko rushobora kuzacibwa amande ku bw’amakosa bazi yabayeho.

Mu kwezi kwa kane Facebook ikaba yari yakoze inama n’abanyamigabane bayo bemeranya ko bagomba gushyira ayo mafaranga ku ruhande , ibi bikaba byumvikana ko nta ngaruka nini cyane uru rubuga rwa Facebook ruzahura nazo kuko rwarangije kwitegura.

Gusa ikitaramenyekana ni ibindi bihano uru rubuga rwa Facebook rushobora guhura nabyo nko kwamburwa uburenganzira bumwe na bumwe mu bijyanye no kubika amabanga y’abantu, ndetse n’ibibazo uyu muherwe Mark Zuckerberg ukuriye uru rubuga yahura nabyo .

Gusa ikindi wamenya kuri aya mande ni uko aya mande yaciwe angana na kimwe cya kane cy’inyungu uru rubuga rwa Facebook rwinjiza mu gihe cy’umwaka wose.

2019-07-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hagiye gushyirwaho ikoranabuhanga rizajya ryemeza abemerewe gukora ibizamini by’akazi

Hagiye gushyirwaho ikoranabuhanga rizajya ryemeza abemerewe gukora ibizamini by’akazi

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Kuvana ‘data’ kuri telephone yawe, utabizi. Byabonwe no mu Rwanda

Kuvana ‘data’ kuri telephone yawe, utabizi. Byabonwe no mu Rwanda

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Ibigo bitandatu byashoye imari ya miliyari 1.25$ muri Airtel Africa

Ibigo bitandatu byashoye imari ya miliyari 1.25$ muri Airtel Africa

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Twitter yashyizeho uburyo bukumira amagambo abiba urwango rushingiye ku myemerere

Twitter yashyizeho uburyo bukumira amagambo abiba urwango rushingiye ku myemerere

Ubwanditsi 12 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yakinishije Abanyamahanga 7, Rayon Sports itsinda Kiyovu 4-0, Issa Yakubu yakuyemo ikabutura – Ibyaranze umunsi wa 8 wa PL
Amakuru

APR FC yakinishije Abanyamahanga 7, Rayon Sports itsinda Kiyovu 4-0, Issa Yakubu yakuyemo ikabutura – Ibyaranze umunsi wa 8 wa PL

Ubwanditsi 04 Nov 2024
Twagiramungu Faustin yaba amaze iminsi 11 apfuye bikaba byaragizwe ibanga?
ITOHOZA

Twagiramungu Faustin yaba amaze iminsi 11 apfuye bikaba byaragizwe ibanga?

Ubwanditsi 26 Sep 2017
UBurundi bukomeje kurundanya abantu bitwaje intwaro mu Ntara ya Cibitoke,  bikekwa ko ari Interahamwe zigamije gutera u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

UBurundi bukomeje kurundanya abantu bitwaje intwaro mu Ntara ya Cibitoke, bikekwa ko ari Interahamwe zigamije gutera u Rwanda

Ubwanditsi 31 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru